Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012, mu karere ka Huye na Gisagara mu ntara y’Amajyepfo, hazabera isiganwa ngarukamwaka ry’amamodoka ryiswe ‘Huye Rally’ rikazazenguruka ibice bitandukanye bigize utwo turere.
Umuhanzi uririmba indirimbo nyarwanda, Nshimiyimana Naason, aratangaza ko avuka mu muryango w’abaririmbyi n’abahanzi nubwo batagize amahirwe nk’aye ngo bamenyekane.
Itsinda rya Dream Boyz rigizwe n’abasore babiri Nemeye Platini na Mujyanama Claude aka TMC, kuwa kane tariki 06/12/2012 ryasusurukije impunzi z’Abanyekongo zahungiye ku nkambi ya Kigeme iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012, uruganda rw’icyayi rwa Shagasha rweguriwe sosiyete y’ishoramari ya RTI (Rwanda Tea Investiment). Ihererekanya bubasha hagati ryakozwe ya NEAB yari ifite urwo ruganda mu nshingano zayo na RTI yaruguze.
Mu ruzinduko umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire yagiriye mu karere ka Kamonyi, tariki 06/12/2012, yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira ruswa n’akarengane kandi bagatunga urutoki ahavugwa ruswa hose.
Ishyirahamwe Duterimbere, ry’Abanyarwandakazi bahujwe no kuzamurana mu bukungu, ryashimiwe ko mu myaka 25 rimaze rishinzwe ryashoboye guhesha Abanyarwandakazi benshi ubukungu budashingiye ku byo bahabwa n’abagabo, ndetse no kwanga guhozwa ku mirimo yitwaga iya kigore.
Abantu 9 barimo abagore 8 n’umusore umwe bari mu maboko ya Polisi i Kamembe bazira gutwara ibicuruzwa bya forode babinyujije mu kiyaga cya Kivu mu ijoro rya tariki 05/12/2012.
Inzego z’umutekano mu gihugu cy’Ubudage zataye muri yombi Abadage 3 bashinjwa kwamamaza, gukora ubuvugizi no gushakira abayoboke umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abantu basize bakoze Jenoside mu Rwanda mu 1994.
Umugaba w’Inkeragutabara (Reserve Forces) atangaza ko u Rwanda ntawe rusaba imbabazi cyangwa uburenganzira bwo kurinda umutekano warwo kuko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga rwa Twitter yatangaje ko urupfu rwa Minisitiri Inyumba Aloysia ari igihombo gikomeye ku muryango wa FPR-Inkotanyi no ku gihugu muri rusange kuko yari umuyobozi mwiza.
Umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta witwa Point ukomeje gufasha abana bato bo mu karere ka Ngororero mu gihe cy’ibiruhuko mu rwego rwo kurwanya ubuzererezi no kongera ubumenyi n’imyidagaduro by’abana.
Kasigasi Jackson wari utwaye ikomyo yo mu bwoko bwa rukururana avuye i Kigali yerekeza i Ngozi mu gihugu cy’u Burundi yahagaze gato imbere y’akarere ka Bugesera imodoka ihita yibirandura kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro itorero ry’intore z’urubyiruko rw’abanyeshuli bo mu karere ka Nyanza, tariki 6/12/2012, umuyobozi wa Task Force ishinzwe itorero ry’igihugu mu Rwanda, Rucagu Boniface yatangaje ko ibyo rimaze kugeraho biri ku rugero rushimijshije.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amadini atandukanye akorera muri ako karere kwigisha abayoboke babo ijambo ry’Imana ariko bakanabigisha icyabakura mu bukene kuko aka karere kakigaragara mu turere dukennye.
Mutemberezi Jean de Dieu wari utuye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yaraye yishe umukobwa wari inshoreke ye amuhoye ko abandi bagabo bari baje kumukomangira ngo bararane batazi ko aryamanye na Mutemberezi.
Hategekimana Vicent uzwi ku izina rya Gitoya ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yitabye Imana azize umuhini yakubiswe n’uwitwa Dusabeyezu Emmanuel ubwo bari mu kabari mu murenge wa Kamembe mu ijoro rishyira tariki 06/12/2012.
Abakinnyi 65 harimo 15 b’abagore bakina umukino w’amagare mu Rwanda nibo bazitabira isiganwa ry’amagare rigamije kurwanya ruswa, rizaba ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Rukundo Vevullice ufite ipeti rya Major wabarizwaga mu mutwe wa FDLR yafashe icyemezo cyo kugaruka mu gihugu cye ngo kubera ko FDLR uri kugenda urushaho gusenyagurika kandi nta cyerekezo ifite.
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu batunguwe no kubona inka y’umworozi witwa Kazungera ibyara inyana ebyiri n’ikimasa tariki 04/12/2012. Bamwe mu baturage batangaje ko basanga ari nk’igitangaza.
Abantu bake bakomeretse byoroheje ubwo taxi itwara abagenzi yakoraga impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 06/12/2012, mu mudugudu wa Gasaka, akagari ka Nzega ko mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Abagize ihuriro ry’abafite ubumuga « Ubumwe Community Center » batanze ibikoresho by’isuku ku mpunzi z’Abanyecongo 130 ziri mu nkambi ya Nkamira mu karere ka Rubavu zakuwe mu byabo n’intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo.
Abaturage bakorera mu isoko rya Bazirete mu murenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bakwiye gufashwa kwimura isoko ryabo kuko batakibona abaguzi b’ibicuruzwa byabo kubera ko umuhanda wanyuraga ku isoko wimuwe.
Muri rusange abantu babona ko ikibazo cya ruswa mu Rwanda kigenda kigabanuka; nk’uko bigaragara mu mibare mishya Transperency International Rwanda yashyize ahagaragara ibigaragaza.
Nyuma y’igihe gito mu karere ka Nyagatare havugwa icuruzwa ry’ibiti bamwe bita Kabaruka abandi bakabyita Umushikiri, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko iki kibazo cyagabanutse kubera ubufatanye bw’inzego z’ubuyobozi n’imbaraga z’abaturage nyuma yo kubona hasahurwa umutungo w’igihugu.
Alexis Banzirabose, umwe mu bafite uruganda rukora inzoga z’urwagwa mu Murenge wa Rushashi, Akarere ka Gakenke atangaza ko abaturage badakunda kugura inzoga z’urwagwa zipfundikiye kubera amacupa zirimo ari mato kandi zigahenda.
Umugabo witwa Bigirimana Djuma utuye mu Murenge wa Karambo, Akarere ka Gakenke afite ubwanwa burebure kandi busa neza. Yemeza ko amaze imyaka itatu atarabwogosha kubera imwemerere ye.
Ikibuga cy’indege cya Goma cyongeye gukoreshwa tariki 05/12/2012, nyuma y’umutekano mucye wagaragaye mu mujyi wa Goma ubwo cyafatwaga n’ingabo za M23 tariki 20/11/2012. Indege ya nyuma yaherukaga kuri icyo kibuga tariki 18/11/2012.
Umugabo wo mu gihugu cya New Zealand witwa Duthie yagize ibyago ubwo yanywaga inzoga ya Vodka ahita ahuma ariko, ku bw’amahirwe aza kongera kubona kubera inzoga ya Whiskey; nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The New Zealand Herald.
Uwungirije Minisitiri w’umutekano mu gihugu cya Guinea Equatorial, Juan Antonio Nchuchuma, yasuye ibikorwa by’intangarugero bya Polisi y’u Rwanda bituma igera aho yoherezwa mu butumwa bw’amahoro mu gucunga umutekano.
Abahagarariye umutwe wa M23 n’abayobozi ba Leta ya Kongo-Kinshasa biteganyijwe ko kuri uyu wa 06/12/2012 bagera i Kampala kugira ngo ibiganiro by’amahoro bitangire; nk’uko Jean-Marie Runiga ukuriye ishami rya politiki muri M23 yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP).
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze icyifuzo cya Eliezer Niyitegeka wahoze ari Minisitiri w’itangazamakuru n’itumanaho mu gihe cya Jenoside cyo gukora iperereza ku batangabuhamya b’ubushinjacyaha yemeza ko “bamubeshyeye”.
Ikipe ya Chelsea yananiwe kuguma mu irushanwa ry’igikombe guhuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo ‘UEFA Champions League’ yaherukaga kwegukana, ubwo yarangizaga imikino y’amatsinda iri ku mwanya wa gatatu.
Mu rugo rwa Ntaganzwa Vincent utuye mu murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi hacitse indwara zituruka ku mirire mibi abikesha inyama z’imbeba za kizungu.
Umucuruzi ufite iduka ryitwa Isange LTD riherereye mu karere ka Musanze akurikiranywe n’ubutabera kubera gukekwaho gukoresha igitabo cy’inyemezabuguzi kitemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi bwemeje ko bugiye guha abantu baje gucumbika muri uwo murenge ikibaranga kuko kuba batazwi byatuma rimwe na rimwe bateza ibibazo by’umutekano muke cyangwa bakarenganywa n’abo baje gukorera.
Umugabo witwa Mbarute Pierre utuye mu mudugudu wa Gitaba, akagali ka Kayenzi, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo yaraye akubita umugore we mu ijoro rishyira tariki 05/12/2012 ngo kuko umugore yari yanze kwishyura inzoga uyu mugabo we yari yanyweye mu kabari.
Bamwe mu Banyarwanda bitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Kongo bari mu mahugurwa y’imisi ine yibanda ahanini kuri gahunda za Leta n’uburyo bwo kwiteza imbere.
Ubwo umugenzi yavaga muri tagisi ahitwa Bishenyi akabura amafaranga ye yahise ayikurikira maze ayafatana abagore batatu bari kumwe muri tagisi.
Akarere ka Gisagara katangirijwemo icyumweru nyafurika cyo kurwanya ruswa n’akarengane kashimiwe ko kaje imbere mu marushanwa atandukanye yateguwe muri urwo rwego ariko kandi abagatuye bashishikarizwa kongera imbaraga mu kurwanya ruswa kuko urugamba rugihari.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yari imaze ukwezi yarasubitswe kubera ikipe y’igihugu yiteguraga irushanwa rya CECAFA, izasubukurwa ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Abashakashatsi baturutse mu bihugu binyuranye, harimo n’Abanyarwanda, bateraniye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bagamije gushyira ahagaragara ibyo ubushakashatsi bwabo bwagezeho ku nsanganyamatsiko igira iti « ubukungu burambye n’imiyoborere myiza».
Ikamyo yo muri Tanzania ifite purake TZ 269BJ yakoze impanuka mu ishyamba rya Nyungwe maze Kigingi wayo witwa Ildi ahita yitaba Imana ahagana saa saba z’amanywa yo kuri uyu wa 05/12/2012.
Inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, iratangaza ko umwanya yatorewe wo kuyobora Ihuriro ry’inteko zishinga amategeko z’ibihugu by’Afurika (APU), mu gihe cy’imyaka ibiri (2013-2014), izawukoresha mu kugaragaza isura nziza y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.
Gahunda y’akarere ka Nyamasheke yo gukemura ibibazo abaturage bagaragaza ibafasha kurenganurwa kandi bakabasha gukora imirimo yabo badasiragijwe n’ababa bashaka kubariganya.
Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko abaturage bazajya bamugezaho ibibazo ngo abikemure badafite ikaye yanditsemo ibyo bibazo atazajya abakira mu rwego rwo guca ingeso yo gusimbuka inzego.
Inzego zishinzwe kubungabunga parike mu Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa 05/12/2012 kugirango bungurane ibitekerezo ku buryo bakemura ibibazo bahura nabyo.
Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga irahugura abakora muri service z’ubuzima mu Ntara y’Uburengerazuba ngo babashe gutanga serivisi nziza ku bantu bafite ubumuga, cyane cyane ku gikorwa cyo kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA (VCT).
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Leoni Margarita Cuelenaere, tariki 04/12/2012, yasuye ikigo cyakirirwamo abahoze ari abarwanyi i Mutobo, ngo asesengure ibivugwa n’impuguke za LONI ko abamaze guhabwa amasomo muri iki kigo boherezwa gufasha umutwe wa M23.
Kuba akarere ka Afurika y’Uburasirazuba gafite umutungo karemano mwinshi, ariko utaratangira kubyazwa umusaruro uko bikwiye ni kimwe mu byigirwa mu nama yiga ingamba zatuma ubukungu bw’akarere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) buzamuka.