Jeannette Nikuze utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye ari naho yari atuye mbere ya Jenoside, avuga ko atinya kurira bisi ya Onatracom kubera ko abo yabonye bayurijwe mu gihe cya Jenoside babaga bagiye kwicwa.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite abantu babo biciwe kuri Komini Rouge yari iri mu karere ka Rubavu, bavuga ko hari abantu babo batarashobora kubona ngo bashyingurwe mu cyubahiro kandi barajyanywe kwicirwa Komini Rouge.
Ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yongeye guhamagarwa, aho abakinnyi umunani bari bahagaritswe kubera ibibazo by’ibyangombwa bongeye kutagaragara ku rutonde ruzakina umukino wo kwishyura na Somalia taliki ya 09 Gicurasi 2015
Umuyobozi wa Seminari nkuru ya Kabgayi, Padiri Kayisabe Védaste aratangaza ko kuba hari abakozi bakora bafite akajagari mu kazi ari byo bituma batagera ku musaruro ushimishije.
Ku wa 30 Mata 2015, urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwakatiye Kalisa Christophe, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu gufungwa by’agateganyo iminsi 30, kugira ngo ubushinjacyaha bukusanye ibimenyetso bigaragaza uruhare yagize hamwe nabo bari bafatanyije mu kwegurira ABBA Ltd isoko rya Gisenyi mu buryo (…)
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamabuye mu Karere ka Bugesera hafungiwe abagabo babiri bafatanywe amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi icumi (1,200,000FRW) y’amahimbano barimo kuyavunjira Abarundi barimo guhungira mu Rwanda.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ibigo biyishamikiyeho ndetse na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), bavuga ko batewe impungenge n’uko Jenoside yakorewe abatutsi ikomeje gukorwa binyuze mu mvugo n’ingiro zo kuyipfobya, kuyihakana ndetse no kugoreka amateka yayo.
Kubera umusaruro ngo bagaragaje mu gukemura amakimbirane mu baturage, Umuryango ukora ibijyanye no guhosha amakimbirane, Search For Common Ground, kuri uyu wa 30 Mata 2015 washyikirije ibikoresho abunzi bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bizabafasha mu kurushaho kunoneza no kwihutisha akazi kabo.
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ku itariki ya 29 Mata 2015, muri kaminuza ya Tilburg mu Buholandi habereye ikiganiro ku nsanganyamatsiko igira iti “it is not fair, how do we deal with injustice” ugenekereje bishatse kuvuga ngo “Ntibikwiye kugenda uku, ese twakira akarengane dute”.
Robert Mugabe, umukozi wa banki y’abaturage, Agashami ka Kanama gaherereye muri santere ya Mahoko mu Karere ka Rubavu, arakekwaho kwiba amafaranga ya banki abarirwa muri miliyoni 11 n’ibihumbi 900 (11,900,900 FRW).
Abagize Ihuriro ry’Ibigo by’Imari (AMIR) bikorera mu turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi ku wa 30 Mata 2015 maze nyuma yo kwirebera amasanduku ashyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 47 by’abatutsi bashyinguyemo, batangaje ko ibyo babonye bihagije mu kugaragaza ukuri kwa Jenoside (…)
Umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Murama, Akarere ka Ngoma, hamwe n’itsinda ry’abantu 10 ryari ku irondo, bahamijwe icyaha cy’“ubufatanyacyaha mu iyica rubozo” mu rupfu rwa Rwakirenga Noah wakubiswe n’irondo bikamuviramo urupfu.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage, ku wa 29 Mata 2015, umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda wamurikiye abaturage umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero 13 mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Kuri uyu wa 30 Mata 2015 Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Gerardine, yasuye Akarere ka Rutsiro ngo mu rwego rwo kureba uko gahunda y’igihembwe cy’ihinga Saison B 2015 kigeze maze anenga abayobozi bategera abaturage ngo babakangurire guhinga no korora kijyajyambere.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari bacumbikiwe mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 30 Mata 2015, bimuwe aho bari bacumbikiwe mu Nkambi ya Ruhuha iherereye mu Murenge wa Kabarore, batwarwa gutura mu mirenge itandukanye bubakiwemo.
Umugabo witwa Bucumi Frederick w’imyaka 51 y’amavuko yasanzwe mu nzu iwe hashize iminsi nk’itanu apfuye amanitse mu mugozi, ndetse n’imirambo ibiri, uw’umugore we n’umwana bareraga nayo imaze nk’ibyumweru bibiri kuko yari yatangiye kwangirika.
Bizimungu Théogene, uvuka ku Rutabo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango warokokeye Jenoside yakorewe abatutsi muri Komine Tambwe, avuga ko mu gihe cya jenoside yagiye ahura n’ibihe bikomeye, gusa ngo ntazibagirwa igihe yakizwaga n’inzuki atazi iyo zaturutse.
Urubyiruko ruributswa ko ari rwo mbaraga igihugu gitezeho ejo hazaza, bityo rukikuramo ibitekerezo by’uko rugomba gushyirwa mu bagomba gufashwa ahubwo rugaharanira kwiteza imbere kuko uyu munsi rushobora kuba rutifashije ariko ejo rukaba rwiteje imbere.
Kuri uyu wa 30 Mata 2015, abafite ubumuga bo mu Karere ka Nyamasheke bagera kuri 65 bahawe amagare yagewe abamugaye afite agaciro ka miliyoni zibarirwa muri 20 z’amafaranga y’ u Rwanda.
Abakozi bashinzwe ibarurishamibare n’abashinzwe igenamigambi mu turere bavuga ko imibare yavuye mu ibarura ryakozwe mu w’2012 yakuyeho umuco wo gutekinika, kuko bakora ibikorwa bishingiye ku mibare y’ukuri.
Ku nshuro ya 21, abakozi n’abayobozi b’uruganda rwa Bralirwa kuri uyu wa 29 Mata 2015 bibutse abari abakozi ba Bralirwa bazize Jenoside yakorewe abatusi mu 1994.
Mu gihe kuri uyu wa 30 Mata 2015, mu isoko rya Nyagatare hafatiwe abavuzi gakondo bacururiza imiti mu isoko kandi bibujijwe na Minisiteri y’Ubuzima, Umubyeyi Jolly, Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abavuzi Gakondo mu Karere ka Nyagatare asaba abavuzi gakondo bose gushaka amazu bakoreramo kandi afite isuku.
Ubuyobozi bw’ikigo gitwara abagenzi, Kigali Bus Services (KBS) n’abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta, ntibemeranywa n’abavuga ko ihohoterwa rikorerwa bamwe mu bagenzi b’abagore n’abakobwa riterwa n’uko baba bambaye nabi cyangwa kuba abantu ari benshi mu modoka.
Hashingiwe ku byegeranyo bikorwa n’umuryango mpuzamahanga wita ku murimo (ILO), abantu babarirwa muri miliyoni 2.3 ngo bapfa buri mwaka bazize impanuka n’indwara zikomoka ku kazi, ibi byegeranyo bigaragaza ko abagera kuri miliyoni1.6 barwara indwara zikomoka ku kazi naho miliyoni 313 bagakora impanuka mu kazi.
Mu gihe u Rwanda rugiye kwakira bwa mbere Isiganwa ry’amagare rikinirwa mu misozi (2015 Africa Continental Mountain Bike Championships), Ikipe y’u Rwanda ikomeje imyiteguro ikomeye mu karere ka Musanze aho irushanwa rizabera.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu Karere ka Musanze burashima uruhare rukomeye urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha (RYVCPO) bagira mu kurwanya ibyaha.
Mu kiganiro Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, yagiranye na radiyo ya Kigali today, KT Radio 96.7FM ,kuri uyu wa30 Mata 2015, yavuze ko Ubuyobozi bw’uyu mujyi bukomeje ingamba zo kurwanya ubushomeri bubarirwa hagati ya 7%-10% by’abari mu kigero cyo gukora bawutuyemo.
Abayobozi batandukanye barasaba abaturage batuye ahari amateka yihariye kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 kujya bagaragariza abayihakana ko bo ubwabo babyiboneye n’amaso, kandi amateka n’amakuru nk’ayo akandikwa akabikwa kugira ngo atazibagirana.
Sibomana Cyrille wo Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi wari ufite imyaka 23 y’amavuko mu gihe cya Jenoside ngo yarokoye abatutsi benshi bahigwaga none yagororewe kuri uyu wa 29 Mata 2015 ahabwa inka n’izindi mpano nyinshi.
Bamwe mu rubyiruko n’abasheshe akanguhe barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bagize umwanya wo gusubiza amaso inyuma bakibukiranya amateka mabi banyuzemo ubwo bahigwaga, ariko banishimira intambwe bamaze gutera babifashijwemo n’umuryango “Mustard Seed Institute” urahanira amahoro n’ubwiyunge mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CSP Mukama Simon Pierre, aratangaza ko nyuma y’uko inzego z’ibanze mu Karere ka Muhanga zisinyanye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’igihugu muri iyi ntara, urwikekwe hagati y’abaturage n’inzego zishinze umutekano by’umwihariko urwa Polisi rwagabanutse.
Bisekere Jonas wo mu Kagari ka Ntaruka mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo gukomeretswa bikomeye n’umugore we Mukabugingo Philomène, ku mugoroba wo ku wa 28 Mata 2015 amutemesheje umuhoro mu bice binyuranye by’umubiri.
Ikipe ya Gicumbi yongeye kwerekana ko ikomeye nyuma yo kongera guhagarika umuvuduko w’ikipe ya APR Fc, mu gihe Sunrise nayo yongeye kunganya na Rayon Sports mu mikino y’ibirarane
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara bahinga mu bishanga barahamya ko kuva batangira kubihingamo ubuzima bwabo bwahindutse bukaba bwiza cyane, kuko bavuga ko akenshi mu bishanga hava umusaruro mwinshi kuruta imusozi.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze barasaba akarere ko bishyurwa imitungo yabo mbere y’uko umuhanda uva kuri Mont Nyiramagumba kugeza ku Musanze ukorwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu, REG, kigiye gutanga akazi myanya 88 irimo iyo rwego rw’ubuyobozi ndetse n’indi ijyanye n’inshingano z’iki kigo.
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru burasaba abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo muri iyo ntara kunoza imikoranire hagati yabo mu gutegura amadosiye, kugira ngo babashe gutanga ubutabera bwifuzwa ku baturage.
Ubwo yasuraga impunzi z’Abarundi mu Nkambi ya Mahama ku wa 29 Mata 2015, Minisitiri w’Ibiza no Gucyura Impunzi, Seraphine Mukantabana, yazisabye kwitoza gukora aho gutegereza ko hari ababishinzwe babakorera byose.
Abagore 730 bacururizaga mu muhanda mu Mujyi wa Kigali biyemeje kuva mu muhanda bagakora ubucuruzi bw’umwuga.
Minisitiri w’umutungokamere, Dr Vincent Biruta asaba abaturarwanda gukomeza kwirinda ikoreshwa ry’amashashi, aho bidashoboka kubikumira ngo bagomba kuyashyikiriza inganda ziyatunganya agakomeza gukoreshwa aho gutabwa.
Ishyirahamwe ry’abahoze ari abana b’inzererezi, ubu ryitwa Abakatabiziriko, rigaragaza uburyo ryibeshejeho n’imiryango yabo ku bwo gukora ibintu bitandukanye mu mapine y’imodoka ashaje, ubundi yajyaga yangiza ibidukikije iyo atawe cyangwa atwitswe.
Umugabo witwa Nzeyimana Christophe w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Mwogo mu Karere ka Bugesera, nyuma y’imyaka 9 yari amaze atorotse gereza ya Rilima, aho yari afungiye ibyaha byo gufata ku ngufu no kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Niragire Jacqueline, umubyeyi w’imyaka 29 y’amavuko, aravuga ko yagiye gukingiza umwana we w’iminsi 8, umuganga akamutera urushinge nabi bikamuviramo kwitaba Imana.
Polisi y’Igihugu ku bufatanye n’abamotari ba Rwagitima, mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Mata 2015 yataye muri yombi abagabo babiri bo mu Mudugudu wa Gashenyi, Akagari ka Gihuta ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo ibafatanye litiro 20 za kanyanga y’inkorano. aba bantu bakaba bafashwe ku bufatanye bwa police (…)
Kuri uyu wa 29 Mata 2015 habaye inama y’inteko rusange ya koperative y’abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rutsiro, RUTEGROC(Rutsiro Tea Growers Cooperative), iherereye mu Murenge wa Manihira basaba ko Perezida Paul Kagame yazakomeza kuyobora u Rwanda kuri manda ya gatatu maze bahite bemeranya kwandikira Inteko Nshingamategeko, (…)
Umugabo witwa Nsabiganirwa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko, mu gitondo cyo ku wa 29 Mata 2015 ku isaha ya saa moya za mu gitondo, abaturage bamusanze aho yari yarembeye munsi y’umuhanda, bamujyanye kwa muganga ahita ashiramo umwuka.
Nyuma y’uko 62% by’imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye ari byo bimaze kwishyurwa kugeza ubu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Vital Migabo, avuga ko bafashe ingamba zo guhuza abangije imitungo n’abayangirijwe, nk’uburyo bwo gukemura iki kibazo burundu.
Kuri uyu wa 29 Mata 2015 mu Mudugudu wa Rugendo mu Kagari ka Ryabege, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, mu rukerera batoraguye umurambo w’uwitwa Hakizimana William w’imyaka 25 y’amavuko wakoraga akazi k’ubumotari.