Alphonsine Nyiraneza w’imyaka 16 wari utuye mu kagari ka Rugarama, mu murenge wa Kigina yitabye Imana nyuma yo kugezwa mu bitaro bya Kirehe mu karere ka Kirehe, amaze kugwirwa n’igsenge k’inzu, kuri uyu wa 12/10/2012.
Ikibazo cy’isuri kigaragara mu nkambi ya Kigeme kibangamiye impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi, kuko iyo imvura muri iki gihe cy’imvura iguye amazi yinjira mu mashitingi cyane ko iyi nkambi yubatse ku musozi.
Emery Bayisenge usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 yagizwe kapiteni w’ikipe y’igihugu nkuru, mu mukino wa gicuti uyihuza na Nambia, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13/10/2012 mu mujyi wa Windhoek.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi barasabwa kudahagarara mu bikorwa bagezeho, bagakomeza kugira uruhare mu byateza imbere igihugu, nk’uko byatangajwe n’Umuuyobozi w’umuryango mu kagali ka Kamashangi, ubwo hizihizwaga isabukuru yawo y’imyaka 25 ku rwego rw’akagali.
Abarezi bitwaye neza bagatoranywa na bagenzi babo bahawe amashimwe kubera akazi kanini bakora, mu muhango wo kwizihiza umunsi wahariwe abarezi mu murenge wa Gasaka, wijihijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12/10/2012.
Ku bitaro bya Kirehe harwariye umugabo witwa Niyibishaka Emmanuel, kubera ibikomere yatewe n’imihoro yatemwe ubwo we na bagenzi be bageragezaga kwibisha imbunda ariko uwo bateye akirwanaho, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta n’Urugaga rw’Abikorera(PSF), bashyizeho urwego rw’ibiganiro bise “RPPD”, rubahuza kugira ngo impinduka mu bucuruzi zihutishwe ku ruhande rwa Leta hanakemurwe ibibazo by’abikorera mu Rwanda ku ruhande rw’abikorera.
Imodoka ya kompanyi Horizon Express yari itwaye abagenzi, yavaga mu mujyi wa Kigali ijya mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 12/10/2012, yari ihitanye umumotari mu mvura yari itangiye kujojoba aka karere.
Ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yatsinzwe igitego kimwe ku busa na Botswana mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika wabereye i Gaborone ku wa gatanu tariki 12/10/2012.
Ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa zo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012, nibwo umuhanzi King James yuriye indege bwa mbere mu mateka ye yerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho agiye gukora ibitaramo.
Polisi yo mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi imodoka yari itwaye forode y’amakarito 78 y’inzoga yo mu bwoko bwa African Gin ahwanye n’uducupa 640, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Isuku n’ikinyabupfura bigaragara mu bagororwa ba gereza ya Nyanza, biri mu byashimishije intumwa z’Amabasade y’u Buholandi mu Rwanda, ubwo zayigendereraga kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Mu karere ka Kayonza hagiye gutangizwa uruganda ruzajya rukora impapuro mu bivovo by’insina. Iyo nyigo yakozwe n’abasore babiri bize mu gihugu cy’u Buhinde, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi Gakuba Damascene ukuriye urugaga rw’abikorera mu karere ka Kayonza abivuga.
Umunyeshuri witwa Niyomugabo Diomede w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatanu mu ishuri ribanza rya Dihiro riri mu Murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yaburiwe irengero nyuma yo gukubita umwarimu umugeri akikubita hasi.
Ndikubwimana Erneste w’imyaka 33 afungiye kuri station ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akekwaho urupfu rw’umukobwa w’imyaka 20 witabye Imana nyuma yo gusambanywa n’abahungu babiri barimo uyu Ndikubwimana.
Abaturage bo ku kirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bavuga ko ubwato bahawe nk’ingobyi y’abarwayi batabukoresha kuko bunywa lisansi nyinshi, bakifuza ko bahabwa ubuciriritse.
Kuri uyu wa 12/10/2012, mu kagari ka Rugarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe imvura yaguye mu masa saba n’igice yashenye amazu 23 ibisenge by’inzu byose bivaho naho andi 17 asenyuka igice.
Urwego rw’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG) rwatangarije Inteko ishinga amategeko kuri uyu wa gatanu tariki 12/10/2012, ko amafaranga arenga miriyari 10 atagaragazwa uburyo yakoreshejwe n’inzego zinyuranye z’igihugu mu mwaka wa 2010-2011.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Dr. Harebamungu Mathias, arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri kurushaho kwita ku burere bw’abanyeshuri kubera ko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’ibigo bibera mu byabo ku buryo usanga batakiba mu bigo bayobora.
Abanyeshuri batatu biga kuri Ecole Technique Sainte Trinite Ruhango, bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 11/10/2012 bacyekwaho kwiba matola z’abandi bana bakazigurisha mu baturage baturanye n’ishuri bigaho.
Abanyarwanda barakangurirwa kwitabira gahunda yo gushinganisha ubuhinzi bwabo kuko ari yo yabafasha guhangana n’igihombo bashobora guterwa n’ibihe bibi birimo n’ibiza; nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Ubuhunzi, Agnes Karibata.
Umugore witwa Bayavuge utuye mu kagari ka Kabihogo, umurenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ku wa kane tariki 11/10/2012, arakomereka ahita ajyanwa kwa muganga.
Litiro 469 za kanyanga zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 938 zamenywe mu muhango wo kumena ibiyobyabwe no gucira urubanza abacuruzaga n’abanywaga kanyanga, wabaye tariki 11/10/2012 mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi, Protais Ndindabahizi, yegujwe azize kugaragaraho imyitwarire idakwiye umuyobozi, arwana n’umuturage ayobora mu kabari.
Justine Nyiratora w’imyaka 26 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze kuva tariki 10/10/2012 azira kwinjiza amashashi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ayavana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Minisitiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye uruganda rw’ibihumyo rwitwa BN Producers rukorera mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, ashimira nyiri uru ruganda igitekerezo cyiza yagize cyo kwihangira umurimo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi ari bwakire ibibazo kuri gahunda za Leta anabisubize kuri uyu wa gatanu tariki 12/10/2012 guhera saa munani kugeza saa cyenda z’igicamunsi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyije na polisi y’igihugu cyatanze amasomo ku kubungabunga ibidukikije yitabiriwe n’abapolice bakorera ku masitasiyo ya polisi mu turere twose tw’u Rwanda.
Abarwanyi 13 bitabye Imana mu mirwano yabaye hagati y’umutwe witwara gisirikare wa Mai-Mai Shetani na FDLR-Soki, kuwa gatatu tariki 10/10/2012, mu Karere ka Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga mu Itorero ry’igihugu arahamagarira urubyiruko rw’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi guharanira kutagira ubwenge bwo mu ishuli gusa ahubwo bugaherekezwa n’ubutore.
Abakozi 80 bakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atanu badahembwa none imibereho ntiyifashe neza. Aba bakozi biganjemo abubatsi n’abayede.
Gahunda y’ijisho ry’umuturanyi si uguhana gusa, ahubwo igamije kugaragariza buri wese ububi bw’ibiyobyabwenge hagamijwe ku birandura burundu; nk’uko byemezwa n’ umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko wungirije mu karere ka Musanze, Muhimpundu Olive Josiane.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko hari gusuzumwa icyemezo gisaba ko inzoga izwi ku izina rya African Gin ikorerwa muri Uganda yahagarikwa gucuruzwa mu Rwanda kuko abayinywa ibasindisha bagata ubwenge bagateza umutekano muke.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Kabeza, umurenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi amaze imyaka 39 arwaye indwara y’uruhu yanze gukira.
Abasenateri bashya batandatu barahiriye kuzuzuza inshingano bahawe, imbere y’Umukuru w’igihugu n’abandi bayobozi bakuru. Perezida Kagame yabasabye gukorana umurava n’ubwo inshingano bahawe ziremereye.
Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, kuri uyu wa kane tariki 11/10/2012, yakiriye aboherejwe guhagararira ubuholandi, Ubudage ndetse na Vatikani mu Rwanda.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abakinnyi b’Abanyarwanda babigize umwuga, umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, ngo ari hafi kohereza abakinnyi batatu ku mugabane w’Uburayi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) hamwe n’ibigo by’ubwishingizi, kuri uyu kane tariki 11/10/2012, batangije uburyo abahinzi bazajya bishingana, kugirango ntibatinye gushora imari yabo mu buhinzi, bitewe n’ibiza bimaze igihe byibasira uduce dutandukanye tw’igihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafashe ingamba zo guhagurukira santere ya Mugu, iherereye mu murenge wa Kagogo kubera forode iharangwa ndetse n’urugomo rwa hato na hato ruterwa b’ababa banyoye ibiyobyabwenge bihacuruzwa.
Hari amoko menshi y’inkweto ashyirwa ku rutonde rw’inkweto mbi kurusha izindi, ariko izo mu bwoko bwa “Scary Beautiful” zakozwe na Leanie Van Der Vyver na René Van Den Berg zishobora guca agahigo.
Hari abakirisitu batinya gukoresha agakingirizo ngo batarebwa nabi n’abayobozi b’amadini basengeramo ariko ntibibabuze gusambana. Uko kwanga ko hagira umuntu ubabona bagura agakingirizo bituma bamwe mu bayoboke b’amadini bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Urugaga rw’abikorera rurashishikariza abikorera bo mu ntara y’uburasirazuba kujya bagana ikigo mpuzamahanga cy’ubukemurampaka cya Kigali (KIAC) igihe bagize ibibazo by’impaka mu bucuruzi. Icyo kigo ngo gikemura ibibazo by’impaka z’ubucuruzi vuba kurusha uko byakemukira mu nkiko.
Kuri uyu munsi isi yose yizihiza umunsi wahariwe umwana w’umukobwa, rumwe mu rubyiruko rw’abakobwa ruri mu mashuri ruragaya bagenzi babo batagerageza gutera intambwe yo gushaka uko bakwiteza imbere, ahubwo bagategereza ko hari uwabibakorera.
Amabati 4020 n’imisumari ibiro 536 Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) yageneye abashejeshwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi byibasiye akarere ka Nyabihu muri uyu mwaka byagejejwe ku biro by’akarere.
Abagize akanama gashinzwe umutekano ku isi barahuye tariki 10/10/2012 bagamije kuganira uburyo ikibazo cy’intambara hagati ya Leta ya Congo na M23 cyabonerwa igisubizo binyuze mu biganiro.
Umushinga wihaye guteza imbere igihingwa cy’ikijumba ku isi hose (SASHA) watangiye igikorwa cyo guteza imbere iki gihingwa mu Rwanda, wigisha kandi unafasha abaturage kubibyaza umusaruro kuburyo buteye imbere.
Abaturage b’umurenge wa Rwabicuma wo mu karere ka Nyanza n’ubuyobozi bw’uwo murenge ntibavuga rumwe ku kibazo cy’abangiza ry’amateme atuma imwe mu mihanda ibahuza n’indi mirenge itaba nyabagendwa.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, yizeye ko ikipe ye yiganjemo bakinnyi bakiri bato izitwara neza ikavana intsinzi mu mukino wa gicuti uzayihuza na Mamibia ku wa gatandatu tariki 13/10/2012 i Windhoek.
Abaturage bangirijwe imitungo yabo n’inyamaswa zituruka mu mapariki yo mu Rwanda baratangira kwishyurwa indishyi n’impozamarira bagenewe uyu munsi kuwa 11 Ukwakira, mu gikorwa kiri butangirizwe i Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.