Umuryango mpuzamahanga Delgua watangije igikorwa cyo gutanga ibikoresho bisukura amazi neza n’amashyiga ya kijyambere agabanya imyotsi n’ibicanwa mu rwego rwo gufasha abaturage batishoboye bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe mu rwego kubafasha gusukura amazi bagakoresha amazi meza ndetse no guteka vuba kandi (...)
Umukozi wari ushinzwe imisoro mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaburiwe irengero, amakuru amaze kugaragaraga mu bitabo byo kwakiriramo imisoro akaba ari uko yacikanye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni imwe.
Umutoza wa Arsenal, Arsène Charles Ernest Wenger, yavuze ko mu gihe amaranye n’iyi kipe, yicuza kuba atarasinyishije umukinnyi Christiano Ronaldo wo muri Portugal kuko ngo yari amufite neza mu biganiro bagiranaga, ariko akaza gutinda maze akigira ahandi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafashe ingamba nshya zo gucyemura bimwe mu bibazo byakomeje gutuma aka karere gahora mu myanya y’inyuma mu mihigo, nyuma y’uko bwisuzumye bugasanga bimwe mu bibazo biterwa no kutegera abaturage n’imikoranire itari myiza hagati y’abayobozi.
Abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagira uburangare mu gukemura ibibazo by’abaturage bagiye kujya bakurikiranwa nibiba ngombwa bafatirwe ibihano byo guhagarikwa, kuko byagiye bigaragara ko ibibazo byinsh bikemuka ari uko umukuru w’igihugu ahageze.
Urugaga nyarwanda rw’abahanga mu by’imiti (abafarumasiye) rwitwa National Pharmacy Council (NPC) hamwe na Ministeri y’ubuzima, baraburira abatari muri urwo rugaga n’abandi bose bakora mu by’imiti, nk’abayitanga batabyemerewe (bitwa rumashana), ko bashobora kubihanirwa mu gihe baba bagaragaye.
Abagore bari mu muryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, baratangaza ko bishimira iterambere bagezeho binyuze muri gahunda zirangajwe imbere na FPR, dore ko ngo bari barahejejwe inyuma ariko kuri ubu bigishijwe kwibumbira hamwe no kwihangira imirimo.
Mu karere ka Rwamagana hatangijwe imurikagurisha rya 6 ry’intara y’Iburasirazuba ku gicamunsi cyo kuwa 21/09/2014, rihuje abamurikabikorwa 131 baturutse mu bihugu bitanu by’Afurika ndetse no ku mugabane wa Aziya.
Umukozi ushinzwe ahabikwa inyandiko n’amadosiye muri gereza ya Nyanza yafatishije imfungwa ebyiri zashakaga kumuha ruswa ngo azifashe kugera kuri dosiye y’umwe muri bo, bahindure ibisanzwe biyanditswemo, nyir’iyo dosiye afungurwe atarangije igihano.
Abayobozi muri Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) n’ab’ikigo gishinzwe gutanga amazi (WASAC), biriwe bagenzura imikorere y’ingomero zivamo amazi, amatunganyirizo, imiyoboro n’ibigega byayo kuri uyu wa 17/9/2014, bakaba bemeje ko nta bushobozi inganda z’amazi zifite bwo gutanga ahagije umujyi wa Kigali wose.
Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 80 utuye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yatangajwe ko yitabye Imana kuwa mbere tariki 15/09/2014 ariko abantu batunguwe ubwo kuri uyu wa kabiri bajyaga kumushyingura bagasanga umutima we utera.
Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene wahoze uyobora umutwe wa Sena mu Nteko Ishinga Amategeko mu Rwanda yamaze kwegura ku mirimo ye ku gicamunsi cyo kuwa 17/09/2014, umwanya yari yaratorewe kuwa 10/10/2011.
U Rwanda ruri mu bihugu bicye ku isi byatoranyije kuzatanga ibitekerezo bizagenderwaho mu nama mpuzamahanga itegurwa n’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye, Ban ki Moon ku butabazi n’ibikorwa bya kimuntu izaba mu mwaka wa 2016.
Umunyonzi utaramenyekana amazina ye yaguye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu mudugudu wa Gahembe mu kagari ka Maranyundo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Uwari perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu mutwe wa Sena mu Rwanda, Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene, amaze kwegura ku mirimo ye yo kuyobora sena ariko asaba gukomeza kuba umusenateri.
Abunzi bo mu Rwanda, Abashingantahe b’i Burundi ndetse n’Abayobozi gakondo (chefs coutumiers) bo muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, guhera tariki ya 16-18/09/2014 bari mu nama nyunguranabitekerezo ku kuntu barushaho kunononsora umurimo wabo wo kunga.
Urubanza rwa Mugabe Kwizera Victory ukomoka mu karere ka Gatsibo akaba akurikiranweho ubwambuzi bushukana ndetse no kwiyitirira inzego z’iperereza kandi adakoramo rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16/09/2014 mu rukiko rw’ibanze rwa Gicumbi abatangabuhamya bashinja umuyobozi mu murenge gukorana nawe.
Icyamamare muri muzika Emmanuel Bezhiwa Idakula bita BEZ ukomoka muri Nijeriya arahamya ko iterambere u Rwanda rugezeho riri ku rwego rwiza mu nzego zose, agasaba abahanzi n’abakora umuziki mu Rwanda kudasigara inyuma kandi bakihatira gukora umuziki w’umwimerere niba bashaka gutera imbere.
Mukanyangezi Claudine na Uwimana Rachel basanzwe ari abakeba bakaba batuye mu mudugudu wa Gihisi A mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bakozanyijeho mu mirwano yabereye hafi y’ingo zabo nyirabukwe wabo abatabaye kugira ngo abakize umwe muri bo aramwadukira amukubita igiti mu rubavu yitaba Imana (...)
Urubanza ruregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2014 rwaburanishirijwe mu kagari ka Nyankurazo mu murenge wa Kigarama aho atuye asabirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Nyuma y’uko gahunda ya Ndi Umunyarwanda itangijwe muri gereza ya Nyamagabe, umwe mu bagororwa bakozwe ku mutima n’iyi gahunda, abifashijwemo n’abari abaturanyi be, yerekanye aho yajugunye umwana w’imyaka 15 cyane cyane ko hagiye hubakwa amazu mashya nyuma y’imyaka 17 afunzwe.
Minisitiri w’Ingabo z’Igihugu, Gen. James Kabarebe, agaragaza ko Akarere k’Ibiyaga Bigari kadashobora kugira amahoro n’umutekano igihe cyose umutwe wa FDLR uteza umutekano muke ku Rwanda n’akarere muri rusange udahagurukiwe ngo urwanwe.
Ministiri w’umuco na Siporo, Joseph Habineza yatangaje ko agiye kunoza servisi muri Ministiri ayobora ya MINISPOC n’ibigo biyishamikiyeho, mu rwego rwo gushimisha ababagana no kongera umusaruro uva mu byo ibyo bigo byinjiriza Leta.
Mu bantu batanu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ishyamba rya Gishwati batatu basabiwe kuburana bafunze naho babiri bemererwa kuburana bari hanze mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umugabo witwa Ngamijimna ukomoka mu karere ka Burera mu murenge wa Gatebe mu kagari ka Musenda umudugudu wa Sabukima biracyekwa ko yitabye Imana ubwo yogaga mu mu kiyaga cya Rugezi tariki 16/09/2014 mu ma saha ya saa yine.
U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurinda akayungirizo karinda izuba, uyu munsi wizihizwa buri mwaka tariki 16 nzeri abantu bagakangurirwa kwirinda ibikorwa bihumanya ikirere.
Ibihugu bitanu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byatangiye kwiga uko hatorwa itegeko rimwe rizagenga amakoperative mu rwego ryo kunoza imikorere n’ubuhahirane hagati y’amakoperative yo mu bihugu by’u Rwanda, Burundi, Uganda, Tanzaniya na Kenya.
Umusaza witwa Rugeriki Malachie yimanitse mu mugozi ku cyumweru tariki 14/09/2014 ahita yitaba Imana akaba ngo yariyahuye kubera amakimbirane yari afitanye n’umugore we witwa Tugimari.
Mu gihe abaturage b’imirenge ya Gatunda na Rukomo akarere ka Nyagatare bavuga ko abajura cyane ab’amatungo babarembeje, ubuyobozi burabasaba kugira uruhare mu kwicungira umutekano ahanini bakaza amarondo.
Abana bane b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 13 na 15 bafatiwe ahitwa kuri Arete mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera, bari mu modoka ibajyanye i Kigali kureba umugore wari wabemereye akazi ko gukora mu rugo.
Abakora mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka ku mipaka y’u Rwanda bagera ku 120 biganjemo abapolisi, bari guhugurwa na polisi y’igihugu ku kwakira neza impunzi zishobora kwinjira ku butaka bw’u Rwanda.
Ishuli ryisumbuye rya Islam riri i Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ryungutse umubano n’igihugu cy’Ubudage rinaterwa inkunga yo kuzubakirwa laboratwari izatwara amafaranga asaga miliyoni icumi mu rwego rwo gufasha imyigishirize myiza y’amasomo ya siyansi ahatangirwa.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, yasuye inzu y’ingoro y’ibidukikije yuzuye mu Karere ka Karongi maze asaba ko bitarenze mu mpera z’uyu mwaka igomba kuba yarafunguwe ku mugaragaro igatangira imirimo yayo.
Ubwo yasuraga ingoro ndangamurage y’ibidukikije imaze kuzura mu karere Karongi, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, yeretswe ahari abwato bunini bw’Abadage ngo basize batabye mu Kivu nyuma yo gutsindwa intambara ya mbere y’isi kugira ngo Ababibiligi batazabwitwarira.
Muri shampiyona yo mu gihugu cya Espagne, ikipe ya FC Barcelone ikomeje kuba mu bihe byayo byiza itsinda imikino yose imaze gukina, mu gihe ikipe ya Real Madrid ikomeje guhura n’ibibazo byo gutsindwa muri iyi minsi.
Shampiyona ya 2014/2015 mu mupira w’amaguru izatangira kuri uyu wa 20 Nzeri 2014 aho APR FC nk’iyatwaye igikombe giheruka cya Shampiyona izakira Musanze FC kuri Stade Regional i Nyamirambo, mu gihe Rayon Sport yatwaye umwanya wa kabiri izakina n’Amagaju FC ku munsi ukurikiraho nabyo bikazakinira kuri Stade Regional.
Umusore witwa Uwiringiyimana Jean Claude w’imyaka 21 y’amavuko utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yafashwe yibye ihene eshatu umuturage ariko yafashwe asigaranye ihene ebyiri gusa kuko indi yari yamaze kuyigurisha n’ucuruza akabari.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yaburanye tariki 15/09/2014 urukiko rumusabira gufungwa iminsi 30 mu gihe bakiga ku kirego aregwa cyo kunyereza umutungo wa Leta ariko uwo bari bafunganywe ushinzwe ubworozi bw’amatungo we yabaye arekuwe by’agateganyo.
Nubwo agace bari batuyemo mu gihugu cya Repabulika iharanira demokarasi ya Congo ntawababuzaga gutaha kubera ko ngo ako agace katabarizwamo umutwe wa FDLR, ubuzima butari bwiza bari babayemo ntibwari gutuma bihanganira kuruhira hanze y’igihugu cyabo.
Aborozi bo ku Buhanda mu karere ka Ruhango, baravuga ko ubworozi bw’inka bubateza ibihombo, kuko batabona aho bagemura umukamo wabo, ugasanga n’amafaranga bakuramo ntabasha no kubagurira ubwatsi bw’inka.
Uruganda rutunganya inzoga zitandukanye mu Rwanda, Bralirwa, rwashyize ku isoko icupa rishya ry’inzoga ya Heineken ryise “The Cities” mu rwego rwo kwiyegereza abakiriya bayo.
Uwahoze ari Senateri Gasamagera Wellars, wari mu batumiwe n’urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere (RGB), mu muhango wo kwifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa demokarasi kuri uyu wa 15/9/2014 mu ngoro y’Inteko, yasobanuye ko demokarasi ari umwimerere wa buri gihugu, aho kuba ikintu ngo bagenda bagatoragura mu (...)
Umuryango nyarwanda ugamije kwigisha amahoro Rwanda Peace Educational Program (RPEP), ku bufatanye n’urwibutso rw’abazize Jenoside rwa Gisozi, batangije imurika rizamara ibyumweru bitatu mu karere ka Muhanga rikaba rizibanda ku kwerekanano gusobanura ubutumwa bw’ababashije kwiyubaka nyuma ya Jenoside.
Ribanje Ananias na Barayavuga Sadi bo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma bari mu maboko ya Polisi station ya Kibungo nyuma yo gufatanwa inka bibye bashaka kuyigurisha mu masaha ya saa cyenda za mugitondo.
Mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2014-2015 mu karere ka Nyaruguru, Minisitiri w’umutekano Sheikh Musa Fazil yasabye abaturage batuye ako karere kurushaho gukora kandi bagakorera hamwe, kuko igihugu gifite umutekano.
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yemeye inyandiko zibohereza guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda kuri uyu wa 15/9/2014; ba ambasaderi b’ibihugu bya Pakistan, Botswana, Venezuela, u Buhinde n’u Bubiligi (abenshi muri bo bafite icyicaro i Nairobi muri Kenya) bemeje ko ubufatanye bw’ibihugu byabo n’u Rwanda (...)
Mu mezi atatu ashize abaturage bavuga ko barambiwe guhinga icyayi mu mirenge ya Ruharambuga, Shangi , Karengera na Bushekeri, aho abahinzi bavuga ko icyo gihingwa ntacyo kikibamariye bagahitamo kukirandura no guhinga ibindi bihingwa ngadurarugo bavuga ko ari byo bibafitiye akamaro kurusha icyayi.
Abantu 35 bakomoka mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi bari mu bitaro bikuru bya Byumba nyuma yo kunywa ikigage gihumanye mu bukwe ku witwa Ugirimana Leonodas tariki 14/9/2014.