Ikiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2026, kiragaruka ku ruhare rw’Ubwenge Buhangano n’Ikoranabuhanga mu guteza imbere uburezi, nk’uko ari imwe muri gahunda Leta y’u Rwanda yashyize imbere yafasha mu myigishirize.
Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wishwe muri jenoside yakorewe abatutsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba urwego rw’abikorera (PSF) kugira uruhare mu guhindura isura mbi rwambitswe n’abanyemari, bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza 2025-2026, Arsenal ishyikirizwa igikombe yegukanye nyuma y’imyaka 22 itagikoraho.
Romuald Wadagni watorewe kuba Perezida wa Bénin mu matora yabaye ku wa 12 Mata, yarahiriye kuyobora icyo gihugu kuri iki Cyumweru mu muhango wabereye mu ngoro y’Inama (Congress Palace) mu murwa mukuru w’ubukungu bw’icyo gihugu, Cotonou.
Impuguke mu bukungu zisanga nubwo mu myaka irenga 20 ishize, urwego rw’amabanki mu Rwanda rwarabaye inkingi y’ingenzi ifasha guhuza abafite amafaranga n’abakeneye gushora imari, ariko amabanki yonyine adashobora gutera inkunga icyiciro gikurikira cy’iterambere ry’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, mu ruzinduko rw’akazi. Ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Doha, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al Khulaifi, hamwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abaturage b’Umurenge wa Shyogwe, bifatanyije mu gikorwa cyo kwibuka abagore n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ababyeyi bibutswa kuvugisha ukuri mu biganiro bagirana n’abana.
Umushinga w’ishuri rya IFAK, wegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku mikoreshereze n’imicungire y’ifaranga rizwi nka ‘Money Makeover’, ryabaga ku nshuro ya kane.
Irushanwa nyafurika ry’umukino wa Basketball, BAL, ryongeye ryagarutse mu Rwanda aho riba ku nshuro ya gatandatu, rikaba ryatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki 22 rikazageza ku ya 31 Gicurasi 2026.
Mu nyubako ya Kigali Convention Centre (KCC) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu habereye umuhango wo kwizihiza imyaka 20 y’ubufatanye hagati ya Oklahoma Christian University n’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2026 itsindiye Rayon Sports ku mukino wa nyuma penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90.
Mu myaka ye isaga 70, Higiro Francois Abdallah bahimba Mapengu wo mu Karere ka Gatsibo ndetse n’umugore we Mukandanga Philomene, bibaniraga neza, bakajya mu baturanyi bagaca inshuro ibatunga
Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo nari muri studio, nakiriye ubutumwa bugufi bw’umuyobozi wanjye ambwira ko anshaka byihutirwa.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amahugurwa n’imicungire y’abakozi ba Leta (RMI), bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu byiciro byihariye, basura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama, banaremera uwarokotse utishoboye mu Karere ka Bugesera.
Ku wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, ikipe ya Al Hilal SC yanganyije na Al Merrikh SC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 25 wa BK Pro League utarabereye igihe wabereye kuri Kigali Pele Stadium, isoza shampiyona idatsinze uyu mucyeba wayo umukino n’umwe.
Perezida Kagame yirukanye ba Ofisiye bakuru 6, ba Ofisiye bato 13, ba Suzofisiye n’Abawada 277 mu rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS). Hari n’abazamuwe mu ntera nk’uko biri mu itangazo rya RCS.
Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yakuye ku mirimo Minisitiri w’Intebe wari n’umujyanama we wa hafi, Ousmane Sonko, ndetse anasesa Guverinoma yose, nk’uko byatangajwe mu ijoro ryakeye binyuze mu iteka rya Perezida, bikaba bibaye nyuma y’igihe kitari gito cyaranzwe n’umwuka mubi hagati y’aba bayobozi bombi.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ishoramari rikomeje kwiyongera u Rwanda rushyira mu mikino ari ingamba zateguwe neza zigamije guhanga imirimo, gukurura abashoramari no kugira igihugu igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro mu karere.
Mu mukino warebwe n’abarimo perezida Kagame, ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya kamarampaka ya BAL 2026, yatsinze FUS Rabat yo mu gihugu cya Maroke amanota 95-72.
Mu mukino ufungura irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usize ikipe ya Gisagara VC yitwaye neza.
Uwase Nicole ni umukobwa w’imyaka 24, uri mu mwaka wa nyuma mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi butangiza ubutaka rya RICA, aho yemeza ko arangije kwiga afite ishema ry’uko yize byinshi kandi akabishobora nubwo muri sosiyete, bifatwa nk’ibigenewe abasore cyangwa abagabo.
Ubuyobozi bw’Intara ya Nord-Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026, ingendo zitwara abantu hagati y’Umujyi wa Goma n’uwa Butembo zihagaritswe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo.
Ubuyobozi Bukuru bwa BK Group bwatangaje ko mu 2025 icyo kigo cyungutse amafaranga y’u Rwanda miliyari 110 angana na 29% ugereranyije n’umwaka wawubanjirije.
Mu Nteko Ishinga Amategeko harimo kubera Inama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika. Mbere y’ibiganiro, Madamu Jeannette Kagame yabanje gusura Ingoro y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi iri ahakorera Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora rwungutse ba Ofisiye bato 146 barimo ab’igitsinagore 21 barangije amasomo abashyira mu cyiciro cya mbere cy’abofisiye bato muri RCS. Muri abo, abagera kuri 84 bari basanzwe bakorera muri urwo rwego, naho abandi 62 bo baje baturuka hanze mu buzima bwa gisivili.
Kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa 21 Gicurasi, impungenge z’uko icyorezo cya Ebola gishobora gukomeza gukwirakwira mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) no mu bihugu biyikikije zirimo kwiyongera, nyuma y’aho abaturage bo mu gace ka Rwampara batwikiye ikigo cyari cyashyiriweho kuvura no gushyira mu (…)
Nubwo umuziki nyarwanda ukomeje gutera imbere ku muvuduko udasanzwe,nyamara ni kenshi abahanzi nyarwanda binubira ko batabona inyungu ifatika iturutse mu bihangano byabo, aho usanga rimwe na rimwe abandi ari bo babyungukiramo cyangwa bakanabikoresha ku buntu.
Raporo y’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), yerekana uko urwego rw’itangazamakuru ruhagaze, igaragaza ko mu Rwanda habarirwa ibitangazamakuru 325 ariko ibyemewe n’Urwego rw’Abanyamakuru rwigenzura (RMC) kandi bikora ni 239.
Parfaite Anita Imena ni umukobwa wakuriye akunda ubuhinzi, aho yatangiye kubwitaho akiri muto akiga amashuri abanza, abikesha amatsinda y’ubuhinzi yo mu cyaro iwabo. Icyakora, yababazwaga no kubona imbaraga nyinshi abahinzi bashora mu mirimo yabo zidahura n’umusaruro babona, bituma yiyemeza kwiga ibijyanye n’ubuhinzi kugira (…)
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yazamuye urwunguko rwayo mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko rikomeje kwiyongera.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), iherutse kuzamura inyungu fatizo iheraho inguzanyo amabanki y’ubucuruzi, iva kuri 7.25% igera ku 8.25%, gusa ishobora kuzamura iyo nyungu cyangwa ikayigabanya bitewe n’uko ubukungu bw’Igihugu buhagaze, ariko ntibivuze ko amabanki na yo ahita azamura inyungu aheraho inguzanyo abakiriya bayo.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa muri BNR, Kasangwa Chantal, yasobanuye ko ikibazo cy’inoti z’inkorano cyangwa z’inyiganano, atari ikibazo gihangayishije kuko ari ibintu bibaho gacye cyane.
Sultani Makenga, w’i Gahini muri Kayonza, yiswe ayo mazina ari umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, izina rirafata, nubwo we atari azi uwo bamwitirira, ariko aho yamumenyeye yamukunze urukundo rutuma ashakisha amakuru ye.
Kera tubyiruka, inka z’iwacu iyo zajyaga gukamwa, barekuraga izazo kugira ngo zizireteshe, ariko icyo gihe inka yabaga ikamwa Litiro eshatu, enye, eshanu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB cyagaruje 32% by’amafaranga y’imisanzu ya pansiyo cyari kiberewemo n’ibigo bya Leta n’iby’abikorera mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, nk’uko byatangarijwe na Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) y’uyu mwaka wa 2026, igaragaza ko 30% gusa by’ibitangazamakuru ari byo biteganyiriza abakozi babyo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), bivuze ko ari na bo bafite ubwishingizi mu kwivuza butangwa n’icyo kigo cya Leta.
Raporo y’ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda - ARJ yagaragaje ikibazo mu mibereho y’abanyamwuga, aho abasaga cumi na barindwi ku ijana bahembwa umushahara uri munsi y’Amafaranga ibihumbi ijana y’u Rwanda ku kwezi.
Abahanga mu by’imibereho n’imibanire y’abantu bahamya ko umugabo ufata umwanya uhagije wo kwita ku bana, bituma agira ubuzima bwiza bwo mu mutwe kuko hari byishi birimo n’ibitari byiza areka kujyamo kubera kwita ku bana.
U Rwanda rukomeje kwandikwa mu mateka ku Isi nk’icyitegererezo mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo. Ibi bikunze kugarukwaho binyuze mu mibare igaragaza ko abagore bagize 64% by’Abadepite, ndetse bakaba barenga kimwe cya kabiri cy’abagize Sena, ibintu byatumye u Rwanda ruba Igihugu cya mbere (…)
Brig Gen Rwivanga yatangiye kuyobora Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye(EASF). Uyu mwanya azawumaraho imyaka itatu aho azaba afite icyicaro i Nairobi muri Kenya.
Mu myaka myinshi, ibihugu bya Afurika byoherezaga ibikoresho fatizo (nk’amabuye y’agaciro) mu mahanga, inyungu nyinshi zikajya mu bindi bihugu binyuze mu gutunganya ibyo bicuruzwa no kubibyaza umusaruro w’inyongera. U Rwanda rurifuza guhindura iyo mikorere, rukemeza ko ingufu za nucléaire zishobora kuba igisubizo cy’ingenzi.
Mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka RICA, Harerimana Leonce, umuyobozi ushinzwe iyamamazabuhunzi, asobanura amahame bagenderaho.
RICA ni Kaminuza rukumbi yigisha ibijyanye n’ubuhinzi bubungabunga ubutaka muri Afurika, ikaba iherereye mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), Evariste Rugigana, avuga ko umushinga uwo ari wo wose utagera ku ntego hatarimo uruhare rw’abaturage, kimwe n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zijyanye n’ingufu za Nikeleyeri haba mu Rwanda n’ahandi ku Isi.
Perezida Paul Kagame yashimye Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona, avuga ko ari umuhigo ukomeye besheje nyuma y’umwaka w’imikino utari woroshye, bikiyongeraho ko bari bamaze imyaka 22 bagishakisha ariko ntibakibone.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yongeye gutwara igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza yari imaze imyaka 22 idatwara, nyuma y’uko Man City bari bahanganye inganyije na AFC Bournemouth igitego 1-1 ikegukana icya 2025-2026.
Impuguke mu bukungu, Dr. Donald Kaberuka yavuze ko imwe mu mbogamizi zikomeye Afurika ifite mu rwego rw’ingufu ari uko byinshi mu bikorwa byayo byo gutanga amashanyarazi bishingira ku miterere y’aho igihugu giherereye.
Mu gihe Afurika ikomeje gushaka ibisubizo birambye by’ikibazo cy’ingufu z’amashanyarazi, Dr. Donald Kaberuka yavuze ko ikibazo cy’uyu mugabane kitari ukubura imishinga cyangwa ikoranabuhanga, ahubwo ko imbogamizi nyamukuru ziri mu miyoborere, uburyo bwo gushora imari no mu mikoranire y’ibihugu.