Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buranenga bamwe mu barimu basigaye barangwaho ubusinzi bukabije n’ibindi bikorwa bigayitse bibangamira ireme ry’uburezi akarere kaba kifuza kugeraho.
Umugore witwa Mukaruberwa Seraphine uri mu kigero cy’imyaka 40, wari utuye mu murenge wa Remera, akagari ka Butiruka mu mudugudu wa Gasabo mu karere ka Gatsibo, yaraye yihswe atewe ibyuma n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 5 Nyakanga 2015.
Kuri uyu wa 05 Kanama 2015 abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 19 yose igize Akarere ka Gakenke bagiranye inama n’inzego z’akarere bagamije gusuzuma no kunoza imihigo ya 2015-2016 kugira ngo bagamije kurebera hamwe uko yarushaho gusubiza ibibazo by’abaturage.
Mu gihe hashize icyumweru n’igice rwiyemezamirimo Gatarayiha Augustin uhagarariye sosiyete y’ubwubatsi ECORBAT ahagaritse kubaka inzu y’ubucuruzi y’abakozi b’akarere ka Rutsiro, aratangaza ko iyi koperative yishe amasezerano bari baragiranye bituma ahagarika imirimo yo kubaka.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA,u Rwanda rwongeye gutakaza imyanya 13 aho rwavuye ku mwanya wa 78 rwariho mu kwezi gushize,rukaba rwagiye ku mwanya wa 91 ku isi mu mupira w’amaguru
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 51 tugize Akarere ka Nyanza kuva ku wa 05 Kanama 2015 bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri yo kubafasha gutyaza ubwenge mu birebana n’imitegurire y’igenamigambi rigamije gufasha abaturage mu kwihuta mu iterambere.
Abahinzi b’icyayi mu mirenge ya Kibeho, Mara, Ruramba na Rusenge bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata baratangaza ko kuva bakwegurira icyayi cyabo uru ruganda ngo umusaruro wiyongereye.
Mu rwego rwo kwitegura shampiona y’umwaka w’imikino wa 2015/2016,ndetse no gusuzuma abakinnyi baguzwe n’aya makipe yombi,kuri uyu wa gatandatu ikipe y’Amagaju na Police Fc barakina umukino wa gicuti
Abahinzi bo mu Karere ka Burera batangaza ko abajyanama b’ubuhinzi babafashije cyane babigisha guhinga kijyambere, batera imbuto z’indobanure kandi bashyiramo n’ifumbire bityo umusaruro urushaho kwiyongera.
Imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali kugeza ku tariki ya 10 y’uku kwezi kwa Kanama, rirereka abaguzi bimwe mu bikoresho nk’amasafuriya yihariye; akamashini gashya ibiribwa bikavamo ifu, igikoma n’imitobe, ipasi n’udukoresho dukeba imboga; bikaba byafasha koroshya ubuzima, gukora ibifite ubuziranenge no kubona (…)
Mu ijoro rishyira tariki 5 Kanama 2015, inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zatahuye uruganda rwa “Kanyanga” mu rugo rw’Umukuru w’Umudugudu wa Gahondo mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Muhazi ndetse zita muri yombi abantu bane bari batetse Kanyanga cyakora nyir’urwo ruganda witwa Mukamusangwa Donatha yahise yiruka (…)
Bamwe mu bahinga igishanga cya Rwabashyashya batangaza ko guhinga mu mpeshyi bibaha umusaruro ufite agaciro karuta uwo babona mu bihe bisanzwe; kuko n’ubwo bakoresha ingufu nyinshi bavomerera ngo imyaka ya bo ituma, imboga bahinga ziba zikenewe cyane ku isoko.
Abagize Kompanyi yitwa “House of Technology Ltd” baravuga ko uburyo bushya barimo guhuguramo abarimu bwo kwigisha amasomo cyane cyane ay’ubumenyi (Sciencies) hifashishijwe ikoranabuhanga buzatuma abanyeshuri barushaho gusobanukirwa n’ibyo biga, bityo ikibazo cy’ireme ry’uburezi rikunze gukemangwa mu Rwanda kigakemuka.
Abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA batuye mu karere ka Ngororero bavuga ko ingingo y’i 101 igomba guhinduka ngo batore uwabagejejeho imiti igabanya ubukana, byabaviramo ingaruka zo kwicwa n’agahinda bagatakaza abasirikare (anticorps) bo mu mubiri wabo.
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Johnattan Mckinstry tamaze guhamagara abakinnyi 26 bagomba mu mwiherero uzabera mu gihugu cya Ecosse n’ubwo igihe cyo kujyao kugeza kuri uyu mwanya kitaramenyekana.
Kuri uyu wa 3 Kanama 2013, mu biganiro byahuje intumwa za rubanda na ba mutima w’urugo bo mu Karere ka Gatsibo, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora ubuziraherezo bavuko ko ‘yabakuye aho umuhinzi yakuye inyoni’.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, arasaba ababyeyi bo mu Karere ka Nyabihu gushakira abana babo bari mu biruhuko bakabarinda kuba imburamukora no kwishora mu bitabafitiye akamaro.
Guhera mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Kanama 2015, kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gatunda hafungiwe abantu bane bose bakekwaho kwiba ibendera ry’igihugu, ry’Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Gatunda.
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Ngamba, mu Karere ka Kamonyi ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu, kuri uyu wa 3 Kanama 2015, abaturage babatangarije ko bakeneye kuyoborwa na Kagame igihe cyose akiriho.
Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports itoreye komite nshya ,kuri uyu wa gatatu nibwo Komite icyuye igihe iza guhereza ububasha bwo gukora Komite nshya iyobowe na Gacinya Denis watowe kuri iki cyumweru
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga, abahagarariye amabanki n’abagize urwego rwa Sosiyete Sivile barasaba ko inginga y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka bakongera kwitorera Paul Kagame.
Kuri uyu wa 04 Kanama 2015 umugore uri mu kigero cy’imyaka 22 witwa Dusengimana Speciose wari utuuye mu Kagari ka Mberi mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro yikubise hasi ahita yitaba Imana.
Bamwe mu bahagarariye amadini bo mu Karere ka Kirehe bashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa ngo bafite impungenge ko nyir’ubwite ataratangaza niba yemera gukomeza kubayobora none ngo batangiye gusengera icyifuzo cyabo ngo azavuye “Yego”.
Mu rwego rwo guteza imbere umuco wo guha "Agaciro" no kwishimira ibyagezweho n’umusaruro w’ubutaka, Guverunoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC), ifatanije n’abafatanyabikorwa batandukanye, yateguye umunsi wo kwizihiza Umuganura. Ku rwego rw’igihugu uyu munsi uzizihirizwa mu Burasirazuba (…)
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 2 Kanama 2015, babahamirije ko basaba ku bwabo ko Itegeko Nshinga rivugururwa kandi ko nta wundi muntu ubibahatira.
Paul Van Haver, umuhanzi w’icyamamare ku isi ndetse no ku mugabane w’Uburayi uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Stromae, nyuma yo gusubika ibitaramo bye kubera impamvu z’uburwayi mbere gato y’uko aza kuririmbira mu Rwanda, kuri ubu yamaze gutangaza ko azasubukura ibitaramo bye muri Nzeri 2015 ariko nta gihugu cy’Afurika (…)
Abagize komite z’abunzi 245 bava mu mirenge itandatu yo mu Karere ka Musanze, barahiriye kuzasohoza inshingano zo guca imanza z’abaturage mu buryo bwunga bagasabwa kurushaho kurangwa n’ubunyangamugayo kubera ko n’ububasha bahawe bwiyongereye.
Abatuye umurenge wa Rukumbeli akarere ka Ngoma barashima ubuyobozi bwa perezida Kagame, banasaba ko yakomeza kuyobora kugirango hamwe n’ibyo byiza yabagejejeho abashe kubageza kubindi byinshi yasezeranije abanyarwanda muri viziyo 200 birimo n’umuhanda wa Kaburimbo Ngoma-Bugesera Ramiro.
Abaturage bifitiye ikimenyetso cy’uko Perezida Kagame amanuka akabegera, bitewe n’imiyoborere myiza ye, akabasha kubaganiriza no kubagira inama mu bijyanye no kwigira no kwiteza imbere ngo akaba ari yo mpamvu bifuza ko ahabwa amahirwe agakomeza kubayobora.
Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji aratangaza ko intego ze yabashije kuzigeraho nyuma y’igitaramo “Inkirigito Concert” yakoze mu mpera z’uku kwezi.
Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba Madame Mukandasira Caritas asaba abaturage b’akarere ka Nyabihu kwitabira gutanga ubwisungane mu kwivuza, nka kimwe mu by’ingenzi basabwa kandi bibafitiye umumaro.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa indirimo y’umuhanzi Teta Diane yise “Tanga Agatego, isohotse mu mashusho imaze kurebwa n’abantu barenga ibihumbi bitanu, ibi bigafatwa nk’ikimenyetso ko ikunzwe cyane.
Uhagarariye igihugu cy’u Bwongeleza mu Rwanda William Gelling, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ari ugushaka umuti urambye wo kuyirwanya uzanafasha urubyiruko rw’ejo hazaza guhindura amateka mabi yaranze igihugu.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu 3 Kamena 2015 yavuze ko minisiteri ayobora yashyize ingufu mu gukangurira Abanyarwanda Umuganura ndetse anahamya ko n’Abanyarwanda bari mu mahanga bazawizihiriza mu bihugu barimo.
Umwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR, akaza gufatirwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano muri 2001, avuga ko yitaweho ku buryo bushoboka anahabwa amafaranga yo gutangiriraho yiteza imbere ubwo yasozaga ingando i Mutobo kandi ngo nta handi biba ku isi bityo agasaba ko Perezida Kagame akomeza kuyobora u Rwanda.
Abenshi mu bakozi bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, n’abakora muri IPRC-South, bagaragaje ko bifuza ko perezida w’u Rwanda atakongera kugira inzitizi ya manda, ahubwo amatora akazajya aba ariyo agenda niba akwiye gukomeza kuyobora.
Producer David utunganya indirimbo muri Studio ya Future Records avuga ko nubwo yatandukanye na MC Anita Pendo bahoze bakundana bishoboka ko igihe cyazagera bagasubirana.
Mu biganiro byahuje abadepite n’abarimu, abikorera n’abafite ubumuga mu Karere ka Ngoma, ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga igena manda za Perezida wa Repubulika,ibi byiciro byagaragaje ko kwitesha Kagame byaba ari ishyano bakoze bitewe n’uko ngo bamubonamo umuyobozi udasanzwe.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko rimwe mu terambere babashije kugeraho mu myaka 21 ishize u Rwanda rwibohoye, ari ukwibohora mu bukene bwo kwiyorosa ibirago kuko nta bundi bushobozi bari bafite.
Ngo mwarimu wo ha mbere yarangwaga no kwambara inkweto zamusaziyeho, zisa nabi umubonye wese akavuga ngo Gakweto arahise iyo nyito ifata abarimu bose, ariko ubu ngo abarimu bahawe agaciro na Perezida Paul Kagame wabashingiye Umwarimu sacco n’ibindi bikorwa bibafasha kwiteza imbere.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne, aratangaza ko umuganura utigeze uta agaciro mu mu muryango Nyarwanda, ahubwo hahindutse uburyo umuganura wa kera wizihizwaga, kuko ubutumwa wabaga ugamije gutanga ntacyahindutsemo.
Mu rwego rwo guteza imbere umukino w’intoki wa Handball mu Rwanda,umuryango wa Gorillas handball club watangije umushinga wo gushakisha abana bafite impano muri uwo mukino,aho ku ikubitiro hamaze bamaze guhuriza abana mu bigo bitatu batozwa uwo mukino.
Abarezi bo mu mirenge igize Akarere ka Muhanga baravuga ko kubera ibyiza bagejejweho na Perezida Kagame bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakongera bakumutorera kuyobora kuko ntawundi babona ushoboye.
Nyuma y’imyaka igera hafi kuri itatu umuhanzi Sgt. Robert atakigaragaraza cyane muri muziki, aho yari ari mu rwuri yororeramo mu Kagari ka Kageyo mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza, yadutangarije ko uretse kuba ari umusirikari, mu bimuhugije harimo ubworozi no kubaka.
Abahanga mu by’amategeko, abarimu muri kaminuza, abashakashatsi n’abashumba b’amatorero, bunze mu ry’abandi baturage bavuga basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahindurwa, aho na bo bifuje ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.
Ingendo abadepite bari bamazemo iminsi bakora mu karere ka Rubavu mu rwego rwo kumva ku bitekerezo byabo ku ihindurwa ry’ingingo y’i 101, byasojwe abaturage babahamirije ko nta w’undi muyobozi bashaka mu Rwanda nyuma ya 2017 atari perezida Kagame.