Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Namibia, Bernard Kaanjuka, aratangaza ko nta bwoba afitiye ikipe y’u Rwanda kuko ngo yizeye abakinnyi be bakina nk’ababigize umwuga ndetse ngo banahagaze neza muri iyi minsi.
Kuri iyi tariki 11/10/2012 turizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umwana w’umukobwa. Umufasha wa Perezida, Madamu Jeannette Kagame, yageneye abakobwa ubutumwa bwo kubibutsa agaciro bafite. Ubwo butumwa bugira buti:
Umuhango wo kwambika amakamba abanyeshuri barangije muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) muri uyu mwaka wa 2011-2012 uzaba mu byiciro mu gihe mu myaka yabanje byajyaga bikorerwa rimwe ku banyeshuri bose barangirije rimwe.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (MICT), tariki 05/10/2012, rwanze ubujurire bwa Lit Col. Pheneas Munyarugarama bwatambamiraga iyohereza ry’urubanza rwe mu Rwanda.
Inyeshyamba za FDLR zikomeje gushinjwa kwambura abaturage bo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu duce tw’ahitwa Miriki na Kimaka mu birometero 27 uvuye Kanyabayonga.
Abakobwa babiri batawe muri yombi na Polisi ikorera mu mujyi wa Kigali, umwe akekwaho kwica uruhinja yibarutse, undi akurikiranweho gukuramo inda y’amezi atanu; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 13/10/2012 no ku cyumweru tariki 14/10/2012, abahanzi nyarwanda bafite ibitaramo byo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund bikazabera muri uyu mujyi wa Kigali.
Abisabwe na Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza, umuhanzi Kitoko azaba ari mu Bwongereza tariki 13/10/2012 mu gitaramo cyo gushyigikira Agaciro Development Fund cyateguwe n’Abanyarwanda babayo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Rulindo akunze gushishikariza ababyeyi kubahiriza uburenganzira bw’abana babo babatoza kuzavamo abantu b’ingirakamaro ariko muri ako karere haracyagaragara abana badahabwa agaciro n’ababyeyi babo.
Inzu umwami wa nyuma w’u Rwanda, Kigeli V Ndahindurwa, yabayemo iri ahitwa ku Bigega mu karere ka Nyanza irimo kuvugururwa kugira ngo ijyane n’uburyo bw’imyubakire igezweho ijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Nyanza iherereyemo.
Inama y’abaminisitiri yateraniye tariki 10/10/2012 yemereye by’agateganyo ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic) gutangiza ishami ry’uburezi (Education), iry’ubucuruzi n’iterambere (Business and Development Studies), rikazajya ritanga impamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cya kaminuza.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 3 witwa Kamanzi Fredi itabye Imana agonzwe n’ikamyo mu murenge wa Rwibogo mu karere ka Rusizi ku gicamunsi cya tariki 10/10/2012.
Abikorera bo mu Karere ka Huye barushije abandi bo mu ntara y’Amajyepfo kwitwara neza mu kwesa imihigo bahize mu mezi atandatu ashize.
Inteko Ishingamategeko y’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi yavanye Ingabire Victoire na bagenzi be Deo Mushayidi na Bernard Ntaganda ku rutonde rwa nyuma rw’abakwiye guhabwa igihembo cyitwa "SAKHAROV PRIZE 2012".
Ingabire Emmanuel w’imyaka 28 ukomoka mu Murenge wa Matimba, Akarere ka Nyagatare arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba nyuma yo kugirwa nabi na Havugimana Damascene yitayeho igihe yari arwariye i Nyagatare nta kirwaza afite.
Umuhanzi JayPolly ukora injyana ya Hip Hop akaba n’umwe mu ba raperi ba hano mu Rwanda bakunzwe cyane kurusha abandi, azanye igitaramo yitiriye imwe mundirimbo ze “Ndacyariho ndahumeka”.
Ikamyo ya rukururana yo mu bwoko bwa Benz-Actross yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yakoze impanuka kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012 mu karere ka Gakenke maze amakesi 399 yari itwaye arameneka.
Ashingiye cyane cyane ku ngingo ya 82 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda, kuri uyu wa gatatau tariki 10/10/2012, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abasenateri bashya.
Abanyeshuri barindwi bo ku rwunge rw’amashuri rwa Bigutu ruri mu Murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bahungabanye bikomeye bitewe n’inkuba yakubise inyubako z’iryo shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 10 Ukwakira 2012.
Nyuma yaho inzego z’umutekano zikoreye umukwabo zigafata litiro zisaga igihumbi z’inzoga z’inkorano tariki 05/10/2012, abaturage bagiye kumena izi nzoga basangamo inzoka yo mu byoko bw’incira.
Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zo mu mutwe. Imibare igaragaza ko hakiri Abanyarwanda benshi babana n’uburwayi bwo kwiheba kandi buturutse ku mpamvu zitandukanye.
Icyegeranyo cyakozwe ku byangijwe n’imvura yaguye mu karere ka Karongi ku mugoroba wa tariki 08/10/2012 cyerekana ko hakenewe byibuze amabati 1087 n’amategura 4950 kugira ngo abaturage bafashwe kongera gusakara.
Ishyirahamwe rigamije kurwanya umubyibuho ukabije mu nyamaswa zo mu rugo ritanga ikigereranyo ko imbwa n’injangwe birenga kimwe cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishobora kuba bifite ibiro byinshi.
Umugore utatangajwe amazina kubera impamvu z’ibanga yatanze ikirego mu rukiko rwa Harare muri Zimbabwe asaba umucamanza Miriam Banda ko yategeka umugabo we akajya amukorera imibonano mpuzabitsina kuko ngo amaze amezi 6 ntacyo amumenyera mu buriri.
Ikibazo cy’ibura ry’ibirayi n’izamuka ry’igiciro cyabyo gishingiye ahanini ku mihindagurikire y’ikirere n’ibiza ndetse n’amasoko y’ababishaka yabaye menshi kuruta umusaruro uboneka.
Abaturage barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge kuko bikurura umutekano muke ndetse bikagira n’ingaruka zirimo urugomo, ubusinzi, gusesagura umutungo wakagombye kuzamura ingo no kuwupfusha ubusa, indwara n’ibindi bitandukanye.
Nubwo Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni akomeje kwereka impande zombi ko imishyikirano ari yo nzira izabafasha gusohoka mu bibazo, ubuyobozi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo buravuga ko nta mishyikirano bazigera bagirana na M23.
Kuva ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge cyajyaho mu mwaka wa 2002, u Rwanda rwahise rutangira kwifatanya n’ibindi bihugu byo ku isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubuziranenge wizihizwa tariki 14 Ukwakira buri mwaka.
Umunyarwanda Disi Dieudonné yatsindiye umudari mu irushanwa Sedan-Charleville mu gihugu cy’u Bufaransa mu mukino wo gusiganwa ku maguru. Yahawe umudari yongererwaho igihembo cy’amayero 9000 na tike y’indege.
Umuhanga mu buzima bw’inyamaswa wo mu muryango wita ku nyamaswa w’i London mu Bwongereza (zoological society of London) Ben Collen yagaragaje ko 1/5 cy’ibinyabuzima bidafite urutirigongo kimerewe nabi ndetse bimwe biri hafi yo kuzima.
Uwahimbye filime yiswe "L’Innocence des musulmans", yabaye imbarutso y’akaduruvayo n’ubwicanyi mu bihubu by’Abarabu muri nzeri 2012, kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012, aragezwa imbere y’urukiko i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu mwaka wa 2013, u Rwanda ruratenganya gutangiza kaminuza yihariye yo kwigisha abayobozi b’ibanze ibijyanye no kuyobora abaturage neza muri gahunda z’iterambere za guverinoma no kubagezaho serivisi zinoze.
Abaturage bakoreye sosiyete ENRD yacukuraga amabuye y’agaciro mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, ikaza guhagarikwa kubera ko yacukuraga ku buryo bwangiza ibidukikije, barasaba ko ubuyobozi bwabishyuriza amafaranga batishyuwe.
Kuba hagati y’abashakanye basezeranye imbere y’amategeko hakigaragara amakimbirane, ngo byaba biterwa no kuba batabanje kwigishwa bihagije ngo bamenye akamaro k’isezerano.
Nyuma yo kubona amata yabo abapfira ubusa, abaturage batuye mu Murenge wa Mugunga, Akarere ka Gakenke bishyize hamwe bakusanya amafaranga miliyoni eshanu zo kwiyubakira ikusanyirizo ry’amata.
Abasore batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rushashi mu Karere ka Gakenke bakekwaho gufata ku ngufu abakobwa babiri mu ijoro rishyira tariki 07/10/2012, ku bw’amahirwe umwe abava mu nzara yambaye ubusa.
Mfurazibaho Gaetan w’imyaka 58 utuye mu Kagali ka Ruhanga, Umurenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke amaze imyaka 25 arwaye indwara arwaye yatumye abyimba mu ijosi ku buryo ryenda kungana n’umutwe.
Kubera ko Rayon Sport imaze iminsi itsindwa gukabije, benshi mu bakunzi bayo basabaga ko bagarura Raoul Shungu akaba ariwe uyitoza ariko ubuyobozi bw’iyo kipe butangaza ko bagomba kwitondera gufata icyo cyemezo, mu rwego rwo kwirinda ingaruka mbi gishobora kugira.
Urukiko rw’ubujurire rw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuwa kabiri tariki 09/10/2012, rwagabanije igihano Jean Baptiste Gatete yari yahawe mu rukiko rw’iremezo cyo gufungwa burundu maze rumukatira gufungwa imyaka 40.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 (Amavubi U17) kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012 yahagurutse i Kigali yerekeza muri Botswana aho igiye gukina umukino w’icyiciro cya kabiri cyo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Akarere ka Rutsiro karateganya gushyira inyakiramashusho (televiseurs) nibura 100 hirya no hino mu midugudu muri uyu mwaka wa 2012-2013 hagamijwe gufasha abaturage kumenya amakuru ndetse no gukurikira ibiganiro bitandukanye biganisha kuri gahunda za Leta.
Muri ino minsi igiciro cy’ibirayi cyarazamutse cyane ku buryo benshi bahisemo kuba baretse kubirya bahitamo kwihahira ibindi. Ubu ngo ibirayi ntibikiribwa n’umuntu ubonetse wese keretse uwifite.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yo mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bamaze kugenda babona Abanyarwanda batari bake bahindura umwirondoro wabo mu byangombwa kuko baba bazi ko kubona amakuru kuri bo bitoroshye.
Umukozi wo mu rugo w’umukobwa witwa Uwamahoro yirukanwe ku kazi yakoraga nyuma yo kugambirira kuroga nyirabuja na sebuja, batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, akoresheje ikinini cyica imbeba.
Umukecuru Antisa Khvichava wo muri Leta ya Georgia bivugwa ko ariwe ufite imyaka myinshi ku isi yitabye Imana tariki 05/10/2012 ku myaka 132 y’amavuko. Yavutse tariki 08/07/1880, nk’uko bigaragara mu byangombwa bye byo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti.
Abahagarariye sosiyete zirindwi z’Abafaransa zikora zikanacuruza ikoranabuhanga n’ibikoresho binyuranye byiganjemo ibyo gutanga amazi n’amashanyarazi, baje kureba niba bashobora gutangira gukorera mu Rwanda.
Bimenyerewe ko mu bitaramo bisanzwe bibera mu mujyi wa Kigali bishyushywa n’umu DJ umwe ariko ikizabera muri Bamboo Restaurant mu mujyi wa Kigali kuwa gatanu tariki 12/10/2012 kizashyushywa na DJ Cox na DJ Esggy.
Ubwo yatangizaga ukwezi k’umuryango kwatangirijwe mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa kabiri tariki 09/10/2012, Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yavuze ko bidashoboka ko umuryango watera imbere utakoze nibura amasaha umunani ku munsi.
Mu cyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012, umuyobozi mukuru ba banki y’abaturage y’u Rwanda, Herman Klaassen n’uwari umwungirije José Habimana beguye ku mirimo yabo y’ubuyobozi bw’iyi banki.