Niyonshuti Adrien ni we wongeye kurusha abandi mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka umujyi wa Kigali ‘Kigali City Tour’ ryabaye ku cyumweru tariki 21/10/2012.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage, Musoni James, asanga akarere ka Ruhango kari mu turere dufite amahirwe menshi y’iterambere, ariko aya mahirwe akaba akoreshwa uko bidakwiye.
Imodoka y’Abashinwa bakora imihanda muri Rusizi na Nyamasheke yazamukaga yerekeza ku cyicaro cy’akarere ka Rusizi igeze ahaterera ihagarara umwanya munini hanyuma isubira inyuma n’umuvuduko mwinshi yiroha mu mugezi wa Kadasomwa. Hari saa tanu n’iminota mike tariki 21/10/2012.
Umukobwa witwa Valentine Nyirambarubukeye wari ufite ubumuga yavukanye bw’amaguru yitabye Imana tariki 17/10/2012 yiyahuye, impamvu yabimuteye ntiramenyekana.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yasezerewe mu marushanwa yo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo gutsindwa na Botswana hitabajwe za penaliti mu mukino wabereye kuri stade Amahoro i Remera tariki 20/10/2012.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bishimiye ibikorwa by’iterambere bagejejweho n’uwo muryango birimo imihanda, amashanyarazi, amazi meza no gufasha abaturage kubakura mu ngoyi z’ibibazo.
Inkubi y’umuyaga yabaye ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 19/10/2012, yasize isenye amazu agera ku 102 n’ishuri ry’incuke n’ibindi bikorwa by’abaturage, mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano yo gufatanya na Polisi y’igihugu cya Ethiopiya, azibanda ku gufashanya mu bikorwa byo kongera ubumenyi ku mpande zombie, nk’uko babyemeranyijweho kuri uyu wa Gatanu tariki 19/10/2012.
Abatuye akarere ka Nyanza ntibagitekereza ko kwambara inkweto ari ukwirata, kuva mu bana biga mu mashuli abanza n’aho abantu bakuru bateraniye, bitandukanye na cyera aho uwatinyukaga kuzambara mu bandi byamuteraga ipfunwe.
Ubuyobozi bw’akarere n’imirenge bwatangiye gusaba abaturage gufata amazi yo kumazu, kuko agira uruhare mu gutera ibiza, bitewe n’uko agenda yinjira mu butaka bworoshye bikaba intandaro y’inkangu.
Ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi ISAE Busogo rikorera mu karere ka Musanze, ryiteguye kubonera umuti ikibazo cy’imbuto y’ibirayi, kuko kizifashisha ikoranabuhanga ryacyo mu gutubura imbuto.
Inzu 15 z’amacumbi y’abarimu bigisha mu mashuri y’Uburezi bw’ibanze bw’Imyaka 12 (12YBE) bigisha mu karere ka Nyamasheke zizaba zuzuye bitarenze impera z’uyu mwaka, aho hari kubakwa imwe mu mirenge 15 igize aka karere.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda wahuguye abagore 20 bakennye kurusha abandi bo mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango, ku byerekeranye n’uburyo bwo kwihangira imishinga iciriritse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatangije ibikorwa byo kurwanya ibisazi by’imbwa, aho harimo gukingira imbwa n’injangwe zose bakazaboneraho no gutega umuti wica imbwa n’injangwe zizerera.
Samuel Sembagare, umuyobozi w’akarere ka Burera, asaba abaturage ayobora kurangwa n’isuku aho baba, aho barara, aho bakorera n’aho bafungurira batibagiwe kuyigira ku myambaro ndetse no ku mubiri wabo.
Minisitiri w’umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, avuga ko umuco wa “Hinga Tugabane” ugomba guhagarara, bitewe n’ubutaka bwo kororeraho, bwahawe abaturage muri gahunda y’isaranganya.
Urubyiruko rurangije mu kigo ry’imyuga cya Rukoma, giherereye mu karere ka Kamonyi, baributswa ko bagomba kwirinda abashukisha ibikoresho bakeneye, akenshi bagamije kubashora mu busambanyi.
Nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko terefoni zigendanwa zitujuje ubuziranenge zizwi Ku izina ry’inshinwa zishobora gukurwa ku murongo, abazitunze bo mu karere ka Ngororero batangiye kuzigurisha abandi ngo zitazabahombera.
Nyuma y’aho abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rwa G S Indangaburezi mu Ruhango, bavuze ko bamaze iminsi baterwa n’amajyini, akabaniga, ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe bamwe mu bantu barara batera amabuye, imisenyi n’ibindi mu macumbi y’abanyeshuri.
Ishuri rikuru ryigisha ubuvuzi (KHI) rimaze amezi abiri rikora inyigo yiswe “KHI graduates tracer study”, igamije kumenya icyo abaryizemo bakora n’aho bakora, mu rwego rwo gusuzuma ireme ry’uburezi ryatanze kuva mu myaka 16 rimaze rishinzwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buraburira abakorera ubucuruzi mu mujyi wa Goma kwigengesera kubera ko uyu mujyi watangiye kugenda uhagarika ibicuruzwa bimwe bivuye mu Rwanda.
Ku munsi wa gatanu wa shampiyona ya Basketball, ESpoir BBC yakomeje kwitwara neza ubwo yatsindaga CSK ku wa gatanu tariki 19/10/2012, bituma ikomeza gushimangira umwanya wa mbere.
Nyuma y’uko umugezi wacaga mu ruganda rwa Bralirwa rukawubakira inyuma y’uruganda wangirije imiryango igera kuri 40 mu kwezi kwa Nzeri, tariki 18/10/2012 wahitanye abana batatu baburirwa irengero ndetse wangiza ibitari bicye.
Abagore batuye mu mudugudu wa Ngona, akagari ka Rubona, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo, bishyize hamwe binyuze mu mugoroba w’ababyeyi bifuza gukora uruganda rukora inzoga.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ruhango zavumbuye aho insore sore zirirwa zitunganyiriza urumogi zishaka kubarwanya umwe araharasirwa undi atabwa muri yombi abandi baracika.
Abahanga mu buvuzi bavuga ko Asipirine igabanya ibyago byo kurwara kanseri z’ubwoko butandukanye, ukanagabanya kwiyongera kwazo mu mubiri, mu gihe umuntu agiye afata Asipirine ku rugero ruto.
Umugabo witwa Gary Norton w’abana bane yifuje kuba umugore ageza n’ubwo abazwe ngo ahindurirwe igitsina ariko kuri ubu avuga ko ari ryo kosa rikomeye yakoze mu buzima bwe.
Joy Kamikazi, Umunyarwandakazi wiga kaminuza mu Buhinde, yinjiye muri muzika ku ndirimbo ye ya mbere yise “Nyakira” yakozwe na Producer Bruce, Umunyarwanda nawe wiga mu Buhinde.
Ku cyumweru gitaha tariki 28/10/2012 kuri Sport View Hotel hazabera igitaramo cya Rehoboth Ministries yise “Praise and worship explosion” guhera saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri za nijoro.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), kuwa 19/10/2012, basuye umupaka wa Rusumo mu rwego rwo kureba aho igikorwa cyo kubaka one Stop Border Post n’imyiteguro yo kubaka ikiraro cya ku Rusumo bigeze.
“Depression” tugenekereje mu kinyarwanda byakwitwa “agahinda gakabije” ni kimwe mu bibazo uyu munsi bihangayikisjije ku isi, kuko ari indwara imaze kugera mu bantu benshi kandi ikanatera abantu kwiyambura ubuzima akenshi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012, nibwo hatangira irushanwa rihuza amakipe ane yabaye aya mbere muri shampiyona ya volleyball (Carre d’As) mu bagabo no mu bagore.
Ku cyumweru tariki 21/10/2012 niwo munsi wo gusoza amarushanwa ya Rwanda Inspiration Back Up yateguwe mu rwego rwo kurushaho gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Igitaramo Beer Fest kiba kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012 kirabera i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha (Expo-Ground). Kwinjira ni amafaranga 10000 ariko abagura amatike mbere baratanga 8000 gusa.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) hamwe n’akarere ka Rubavu tatiki 19/10/2012 bahuye n’ubuyobozi bwa Diocese ya Nyungo kugira ngo babafashe kubona ahimurirwa urwibutso rwa Nyundo rwangijwe n’amazi.
Umukobwa w’imyaka 19 witwa Philomene Tuyisenge yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge tariki 17/10/2012 akurikiranweho kubikuza cheque y’ibihumbi 200 ya nyiri iduka rya Quincallerie Eco-Marche.
Kayitesi Felicité w’imyaka 22 wiga mu mwaka wa gatandatu ku Ishuri Ryisumbuye rya Nkunduburezi rya Janja yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke tariki 18/10/2012 akurikiranweho gukuramo inda ku bushake.
Itsinda ry’intumwa za rubanda zo muri komisiyo y’ubukungu mu nteko ishinga amategeko zimaze iminsi itanu zumva ibibazo abaturage bafite ku bijyanye n’ubutaka n’imiturire mu karere ka Kayonza.
Ncunguyinka Emmanuel na mugenzi we Nambajimana bose bafite ipeti rya kaporari basesekaye ku butaka bw’u Rwanda ku mupaka wa Rusizi ku mugoroba wa tariki 19/10/2012, nyuma y’imyaka 18 bibera mu mashyamba ya Congo mu mutwe wa FDLR.
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwahanishije private Baziruwiha Donath igihano cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye Gihozo Mignone tariki 07/10/2012.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri biga muri za kaminuza n’amashuri makuru byo mu Rwanda no mu bihugu bituranyi, kwiga ibibashoboza kwibeshaho, badategereje inkunga y’ahandi, ifatwa nk’intandaro yo gusuzugurwa kw’Abanyafurika.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Binagwaho Agnes arahamagarira abakozi bo muri serivisi z’ubuzima kurushaho gutanga serivisi nziza anasaba ababyeyi n’abana guhora bazirikana isuku ku mubiri.
Nubwo ikipe y’u Rwanda yatsinzwe igitego 1-0 mu mukino ubanza wabereye i Gaborone, umutoza wayo Rchard Tardy afite icyizere cyo gutsinda Botswana mu mukino wo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika uzabera kuri stade Amahoro tariki 20/10/2012.
Mu gihe shampiyona ya Basketball mu rwego rw’abagabo igeze ku munsi wa gatanu, shampiyona y’abagore yagombaga gutangirira rimwe yo kugeza ubu ntabwo iratangira kubera ibibazo bitandukanye harimo n’icy’ibibuga byo gukinirwaho.
Nyuma yo kutitwara neza mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 cyabereye muri Mozambique muri Kanama uyu mwaka, Ishyirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo gusezerera umutoza Nenad Amanovic.
Ku mugoroba wa tariki 18/10/2012, imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Kigali Safaris yagonze umunyegari mu Kagali ka Rusagara, urenze gato Umujyi wa Gakenke, ahita yitaba Imana.
Samsung yatsinze Apple mu rukiko rwo mu bwongereza nyuma y’uko Apple itanze ikirego ko Samsung yiganye iPads zayo igakora Galaxy Tab zisa nayo. Apple yategetswe gusaba imbabazi ibinyujije mu kwamamaza.
Bamwe mu baturage baturiye imihanda inyura mu makaritsiye agize akarere ka Gasabo, bagira uruhare rwo gutuma imihanda yabo yangirika bitewe no kudatega amazi y’imvura amanuka mu mazu, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Gisenyi buranenga igikorwa cy’amasosiyete yamamaza ibikorwa byayo akoresheje gusiga amarangi y’ibara ryayo ku mazu aho buvuga biri guhindanya umujyi ndetse bikaba n’uburyo bwo gukwepa umusoro utangwa ku byapa byo kwamamaza.
Ubusanzwe Abanyarwanda bakunze kurangwa n’umuco wo gutabarana, ariko bitewe n’amafaranga uyu muco urasa nkaho ugenda uyoyoka mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu.