Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Kigoya, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatanu tariki 02/11/2012 bijihije isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse boroza bagenzi babo amatungo agera ku 124.
Umugabo witwa Kieti Mwangangi wo muri Kenya yatahuweho ko yari amaranye umurambo w’umwana we iminsi 10 yaranze kumushyingura ategereje ko azazuka akongera akaba muzima.
Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, kuri uyu wa 02/11/2012, mu karere ka Rwamagana habaye isiganwa ku maguru no ku magare ryitabiriwe n’abasore 54 n’abakobwa 24.
Abapolisi birukaniwe gutereka ubwanwa bigaragambirije imbere ya minisiteri ishinzwe umutekano mu gihugu cya Misiri basaba Perezida Mohamed Mursi kubarenganura akabasubiza mu kazi kabo.
Myugariro w’ikipe y’igihugu ya Benin, Khaled Adenonk, wahagaritswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA kubera kurwana mu mukino wahuje u Rwanda na Benin i Kigali, yatangaje ko azaburana kugeza atsinze.
Mu gihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika zasohowe filime yitwa Rising From Ashes ivuga ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Team Rwanda) y’umukino wo gusiganwa ku magare.
Umukobwa witwa Muhimpundu Jacqueline uzwi ku izina rya “Manyobwa” utuye mu Kagali ka Burimba mu Murenge wa Rushashi Akarere ka Gakenke afite umubyibuho udasanzwe kuko apima ibiro 100 kandi afite imyaka 10 y’amavuko.
Ubwo Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC), Mukaruriza Monique yasuraga umupaka wa Rusumo tariki 01/11/2012 byagaragaye ko ku ruhande rw’u Rwanda imirimo yihuta kurusha ku ruhande rwa Tanzaniya.
Umutoza wa Kiyovu Sport, Kayiranga Baptitse, yihaye intego yo gutsinda Rayon Sport mu rwego rwo gukomeza kuza ku isonga muri shampiyona, no kugaragaza ko Kiyovu Sports idatsinda amakipe matoya gusa, ahubwo ko ihangara n’ay’ibihangange.
Abasore 68 bakekwaho ubujura batawe muri yombi na Polisi y’igihugu mu mukwabu yakoze mu Mujyi wa Kigali mu duce twa Nyabugogo na Gatsata tariki 01/11/2012.
Gahimano Alexis w’imyaka 28 yarasiwe mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana ku gicamunsi cya tariki 01/11/2012 ubwo yafataga umupolisi ashaka kumwambura imbunda.
Umuhanzi w’Umufaransa uririmba mu njyana ya Soul na R&B, Amel Bent, avuga ko atishimira kuba Umufaransa nubwo ari cyo gihugu yavukiyemo tariki 21/06/1985 ku babyeyi bafite inkomokoku ku gabane wa Afurika.
Hashize iminsi 2 abanyamahanga batuye mu Rwanda bakorerwa ibarura rigamije kubaha ibyangobwa bizaborohereza gutura mu Rwanda nta rundi rwikekwe.
Abagabo bane bafungiwe kuri station ya Polisi ya Shyorongi mu karere ka Rulindo bakekwaho kwesikoroka umusaza witwa Munyeragwe Andre utuye mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo, bamubeshya ko ari abakozi ba societe y’itumanaho Airtel.
Abakozi ba Mituweri ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bari mu muryango FPR-Inkotanyi, tariki 01/11/2012, bijihije isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe babijyanisha no gufasha abarwayi b’abakene barwariye mu bitaro bikuru by’iyi Kaminuza.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, arakangurira abyeyi bo muri ako karere kwitabira amarerero kuko ari ahantu hazabafasha kuzamura uburere bw’abana babo, ndetse bikanabarinda kuhigira imico mibi, cyangwa kuba bahohoterwa.
Sebanani André yavutse mu 1952, avukira mu cyahoze ari Komini Kigoma Perefegitura Gitarama, ubu akaba ari Akarere ka Nyanza, Intara y’Amajyepfo. Yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’urugaga rw’abikorera (PSF) bemeza ko icyuho cyo kubura abakozi n’ubukungu buri ku kigero cyo hasi mu Rwanda biterwa ahanini no kutagira abakozi bafite ubumenyingiro buhagije.
Abantu hafi 10 baguwe gitumo n’ubuyobozi barimo kunywa inzoga mu masaha y’akazi tariki 01/11/2012 mu kagari ka Nyarusazi ho mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi.
Ikigo cya COBANGA (College Baptiste de Ngarama) giherereye mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo ni kimwe mu bigo byigenga bititabira imikino muri ako karere kubera ko hari ikibuga kimwe gusa nacyo cya Volleyball.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirijwe amadosiye 71558 y’abantu baciriwe imanza na Gacaca badahari bakaba bagomba gukurikiranwa n’ubushinjacyaha. Ubushinjacyaha burimo kwiga ayo madosiye kugirango hasohorwe impapuro zo kubata muri yombi.
Abaturiye ikiyaga cya Burera bavuga ko icyo kiyaga gifite ubujyakuzimu burebure ku buryo iyo bagiye kuroba amafi arimo yigira hasi ntiyogere hejuru bigatuma batayaroba, bagira n’ayo baroba akaza ari mato kandi ari na make.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse ukomoka mu karere ka Nyagatare yakubitiwe mu karere ka Muhanga n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira ku wa gatatu tariki 31/10/2012 ubu akaba ari mu bitaro bya Kabgayi.
Mu gitondo cyo kuri uyu kane tariki 01/11/2012, umukozi ukora kuri gishe (guiche) ya banki y’abaturage ishami rya Musanze, yatorokanye amafaranga miliyoni 13 ahita ahungira muri Uganda.
Abanyeshuli bo mu mwaka wa kabiri bo mu rwunge rw’amashuli rwa Runyinya ntibashoboye gukora ikizamini cy’amateka tariki 26/10/2012 kubera ko abarimu banze kugitanga batari bahabwa agahimbazamusyi bemerewe n’ababyeyi.
Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Kayonza, Munyabuhoro Ignace Camarade, avuga ko hari imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe mu myobo yacukurwagamo gasegereti mbere ya Jenoside, ubu bikaba byarananiranye kuyikuramo.
Binyuze muri gahunda yihariye yo guteza imbere umwarimu no kuzamura imibereho ye, amafaranga yagenerwaga ikigega Umwalimu-SACCO, uyu mwaka yashizwe miliyari eshanu avuye kuri miliyoni 500 iki kigega cyabonaga buri mwaka.
Nyirabazungu Fortunée w’imyaka 34 wari utuye mu kagari ka Bahuro, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bamusanze mu nzu ye yitabye Imana tariki 31/10/2012 ariko kugeza ubu abamwishe ntibaramenyekana.
Impugucye mu by’ubukungu ku mugabane w’Afurika ziteraniye mu Rwanda ziragaragaza ko umugabane w’Afurika wagombye kugabanya inkunga ugenerwa n’ibihugu byateye imbere ahubwo ugatangira kubyaza umusaruro amahirwe ufite mu kongera ubukungu binyuze mu banyagihugu.
Abantu 20 batuye mu gice cy’icyaro cyo mu majyaruguru y’igihugu cya Nigeria bishwe n’abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe wa Boko Haram mu rukerera rwa tariki 30/10/2012.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ryo gutora aberekana imideli ba mbere (Premier Models) mu bakobwa n’abahungu ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yiswe “Rwandan Premier Models Competition 1st edition”.
Kuri uyu wa kane tariki 01/11/2012, Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY Aimable Bayingana barasura abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bari mu myitozo i Musanze bitegura kwerekeza mu isiganwa rizabera Ouagadougou muri Burkina Faso.
Mutabazi Celestin wo mu murenge wa Kazo ushijwa gutemagura abana be babiri tariki 19/10/2012 umwe agahita yitaba Imana undi akajyanwa mu bitaro bikuru bya CHUK, ubwo yageraga mu rukiko yemeye icyaha.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abaturage batuye akarere ka Nyamasheke gukoresha neza ubutaka bwabo baburinda isuri kuko ari bwo butunzi fatizo bwabageza ku iterambere rirambye.
Dukuzumuremyi Viateur, nyiri studiyo Panorama ikorera mu mujyi wa Gakenke, atangaza ko studiyo ye yamufashije kubaka inzu y’ubucuruzi ifite agaciro ka miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro bwasezeranyije imiryango 101 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko ku wa gatatu tariki 31/10/2012.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi mu bihe bitandukanye abantu bane bakomoka mu turere dutandukanye mu gihugu mu mukwabu wo guhashya ibiyobyabwenge wabaye tariki 01/11/2012.
Mu banyeshuri 151 ba Institut Superieur Pédagogique de Gitwe bari banze gukora ikizami cya Leta, abagera kuri 50 baje gusa imbabazi ngo bapfe gukora ibizami bisigaye, ariko ubuyobozi bubabwira ko batabifitiye ubushobozi.
Umwarimu witwa Nexon wo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi arashinjwa gutera inda abanyeshuri babiri yigishaga isomo ry’amateka ku rwunge rw’amashuri rwa Bugumira.
Ku gicamunsi cya tariki 31/10/2012 imodoka ya sosiyete y’itumanaho ya TIGO yakoze impanuka mu muhanda uva ku karere ka Nyamasheke werekeza ahitwa ku Buhinga, hafi y’ibiro by’umurenge wa Bushekeri ariko nta wahasize ubuzima.
Inama y’abaminisitiri yabaye taliki 31/10/2012 yifatanyije n’Abanyarwanda babuze ababo mu turere twa Kicukiro, Rusizi, Rubavu na Rutsiro kubera ibiza byabibasiye bitewe n’imvura yaguye taliki 30/10/2012.
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo akaba yarabaye n’umuhuza hagati ya CNDP hamwe na Leta ya Congo muri 2009 avuga ko iyo imyanzuro yafashwe mu mishyikirano yahuje impande zombi ishyirwa mu bikorwa nta ntambara iba iri muri Congo.
Minisiteri ishinzwe umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba ( MINEAC) igiye kurushaho kuyimenyesha abakiri bato ihereye mu bigo by’amashuli yisumbuye 60 azwiho kuba ari indashyikirwa kurusha ayandi mu Rwanda.
Umuryango wa Birabura Jean Marie Vianney ugizwe n’abantu 10, wari utuye ahitwa ku Kinamba mu kagari k’Amahoro mu murenge wa Muhima, ubu nta hantu ufite ucumbika nyuma yo kugwirwa n’inzu bitewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 30/10/2012.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze gushyira imbaraga nyinshi mu kurwanya isuri nk’uko bazishyize mu kurwanya ubukene.
Habonetse imirambo y’abantu batatu bishwe n’imvura yaguye mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 30/10/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aratangaza ko kuba umujyi wa Ngoma uri mu mijyi ikiri inyuma mu majyambere biterwa nuko abayituye bakiziritswe n’imyumvire ya kera ndetse bakaba bataritabira gukoresha inguzanyo z’ibigo by’imari ku buryo bushimishije.
Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 itsinda Urban Boys rizataramira abakunzi babo kuri Sky Hotel naho ku cyumweru tariki 04/11/2012 bakazaba bari kuri Top Chef Nyabugogo. Iri tsinda rizaririmba indirimbo zakunzwe cyane nka Sipiriyani, Take it off, Gira icyo uvuga n’izindi nyinshi.