Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge 8 ku 10 igize akarere ka Nyanza mu Ntara y’amajyepfo barakora ihererekanyabubasha mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri tariki 31/07/2012 ku biro by’imwe mu mirenge itandukanye yo muri ako karere.
Ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje kuba agatereranzamba. Mu gihe Leta ya Congo yahakanye ko itazagirana ibiganiro n’abarwanyi ba M23, abahanga mu bya politiki bo baravuga ko ariwo muti ushobora kurangiza ikibazo.
Imodoka ifite purake RAA 552 yo mu bwoko bwa Taxi yagonze moto ifite purake R B 275 D tariki 30/07/2012 mu mujyi wa Ruhango uwarutwaye iyi moto arakomereka ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibingo kuvurizwa yo.
Umuhanzikazi Uwitonze Clementine uzwi ku izina rya Tonzi, yibarutse umwana wapfuye (umwana yapfiriye mu nda) mu ijoro rishyira kuwa mbere tariki 30/07/2012.
Abagenzura ibikorwa by’akarere ka Ngororero baragira inama ubuyobozi bw’ako karere kujya gakora inyigo z’ibikorwa birengeje agaciro k’amafaranga miliyoni 50 mbere yo kubikora mu rwego rwo gutanga ikizere cy’uburambe n’akamaro ibyo bikorwa bizagirira abaturage.
Jean Baptiste Mbonyumugenzi na Alias Mutsindashyaka batuye mu kagali ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga batawe muri yombi na Polisi nyuma yo gukubita Erade Nkerabahizi w’imyaka 51 akitaba Imana.
Abatwara abagenzi kuri moto (abamotari) bakorera mu mujyi wa Kigali barinubira ko moto ifatiwe mu ikosa iryo ari ryo ryose ifungwa igihe kingana n’ukwezi kandi ngo amashyirahamwe yabo akorana na polisi kuruta uko akorana nabo.
Ubucamanza bwagize umwere umunyamakuru wa Radio Huguka washinjwaga kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside. Urubanza rwasomwe ku mugoroba wa tariki 30/07/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga basabwe kuba kuba intumwa z’u Rwanda no gutwara ubutumwa bunyomoza abavuga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 urwanya Leta ya Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umunyamakuru w’ikinyamakuru The Chronicles, Idrissa Byiringiro Gasana, yitabye bwa mbere urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru kuri uyu wa mbere tariki 30/07/2012, kubera ibyaha akurikiranyweho byo gusebya Leta, ariko we yatangaje yabikoreshejwe ku gitugu.
Guverinoma y’u Rwanda irahamagarira umuntu wese mu Rwanda kugira amakenga no kumenya ibimenyetso bya Ebola, akanabimenyesha inzego z’ubuzima vuba na bwangu agize aho abibona bityo Ebola igakumirwa itaragira uwo yambura ubuzima mu Rwanda.
Charles na Te’Andra Wilson bo muri Mississipi Yepfo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tariki 20/07/2012, bangiwe gusezeranywa n’umupasiteri wo mu rusengero rw’Ababatisita kubera ko ari abirabura.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bamaze gutanga amafaranga y’ubwishingizi mu kwivuza baracyari kubera ko batishimiye uko bashyizwe mu byiciro by’ubudehe, ari na byo bigaragaza abazarihirwa na Leta ndetse n’abazirihira.
Abakozi ba Sun Restaurant iri iruhande gato rwaho isosiyete itwara abagenzi ya Volcano Express Ltd ikorera mu mujyi wa Nyanza babyutse bigaragambya mu gitondo cya tariki 30/07/2012 bituma bahembwa imishahara y’amezi abiri bari bafitiwe.
Aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafatiye ingamba zikomeye zo kurwanya ikiyobyabwenge cya Kanyanga, ubu icyo kiyobyabwenge cyasimbuwe n’inzoga ituruka muri Uganda yitwa African Gin.
Mu gace ko hafi y’ahubatse Cathedral Saint Andre ya Kibungo mu murenge wa Kibungo hari kuvugwa bubujura bukabije bw’insinga z’umuriro w’amashanyarazi nijoro igihe umuriro ubuze.
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasaba abayobozi bose bo mu nzego z’ibanze, guhera kuri ba Guverneri b’intara n’umujyi wa Kigali kugeza ku bahagarariye imidugudu kuguma mu duce bayobora igihe cyose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwatangije gahunda yo kubaka amashuri y’incuke muri buri mudugudu. Uretse kuba ayo mashuri azongerera abana ubumenyi azanagira uruhare mu kubarinda ihohoterwa.
Nsekanabo Cyprian w’imyaka 50 aravuga ko ababajwe n’ubusambanyi bwakorewe umuhungu we w’imyaka 6 y’amavuko. Ibi byagaragajwe n’isuzuma ryakorewe uyu mwana tariki 26/07/2012 n’ikigo nderabuzima cya Kibingo kiri mu karere ka Ruhango.
Umugabo witwa Tuyishime Emmanuel yahungiye mu gihugu cya Tanzaniya nyuma y’uko umugambi yari afite wo kugurisha abana babiri b’abakobwa umupfubanye.
Umuhanzi nyarwanda Kalimba Jackson wari waritabiriye amarushanwa ya Tusker Project Fame 5 yavuyemo atsinzwe n’Umunyakenyakazi Ruth yegukanye iryo rushanwa tariki 29/07/2012.
Kuri uyu wa mbere tariki 30/7/2012, Sekamana Uwase Yannick Fred ukina umukino wa Judo mu batarengeje ibiro 73, ni we Munyarwanda wa mbere uza gutangira amarushanwa mu mikino Olympique ibera mu Bwongereza.
Itegeko rirengera rikanakurikirana ababuriwe irengero, niryo ryonyine u Rwanda rwanze gusinya mu masezerano agera ku icyenda y’Umuryango Mpuzamahanga y’uburenganzira bwa mutnu.
Mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 29/07/12, imodoka ya Mini-bus yari itwaye abagenzi 18 yakoze impanuka irenze gato ahitwa ku Kivumu mu karere ka Muhanga ubwo yavaga mu karere ka Nyanza igana mu karere ka Musanze.
Nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28/07/2012 urubyiruko nyarwanda rwagize umwuga ikoranabuhanga mu isakazabumenyi (ICT) bakoze igikorwa bise e-umuganda kigamije gushyira ibice bigize umujyi wa Kigali ku gishushanyo ndanga karere (openstreetmap).
Ntirugiribambe Jean Damascene w’imyaka 38 yatawe muri yombi tariki 29/07/2012 n’abaturage bo mu mudugudu wa Nyabinyenga, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, akekwaho kwiba inka yari ashoreye ayishakira umuguzi.
Abagize inteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu karere ka Huye mu gikorwa cy’umuganda wabaye tariki 28/07/2012.
Ikipe y’abafite ubumuga bwo kutabona (goal ball) yo mu karere ka Gisagara yabashije kwegukana umwanya wa gatatu ku rwego rw’igihugu mu mikino yabaye muri uku kwezi kwa Nyakanga 2012.
Igitego cya kabiri cy’u Rwanda cyatsinzwe na Patrick Umwungeri cyatumye u Rwanda U20 rutsinda Mali ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika wabereye kuri Stade ya Kigali ku cyumweru tariki 29/7/2012.
Jason Derulo, umuririmbyi w’Umunyamerika wari waje kwitabira igitaramo cyo gusoza amarushanwa ya PGGSS 2, mbere yo gusubira iwabo muri Amerika yabanje gusura abarwayi mu bitaro bikuru bya CHUK aranabagaburira tariki 29/07/2012.
Urwego rwa polisi rushinzwe umutekano wo mu muhanda ruratangaza ko abakomvuwayeri bagiye gucibwa mu ma matagisi bitewe n’imyitwarire idahwitse yo gutongana n’abagenzi mu buryo butandukanye ibagaragaraho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera buratangaza ko bwafatiye ingamba uburaya bw’abakobwa bafite munsi y’imyaka 18 bukorerwa muri santere ya Gitare, iri muri uwo murenge, kuburyo ngo muri iki gihe bumaze kugabanuka.
Umugabo w’umurundi w’imyaka 45 y’amavuko utashatse ko amazina ye atangazwa yibwe miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda hamwe n’imfunguzo z’imodoka ye yo mu bwoko bwa RAV 4 mu mujyi wa Nyanza.
Bamwe mu batanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bo mu karere ka Muhanga bavuga ko batishimiye ukuntu icyo gikorwa gitinda kandi mbere umuntu yarajyaga kwishyura agatahana ikarita ye cyangwa se akayibona bidatinze.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kigarama wo mu karere ka Kirehe, polisi yafashe litiro 150 za Kanyanga ndetse n’ibiro 733 by’urumogi maze bitwikirwa mu ruhame imbere y’abaturage, polisi n’ubushinjacyaha.
Kubera imvune, ba myugariro b’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Salomon Nirisarike na Faustin Usengimana ntabwo bazagaragara mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika uhuza u Rwanda na Mali kuri iki cyumweru tariki 29/07/2012.
Uwahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Ukraine, Andriy Shevchenko, nyuma yo gusezera ku mupira w’amaguru yamaze gutangaza ko agiye gutangira ibijyanye na politiki.
Abaturage bo mu kagari ka Rukara, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, bavuga ko gukuriraho u Rwanda imfashanyo nta Munyarwanda n’umwe bikwiye guhangayikisha kuko ntacyo bizatwara u Rwanda.
Abapolisi b’u Rwanda batanu bazamuwe mu ntera kuwa gatanu tariki 27/07/2012 nyuma yo kumara amezi arindwi n’igice bari mu mahugurwa mu kigo cyitwa General Service Unit Training School cyo muri Kenya.
Young Africans (Yanga) yegukanye igikombe cya CECAFA nyuma yo gutsinda Azam ibitego 2 ku busa mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade y’igihugu i Dar Es Salaam ku wa gatandatu tariki ya 28/7/2012.
Bamwe mu bakobwa babarizwa mu gice cy’umujyi wa Nyanza barashinja bamwe mu bahungu ko babotsa igitutu ngo baryamane mbere y’ubukwe bamara kubibemerera bakagenda umuti wa mperezayo na bwa bukwe bugapfa.
Umuboyozi w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yifatanyije n’abatuye akarere ka Rusizi mu gikorwa cy’umuganda rusange ngarukakwezi cyabereye mu mudugudu wa Karushaririza akagari ka Burunga,umurenge wa Gihundwe tariki 28/07/2012.
Imodoka y’Ikamyo ifite purake BU A 3146 A yavaga Uganda yerekeza i Burundi ihetse imifuka ya Sima yageze mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango irahirima igwira uruhande rumwe rwayo ku mugoroba wa tariki 27/07/2012.
Umutesi Lilianne Mubera, Tega Phidelice na Akineza Carmeen batorewe kuzahagararira Intara y’Iburasirazuba mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2012. Liliane Umutesi yatowe ku banyampinga naho Tega Phidelice na Akineza Carmeen baba ibisonga bye.
“Abirabura ntibasoma, kubw’iyo mpamvu bazahora ari abacakara bacu,” ni amagambo akubiye mu butumwa buri gukwirakwizwa ku mbuga zitandukanye za internet, ipfobya abantu bafite uruhu rwirabura, ishingiye kubyo ibanenga birimo ubujiji, kwifuza birenze n’ubusambo.
Hamaze igihe kitari gito abahinzi bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka rusizi binubira igiciro bahabwa n’inganda zitunganya umuceri ku musaruro beza. Bakavuga ko inganda zibungukamo.
Aborozi bo mu mirenge ya Mayange, Ririma na Gashora mu karere ka Bugesera barasabwa gufata neza amata, nk’uko babihuguriwe kugira ngo umukamo wabo ukomeze ugire ubuziranenge kandi ukomeze ukundwe ku isoko.
Jean Nsengiyumva w’imyaka 45 wo mu karere ka Nyamasheke, yaraye akurikiranye umugore we wari wahukanyiye ku muturanye we nyuma yo kurwana, amusanga aho yari yahungiye atema ihene eshatu.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda MTN yakoze umuganda ngarukakwezi wo kubagarira ibiti mu kibaya cya Nyandungu mu mujyi wa Kigali, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 94, Nelson Mandela wakuyeho ingoma ya ba gashakabuhake muri Afurika y’Epfo amaze avutse.