Ku rutonde rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwasohotse tariki 07/11/2012, U Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri aho rwavuye ku mwanya wa 124 rugera ku mwanya wa 122.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arakangurira abashoramari gushora imari mu kubaka amacumbi hafi y’amashuri makuru na kaminuza, aya mashuri agifite ikibazo cy’amacumbi y’abanyeshuri.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa nyafurika ririmo kubera i Ouagadougou muri Burkina Faso, kuri uyu wa gatatu tariki 07/11/2012, ikipe y’u Rwanda yafashe umwanya wa karindwi mu gusiganwa habarwa ibihe buri kipe yakoresheje (course contre la montre).
Rosarie Yambabariye utuye mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga, umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe, yatwitse amaboko y’umwana we w’umuhungu wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza amuziza ko yamusuzuguye akanga gutunganya ibishyimbo bagombaga guteka.
Nyuma y’igihe kinini shampiyona ya Basketball mu rwego rw’abagore yaratinze gutangira, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) yatangaje ko izatangira tariki 18 /11/2012.
Mutokambali Moise wakurikiranaga ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe y’igihugu (Team Manager) ni we wagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo mu mukino wa basketball akaba yungirijwe na John Bahufite usanzwe atoza Espoir Basketball Club.
Ubufatanye hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera bwemeje ishyirwaho ry’inzego ziswe sector skills councils (SSC) zishinzwe gutanga ubumenyi mu byiciro by’ubukungu binyuranye, kigira ngo u Rwanda rubone abenegihugu benshi kandi bashoboye guhatana ku isoko ry’umurimo.
Abahinzi b’imyumbati bo mu karere ka Bugesera barasaba kugezwaho ifumbire nshya y’amazi yitwa D.I Grow kuko ari ifumbire y’umwimerere kurusha andi mafumbire asanzwe akoreshwa.
Ibigo 11 by’amashuli yisumbuye byo mu karere ka Nyanza bikunze guhura n’ikibazo cy’ihungabana rituruka ku ngaruka za Jenoside byatangiye guhabwa amahugurwa y’uburyo bwo kurirwanya no kurikumira.
Abasirikare bane bo mu mutwe wa FDLR barimo ba Premier sergent babiri, sergent umwe na sordat umwe bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere batahutse ku mugoroba wo kuwa 06/11/2012.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yashyize ahagaragara urubuga rwa internet rugamije gufasha abashaka ibyangombwa byo gutangiza ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Dr Harebamungu Mathias, nyiyemeranywa n’abavuka gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (9YBE) ntacyo busigira abana kubera ko biga ari benshi.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije intsinzi Perezida Obama ariko yongeraho ko yibutsa Abanyafurika gukora cyane mu kuzamura ubukungu no kwikura mu bibazo bafite kuko nta wundi uzabibacyemurira.
Itsinda Dream Boys ryatanze ubunani ku banyeshuri bose yaba abo mu mashuri yisumbuye ndetse na za kaminuza bazitabira ibitaramo byo kumurika alubumu yabo “Uzambarize Mama” mu mpera z’iki cyumweru.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Muhanga tariki 03/11/2012, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yatunguwe no kubona ahantu henshi yaciye hahinze insina zidafite icyo zeraho.
Akarere ka Ruhango kari mu turere tukiri inyuma mu gukoresha ifumbire bigatuma umusaruro utiyongera nk’uko bikwiye.Aka karere kari gakwiye gukoresha toni 300 z’ifumbire buri gihembwe, ariko gakoresha toni 55 gusa.
Inoti ziriho ifoto y’umukambwe Nelson Madiba Mandela wayoboye icyo gihugu nyuma yo kumara imyaka 27 mu gihome kubera kurwanya ivangura rishingiye ku ruhu rizwi nka apartheid zatangiye gukoreshwa mu gihugu cy’Afurika y’Epfo tariki 06/11/2012.
Umukecuru utuye mu karere ka Rulindo yemeza ko kuba amaze imyaka 10 abana n’agakoko gatera SIDA kandi akaba yumva agifite imbaraga byaratewe no kwipimisha kare akamenya uko abyitwaramo.
Karangwa Gerald w’imyaka 41 yagonganye na moto yari itwawe na Irikure Paul ku mugoroba wa tariki 05/11/2012, mu murenge wa Bweramana ajyanwa mu bitaro bya Gitwe nyuma yitaba Imana tariki 06/11/2012.
Mu gihugu cy’u Bushinwa mu gace ka Xuzhou, mu Ntara ya Jiangsu hafatiwe imodoka ipakiye injangwe 500 zijyanywe kuri resitora kugira ngo zibagwe zigaburirwe abayigana.
Prezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yatsindiye kongera kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’imyaka ine mu matora yari ahanganyemo n’umukandida w’ishyaka ry’Abarepubulika, Mitt Rommey.
Umubyeyi witwa Kamucyera Belancile utuye mu mudugudu wa Buvumo, akagari ka Mukoto, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo arwaye indwara yo kubwimba amaguru amaranye imyaka 18 ariko kugeza n’ubu yaburiwe umuti.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’inzego z’umutekano bahuye n’abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana na Mudende, tariki 06/11/2012, bishimira imikoranire n’ingabo z’igihugu ndetse banahumurizwa ko nta mpamvu yo kugira ubwoba kuko barindiwe umutekano.
Umwana w’umukobwa witwa Scovio wari mu kigero cy’imyaka 14 yahitanwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu kagari ka Jaba, umurenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu tariki 06/11/2012 abandi bane barakomereka.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) yasohoye itangazo risaba abaturage barebwa n’ibibazo byasizwe n’inkiko Gacaca kumenya ko bagomba kugana inkiko zisanzwe ndetse n’inteko z’abunzi kugirango zibibakemurire.
Umugabo w’imyaka 50 wo mu murenge wa Rugendabari ho mu karere ka Muhanga yahitanywe n’inyama tariki 04/11/2012.
Umugore witwa Uwamariya Chantal w’imyaka 24 wari utwite inda y’amezi atatu anahetse undi mwana w’imyaka ibiri n’igice, bishwe n’umugezi wa Satintsyi tariki 04/11/2012 ubwo uwo mugore yageragezaga kuwambuka n’amaguru.
Nsekanabanga Gaspard w’imyaka24 na Kalisa bo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi bafatanwe imifuka ibiri y’urumogi barutwaye mu mudoka y’ivatiri mu ma saa ambiri z’amugitondo tariki 06/11/2012.
Jean Paul Twizerimana yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare akekwaho kwica Maurice Habiyambere w’imyaka 18 amuteye icyuma.
Gukuraho umuco wo kumva ko kwizigamira ari iby’abafite amafaranga menshi, kongera umutungo no kongera amafaranga azigamwa n’abanyamuryango ni zimwe mu ngamba zafatiwe mu nama rusange ya Zigama CSS yateranye kuri uyu wa 06/11/2012.
Impuguke zavuye hirya no hino ku isi zemeje ko intambara mu burasirazuba bwa Kongo-Kinshasa iterwa n’ubukoroni ibihugu byanyuzemo, aho guterwa n’u Rwanda, nk’uko raporo z’imiryango mpuzamahanga zagiye zibyemeza.
Umushinga wo guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bugamije gufasha abantu basezerewe mu ngabo n’abandi bafite ubumuga ECOPD) wahaye inkunga y’ibikoresho bitandukanye ingabo n’abafite ubumuga bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ko bwafashwa mu kongera amashyamba mu gace k’Amayaga kari muri aka karere kuko bigaragara ko hasigaye inyuma mu byerekeranye n’ibidukikije.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanslas Kamanzi, arasaba ko buri Munyarwanda wese yagira uruhare mu kumva ko nta butaka bw’u Rwanda bwaba aho butabyazwa umusaruro.
Ubwo Tonzi yamurikaga alubumu ye yise « Izina ryiza » ku cyumweru tariki 04/11/2012 abari bahari bose bishimiye bidasubirwaho ibyahabereye.
Bwa mbere, Suwedi igiye kuburanisha Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Urubanza nyirizina rw’uwo muntu utatangajwe amazina ruzatangira tariki 16/11/2012.
Babifashijwemo na Diyoseze Gatorika ya Cyangugu ishami rishinzwe uburezi gatorika, ishuri ryisumbuye GS St Bruno de Gihundwe mu karere ka Rusizi ryatangiye umubano na Ecole Saint Micheal Alicange ryo mu Burundi mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi ryifashe mu bihugu duhana imbibe.
(*Abagabo bigira intare mu ngo biterwa n’iki ?) Mambo vipi? (Amakuru ki?) Wangu, zari zinyuzemo ukuntu… (hari haciye iminsi), ninezere ko mumeze powa (neza), nanjye tu ndateratera kuri za mvune z’abahanzi… (ndaho bisanzwe ndagerageza)
Abanyeshuri basaga ibihumbi 178 baritabira ibizamini bisoza amashuri abanza bvyatangiye kuri uyu wa kabiri tariki 06/11/2012 mu gihugu cyose; nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB).
Ubwo yatangizaga imirimo yo kubaka umudugudu mu murenge wa Rongi, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yagaragaje ko abaturage bakwiye kumva ko ibyo Leta iri gukora ari ukubarinda ibiza bishobora guterwa n’imiterere y’aho batuye.
Uwizeyimana Louise w’imyaka 38 utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ahohoterwa nabo mu muryango yashyingiwemo bavuga ko yaje kuca umuryango kuko mu mbyaro enye zose nta muhungu n’umwe urimo.
Modeste Kennedy Hakizimana ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 uba mu Bwongereza asigaye atwara tagisi mu mujyi wa London ariko ngo ntiyakoherezwa mu Rwanda kubera ko yahawe uburenganzira bwo kuguma muri icyo gihugu.
Minsitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, yashyize ahagaragara amabwiriza mashya agaragaza imirongo ngenderwaho mu gutunganya umuceri ndetse no kuwucuruza mu rwego rwo kugenzura neza ibijyanye n’ikwirakwira ry’umuceri haba uturuka hanze ndetse n’ukorerwa mu Rwanda.
Komisiyo ishinzwe uburezi, ikoranabuhanga n’urubyiruko y’umutwe w’abadepite, yiyemeje gukorera ubuvugizi abiga imyuga n’ubumenyingiro kugira ngo bazageze u Rwanda ku cyerekezo 2020, no ku rugero rw’ibihugu bifite ubukungu buciriritse (middle income generating countries).
Kompanyi ya RwandAir yakiriye indi ndege nshya ya kabiri yo mu bwoko bwa Bombaridier CRJ-900 Next-Generation, mu rwego rwo gukomeza kunoza imikorere yayo; nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wayo, John Mirenge.
Abaturage bo mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera, batangaza ko kuva aho umuriro w’amashanyarazi ugereye mu murenge wabo wabakemuriye byinshi kuburyo nk’ibyo bajyaga gukorera kure basigaye babikorera hafi yabo.
Muri iki gice kuzabagezaho imibare bafatiraho kugira umuganga yemeze ko umuntu arwaye indwara y’umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension). Turavuga kuri hypertension idafite ikiyitera kizwi iyo bita primary (essential) hypertension.
Ubwo abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagere bari mu rugendo berekeza i Ouagadougou muri Burkina Faso mu isiganwa nyafurika, bataye imitwaro yabo irimo n’amagare ku kibuga cy’indege cya Addis Ababa muri Ethiopia.