Kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 nibwo Kapiteni w’ikipe y’igihugu (Amavubi), Olivier Karekezi, yahagurutse i Kigali yerekeza muri Tuniziya aho agiye gukinira ikipe ye nshya Club Atletique de Bizertin iherereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Akarere ka Gasabo kahuguye bamwe mu baturage bazagafasha kurwanya ibiyobyabwenge, hifashishijwe kwigisha bagenzi babo mu midugudu batuyemo, gahunda ya Leta yiswe “ijisho ry’umuturanyi”.
Amafilime yatoranijwe mu iserukiramuco rya sinema za gikristu agiye kwerekanwa hirya no hino mu gihugu kugira ngo Abanyarwanda babone umwanya wo kubaza ibibazo kuri filime beretswe banasobanurirwe byinshi kuri iri serukiramuco.
Perezida Paul Kagame ategerejwe mu gihugu cya Nigeria kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 mu bikorwa by’ubutwererane bw’ibihugu byombi bushingiye ku burezi, igisirikare n’abashoramari.
Kuwa gatatu tariki 07/11/2012, imodoka ikurura izindi ifite Puraki zo mu gihugu cya Tanzaniya T441CBN na T963, yaguye ahitwa Kayumbu mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi, abaturage bahita bihutira gutabara umushoferi kuko yari yahezemo.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa nyafurika ribera muri Burkina Faso, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012, Umunyarwanda Valens Ndayisenga yegukanye umwanya wa gatanu mu gusiganwa ku giti cye (course contre la montre individuel) mu batarengeje imyaka 18.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yafashe umwanzuro ubuza amashuri ya Leta, cyangwa agengwa na Leta, kwishyiriraho ibiciro by’amafaranga y’ishuri, isaba uturere kuba aritwo tuzajya twemeza ibyo biciro.
Ubwo umuhanzi Senior Sgt Robert Kabera yataramiraga abatuye akarere ka Muhanga ku munsi wo gusoza icyumweru cyahariwe umuryango kuri uyu wa 08/11/2012, abatari bake barenzwe n’ibyishimo buzura imyuka ku bw’indirimo “Impanda”.
Urubanza umuhanzikazi Cecile Kayirebwa aregamo amaradiyo atandukanye gukoresha indirimbo ze mu buryo bunyuranije n’amategeko kuko nta masezerano bagiranye rwatangiye kuburanishwa mu mizi guhera kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012.
Mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barashima Leta yegereje abaturage ubuyobozi bikaba byarabahaye uburyo bwiza bwo kwikemurira ibibazo bihereye ku rwego rw’umudugudu.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda arasaba Abanyarwanda bose gushyira hamwe bakarwanya ibibazo bicyugarije umuryango nyarwanda mu rwego rwo gukomeza kubaka u Rwanda rwiza rw’ejo hazaza.
Ayinkamiye Francine w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yibarutse abana batatu b’abakobwa mu bitaro bya Gihundwe ahagana saa moya zijoro zo kuwa 07/11/2012.
Tariki 05/11/2012, icyiciro cya kane kigizwe n’abana 70 bigaga mu ishuri Wisdon Nursery and Primary School, riherereye mu murenge wa Cyuve, akarere ka Musanze bahawe impamyabumenyi.
Mu myaka ine iri imbere umujyi wa Kigali ugiye kwibanda ku byiciro bitatu birimo gukumira abishora mu buraya no gufasha ababukora mu buryo bw’amaburakindi, mu rwego rwo kurwanya ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Mu gihe kwiyandikisha mu marushanwa ya Rwandan Premier Models Competition 1st Edition byasabaga kuba ufite hagati y’imyaka 18 kugeza kuri 25, ubu bazamuye bageza ku myaka 30. Uburebure busabwa buracyari cm 175 .
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu bavuga ko banze kwiba no gukora indi myuga igayitse ahubwo bahitamo guhonda amabuye bakayagurisha bakabona amaramuko.
Mu minsi mike iri imbere akarere ka Nyamagabe karaba kujuje ibagiro rya kijyambere rigenewe kuzajya rutunganyirizwamo inyama z’ingurube zimenyerewe ku izina ry’“akabenzi”, mu gihe hari amakuru yavugwaga ko bajyaga bazitunganyiriza mu ishyamba.
Protegene Alias Nyabunyoni wo mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi azira kwica imbwa n’urukwavu by’iwabo tariki 07/11/2012.
Guverineri w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse, arahamagarira Abanyaruhango kwiyubakamo umuryango muzima, kuko Abanyarwanda ntibazigera bagira umuryano mugari mu gihe bitahereye mu muryango muto.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu tugari tune tugize umurenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, tariki 07/11/2012, bizihije isabukuru y’imyaka 25 uwo muryango umaze uvutse. Ku rwego rw’igihugu isabukuru izizihizwa tariki 15/12/2012.
Umunyakenyakazi witwa Millicent Owuor yise abana be b’impanga Barack na Mitt (amazina y’abagabo bahataniraga kuyobora Amerika mu matora yabaye tariki 06/11/2012) ngo kuko yashaka kuzahora yibuka ko yabyaye Barack Obama yatsindiye kuyobora Amerika, kandi akaba afata Obama nk’Umunyakenya.
Umwanditsi w’Umunyarwanda witwa Scolastique Mukasonga, kuri uyu wa 07/11/2012, yashyikirijwe igihembo cyitiriwe Renaudot kubera igitabo yanditse cyitwa “Notre Dame du Nil”.
Kuwa gatanu tariki 09/11/2012 Knowless azataramira abakunzi be kuri Quelque Part. Kuwa gatandatu azataramira ahitwa Zaga Nuty Club ku Kimisagara hafi ya Maison des Jeunes naho ku cyumweru akazataramira kuri Top Chef Nyabugogo.
Mukeshamungu Felicita utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko kokora ingurube bimufite akamaro kuburyo byatumye yikura mu bukene maze imibereho yo mu rugo ikazamuka.
Mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza guheka umurwayi mu ngobyi ya kinyarwanda bimaze kwibagirana muri ako gace bitewe n’imbangukiragutabara abaturage baho biguriye.
Kuri uyu wa 07/11/2012, ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Cyabingo kiri mu karere ka Gakenke hatangijwe gahunda yo gukangurira abanyeshuri kwirinda indwara y’igituntu.
Ku rutonde rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwasohotse tariki 07/11/2012, U Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri aho rwavuye ku mwanya wa 124 rugera ku mwanya wa 122.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arakangurira abashoramari gushora imari mu kubaka amacumbi hafi y’amashuri makuru na kaminuza, aya mashuri agifite ikibazo cy’amacumbi y’abanyeshuri.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa nyafurika ririmo kubera i Ouagadougou muri Burkina Faso, kuri uyu wa gatatu tariki 07/11/2012, ikipe y’u Rwanda yafashe umwanya wa karindwi mu gusiganwa habarwa ibihe buri kipe yakoresheje (course contre la montre).
Rosarie Yambabariye utuye mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga, umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe, yatwitse amaboko y’umwana we w’umuhungu wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza amuziza ko yamusuzuguye akanga gutunganya ibishyimbo bagombaga guteka.
Nyuma y’igihe kinini shampiyona ya Basketball mu rwego rw’abagore yaratinze gutangira, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) yatangaje ko izatangira tariki 18 /11/2012.
Mutokambali Moise wakurikiranaga ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe y’igihugu (Team Manager) ni we wagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo mu mukino wa basketball akaba yungirijwe na John Bahufite usanzwe atoza Espoir Basketball Club.
Ubufatanye hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera bwemeje ishyirwaho ry’inzego ziswe sector skills councils (SSC) zishinzwe gutanga ubumenyi mu byiciro by’ubukungu binyuranye, kigira ngo u Rwanda rubone abenegihugu benshi kandi bashoboye guhatana ku isoko ry’umurimo.
Abahinzi b’imyumbati bo mu karere ka Bugesera barasaba kugezwaho ifumbire nshya y’amazi yitwa D.I Grow kuko ari ifumbire y’umwimerere kurusha andi mafumbire asanzwe akoreshwa.
Ibigo 11 by’amashuli yisumbuye byo mu karere ka Nyanza bikunze guhura n’ikibazo cy’ihungabana rituruka ku ngaruka za Jenoside byatangiye guhabwa amahugurwa y’uburyo bwo kurirwanya no kurikumira.
Abasirikare bane bo mu mutwe wa FDLR barimo ba Premier sergent babiri, sergent umwe na sordat umwe bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere batahutse ku mugoroba wo kuwa 06/11/2012.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yashyize ahagaragara urubuga rwa internet rugamije gufasha abashaka ibyangombwa byo gutangiza ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Dr Harebamungu Mathias, nyiyemeranywa n’abavuka gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (9YBE) ntacyo busigira abana kubera ko biga ari benshi.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije intsinzi Perezida Obama ariko yongeraho ko yibutsa Abanyafurika gukora cyane mu kuzamura ubukungu no kwikura mu bibazo bafite kuko nta wundi uzabibacyemurira.
Itsinda Dream Boys ryatanze ubunani ku banyeshuri bose yaba abo mu mashuri yisumbuye ndetse na za kaminuza bazitabira ibitaramo byo kumurika alubumu yabo “Uzambarize Mama” mu mpera z’iki cyumweru.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Muhanga tariki 03/11/2012, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yatunguwe no kubona ahantu henshi yaciye hahinze insina zidafite icyo zeraho.
Akarere ka Ruhango kari mu turere tukiri inyuma mu gukoresha ifumbire bigatuma umusaruro utiyongera nk’uko bikwiye.Aka karere kari gakwiye gukoresha toni 300 z’ifumbire buri gihembwe, ariko gakoresha toni 55 gusa.
Inoti ziriho ifoto y’umukambwe Nelson Madiba Mandela wayoboye icyo gihugu nyuma yo kumara imyaka 27 mu gihome kubera kurwanya ivangura rishingiye ku ruhu rizwi nka apartheid zatangiye gukoreshwa mu gihugu cy’Afurika y’Epfo tariki 06/11/2012.
Umukecuru utuye mu karere ka Rulindo yemeza ko kuba amaze imyaka 10 abana n’agakoko gatera SIDA kandi akaba yumva agifite imbaraga byaratewe no kwipimisha kare akamenya uko abyitwaramo.
Karangwa Gerald w’imyaka 41 yagonganye na moto yari itwawe na Irikure Paul ku mugoroba wa tariki 05/11/2012, mu murenge wa Bweramana ajyanwa mu bitaro bya Gitwe nyuma yitaba Imana tariki 06/11/2012.
Mu gihugu cy’u Bushinwa mu gace ka Xuzhou, mu Ntara ya Jiangsu hafatiwe imodoka ipakiye injangwe 500 zijyanywe kuri resitora kugira ngo zibagwe zigaburirwe abayigana.
Prezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yatsindiye kongera kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’imyaka ine mu matora yari ahanganyemo n’umukandida w’ishyaka ry’Abarepubulika, Mitt Rommey.
Umubyeyi witwa Kamucyera Belancile utuye mu mudugudu wa Buvumo, akagari ka Mukoto, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo arwaye indwara yo kubwimba amaguru amaranye imyaka 18 ariko kugeza n’ubu yaburiwe umuti.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’inzego z’umutekano bahuye n’abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana na Mudende, tariki 06/11/2012, bishimira imikoranire n’ingabo z’igihugu ndetse banahumurizwa ko nta mpamvu yo kugira ubwoba kuko barindiwe umutekano.