Abantu 14 batawe muri yombi tariki 10/01/2013 bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe mu birombe biherereye mu mudugudu wa Bweramana, akagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko imwe mu mpamvu ituma inzoga z’inkorano (ibikwangari) zidacika ari uko ababinywa batarumva neza ingaruka zifite ku buzima bwabo.
Nsekuye Leonard uyobora akagari ka Gisa, mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo gutonesha no kugendera ku marangamutima akangiza inzu y’umuturage avuga ko agiye gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urubanza rutabaye.
Abayobozi bo mu karere ka Rulindo batangiye umwaka bahanga udushya tutaraboneka ahandi mu tundi turere aho buri mukozi w’akarere afite intego yo kuzamura nibura umuryango umwe mu miryango ikennye kurusha iyindi mu batuye aka karere.
Mu gihe bizwi ko abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 bagomba kwigira ubuntu, ababyeyi barerera mu rwunjye rw’amashuri rwa Bukomero mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango bahangayikishijwe n’amafaranga 4250 bakwa n’ubuyobozi bw’iri shuri.
Abaturage bo mu midugudu ya Rugali na Mataba yo mu kagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bishimiye ko tariki 09/01/2013 umuyobozi w’akarere yabasuye ku misozi batuyeho, mu gihe ngo nta wundi muyobozi w’akarere cyangwa se uwa komini wigeze ahagera kubera imiterere yaho.
Umuyobozi wa World Vision muri Zone y’Amajyaruguru, Muhashyi Aphrodice, avuga ko igikenewe muri iki gihe ari ugufasha abantu kwifasha aho kubaha inkunga zihita ntizigire n’icyo zibasigira.
Mu mudugudu wa Nyagasambu, akagali ka Rugobagoba, umurenge wa Ruganda mu karere Karongi, nta mashanyarazi ahabarizwa, ariko hari umusore wabashije kwikorera salon de coiffure ikoresha ingufu za batiri y’imodoka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yishimiye uburezi n’uburere bitangwa n’ishuri ryisumbuye rya Agahozo Shalom ry’i Rwamagana, rirererwamo impfubyi za Jenoside, aho yavuze ko ari ikirango cy’amateka mabi ya Jenoside, ariko rikaba n’icyizere cy’ejo hazaza heza.
Rutahizamu wa Rayon Sport, Sina Gerome, yahawe igihano cyo gukatwa 1/3 cy’umushahara ahembwa buri kwezi, nyuma yo gusiga bagenzi be, akerekeza mu gihugu cye cy’amavuko cya Congo nta ruhushya yasabye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu butangaza ko hari byinshi bigomba guhinduka mu mibereho y’abatuye uyu murenge mu rwego rwo kubahiriza gahunda za Leta zirimo ubwisungane mu kwivuza, kubyarira kwa muganga no gufata neza ibikorwa remezo.
Mu gikorwa cyo guhemba abandi banyamahirwe batsinze muri tombora ya MTN yitwa “Sharama”, kuri uyu wa 10/01/2013 mu karere ka Muhanga, umusore w’umubaji witwa Tambwe Abed niwe wegukanye imodoka.
Mu gishanga cya Rurambi gihuriweho n’imirenge ya Juru na Mwogo mu karere ka Bugesera ndetse na Masaka mu karere ka Kicukiro hamaze gutunganywa hegitari 350 zizahingwaho umuceri.
Gahunda y’imbarurabukungu ya kabiri yo mu Rwanda (EDPRS II) igena ko mu bigomba kwitabwaho kugira ngo Abanyarwanda babashe kugera ku iterambere harimo ko gutura mu kajagari birekera aho, abaturage bagatuzwa mu midugudu.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) iratangaza ko izajya ibanza guha inyigisho z’ibanze Abanyarwanda batahuka mbere y’uko basubizwa mu miryango yabo kugira ngo babashe kwisanga mu bandi Banyarwanda basanze mu gihugu ndetse banamenye gahunda za Leta.
Ikidasanzwe cyagaragaye kuri uwo mukino warangiye Rayon isinze bigoranye ibitego 3 kuri 2 ni imyinjirize irimo akavuyo, umuvundo no kurwana kuri stade ya Muhanga, ahari amatike ya 5000, 2000 n’1000.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye ruteraniye mu Rwanda aho ruhabwa ubumenyi ku kubaka amahoro bagendeye ku bunararibonye bw’u Rwanda. Iki gikorwa gitegurwa n’umuryango ushinzwe kurwanya Jenoside, Never Again Rwanda (NAR).
Ikigo nderabuzima cya Rususa cyo mu karere ka Ngororero cyahawe imodoka yacyo itwara abarwayi (ambulance) kikaba kibaye icya kabiri mu bigonderabuzima 12 byo mu karere ka Ngororero mu kugera kuri icyo gikorwa.
Abaturage n’ubuyobozi mu karere ka Gatsibo bakomeje guterwa inkeke n’amakimbirane arangwa mu bimukira baza muri aka karere bakurikiye ubutaka n’imirimo bakaza kuhatura.
Ubwo abashinzwe kugenzura isuku mu karere ka Rusizi bakomezaga igikorwa cyo kureba aho isuku igeze ishyirwa mu bikorwa, kuri uyu wa 10/01/2013, baje kugwa ku inzu icumbikira abantu ariko itazwi mu murenge wa Kamembe ihita ifungwa.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko hari gushakwa uburyo ikibuga cya Stade Ubworoherane iri mu karere ka Musanze n’icya Stade ya Gicumbi, mu karere ka Gicumbi, bisanwa bikajya bikinirwaho bimeze neza.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko mu buzima bwe akunda kumva umuziki kandi ngo afite abaririmbyi batandukanye akunda haba mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu.
Igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hashobora kubateza impanuka ziterwa n’ibiza (mu mibande no mu bishanga ndetse n’ahandi hahanamye) bakimurirwa mu midugudu gikeneye amafaranga akabakaba miriyari 40.
Iradukunda Naumie w’imyaka 18 utuye mu murenge wa Kibungo, akagali ka Mahango umudugudu wa Rebero yayahuje umuti wa Tioda ku wa mbere tariki 07/01/2013. Uyu munyeshuri yaguye mu rugo iwabo atarajya ku ishuri.
Inama y’uburezi yaguye y’akarere ka Nyamagabe yateranye mbere gato yitangira ry’amashuri mu mwaka wa 2013 yemeje amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi ntarengwa mu mashuri ya Leta n’andi afashwa na Leta. Abishyuzaga menshi basabwe kwihutira kubahiriza aya mabwiriza.
Ntawurutundugirimpuhwe Anne ni umwana w’umukobwa w’imyaka 16, akora akazi ko guhonda amabuye akayagurisha kugirango atunjye umuryango w’iwabo ugizwe n’ababyeyi be n’abavandimwe batatu.
Rubagumya Omar afite umushinga w’ubworozi bw’inkoko akorera mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, umwinjiriza amafaranga ibihumbi 600 havuyemo ayo aba yashoye mu mushinga we.
Mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Gihango habonetse imibiri ibiri ishobora kuba ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitewe n’uko mu gace yabonetsemo hiciwe Abatutsi benshi bari barahahungiye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yashimye abaturage b’umurenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke bakusanyije amafaranga bakiyubakira inyubako ya SACCO izuzura ifite agaciro ka miliyoni 27.
Abanyeshuri bagera kuri 200 bigaga muri kaminuza ya Victoria muri Uganda bari mu gihirahiro nyuma yuko ikigo nterankunga cyo mu bwongereza kigaragaje ko kitakibafashije kubera ko Leta ya Uganda irimo kwiga ku itegeko rihana abantu babana bahuje ibitsina.
Nyuma y’uko bamwe mu barimu bakunze kugaragaza imbogamizi mu kwigisha Icyongereza, akarere ka Musanze kamaze kubonera umuti icyo kibazo, bitewe n’inyigisho zitandukanye zigenda zihabwa abarimu mu rurimi rw’icyongereza.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare irahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa 10/01/2013 igiye kwitabira irushanwa rya Tropical Amissa Bongo rizabera muri Gabon tariki 14-20/01/2013.
Mu rwego rwo kongera ibitego bafite muri shampiyona y’ikiciro cya mbere, ikipe y’intara y’Amajyaruguru (Musanze FC) yaba igiye kugura rutahizamu w’umuhanga, uzayifasha kuzamura ibitego bafite ndetse no kwigira imbere mu myanya.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashishikariza abahinzi b’ingano mu karere ka Burera, ndetse no mu Rwanda muri rusange, guhinga ingano nyinshi kandi nziza kugira ngo amafaranga yaguraga ingano hanze y’u Rwanda, ajye aguma muri abo bahinzi.
Abahagarariye Polisi y’igihugu cy’u Burundi n’iy’u Rwanda, mu nama bagiriye i Huye kuri uyu wa 09/01/2013, biyemeje kurushaho gukorana neza hagamijwe kubungabunga umutekano w’ibihugu byombi.
Nyuma yo kumara igihe kirekire muri gereza azira kwiba akaza gufungurwa , tariki 09/01/2012, Dusingizimana Saveri, w’imyaka 34 y’amavuko,ukomoka mu murenge wa bushoki ho mu karere ka Rulindo yongeye gufatanwa ibintu bitandukanye birimo n’amafranga yibye mu baturanyi.
Ubushakashatsi bwakozwe ku bumenyi, imyumvire n’imyitwarire by’abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Kitabi, abahinzi b’icyayi ndetse n’abandi baturiye uru ruganda ku cyorezo cya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bugaragaza ko hagikenewe gushyirwa ingufu mu bukangurambaga kuko hari abantu bagifite ubumenyi (…)
Nyuma yo kuvugurura ubuhinzi bwabo babifashijwemo n’ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB), abahinzi bo muri koperative IMBARUTSO bo mu murenge wa Karembo barishimira ibishyimbo bya mushingiriro (MAC 44) kuko umusaruro wikubye hafi kane.
Nsabiyumva Erneste w’imyaka 36 wo mu murenge wa Muganza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kamembe akurikiranweho urupfu rw’umwana w’uruhinja ubwo yageragezaga kumuca ikirimi hanyuma bikamuviramo urupfu.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Nkejuwimye Gentille wo mu murenge wa Gihundwe yahamagawe n’umuhungu kuri telefone amusaba kuza bakabana, ariko ubwo nyamukobwa yazingaga utwe yageze aho umuhungu atuye aramubura ahamara iminsi igera kuri ibiri amutegereje.
Umusore w’imyaka 33 witwa Kayisire Theogene yatemaguwe n’umusaza witwa Rugiramavuga Emmanuel w’imyaka 50 wo mu murenge wa Kamembe, ahagana saa munani z’ijoro rishyira tariki 09/01/2013, ubwo yamusangaga mu ifuru ye agiye kwiba amakara ye.
Ubwisungane mu kwivuza buracyari hasi cyane mu Karere ka Gatsibo ugereranyije n’utundi turere tugize Igihugu; nk’uko byagaragaye mu biganiro abasenateri bagiranye n’urwego rw’akarere rushinzwe ubwisungane mu kwivuza.
Abahagarariye inteko iburanisha Leon Mugesera bateranye mu muhezo haburamo Perezida w’Urukiko, Athanase Bakuzakundi, uri mu batifuzwa na Mugesera, ubwo urubanza rwasubukurwaga kuri uyu wa gatatu tariki 09/01/2013.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima n’ibitaro byo mu karere ka Ngororero bavuga ko imibare y’abarwayi batoroka ibitaro batishyuye ikomeza kugenda yiyongera bikaba bishobora kuzatera igihombo mu mirimo y’ibyo bigo.
Polisi y’igihugu n’urwego rw’umuvunyi bemeranyijwe guhuriza hamwe imbaraga mu gukumira no kurwanya ruswa mu gihugu, mu rwego rwo kunoza inshingano ibyo bigo byombi bisanzwe bihuriyeho.
Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Kongo watangaje agahenge tariki 08/01/2012 mbere gato yo gusubukura ibiganiro ugirana Leta ya Kongo-Kinshasa bibera muri Uganda mu ntumbero yo gushakira umuti ikibazo cy’intambara zidashira zo mu Ntara ya Kivu.
Ikigo nderabuzima cya Mugombwa mu karere ka Gisagara kirishimira ko indwara ya Malariya yari ikunze kuhagaragara yagabanutse cyane ndetse ubuyobozi bwacyo bukavuga ko bwiteguye no kongera cyane imbaraga kugirango n’iyo nke ikihagaragara icike burundu.
Ibitaro bya Wang Shengdong byo mu gihugu cy’Ubushinwa byafunguye ibyumba biteguye ku buryo buzajya bufasha abantu babuze urubyaro kumenya za tekininiki bakwifashisha kugira ngo babone umwana.