Mu rwego rwo kuremera abatishoboye bakuwe muri nyakatsi, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma batanze matera ngo bace na nyakatsi yo kuburiri.
Ubwo basuraga umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, abana b’abakobwa bo mu mujyi wa Gisenyi berekanye ibitangaza n’ubugenge bwabo mu mukino wa acrobatie aho umwana umwe w’umukobwa yaryamaga bagenzi be bose bakagenda bamwuririraho kugeza ubwo yikoreye abantu bagera muri bane.
Abanyamuryango 35 bibumbiye muri cooperative COTTAVOGI itwara abagenzi muri taxi voiture mu mujyi wa Rubavu, tariki 08/10/2012, bakusanyije ibihumbi 150 byo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund banatangaza ko bazakomeza gukusanya andi.
Ikigo cy’urubyiruko cya Rubavu cyahisemo kujya gikoresha amarushanwa y’imbyino n’imyidagaduro mu gishishikariza urubyiruko kwitabira ibiganiro bibahamagarira kwirinda SIDA.
Intumwa z’ibihugu bitandatu bya Afrika ziteraniye mu Rwanda kuva kuri uyu wa mbere tariki 08/10/2012, kugira ngo zihabwe amasomo ku bijyanye n’ivugurura mu nzego z’umutekano cyane cyane mu bihugu byahuye n’imvururu.
Amazu arenga 25 yasenyutse ndetse n’abana 12 bakurizamo kugira ihahamuka biturutse ku mvura irimo inkuba n’umuyaga yaguye mu mpera z’icyumweru gishize mu kagari ka Nyarusazi, umurenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Rulindo kuwa mbere tariki 08/10/2012, Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubuhinzi bikorerwa mu gishanga cya Bahimba asanga icyo gishanga kitabyazwa umusaruro nk’uko bikwiye.
Umuyobozi w’umushinga ugamije guteza imbere imiyoborere myiza mu nzego z’ibanze muri RALGA, Yves Bernard Ningabire yemeza ko guhugura y’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ari urugamba rwo gukemura ibibazo by’abaturage ku buryo bwihuse kandi bunoze.
Nyuma yuko ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Rwanda Housing Authority bugaragaje ko akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere mu ntara y’iburasirazuba mu kugira isakaro rya fibro ciment nyinshi,bamwe mu bihaye Imana batangiye gusaba abakiristu gutanga inkunga bakavanaho iryo sakaro.
Abagize urwego rushinzwe umutekano rwa community policing rukorera ku mudugudu, rurasaba ko rwagenerwa umwenda w’akazi kugirango abaturage barusheho kububahira imirimo bashinzwe.
Ikipe ya Club Atletique de Bizertin (CAB) yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Tuniziya, yishimiye cyane kugura Olivier Karekezi kandi ngo bizeye ko ubwo azaba atangiye kuyikinira mu mpera z’ukwezi kwa cumi azayitsindira ibitego byinshi.
Bishop Rwandamira Charles ukuriye itorero rya UCC (United Christian Church) avuga ko nta kintu na kimwe Abanyarwanda badashobora kugeraho kubera ko bavuga ururimi rumwe bigatuma icyo umwe avuze undi acyumva.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Francois Xavier Ngarambe, aremeza ko nubwo hari abananiwe kubahiriza amahame yawo bakihitiramo izindi nzira cyangwa bagacika integer, uyu muryango wungutse abanyamuryango benshi kandi bakora neza.
Ubuyobozi bw’intara ya Rhenanie Palatinat y’igihugu cy’u Budage bwavuze ko ubufatanye bwayo n’u Rwanda budashobora guhagarikwa n’impamvu za Politiki, nk’uko hari ibihugu byabikoze kubera gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 urwanira muri Kongo.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’igihugu cya Uganda byabereye i Kigali tariki 07/10/2012, Perezida Kagame yasabye Abanyafurika kumenya icyo imyaka 50 ishize bigenga yabagejejeho n’isomo bakuyemo kugira ngo bategure ejo hazaza.
Mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012, abashoferi batanu n’umugenzi umwe barekuwe n’umutwe wa FDLR nyuma yo kubambura ibintu byose bari bafite maze babata mu ishyamba.
Dukuzimana Claire w’imyaka 6 yitabye Imana agozwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser saa moya n’igice z’igitongo cyo kuri uyu wa 08/10/2012.
Abatuye santere ya Muyira iherereye mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro bavuga ko bakunda inyama z’intama kuko ziryohera kurusha izindi. Ibi bituma muri ako gace ayo matungo bayorora ku bwinshi kandi nta nyama z’andi matungo wapfa kuhabona.
Abahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bageze mu gihugu cya Uganda aho bagomba kuganira ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo.
Abantu babiri bitabye Imana bagonzwe n’imodoka mu turere twa Musanze na Kayonza mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Muri weekend ishize icyamamare mu njyana ya Hip Hop Jay-Z yakoreye concert y’akataraboneka ahitwa Barclays Center muri Leta ya New York ari kumwe n’umugore we Beyonce
Abashakashatsi bo muri Japan babashije gukora amagi bifashishije ingengabuzima (cellules) bavanye mu mbeba, ayo magi ngo yagaragaje ubushobozi bwo kuba yafasha abantu bafite ubugumba bakabasha kubyara.
Abakirisitu Gatolika bo muri Paruwase ya Hanika, muri Diyoseze ya Cyangugu barasabwa guhuza ukwemera kwabo n’imirimo y’ibikorwa bifatika kandi bitanga umusaruro kugira ngo uko kwemera kubashe kugira agaciro.
Imbere y’imbaga y’Abanyarwanda, tariki 07/10/2012 , umubyeyi witwa Mukantwari Jeanne yababariye Gashema Innocent icyaha cyo kuba yaramwiciye umugabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka 1994.
Kanyamanza Asinapaul w’imyaka 54 yakubishwe n’inkuba ahita yitaba Imana, abandi batandatu bari kumwe barahungabana bajyanwa mu bitaro bya Ruhango bo bakaba bamaze koroherwa.
Mu myiteguro yo kwizihiza yubile y’imyaka 25, FPR-Inkotanyi imaze ivutse, abanyamuryango bakomeje gukora ibikorwa bitandukanye; bihatira cyane gufasha abakiri inyuma mu majyambere.
Nyuma yo kugaragara ko hakunze kubaho ibibazo hagati ya ba rwiyemezamirimo n’inzego za Leta zitanga amasoko kubera imikorere idahwitse, ba rwiyemezamirimo badakora neza bagiye guhagurukirwa.
Kwiyandikisha mu iserukiramuco rya gikirisito (Rwanda Christian Film Festival) rigamije kuzamura uruhando rwa filimi za gikristu no kurushaho guteza imbere ivugabutumwa, birakomeje bikazarangira tariki 20/10/2012.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’umwarimu tariki 05/10/2012, mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi bishimiye ko babaye aba mbere mu gutsindisha neza abanyeshuri mu bizamini bya Leta umwaka ushize.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rutsiro, tariki 06/10/2012 , baharuye umuhanda uhuza ibitaro bya Murunda na santeri ya Congo Nil. Uwo muhanda wanyujijwe mu tugari twa Teba na Mataba.
Abdoul Mbarushimana ‘Abdou’ wari umaze amezi abiri atoza Rayon Sport nk’umutoza wungirije, yeguye ku mirimo ye tariki 05/10/2012, nyuma yo gutsindwa gukabije kwaranze iyo kipe, ndetse bigatuma abakunzi bayo bamurakarira cyane bavuga ko ariwe nyirabayazana w’uko gutsindwa.
Nyuma yo gutsinda La Jeunesse ibitego 2-1, mu mukino wabereye ku Mumena tariki 6/10/2012, Kiyovu Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo ikaba itaratakaza inota na rimwe mu mikino ine yose imaze gukina.
Nyuma yo gukoresha neza inkunga bahawe muri gahunda y’ubudehe maze bakiteza imbere, Akarere ka Gakenke kageneye abaturage 50 n’imidugudu itatu yo mu Murenge wa Kivuruga ibihembo byo kunganira imishinga batangiye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, Bizimana Claude, avuga ko buri muturage yishyize hamwe n’abandi akajya yigomwa igiceri cy’ijana yazageraho akabasha kwigurira matora.
Abatuye umurenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera bashimira umuryango wa FPR-Inkotanyi ko wabateje imbere mu bintu bitandukanye bigatuma umurenge wabo uva mu bwigunge.
Mu nteko rusange y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage ( PSD) yateraniye mu karere ka Nyanza tariki 06/10/2012, abanyamuryango batoye komite nshya iyobowe na Jean Claude Niyonzima.
Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangarije i Rwamagana ko Guverinoma na Perezida wa Repubulika bashima umusaruro mwiza ishuri ry’abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana ritanga mu buzima bw’igihugu.
Mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Congo mu ntara ya Kivu y’amajyepfo hamaze kuvuka umutwe wiyemeje kurwanya ingabo z’u Burundi ziri kurwana ku ruhande rw’ingabo za Congo.
Imwe mu mpamvu itera ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije abaturage bo mu karere ka Ngororero bafite ni ukutita ku masoko y’amazi. Ako karere gafite amasoko y’amazi menshi aturuka mu misozi ariko ntiyitabwaho uko bikwiye.
Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba, uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 05/10/2012, arahamya ko rutagamije guhindura ururimi rwIigifaransa bagana ku cyongereza, nk’uko itangazamakuru ryari rimaze igihe ribivuga.
Ku munsi wa kane wa shampiyona izaba ikinwa kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06/10/2012, Police izakina na Mukura Victory Sport kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ukazaba ari umwe mu mikino ikomeye hane kuri uwo munsi kubera amazina n’amateka ayo makipe afitanye.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere mu karere ka muhanga (JADF), rigiye gukora ubushakashatsi bugamije kureba uko gutanga serivisi bihagaze muri aka karere.
Akarere oa Huye gafite umwihariko wo kweza bwiz kurusha ahandi kubera imiterere y’ako, nk’uko bitangazwa n’Umuryango utegamiye kuri Leta (ARDI) ufasha abaturage b’abakene kwiteza imbere binyuze mu myuga iciriritse, harimo buhinzi no ku bworozi.
Ntibankundiye Jacqueline w’imyaka 20 yahisemo gushaka kwiyahura, kuko umuryango we umusaba ko umwana yabyariye iwabo amushyira se, mu gihe uwo babyaranye na we avuga ko uwo mwana atari uwe.
Theogene Siborurema utuye aho bita i Cyarumbo yishakiye uburyo bwo kuhira imyaka akunda guhinga, yiganjemo inyanya n’intoryi, bwanafashishe n’abaturanyi be kuba yaratekereje icyo gikorwa.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Ngororero baravuga ko batangiye kubona ko muminsi iri imbere bazahura n’inzara kuko nta musaruro bagitegereje kubera ibura ry’imvura, bitandukanye n’ibyari byatangajwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iteganyagihe, imvura izaramira imyaka yabo ihari.
Abaturage bo mu murenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bari muri gahunda ya VUP bagenewe miliyoni 70 n’ibihumbi 555 by’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa muri gahunda zo kubateza imbere cyane cyane abakiri mu bucyene kugira ngo bashobore ku busohokamo.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yatangije ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 Ishuri rya Rwamagana School of Nursing and Midwifery rimaze ritangiye kwigisha ababyaza n’abaforomo.
Itangishaka Maurice w’imyaka 23, Maniraguha Emmanuel w’imyaka 28 na Hategekimana Claude w’imyaka 22 y’amavuko, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, kubera gucuruza inzoga z’inkorano zizwiho kwangiza ubuzima bw’abazinkwa.