Umusore w’imyaka 22 witwa Safari Jean Damascene utuye mu karere ka Rulindo yihangiye umurimo wo gushyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje.
Ku munsi wa munani wa shampiyona tariki 03/11/2012, Rayon Sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, naho APR FC inganya n’Amagaju mu mukino wabereye ku Mumena.
Gakuba Alphonse aka Mr Ba wiga mu mwaka wa gatandatu w’ikoranabuhanga mu kigo cy’ ishuli ryisumbuye rya COSTE-Hanika mu karere ka Nyanza atangaza ko yibonamo kuzaba umuhanzi kurusha ibindi byose bijyanye n’ubuzima bwe bwa buri munsi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyongwe, Habanabakize Jean Claude atangaza ko amabagiro ashaje yubatswe mu Kagali ka Gasiza, Umurenge wa Muyongwe abangamiye abaturage kuko ateza umwanda kandi akaba yubatse mu muhanda.
Abakristo bo mu madini atandukanye akorera mu Karere ka Huye bitabiriye ibiganiro byateguwe na Arise and Shine International Ministries ifatanyije n’abafatanyabikorwa bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika bagaragarijwe ko uruhare rwabo mu iterambere ari ngombwa.
Umuryango w’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG) ukorera mu ishuli COSTE-Hanika riri mu karere ka Nyanza yizihije isabukuru y’imyaka 7 imaze ishinzwe muri icyo kigo mu muhango wabaye tariki 03/11/2012.
Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012, mu rwunge rw’amashuri rwitiriwe umwamikazi w’amahoro rwa Cyanika (Groupe Scolaire Notre Dame de la Paix de Cyanika) riherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe hatangijwe ku mugaragaro itorero ry’igihugu.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rwifitemo impano y’ubuhanzi bwo kuririmba, ariko bakagira imbogamizi yo kubura amafaranga yo kubafasha kuyigaragariza Abanyarwada.
Uruganda rwa Bralirwa ruturanye n’abaturage basenyewe n’umugezi wa Burehe mu karere ka Rubavu, rwabageneye inkunga ya miliiyoni 29 z’amafaranga y’u Rwanda azabafasha kubona ibikoresho byo kubaka mu kandi gace bimuriwemo ka Kanembwe.
Imiryango 192 yangirijwe n’ibiza byabaye muri iki cyumweru dusoza, mu karere ka Rubavu, yashyikirijwe ubufasha bw’ibikoresho byo mu rugo n’iby’isuku bifite agaciro ka miliyoni 15, ku byatanzwe muri Rusizi na Rubavu.
Abarwanyi bane b’umutwe wa FDLR bagaze mu Rwanda bavuye mu mashyamba ya Congo, aho bari bamaze imyaka 18. Bakigera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 02/11/2012, batangaje ko bari barambiwe kubeshywa ko bazagaruka FDLR imaze gufata ubutegetsi.
Mu gihugu cy’Ubuhinde haravugwa umugabo witwa Sohanial Chouhan w’imyaka 38, watahuweho kuba yarashyize intoboro ku gitsina cy’umugore we, ngo ajye abona aho ashyira ingufuri igihe yagiye ku kazi.
Umunyeshuli witwa Vincent Mucunguzi Rwampakani w’imyaka 23 wiga muri Kaminuza ya Mbarara muri Uganda, akurikiranwe n’ubutabera icyaha cyo kwandagaza no gusebya Perezida Yoweri Museveni yifashishije inyandiko zimutesha agaciro mu banyagihugu be.
Ahitwa kuri Sprite rwagati mu mujyi wa Muhanga hamaze kumenyekana nk’iseta abashaka abafundi n’abahereza babo bajya kubashakiraho. Mu gitondo usanga bakubise buzuye ariko begera umuntu uje bakeka ko akeneye abakozi.
Abasore babiri bo mu karere ka Rusizi bafunzwe na Polisi bazira kurwana bagakomeretsanya, ubwo umwe yageragezaga kwiba undi yamugwa gitumo akamukubita akamukomeretsa.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ibidukikije(UNEP), bivuga ko imikoreshereze idahwitse y’ingufu zikoreshwa mu Rwanda, ari imbogamizi yo kutagera ku “bukungu butoshye”(green economy).
Ibitaro bya Mibilizi biherereye mu karere ka Rusizi, byasinyanye amasezerano n’umuryango w’Abataliyani Azienda Ospedaliera di Legnano, azajya abifasha kubona ibikoresho bitandukanye mu buvuzi.
Inama yaberaga mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, yiga ku kibazo cy’ibura ry’amazi mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, yasojwe yemeje kuyageza mu mijyi mito y’ibyo bihugu.
Itsinda ryaturutse mu Buyapani rirahugurira Abanyarwanda bumwe mu bumenyi bafite bwabafashije kuba ubukombe mu ikoranabuhanga. Bakanabahugurira gutekereza, bagerageza gushaka icyakemura ibibazo u Rwanda ruhuira nabyo mu mibereho ya buri munsi rukoresheje ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).
Itsinda ry’abasore batatu bo mu murenge wa Musambira nibo begukanye umwanya wa mbere, mu marushanwa y’imiyoborere myiza yabaye ku rwego rw’akarere. Amarushanwa yari ahuje amatorero n’abahanzi ku giti cyabo icyenda.
Uruhare rw’ababyeyi rurakenewe mu gufasha abana babo kwitegura iki igihe cy’ibizami, kuko hari batsindwa kubera kutubahiriza amasaha yo gusubiramo amasomo, nk’uko byatangarijwe mu gikorwa cyo guhemba abanyeshuri bitwaye neza mu bizami bya Leta by’umwaka ushize, mu karere ka Gasabo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, wahawe akarere ka Nyamagabe nk’umujyanama mu bukungu n’iterambere, aratangaza ko azahera ku mwihariko w’aka karere akagafasha mu nzira y’iterambere.
bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage gukora bagamije guhindura imibereho myiza y’abo bashinzwe kuyobora.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) bwasabye abagize imitwe ya politiki inyuranye gukoresha neza imbuga za internet z’amashyaka yabo, harimo gutanga amakuru ya politiki ku gihe, ndetse no kwitondera inkuru batangaza.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Kigoya, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatanu tariki 02/11/2012 bijihije isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse boroza bagenzi babo amatungo agera ku 124.
Umugabo witwa Kieti Mwangangi wo muri Kenya yatahuweho ko yari amaranye umurambo w’umwana we iminsi 10 yaranze kumushyingura ategereje ko azazuka akongera akaba muzima.
Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, kuri uyu wa 02/11/2012, mu karere ka Rwamagana habaye isiganwa ku maguru no ku magare ryitabiriwe n’abasore 54 n’abakobwa 24.
Abapolisi birukaniwe gutereka ubwanwa bigaragambirije imbere ya minisiteri ishinzwe umutekano mu gihugu cya Misiri basaba Perezida Mohamed Mursi kubarenganura akabasubiza mu kazi kabo.
Myugariro w’ikipe y’igihugu ya Benin, Khaled Adenonk, wahagaritswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA kubera kurwana mu mukino wahuje u Rwanda na Benin i Kigali, yatangaje ko azaburana kugeza atsinze.
Mu gihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika zasohowe filime yitwa Rising From Ashes ivuga ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Team Rwanda) y’umukino wo gusiganwa ku magare.
Umukobwa witwa Muhimpundu Jacqueline uzwi ku izina rya “Manyobwa” utuye mu Kagali ka Burimba mu Murenge wa Rushashi Akarere ka Gakenke afite umubyibuho udasanzwe kuko apima ibiro 100 kandi afite imyaka 10 y’amavuko.
Ubwo Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC), Mukaruriza Monique yasuraga umupaka wa Rusumo tariki 01/11/2012 byagaragaye ko ku ruhande rw’u Rwanda imirimo yihuta kurusha ku ruhande rwa Tanzaniya.
Umutoza wa Kiyovu Sport, Kayiranga Baptitse, yihaye intego yo gutsinda Rayon Sport mu rwego rwo gukomeza kuza ku isonga muri shampiyona, no kugaragaza ko Kiyovu Sports idatsinda amakipe matoya gusa, ahubwo ko ihangara n’ay’ibihangange.
Abasore 68 bakekwaho ubujura batawe muri yombi na Polisi y’igihugu mu mukwabu yakoze mu Mujyi wa Kigali mu duce twa Nyabugogo na Gatsata tariki 01/11/2012.
Gahimano Alexis w’imyaka 28 yarasiwe mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana ku gicamunsi cya tariki 01/11/2012 ubwo yafataga umupolisi ashaka kumwambura imbunda.
Umuhanzi w’Umufaransa uririmba mu njyana ya Soul na R&B, Amel Bent, avuga ko atishimira kuba Umufaransa nubwo ari cyo gihugu yavukiyemo tariki 21/06/1985 ku babyeyi bafite inkomokoku ku gabane wa Afurika.
Hashize iminsi 2 abanyamahanga batuye mu Rwanda bakorerwa ibarura rigamije kubaha ibyangobwa bizaborohereza gutura mu Rwanda nta rundi rwikekwe.
Abagabo bane bafungiwe kuri station ya Polisi ya Shyorongi mu karere ka Rulindo bakekwaho kwesikoroka umusaza witwa Munyeragwe Andre utuye mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo, bamubeshya ko ari abakozi ba societe y’itumanaho Airtel.
Abakozi ba Mituweri ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bari mu muryango FPR-Inkotanyi, tariki 01/11/2012, bijihije isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe babijyanisha no gufasha abarwayi b’abakene barwariye mu bitaro bikuru by’iyi Kaminuza.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, arakangurira abyeyi bo muri ako karere kwitabira amarerero kuko ari ahantu hazabafasha kuzamura uburere bw’abana babo, ndetse bikanabarinda kuhigira imico mibi, cyangwa kuba bahohoterwa.
Sebanani André yavutse mu 1952, avukira mu cyahoze ari Komini Kigoma Perefegitura Gitarama, ubu akaba ari Akarere ka Nyanza, Intara y’Amajyepfo. Yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’urugaga rw’abikorera (PSF) bemeza ko icyuho cyo kubura abakozi n’ubukungu buri ku kigero cyo hasi mu Rwanda biterwa ahanini no kutagira abakozi bafite ubumenyingiro buhagije.
Abantu hafi 10 baguwe gitumo n’ubuyobozi barimo kunywa inzoga mu masaha y’akazi tariki 01/11/2012 mu kagari ka Nyarusazi ho mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi.
Ikigo cya COBANGA (College Baptiste de Ngarama) giherereye mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo ni kimwe mu bigo byigenga bititabira imikino muri ako karere kubera ko hari ikibuga kimwe gusa nacyo cya Volleyball.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirijwe amadosiye 71558 y’abantu baciriwe imanza na Gacaca badahari bakaba bagomba gukurikiranwa n’ubushinjacyaha. Ubushinjacyaha burimo kwiga ayo madosiye kugirango hasohorwe impapuro zo kubata muri yombi.
Abaturiye ikiyaga cya Burera bavuga ko icyo kiyaga gifite ubujyakuzimu burebure ku buryo iyo bagiye kuroba amafi arimo yigira hasi ntiyogere hejuru bigatuma batayaroba, bagira n’ayo baroba akaza ari mato kandi ari na make.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse ukomoka mu karere ka Nyagatare yakubitiwe mu karere ka Muhanga n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira ku wa gatatu tariki 31/10/2012 ubu akaba ari mu bitaro bya Kabgayi.
Mu gitondo cyo kuri uyu kane tariki 01/11/2012, umukozi ukora kuri gishe (guiche) ya banki y’abaturage ishami rya Musanze, yatorokanye amafaranga miliyoni 13 ahita ahungira muri Uganda.
Abanyeshuli bo mu mwaka wa kabiri bo mu rwunge rw’amashuli rwa Runyinya ntibashoboye gukora ikizamini cy’amateka tariki 26/10/2012 kubera ko abarimu banze kugitanga batari bahabwa agahimbazamusyi bemerewe n’ababyeyi.