Ubwo hasozwaga ukwezi k’umuryango tariki 08/11/2012, ikigo cy’ igihugu cy’ubuhinzi (RAB) cyatanze imbuto y’imboga ku miryango 1000 yo mu murenge wa Rurenge mu karere ka NGoma.
Mu miryango 205 y’abashigajwe inyuma n’amateka mu karere ka Nyabihu, abagera kuri ¾ muri bo bamaze kubakirwa amacumbi babamo. Imiryango yayubakiwe yamaze kuyaturamo.
Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Congo urarega ingabo z’iyo Leta kwica abaturage b’abasivili mu bitero ingabo za Congo ziri kugaba ku birindiro bya M23 mu burasirazuba bwa Congo kuva tariki 08/11/2012.
Minisitiri w’intebe arakangurira Abanyarwanda gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle se Santé), kuko umubare w’abamaze kuyatanga mu Rwanda ukiri muto kandi ari ngombwa kuyatanga kugira ngo umuntu ajye aboba uko yivuza bimworoheye.
Muri iki gihe, abaturage b’ikirwa cya Nkombo ho Mukarere ka Rusizi, bakomeje gushimirwa uburyo bitabira gahunda za Leta cyane cyane amatora. Ariko ubuyobozi bukemeza ko byatewe ko bitaweho kuruta ubuyobozi bwa mbere.
Umuyobozi w’ikigo cy’iperereza cya Leta zunze ubumwe za Amerika (CIA), David Petraeus yeguye ku mirimo ye tariki 09/11/2012, azira icyaha cy’ubusambanyi. Yabwiye abakozi ba CIA ko yasabye perezida Barack Obama kumwemerera kwegura ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite.
Iterambere ryagiye rizana uburyo bwinshi burimo ubwiza n’ububi. Muri ubwo buryo harimo kuba umuntu atakwishimira uko yaremwe cyangwa uko yavutse, byatuma abasha guhindura ibice bimwe na bimwe by’umubiri we.
Urubyiruko rukora umwuga wo gutwara moto rurashishikarizwa kudapfusha ubusa ibyo rwakoreye, ahubwo rukagira umuco wo kuzigama, nk’uko babihuguriwe mu muhango wo gutangiza ishami rya sendika y’abamotari mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare.
Abaturage batuye imirenge ya Kazo na Mutenderi bahisemo kwitirira ikizamini gisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc-commun) inzara iri kuvugwa hirya no hino mu karere ka Ngoma, aho yahawe amazina nka gashogoro na Tronc-commun.
Abanyamadini batandukanye bo mu karere ka Ruhango, biyemeje gufata icyemezo cyo kwipimisha agakoko gatera SIDA bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze. Bakauga ko bizabafasha gukomeza umurimo w’Imana bawukorana imbaraga.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyanza ni rumwe mu bakomeje kubeshywa ku bijyanye n’indwara ya SIDA, kugeza ubu itarabonerwa ubumti n’urukingo. Ibihuha ugasanga byibasira uburyiruko mu turere twinshi tw’u Rwanda tugizwe n’igiturage.
Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Kagrugarama, atangaza ivugururwa rikomeje gukorwa mu mategeko y’u Rwanda, nta handi ryigeze riba ku isi, kuko rigamije kugira ngo abere Abanyarwanda.
Abayobozi b’akarere ka Gakenke bategetswe kugaruza umutungo wa Leta ubarirwa mu mamiliyoni yanyerejwe n’abakozi b’akarere, ubwo bitabaga akanama k’abadepite gashinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa Gatanu tariki 09/11/2012.
Umuhanzi akanatunganya umuziki, Maurice Jean Paul Mbarushimana uzwi ku izina rya Maurix, aherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise “Mama ndakuririmbira”. Avuga ko ko irimo ubutumwa bushimira umubyeyi we n’umuntu ufite urukundo rudasanzwe.
Abanyamuryango ba FPR bo mu kagari ka Nkingo , umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi, bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze uvutse, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 9/11/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yatangarije abatrage ayoboye ko ikigezweho mu Rwanda ari ukuzamuka mu iterambere hagendewe ku miyoborere myiza n’umutekano Abanyarwanda bifitiye, nyuma y’igihe kinini rwamaze mu bibazo.
Abanyamadini batandukanye bo mu karere ka Ruhango, biyemeje gufata icyemezo cyo kwipimisha agakoko gatera SIDA bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze. Bakauga ko bizabafasha gukomeza umurimo w’Imana bawukorana imbaraga.
Bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Nyarucyamo ya Kabiri mu murenge wa Nyamabuye, akarere ka Muhanga, baravuga ko ishuri ry’Abadivantiste riri kubaka inyubako nshya muri uwo mudugudu ribabangamiye kuko ribateza isuri n’umwanda.
Abasore batatu n’umugabo umwe bari bashinzwe gucunga umutekano kuri hoteli ya Top Tower hotel iri mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, batawe muri yombi bakekwaho kuba inyuma y’ubujura bwabaye muri iyi hoteli hakibwa miliyoni zirindwi kuri uyu wa Kane tariki 08/11/2012.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), iratangaza ko mu Rwanda amabanki y’ubucuruzi n’ibigo by’imari biciriritse bihakorera bigera kuri 500, kandi bihagaze neza nta kibazo bifite, mu gihe ku isi hakomeje kuvugwa ibibazo by’ubukungu.
Nyuma yo kwitabira ibiganiro bigamije guhumuriza abaturage no kubashimira ubufatanye n’inzego z’umutekano, umuturage wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu witwa Ndagijimana yasabye ko yatumiza umwana we uri muri FDLR akagaruka mu Rwanda.
Kuva tariki 12-18/11/2012, ku nshuro ya kabiri u Rwanda ruzifatanya n’ibihugu 125 mu bikorwa bitandukanye bigamije gushyigikira ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko n’abagore, ndetse no gukomeza gukangurira abantu kwiteza imbere bahereye ku byo bafite.
Abakobwa bo mu karere ka Nyanza bari mu muryango FPR-Inkotanyi baritegura kuzegukana igikombe mu mupira w’amaguru mu Ntara y’Amajyepfo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 25 ishize uwo muryango uvutse.
Usibye abazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye, kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 nibwo abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye y’akarere ka Nyamagabe batashye basubira iwabo mu biruhuko.
Ikibagarira ni indwara iterwa n’uburondwe ikunda kwibasira inka za kijyambere cyane cyane inyana. Uretse ko uburyo bwo kuyivura bunahenze cyane, buragoye kuko n’iyo itungo rirusimbutse risigarana ubumuga.
Umuhuzabikorwa w’Itorero ry’Igihugu mu karere ka Nyamasheke, Hakizimfura Jean Chrysostome, aremeza ko gutegura itorero ryo ku rugerero rigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye muri ako karere bigeze ahashimishije.
Mu gihe Abanya-Singapore bavuga ko amazi azajya akoreshwa mu mujyi wa Kigali yakurwa mu kiyaga cya Muhazi na Mugesera, Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) kivuga ko ibyo byagira ingaruka kuri ibi biyaga, bikanabiviramo gukama.
Umugabo witwa Munyembabazi Thadee ufite imyaka 36 yafashwe na Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi akurikiranyweho kugura ibicuruzwa akoresheje sheki z’impimbano.
Umusaza Makuza Vedaste w’imyaka 84 y’amavuko n’umuhete we Mukandinda w’imyaka 66, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 basezeraniye imbere y’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi.
Abagore batandatu bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative Dusukure PHAST bazi gukora amasabune mu mavuta y’amamesa kuburyo abenshi mu baturage batuye ako gace bayagura bakajya kuyamesesha imyambaro yabo.
Mushimiyimana Alexandre na Tuyisenge Primitive batuye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba bamaze imyaka hafi 19 babana nk’umugabo n’umugore nta mwiryane ubaranga ari uko bahujwe n’isengesho bakoze buri wese ashaka undi.
Caritas ya Diyoseze ya Gikongoro n’umuryango Catholic Relief Services (CRS) bashyikirije impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme toni zisaga zirindwi z’ifu ya sosoma yo gutekera abana igikoma kuko bafite ikibazo cyo kubona indyo yuzuye.
Umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi kuri uyu wa kane wahawe ishimwe n’akarere ka Karongi kubera ko uri ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza (mutuelle) mu kwaka wa 2012-2013, aho ugeze ku 100%.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, yatangaje ko nta mukinnyi n’umwe ukina ku mugabane w’Uburayi azakoresha mu gikombe cya CECAFA izabera i Kampala kuva tariki 24/11-8/12/2012.
Uwahoze ari umutoza muri Rayon Sport no mu ikipe y’igihugu, Ntagwabira Jean Marie, yandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ajuririra igihano cyo guhagarikwa imyaka itanu yahawe kubera gushinjwa icyaha cyo gutanga ruswa.
Kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 nibwo Kapiteni w’ikipe y’igihugu (Amavubi), Olivier Karekezi, yahagurutse i Kigali yerekeza muri Tuniziya aho agiye gukinira ikipe ye nshya Club Atletique de Bizertin iherereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Akarere ka Gasabo kahuguye bamwe mu baturage bazagafasha kurwanya ibiyobyabwenge, hifashishijwe kwigisha bagenzi babo mu midugudu batuyemo, gahunda ya Leta yiswe “ijisho ry’umuturanyi”.
Amafilime yatoranijwe mu iserukiramuco rya sinema za gikristu agiye kwerekanwa hirya no hino mu gihugu kugira ngo Abanyarwanda babone umwanya wo kubaza ibibazo kuri filime beretswe banasobanurirwe byinshi kuri iri serukiramuco.
Perezida Paul Kagame ategerejwe mu gihugu cya Nigeria kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 mu bikorwa by’ubutwererane bw’ibihugu byombi bushingiye ku burezi, igisirikare n’abashoramari.
Kuwa gatatu tariki 07/11/2012, imodoka ikurura izindi ifite Puraki zo mu gihugu cya Tanzaniya T441CBN na T963, yaguye ahitwa Kayumbu mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi, abaturage bahita bihutira gutabara umushoferi kuko yari yahezemo.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa nyafurika ribera muri Burkina Faso, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012, Umunyarwanda Valens Ndayisenga yegukanye umwanya wa gatanu mu gusiganwa ku giti cye (course contre la montre individuel) mu batarengeje imyaka 18.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yafashe umwanzuro ubuza amashuri ya Leta, cyangwa agengwa na Leta, kwishyiriraho ibiciro by’amafaranga y’ishuri, isaba uturere kuba aritwo tuzajya twemeza ibyo biciro.
Ubwo umuhanzi Senior Sgt Robert Kabera yataramiraga abatuye akarere ka Muhanga ku munsi wo gusoza icyumweru cyahariwe umuryango kuri uyu wa 08/11/2012, abatari bake barenzwe n’ibyishimo buzura imyuka ku bw’indirimo “Impanda”.
Urubanza umuhanzikazi Cecile Kayirebwa aregamo amaradiyo atandukanye gukoresha indirimbo ze mu buryo bunyuranije n’amategeko kuko nta masezerano bagiranye rwatangiye kuburanishwa mu mizi guhera kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012.
Mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barashima Leta yegereje abaturage ubuyobozi bikaba byarabahaye uburyo bwiza bwo kwikemurira ibibazo bihereye ku rwego rw’umudugudu.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda arasaba Abanyarwanda bose gushyira hamwe bakarwanya ibibazo bicyugarije umuryango nyarwanda mu rwego rwo gukomeza kubaka u Rwanda rwiza rw’ejo hazaza.
Ayinkamiye Francine w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yibarutse abana batatu b’abakobwa mu bitaro bya Gihundwe ahagana saa moya zijoro zo kuwa 07/11/2012.
Tariki 05/11/2012, icyiciro cya kane kigizwe n’abana 70 bigaga mu ishuri Wisdon Nursery and Primary School, riherereye mu murenge wa Cyuve, akarere ka Musanze bahawe impamyabumenyi.
Mu myaka ine iri imbere umujyi wa Kigali ugiye kwibanda ku byiciro bitatu birimo gukumira abishora mu buraya no gufasha ababukora mu buryo bw’amaburakindi, mu rwego rwo kurwanya ubwandu bwa virusi itera SIDA.