Abaturage batuye hafi y’umuhanda Ruhango-Kinazi, baravuga ko ibikorwa byabo byangirika kandi bakaba nta burenganzira bwo kugira icyo babikoraho kuko hamaze kubarirwa amafaranga y’ingurane, ubundi bagashaka ahandi bimukira.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kabgayi biri mu Karere ka Muhanga arasaba Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) kugira icyo ikora kugira ngo umubare w’ababyaza wiyongere, bityo ibitaro bibashe kurushaho gutanga serivisi nziza ku babyeyi babyarira kwa muganga.
Bizimana Jean de Dieu wo mu Mudugudu wa Nyirakigugu, Akagari ka Nyirakigugu, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu amaze imyaka ibiri ahinze ibinyomoro none amafaranga yakuyemo ngo azayirihira kaminuza.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda (AGR) urateganya gutangira kujya usobanurira abana bari kwinjira mu kigero cy’ubwangavu n’ubugimbi uko bakwakira kandi ngo bakishimira imibiri yabo igenda ihinduka uko bakura.
Ubwo kuri uyu wa 04 Mata 2015, World Vision yari mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe kurwanya impfu z’abana no kwimikaza imitangire myiza ya serivise mu bihugu ikoreramo, yasabye abaturage bo mu Karere ka Gakenke gukomeza kwita k’ubuzima bw’abana babo by’umwihariko abari munsi y’imyaka 5 kugira ngo hakumirwe impfu zabo.
Aborozi bo mu Karere ka Kayonza barifuza ko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2015/2016 akarere kazubaka ikusanyirizo rinini ku muhanda wa kaburimbo, aho uruganda rw’inyange rushobora kuyasanga bitagoranye.
Nyuma y’uko abantu bakomeje gusaba ko inzoga ya suruduwire yahagarikwa mu Rwanda kubera ko abayinyweye ituma basa n’abataye ubwenge ndetse bakishora mu bikorwa by’urugomo,ubuyobozi mu Karere ka Ngoma buvuga ko ntakibazo ifite.
Kayirangwa Isabelle w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Nyagatare afungiye kuri Sitatiyo ya Police ya Kibungo ashinjwa gukuramo inda y’amezi atanu akajugunya umwana mu musarani.
Ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki ya 04 Gicurasi 2015, urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30, abakozi batatu b’ikigo cy’imari SAGER Ganza Microfinance Ltd nyuma yo gusanga hari impamvu zifatika zituma bakekwaho kunyereza miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda, no gutwika inyubako (…)
Nyuma yo kugaragarizwa n’abaturage b’utugari twa Sheli na Bihembe tw’Umurenge wa Rugarika, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, yabizeje ko mu itegurwa ry’ingengo y’imari y’umwaka utaha wa 2015- 2016, ibyifuzo bya bo bizitabwaho.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru muri Kenya ryamaze gutangaza ko rititeguye kwakira umukino wo kwishyura uzahuza amakipe y’abatarengeje imyaka 23 hagati y’u Rwanda na Somalia wagombaga kubera muri Kenya kuri uyu wa gatandatu taliki ya 09 Gicurasi 2015.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), ku mugoroba wo ku wa 04 Gicurasi 2015 yashyize hanze itangazo rigaragaza ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’imvururu n’ubugizi bwa nabi bikomeje kwiyongera mu Burundi, aho bamwe mu baturage batishimiye ko Perezida Pierre Nkurunziza yiyamamariza kuyobora icyo (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakatishije itiki yo kwerekeza mu mikino nyafurika (All African games)izabera muri Congo Brazza-Ville ihagarariye akarere ka gatanu nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu amaseti atatu kuri abiri.
Visi perezida w’urukiko rurinda itegeko nshinga mu Burundi, Nimpagaritse Sylvère yasesekaye mu Murenge wa Bweyeye mu Karereka Rusizi ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba wo ku wa 04 Gicurasi 2015 hamwe n’umugore we n’abana 5, bahunze kubera umutekano muke yari afite bishingiye ku mirimo yari ashinzwe.
Minisitiri Moussa Dosso ushinzwe umurimo, imibereho myiza y’abaturage, n’ubumenyingiro mu gihugu cya Côte d’Ivoire, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yatangaje ko kwihangira imirimo ariyo nkingi y’iterambere rifatika ry’urubyiruko.
Umugabo witwa Musemakweli Théoneste yishe umusore witwa Riberakurora Ramazani w’imyaka 20 y’amavuko, wo mu Mudugudu wa Bacyora, Akagari ka Sibagire mu Murenge wa Kigabiro wo mu Karere ka Rwamagana amukubise ifuni mu mutwe, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere, tariki 04 Gicurasi 2015.
Abashinzwe gutanga ikoranabunga rya internet (murandasi) muri za mudasobwa, bari mahugurwa kuva tariki 04-08 Gicurasi 2015, yo kubereka uburyo bajya batanga imbuga za internet ziherwa n’akarango (domain) ka .rw, kuko ngo zo zidashobora guteza igihombo abazihawe nk’uko bigenda ku mbuga cyangwa emails ziherwa n’utundi turango.
Abarokokeye Jenoside mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe mu w’1994 baranenga abahoze ari abashumba n’abayobozi bakuru b’itorero ADEPER babatereranye ubwo bicwaga n’interahamwe, nyamara kandi Imana yarabimitse kugira ngo baragire neza umukumbi wayo.
Habinshuti Emmanuel w’imyaka 32 wo mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Nasho barakeka ko yaba yiyahuye nyuma yo gusanga umurambo we mu gishanga cya Kadamu ku nkombe z’Ikiyaga cya Cyambwe ku wa 03 Gicurasi 2015.
Umuraperi Lil G aravuga ko inzu ye itunganya umuziki (Studio) izaba yatangiye gukora mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu n’igice.
Abaturage b’Akagari ka Mahembe mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, bagiye kumara ukwezi gusaga batabona umunyamabanaga nshingwabikorwa w’akagari kabo, Ngayaboshya Félix.
Rwiyemezamirimo ukorera sosiyete imwe mu zicukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero avuga ko ubuyobozi bw’umurenge butamuha serivisi nziza, kuko yanze gutanga amafaranga yatswe ngo agire uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri muri uyu murenge.
Abakunzi b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bahuriye mu muryango witwa "Rwanda Arsenal Fan Club/(RAFC)", bifatanyije n’imiryango 36 yarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 iherereye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, bayiha umuganda banayigabira ihene z’amashashi 72 n’amasekurume 2.
Abaturage batuye mu Kagali ka Sakara, mu Murenge wa Murama ho mu Karere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi meza kuva kera ndetse ko ngo batangiye kuyasaba kuva ku bwabami kugera n’ubu.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana aributsa urubyiruko ko rugomba guharanira ejo heza harwo n’ah’igihugu muri rusange binyuze mu gukunda umurimo.
Bamwe mu bapfakazi n’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, barashima ubufasha bahabwa muri iki gihe cyo kwibuka, amatungo bahawe bakaba bavuga ko bazayabyaza umusaruro.
Ijambo Jenoside ryamenywe na benshi mu w’1994 ariko ngo ryakoreshwaga mu yandi mazina bitewe n’ibikorwa by’ubwicanyi byabaye mu Rwanda, kutita ku burenganzira bwa muntu, kwangirizwa imitungo n’amacakubiri.
Abibumbiye mu makoperative y’abahinga umuceri mu Kibaya cya Bugarama bagera kubihumbi 6500 barasaba Inteko Nshingamategeko y’U Rwanda guhindura ingingo 101 yo mu Itegeko Nshinga kugira ngo bazongera bahabwe amahirwe yo kongera kwitorera Paul Kagame ngo azakomeze kubayobora muri manda itaha.
Urwego rwa DASSO mu Karere ka Muhanga rwagaragaje ko imirenge ya Nyamabuye, Shyogwe, na Muhanga ikora ku Mujyi wa Muhanga ari yo iza ku isonga mu kugira ibyaha bihungabanya umutekano.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo R Switch basuye, kuri uyu wa 1 Gicurasi 2015, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Mudugudu wa Nyagatovu mu Kagari Kayumba mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera babaha inkunga irimo ibiryamirwa, amatungo na mituweri.
Abashinzwe umutekano mu midugudu igize umurenge wa Kinihira uko ari 40, bashyikirijwe telephone zizajya zibafasha m ugutangira amakuru ku gihe, bityo bigatuma habaho imikoranire myiza n’izindi nzego bafatanya mu kazi buri munsi.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abahinzi b’ibirayi kongera umusaruro bakura kuri hegitari bifashishije inyongeramusaruro, kuko umusaruro babona ari muke ugereranyije n’uwo bakwiye kubona.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rwamagana bibumbiye muri Koperative “Abishyize hamwe” basana inkweto bagakora n’ibindi bikorwa by’ubukorikori, batangaza ko gutinyuka bagahanga umurimo byatumye babasha kwibeshaho neza mu miryango yabo ndetse bagahamya ko umuntu ufite ubumuga na we ashobora gukora imirimo imuteza imbere.
Abakoresha na ba rwiyemezamirimo muri rusange, mu Karere ka Nyamagabe, barasabwa kujya basinyisha amasezerano y’akazi abakozi babo kugira ngo bifashe umukozi kwishyurwa ku gihe kandi binakumire bamwe mu bukoresha bambura ababa bakoreye.
Abagide (guides) baturutse mu bihugu by’Afurika bivuga igifaransa bateraniye mu Rwanda mu biganiro bibakangurira kwitinyuka. Ubu buryo ngo burabafasha kuzavamo abayobozi bashoboye, nk’uko bamwe babitangarije Kigali Today.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Léandre Karekezi arasaba abakozi b’aka karere guhora bibuka ko abaturage aribo bakoresha babo b’ibanze bityo bakabaha serivisi nziza, kandi agahamagarira buri wese kuba indashyikirwa mu kazi ke.
Mu ijoro ryo ku wa 01 Gicurasi 2015, inkuba yakubise abantu babiri bahita bitaba Imana mu Mudugudu wa Bwanga, AKAGARI ka Musenyi, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare.
Umugore witwa Juliette Mukakabanda avuga ko iyo ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zidahagarika Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, bamwe mu batarahigagwa bari barashatse mu batutsi nabo baba barishwe kuko umugambi w’abicaga kwari ukumaraho abatutsi n’abafitanye nabo isano.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Mbabazi Rosemary arasaba urubyiruko rwo mu Karere ka Huye guharanira kwishakamo ibisubizo, rukabyaza umusaruro amahirwe rufite rugamije kwigira.
Mu rwego rwo kurwanya ingeso z’ubuharike n’ubushoreke, mu karere ka Ngororero umugore n’umugabo bagaragaye ko babanye ku buryo butemewe n’amategeko bacibwa igihano cy’amafaranga ibihumbi 10 ku mugabo n’ibihumbi 10 ku mugore ndetse ubuyobozi bukanabatandukanya ntibakomeze kubana.
Mu myaka ishize ingeso y’uburaya niy’ubuharike zari zimaze kugenda zigaragara mu duce dutandukanye tw’igihugu. Izo ngeso uko ari ebyiri zikaba zarabaga intandaro y’ihohoterwa urugomo ndetse no kwicana bya hato na hato mu miryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku arasaba abakozi kujya bashyira gahunda mu kazi bakubahiriza amasaha y’akazi ariko bakanibuka ko gukora amasaha y’ikirenga bishobora kwangiza akazi aho kugakora neza.
Abakora imirimo inyuranye mu karere ka Rusizi bamaze gutera intambwe barasabwa kujya batanga ubuhamya bwaho batangiriye, kugira ngo bitere imbaraga nabandi bakiri hasi bityo nabo bakore bafite icyizere cyo gutera imbere.
Kuri iki cyumweru ikipe igizwe ahanini na bamwe mu bayobozi b’igihugu cy’ u Rwanda iraza gukina umukino n’ikipe y’abanyamakuru b’imikino mu Rwanda (AJSPOR FC), umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri iki cyumeru guhera Saa Tatu za mu gitondo.
Abasirikare, abapolisi n’abasivili 15 bitabiriye amahugurwa ku kurinda umwana mu bihe by’intambara, bakangurirwa kuzaharanira ko ibyo byabaye ku bana b’Abanyarwanda bitazongera kubaho ukundi yaba muri Afurika n’ahandi ku isi.
Abakozi b’akarere ka Kamonyi ku nzego zitandukanye bifatanyije n’abayobozi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo, basubiza amaso inyuma bareba imigendekere y’akazi, bageza ku buyobozi bw’akarere imbogamizi bahura nazo mu kazi barebera hamwe uburyo bwo kubikemura.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko cyagize uruhare mu guhashya inzara yatumaga abaturage bo bice bimwe na bimwe by’u Rwanda basuhukira mu tundi turere no mu bihugu bidukikije.
Bamwe mu barobyi n’abayobozi b’impuzamakoperative y’abarobyi mu Rwanda baratangaza ko kuba iri huriro ryabo ridatera imbere bituruka kuri bamwe muri bagenzi babo batitabira gutanga imisanzu yo kuriteza imbere kandi ari ryo ribakorera ubuvugizi.