Djabiri Mutarambirwa ukina hagati mu ikipe ya Kiyovu Sport yahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’igihe kirekire asaba ko yahamagarwa, dore ko atahwemye kugaragaza ko ari umwe mu bakinnyi beza bakina hagati mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 05/11/2012, abakinnyi 24 b’ikipe y’igihugu Amavubi batangiye umwiherero w’imyitozo bitegura gukina umukino wa gicuti na Nambina ndetse n’imikino y’igikombe cya CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki 24/11/2012.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), kirategura inama izaba kuri uyu wa kabiri tariki 06 -07/07/2012, izaba yiga ku muti nyawo wafasha mu kugarura amahoro muri Afurika.
Umusaza Kagurusu Protais w’imyaka 70 amze imyaka 14 ubuzima bwe abukesha abanyeshuri bo muri ES Kigarama bishyirahamwe bakamufasha kuko ngo ari incike, atagishoboye gukora kandi akaba yibana wenyine.
Mukabunani Christine uyobora ishyaka PS-Imberakuri niwe munyapolitiki wo mu Rwanda watoranyijwe kujya gukurikirana amatora ya Perezida ateganyijwe kuri uyu wa kabiri tariki 06/10/2012.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Busasamana bavuga ko ibikorwa by’ubusahuzi n’ihohoterwa bakorerwa n’ingabo za Congo bikorwa n’abavuga Ikinyarwanda bacyeka ko ari abarwanyi ba FDLR binjijwe mu gisirikare cya Congo.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego u Rwanda rwihaye ko mu mwaka wa 2017 60% by’abanyeshuri bazajya barangiza amashuri yisumbuye bazaba barangije mu mashuri y’ubumenyi ngiro, ikigo cya E.S Kigarama cyahindutse ishuri ryigiha imyuga.
Umushinga wo gutunganya pariki ya Nyungwe ku buryo abayisura babasha kubona ibiyirimo byose bari mu kirere batabangamiye inyamaswa n’ibimera nyaburanga watsindiye igihembo ku rwego rw’isi mu irushanwa ryateguwe n’ikigo The British Guild of Travel Writers.
Ku mugoroba wa tariki 02/11/2012 ubwo abana bari bagiye gutashya mu gashyamba kari hejuru ya Bralirwa mu karere ka Karongi aho bita mubagasirika, babonye umusore n’inkumi barimo kwivura umusonga ariko ntibamenya ibyo ari byo bagirango ni imirambo.
Police FC yabonye amanota atatu y’umunsi wa munani wa shampiyona bigoranye nyuma yo gutsinda Etincelles ibitego 3-2 mu mukino waranzwe n’ishyaka ryinshi wabereye ku Kicukiro ku cyumweru tariki 04/11/2012.
Umugabo witwa Kanuma Kasiyani w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Gikuyu, akagari ka Ninzi, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yatezwe n’agatsiko k’abantu baramukubita bamuhindura intere, agobokwa n’inzego zishinzwe umutekano.
Mu gihe bikomeje kuvugwa ko ishuri Ecole Secondaire Sainte Trinite Ruhango (ESSTR) ritagaburira neza ndetse ntirinigishe abanyeshuri neza, ubuyobozi bw’iri shuri burabihakana ahubwo bukavuga ko hari abarezi bigometse ku buyobozi bashaka guharabika isura y’ikigo.
Umuhanzi James Ruhumuriza uzwi ku izina rya King James, kuwa gatanu tariki 02/11/2012 yashyize hanze indirimbo ye itari iy’urukundo yise “Abubu”.
Umuryango wa Ally Soudy wasezeye ku nshuti n’abavandimwe kubera ko kuri uyu wa kabiri tariki 06/11/2012 bazerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari naho bagiye gutura.
Mu ijoro rishyira tariki 04/11/2012, nibwo umusore witwa Ngendahayo Methode ukurikiranyweho kwiba banki y’abaturage ishami rya Musanze yakoreraga yatawe muri yombi, maze ashyikirizwa polisi y’igihugu ishami rya Muhoza aho afungiye.
Obed w’imyaka 44, utuye mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri poste ya polisi ya Kagano mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 7.
Rubibi Louis Pasteur ushinzwe gukurikirana ikurwaho ry’amabati ya asibesitosi abandi bakunda kwita fibro-ciment mu Ntara y’Amajyepfo avuga ko umukungugu uva muri ayo mabati ari wo utera indwara.
Ikipe ya Mukura Victory Sport yasezereye umutoza Emmanuel Ruremesha kubera umusaruro mubi, maze ahita asimburwa n’Umurundi Kaze Cedric watozaga Atletico FC y’i Bujumbura.
Abasirikare babiri b’abacomando ba Congo baguye mu gitero bagabye mu Rwanda tariki 03/11/2012 mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu ahitwa Rusura kuri metero 400 winjiye mu Rwanda naho umusirikare w’u Rwanda arakomereka.
Mu Karere ka Karongi kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 habereye amarushanwa asoza imyiteguro y’isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse. Umunsi waranzwe n’amarushanwa anyuranye arimo siporo zitandukanye, indirimbo, imbyino n’imvigugo.
Nyuma yo gutakaza umwanya wa mbere ubwo yatsindwaga na Espoir BBC, Kigali Basketball Club (KBC) yongeye gutakaza amanota imbere ya APR BBC ubwo yayitsindaga amanota 87-78 tariki 02/11/2012.
Umwana w’imyaka 7 witwa Nkurunziza Janvier wo mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango yakinishije intwaro yo mu bwoko bwa gerenade tariki 03/11/2012 iramuturikana ahita yitaba Imana.
Mu ijoro rishyira kuri icyi cyumweru tariki 04/11/2012 nibwo ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yahagurutse i Kigali yerekeza Ouagadougou muri Burkina Faso, aho igiye kwitabira isiganwa nyafurika rizatangira tariki 06/11/2012.
Abasirikare bane bo mu mutwe wa FDLR batahutse mu Rwanda tariki 03/11/2012 batangaje ko abayoboke ba FDLR bakomeje kuyivamo kubera ko mu gihe cyose bamaze muri uwo mutwe ntacyo wabagejejeho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashimirwa igikorwa cy’ubushakashatsi batekereje, bwerekana uko imiyoborere ndetse n’imitangire ya service bihagaze kuko ibyavuye muri ubu bushakashatsi bizafasha kuvugurura imikorere muri aka karere.
Abaturage b’Umurenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke barasaba ko na bo bagezwaho umuriro w’amashanyarazi kuko wabafasha mu kwihuta mu iterambere bihangira imirimo itandukanye ndetse bakabasha kubona serivisi zisaba amashanyarazi hafi.
Umusore w’imyaka 22 witwa Safari Jean Damascene utuye mu karere ka Rulindo yihangiye umurimo wo gushyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje.
Ku munsi wa munani wa shampiyona tariki 03/11/2012, Rayon Sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, naho APR FC inganya n’Amagaju mu mukino wabereye ku Mumena.
Gakuba Alphonse aka Mr Ba wiga mu mwaka wa gatandatu w’ikoranabuhanga mu kigo cy’ ishuli ryisumbuye rya COSTE-Hanika mu karere ka Nyanza atangaza ko yibonamo kuzaba umuhanzi kurusha ibindi byose bijyanye n’ubuzima bwe bwa buri munsi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyongwe, Habanabakize Jean Claude atangaza ko amabagiro ashaje yubatswe mu Kagali ka Gasiza, Umurenge wa Muyongwe abangamiye abaturage kuko ateza umwanda kandi akaba yubatse mu muhanda.
Abakristo bo mu madini atandukanye akorera mu Karere ka Huye bitabiriye ibiganiro byateguwe na Arise and Shine International Ministries ifatanyije n’abafatanyabikorwa bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika bagaragarijwe ko uruhare rwabo mu iterambere ari ngombwa.
Umuryango w’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG) ukorera mu ishuli COSTE-Hanika riri mu karere ka Nyanza yizihije isabukuru y’imyaka 7 imaze ishinzwe muri icyo kigo mu muhango wabaye tariki 03/11/2012.
Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012, mu rwunge rw’amashuri rwitiriwe umwamikazi w’amahoro rwa Cyanika (Groupe Scolaire Notre Dame de la Paix de Cyanika) riherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe hatangijwe ku mugaragaro itorero ry’igihugu.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rwifitemo impano y’ubuhanzi bwo kuririmba, ariko bakagira imbogamizi yo kubura amafaranga yo kubafasha kuyigaragariza Abanyarwada.
Uruganda rwa Bralirwa ruturanye n’abaturage basenyewe n’umugezi wa Burehe mu karere ka Rubavu, rwabageneye inkunga ya miliiyoni 29 z’amafaranga y’u Rwanda azabafasha kubona ibikoresho byo kubaka mu kandi gace bimuriwemo ka Kanembwe.
Imiryango 192 yangirijwe n’ibiza byabaye muri iki cyumweru dusoza, mu karere ka Rubavu, yashyikirijwe ubufasha bw’ibikoresho byo mu rugo n’iby’isuku bifite agaciro ka miliyoni 15, ku byatanzwe muri Rusizi na Rubavu.
Abarwanyi bane b’umutwe wa FDLR bagaze mu Rwanda bavuye mu mashyamba ya Congo, aho bari bamaze imyaka 18. Bakigera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 02/11/2012, batangaje ko bari barambiwe kubeshywa ko bazagaruka FDLR imaze gufata ubutegetsi.
Mu gihugu cy’Ubuhinde haravugwa umugabo witwa Sohanial Chouhan w’imyaka 38, watahuweho kuba yarashyize intoboro ku gitsina cy’umugore we, ngo ajye abona aho ashyira ingufuri igihe yagiye ku kazi.
Umunyeshuli witwa Vincent Mucunguzi Rwampakani w’imyaka 23 wiga muri Kaminuza ya Mbarara muri Uganda, akurikiranwe n’ubutabera icyaha cyo kwandagaza no gusebya Perezida Yoweri Museveni yifashishije inyandiko zimutesha agaciro mu banyagihugu be.
Ahitwa kuri Sprite rwagati mu mujyi wa Muhanga hamaze kumenyekana nk’iseta abashaka abafundi n’abahereza babo bajya kubashakiraho. Mu gitondo usanga bakubise buzuye ariko begera umuntu uje bakeka ko akeneye abakozi.
Abasore babiri bo mu karere ka Rusizi bafunzwe na Polisi bazira kurwana bagakomeretsanya, ubwo umwe yageragezaga kwiba undi yamugwa gitumo akamukubita akamukomeretsa.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ibidukikije(UNEP), bivuga ko imikoreshereze idahwitse y’ingufu zikoreshwa mu Rwanda, ari imbogamizi yo kutagera ku “bukungu butoshye”(green economy).
Ibitaro bya Mibilizi biherereye mu karere ka Rusizi, byasinyanye amasezerano n’umuryango w’Abataliyani Azienda Ospedaliera di Legnano, azajya abifasha kubona ibikoresho bitandukanye mu buvuzi.
Inama yaberaga mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, yiga ku kibazo cy’ibura ry’amazi mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, yasojwe yemeje kuyageza mu mijyi mito y’ibyo bihugu.
Itsinda ryaturutse mu Buyapani rirahugurira Abanyarwanda bumwe mu bumenyi bafite bwabafashije kuba ubukombe mu ikoranabuhanga. Bakanabahugurira gutekereza, bagerageza gushaka icyakemura ibibazo u Rwanda ruhuira nabyo mu mibereho ya buri munsi rukoresheje ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).
Itsinda ry’abasore batatu bo mu murenge wa Musambira nibo begukanye umwanya wa mbere, mu marushanwa y’imiyoborere myiza yabaye ku rwego rw’akarere. Amarushanwa yari ahuje amatorero n’abahanzi ku giti cyabo icyenda.
Uruhare rw’ababyeyi rurakenewe mu gufasha abana babo kwitegura iki igihe cy’ibizami, kuko hari batsindwa kubera kutubahiriza amasaha yo gusubiramo amasomo, nk’uko byatangarijwe mu gikorwa cyo guhemba abanyeshuri bitwaye neza mu bizami bya Leta by’umwaka ushize, mu karere ka Gasabo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, wahawe akarere ka Nyamagabe nk’umujyanama mu bukungu n’iterambere, aratangaza ko azahera ku mwihariko w’aka karere akagafasha mu nzira y’iterambere.
bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage gukora bagamije guhindura imibereho myiza y’abo bashinzwe kuyobora.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) bwasabye abagize imitwe ya politiki inyuranye gukoresha neza imbuga za internet z’amashyaka yabo, harimo gutanga amakuru ya politiki ku gihe, ndetse no kwitondera inkuru batangaza.