Nubwo mu kwezi kwa Kanama, abayobozi b’akarere ka Ngororero bagiye mu mirenge gushishikariza abaturage kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, aka karere karacyari mu myanya y’inyuma mu kwitabira iki gikorwa.
Mu rwego rwo kwizihiza yubire y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse, hirya no hino mu Rwanda hateguwe ibikorwa bitandukanye birimo n’imikino.
Abaturage b’akarere ka Gisagara bemeza ko telefoni itishyurwa akarere kabashyiriyeho abaturage mu rwego rwo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane uborohereza gusiragira mu buyobozi kandi n’ibibazo batanga bigakemurwa.
Mu nama yahuje abacuruzi b’Abanyarwanda n’abo muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa kabiri tariki 23/10/2012, byagaragaye ko nta mbogamizi zishobora kubuza umunyafurika y’epfo gushora imari mu Rwanda, cyangwa se Umunyarwanda gukorera muri Afurika y’Epfo.
Ihuriro ry’Abadepite bo mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda riharanira Amahoro (AMANI) rirategura inama igomba kuva imuzi ikibazo cya Congo n’u Rwanda n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu.
Ministiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi ndetse n’uwa Uganda Amama Mbabazi, bari mu bayobozi ba za Guvernoma bakunze gusubiza abaturage mu biganiro bikorerwa ku rubuga rwa Twitter kurusha abandi.
Kampire Venantie w’imyaka 57 wari utuye mudugudu wa Rukaragata, akagari ka Gihara, murenge wa Runda yishwe anatwikirwa muri matora, mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 23/10/2012.
Imiryango 34 ituye mu mudugudu wa Bihinga, umurenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo, irinubira ko hashize umwaka idahabwa ingurane ngo yimuke kandi yarabujijwe kugira ikintu na kimwe ihinga.
Abanyeshuri babiri bo muri Kaminuza y’i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bahishe ababyeyi ba bo ko baryamana n’abo bahuje ibitsina, ariko birangira ababyeyi ba bo babimenye kuko urubuga rwa Facebook rwabashyize ku karubanda.
Mu karere ka Rusizi hashize iminsi hagaragara amafaranga y’amakorano akunze gufatanwa abaturage bayahanahana mu bucuruzi. Akunze gufatwa ni inoti y’ibihumbi bibiri kuko ngo ariyo yakunzwe kwiganwa cyane.
Abaganga bo mu gihugu cy’u Bushinwa batunguwe no gusuzuma umwana witwa Mengru Kang ufite umwaka umwe bagasanga atwite.
Abacongomani bafungiweho umupaka bari mu Rwanda batangaza ko batishimiye icyemezo igihugu cyabo cyafashe kuko hatabayeho kumenyeshwa ifungwa ry’umupaka mbere yuko bishyirwa mu bikorwa.
Abagurisha amazi ku mavomero rusange mu karere ka Kayonza barasaba ikigo gishinzwe amazi, ingufu n’isukura (EWSA) kubagabanyiriza ibiciro ku mazi kuko ngo nta nyungu bakuramo.
Kuwa mbere tariki 22/10/2012, umwe mu Banyakoreya batuye mu mudugudu wa Mushimba, akagari ka Kigembe, umurenge wa Gacurabwenge, yibwe mudasobwa igendanwa n’abantu bataramenyekana, bayisanze mu nzu.
Umuhanzi Mani Martin umaze kugaragaza ubuhanga buhambaye muri muzika, agiye kwitabira iserukiramuco (festival) mu gihugu cya Zanzibar mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2013.
Kuwa gatanu tariki 26/10/2012, mu ishuri ryisumbuye ryitwa Glory Secondary School riri ahahoze ULK mu gishanga hazabera igitaramo cyo gushima Imana ibyiza yabakoreye no mu rwego rwo gusezeranaho kubera umwaka urangiye.
Nyiratabaro Thacienne n’abana be batanu bamaze ibyumweru bine bacumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera nyuma yo guhunguka baturutse muri Tanzaniya ariko ntibabashe kubona aho bavuka kubera kumara imyaka myinshi mu buhungiro.
Kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012, mu Rwanda hageze indi ndege itwara abagenzi yo mu bwoko bwa bombardier CRJ900 NextGen, ikaba ifite imyanya 75, harimo irindwi y’ubucuruzi.
Imvura irimo inkubi y’umuyaga yaguye tariki 19/10/2012, yasize isenye amazu 119 mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kamonyi. Benshi mu bahuye n’ibyo biza bakeneye gufashwa gusana, bakaba hari n’abakeneye gucumbikirwa.
Kuva tariki 21/10/2012, Guverinoma ya Congo Kinshasa yafashe icyemezo cyo gufunga umupaka wayo n’u Rwanda mu masaha y’ijoro kandi hari hashize umwaka urenga imipaka y’u Rwanda na Congo ikora amasaha yose y’amanywa n’ijoro.
“Agakiriro” ni igice gishya kigiye kubakwa muri buri karere kizajya gihuriza hamwe ibikorwa by’ubucuruzi bikorwa mu myuga. Iki gice kizafasha urubyiruko kwihangira imirimo no kuyibonera isoko, nk’uko Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ibitangaza.
Abayobozi 26 mu ngabo z’igihugu cya Botswana bari mu rugendo mu Rwanda, aho bazamara icyumweru basura inzego za Leta n’inganda, mu rwego rwo kumenya amateka, iterambere ndetse n’uburyo u Rwanda rwashoboye gukemura amakimbirane nyuma ya Jenoside yabaye mu 1994.
Umugabo Claver (amazina ye ryahinduwe nkuko yabyifuje) avuga ko nyuma yo gukora imibare agasanga amaze kunywa amakesi 4000 y’inzoga ya mitzig ziguze amafaranga arenga miliyoni 43 yumva bitazamuca intege mu kunywa iki kinyobwa.
Kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012, isosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yahaye ishuli ryisumbuye rya ESPANYA riri mu karere ka Nyanza mudasobwa 36 inaryemerera murandasi ( connection) izamara umwaka wose nta kiguzi.
Mutabazi Celestin utuye mu mudugudu wa Rebero, akagali ka Gahurire, murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya polisi akurikiranweho gutemagura mu mutwe abana be babiri tariki 19/10/2012 umwe agahita yitaba Imana.
Umunyamakuru w’icyamamare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wigeze kuyobora ikigo cyo muri Amerika gitera inkunga amaradio, Bill Siemering, aratangaza ko agiye gusura Radio Izuba bitarenze mu cyumweru kugira ngo yirebere uburyo iyo radio ikorana n’abaturage.
Urukiko rw’Ikirenga rw’igihugu cya Finland rwemeje ko Pasitoro Francois Bazaramba atemerewe kujuririra igihano cyo gufungwa burundu yakatiwe n’inkiko za Finland zimaze kwemeza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Mukankubito Louise w’imyaka 52 na Musabwasoni Constance w’imyaka 42, bose batuye mu kagari ka Gitisi, umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batawe muri yombi bamaze guteka litiro 20 za kanyanga.
Ndayishimye Uwineza Marie Odile wiga mu mwaka wa 4 mu ishami ry’imibare, ibinyabuzima n’ubutabire ni we wabaye Nyampinga y’urwunge rw’amashuri Notre Dame de la Providence de Karubanda nyuma y’imyiyereko yabaye kuwa 21 Ukwakira 2012.
Abaturage batuye umudugudu wa Kibimba mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma batewe impungenge nuko bagiye kubaho nyuma y’imvura yaguye tariki 19/10/2012 ikabasenyera amazu ndetse ikanangiriza imyaka.
Ku munsi wa gatanu wa shampiyona, Rayon Sport yagaragaje ko yivuguruye ubwo yatsindaga Police FC mu mukino ya shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro Remera ku cyumweru tariki 21/10/2012.
Binyujijwe mu ishyirahamwe rihuje Abanyarwanda n’Abanyatanzaniya ryirwa Rwanda Tanzaniya Friendship Association (RWATAFA) tariki 21/10/2012 mu karere ka Kirehe habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 13 uwahoze ari Perezida w’igihugu cya Tanzaniya, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere.
Abamotari batandatu bo muri koperative COTAMORU ICYIZERE ikorera mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bishimye kuba abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi kuko bizatuma bafatanya n’abandi banyamuryango kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 uwo muryango umaze ubayeho.
Umugore witwa Terri Graham w’imyaka 44 akaba afite abana babiri ariko atarigeze abonsa amaze imyaka ibiri yonsa imbwa.
Umwuka mubi umaze iminsi muri Libya warushijeho kwiyongera nyuma y’ibitero umutwe witwara gisirikare wo mu mujyi wa Misrata wagabye mu mujyi wa Bani Walid tariki 21/10/2012.
Nyuma y’igihe gito muri Uganda hagaragaye indwara ya Ebola, ubu hagaragaye indi ndwara yitwa Marburg igaragaza ibimenyetso bisa cyane n’ibya Ebola.
Ishimwe Christian w’imyaka 10, uvuka mu murenge wa Rusororo akarere ka Gasabo yakubiswe n’umuriro w’amashanyarazi tariki 23/01/2011 bimuviramo ubumuga bukomeye ubu akaba asigaye yandikisha amano.
APR Volleyball Club mu rwego rw’abagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu rwego rw’abagore, nizo zegukanye igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Carré d’AS), yasozwe ku cyumweru tariki 21/10/2012 kuri stade ntoya i Remera.
Umusore w’imyaka 20 witwa Alexandre Niyonzima yarohamye ku kiyaga cy’igikorano (Artificial Lake) cya Nyarutarama kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012 ahasiga ubuzima, umubiri we kugeza ubu ukaba utaraboneka.
Niyonshuti Adrien ni we wongeye kurusha abandi mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka umujyi wa Kigali ‘Kigali City Tour’ ryabaye ku cyumweru tariki 21/10/2012.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage, Musoni James, asanga akarere ka Ruhango kari mu turere dufite amahirwe menshi y’iterambere, ariko aya mahirwe akaba akoreshwa uko bidakwiye.
Imodoka y’Abashinwa bakora imihanda muri Rusizi na Nyamasheke yazamukaga yerekeza ku cyicaro cy’akarere ka Rusizi igeze ahaterera ihagarara umwanya munini hanyuma isubira inyuma n’umuvuduko mwinshi yiroha mu mugezi wa Kadasomwa. Hari saa tanu n’iminota mike tariki 21/10/2012.
Umukobwa witwa Valentine Nyirambarubukeye wari ufite ubumuga yavukanye bw’amaguru yitabye Imana tariki 17/10/2012 yiyahuye, impamvu yabimuteye ntiramenyekana.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yasezerewe mu marushanwa yo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo gutsindwa na Botswana hitabajwe za penaliti mu mukino wabereye kuri stade Amahoro i Remera tariki 20/10/2012.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bishimiye ibikorwa by’iterambere bagejejweho n’uwo muryango birimo imihanda, amashanyarazi, amazi meza no gufasha abaturage kubakura mu ngoyi z’ibibazo.
Inkubi y’umuyaga yabaye ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 19/10/2012, yasize isenye amazu agera ku 102 n’ishuri ry’incuke n’ibindi bikorwa by’abaturage, mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano yo gufatanya na Polisi y’igihugu cya Ethiopiya, azibanda ku gufashanya mu bikorwa byo kongera ubumenyi ku mpande zombie, nk’uko babyemeranyijweho kuri uyu wa Gatanu tariki 19/10/2012.
Abatuye akarere ka Nyanza ntibagitekereza ko kwambara inkweto ari ukwirata, kuva mu bana biga mu mashuli abanza n’aho abantu bakuru bateraniye, bitandukanye na cyera aho uwatinyukaga kuzambara mu bandi byamuteraga ipfunwe.
Ubuyobozi bw’akarere n’imirenge bwatangiye gusaba abaturage gufata amazi yo kumazu, kuko agira uruhare mu gutera ibiza, bitewe n’uko agenda yinjira mu butaka bworoshye bikaba intandaro y’inkangu.