Ubuyobozi bwa Espagne bumaze gukuraho ibirego bwaregaga Lt Gen Karenzi Karake Emmanuel, umwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda maze urukiko rwo mu Bwongereza rwamuburanishaga ruhita rumurekura ku gicamunzi cyo kuri uyu wa 10 Kanama 2015.
Abakozi 125 bakora mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro muntara y’Iburasirazuba (IPRC East) bashoje itorero ry’abatoza b’intore, biyemeza guhuza ubumenyi butandukanye bafite mu gushaka ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko buzajya bushimira imiryango ibanye neza kugira ngo ibere urugero ibana mu makimbirane kandi ibashe kuyigira inama.
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa 7 Kanama 2015, abaturage bagaragaje ko bawufata nk’umunsi wo gusuzuma ibyo bamaze kugeraho mu iterambere ndetse bakanareba ibyo bagomba kongeramo imbaraga kugirango bakomeze bizatere imbere.
Senateri Marie Claire Mukasine atarangaza ko u leta iteganya kugira Umuganura umunsi mukuru ndengamipaka, ukazajya unakurura ba mukerarugendo, nk’uko yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye mu kuwizihiza.
Kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi bagera ku ijana na mirongo icyenda (190) batangiye amarushanwa yiswe Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",aho ku munsi wa mbere hakinwe umukino wa Tennis.
Bamwe mu basaza n’abakecuru batuye mu bice bitanduknaye byo mu Karere ka Gakenke basanga uko baganuraga bitandukanye cyane n’iby’ubu kuko mbere abana babanzaga kuganuza ababyeyi babo nyuma hakabaho guhura kw’imiryango n’inshuti ubundi bagasangira ku musaruro bagasabana ku buryo habaga ibyishyimo bidasanzwe kuri uwo munsi
Abatutage bo mu Kagari ka Agatonde mu Murenge wa Kibungo ho mu Karere kaNgoma, ubwo bizihizaga Umunsi w’Umuganura kuri uyu wa 7 Kanama 2015 bavuze ko iki gikorwa kiziye igihe kuko kibibutsa indangagaciro nziza y’urukundo, gusangira no gufata ingamba zo kongera umusaruro baharanira kwigira.
Mu Kagari ka Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda, Umunsi w’Umuganura wizihirijwe mu Mudugudu wa Nyagacaca ahahuriye abaturage b’imidugudu itanu igize aka kagari, maze abakuru b’imidugudu na bamwe mu baturage bamurikira rubanda imihigo bagezeho n’iyo ateganya kugeraho.
Batanu mu basirikare umunani b’Ingabo z’u Rwanda bakomeretse barashwe na mugenzi wabo ubwo bari mu butumwa bw’Amahoro muri Centrafrica (MINUSCA), bajyanywe muri Uganda kugira ngo barusheho kwitabwaho n’abaganga.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko igikorwa cyo kwizihiza umuganura, abaturage bari hamwe basangira, ari igikorwa cyiza kizatuma Abanyarwanda barushaho kunga ubumwe, bungurana ibitekerezo.
Umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu Rwanda washyizwemo ingufu haba ku bahinzi ubwabo no ku bafatanyabikorwa mu buhinzi kugira ngo abakora ababukora bihaze mu biribwa kandi basagurire amasoko.
Uburyo burya bwo gutera imiti yica imibu mu bishanga no mu bidendezi, byagize uruhare mu kugabanya indwara ya malariya, nyuma y’uko ubushakashatsi bwari bwaragarije ko hari icyo bishobora guhinduraho.
Kuri uyu wa 08 Kanama 2015, mu Mudugudu wa Mirama ya 2 mu Kagari ka Nyagatare ho mu Murenge wa Nyagatare, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, James Musoni, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rutunganya amazi rufite ubushobozi bwo gutunganya amazi angana na metero kibe 2300 ku munsi, rukazagaburira umujyi wa Nyagatare (…)
Abaturage n’abayobozi bo mu Karere ka Musanze bizihizaga umunsi w’umuganura, bemeza ko umunsi w’umuganura waheraga mu muryango, wagiraga uruhare mu gukomeza ubumwe mu bagize umuryango n’abaturage kuko babonaga umwanya yo gusangira no gusabana ibyo bejeje.
U Rwanda rwatangije ishami ry’Umuryango Nyafurika Pan African Mouvement/PAM uharanira gukorera hamwe kw’Abanyafurika bagamije kuva mu bukene no guharanira imibereho n’imiyoborere myiza.
Hagamijwe kurushaho gufasha abaturage kwandikisha ubutaka bwabo no gukora ihererekanya ryabwo kandi hubahirizwa icyo bwagenewe gukora, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere cyahuguye abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yo mu Ntara y’Iburasirazuba ku mategeko (…)
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu karere ka Gisagara, Umuyobozi wako, Léandre Karekezi, yasabye abaturage kutishimira ibyo bagezeho ngo bagarukire aho, ahubwo kikaba n’igihe cyo kwicara bakareba aho bifuza kugera mu iterambere maze bagahiga kuzahagera.
Ikipe ya police Fc ikomeje imyiteguro ya Shampiona,aho nyuma yo gutsinda ikipe ya APR Fc 1-0,yongeye gutsinda ikipe y’Amagaju Fc igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri stade ya Kicukiro kuri uyu wa gatandatu.
Ikipe ya Espoir yongeye kwegukana igikombe gisoza shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda,nyuma yo gutsinda ikipe ya Patriots imikino itatu kuri umwe (mu bagabo), mu gihe mu bagore ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe imaze nayo gutsinda UBUMWE BBC imikino itatu kuri umwe
Abaturage bibumbiye mu midugudu ya Nduba, Mukebera na Kindoyi igize akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, basanga umuganura ari inzira yaganisha abanyarwanda ku bumwe n’ubwiyunge.
Mu kwizihiza umuganura abaturage b’i Simbi ho mu Karere ka Huye bamuritse ibyo bagezeho, bamwe bagabirwa inka muri gahunda ya Girinka, abandi na bo bitura bagenzi babo inka bahawe mu bihe byashize na bo muri gahunda ya Girinka.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kivuga ko kitanyuzwe n’umubare w’abakoresha neza imashini zitanga inyemezabuguzi(EBM), aho abangana n’ibihumbi umunani mu bihumbi 16 by’abacuruzi, ari bo bonyine batanga inyemezabuguzi za EBM(Electronic Billing Machine).
Abaturage bo mu mudugudu wa Kidaho, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bizihije umunsi w’umuganura bishimra ibyo bagezeho banahigira gukomeza kugira isuku mu ngo zabo baca ingeso yo kurarana n’amatungo mu nzu, igaragara hamwe na hamwe.
Ubuyobozi bushinzwe imikino mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Ruhango, buravuga ko nyuma yo kubona ko hari abana benshi bafite imano zitandukanye mu mikino yose ariko ntizibashe kumenyekana zigapfa ubusa, bashyizeho ingamba kubakurikiranira hafi.
Abana bafite ubumuga bwo mu mutwe baratabarizwa kugira ngo umuryango Nyarwanda ubahe uburenganzira bwo kwigishwa no kwitabwaho kimwe na bagenzi babo batabufite, kuko bashobora kugirira akamaro igihugu.
Ikigo Balton Rwanda kihaye intego yo gukwirakwiza ingarani zagenewe gukumira umwanda ugaragara mu bwiherero abagore bashaka kujugunya impapuro z’isuku zizwi nka cotex (Sanitary pads) zishobora gukurura izindi ndwara mu gihe zidacunzwe neza.
Umusaza witwa Sayinzoga Selesitini wo mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi avuga ko umuganura ukwiye kubera Abanyarwanda b’iki gihe ikimenyetso cy’ubumwe n’igihango Abanyarwanda bo hambere bari bafitanye mbere y’umwaduko w’abazungu.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bamaze gukusanya amafaranga asaga miliyoni 17 mu kigega ishema ryacu, mu rwego rwo gutanga ingwate igamije gufunguza Gen. karenzi karake wafatiwe mu bwongereza. Ubuyobozi bw’akarere bwemeza ko abaturage bagikomeje uwo mutima wo gutanga amafaranga mu rwego rwo kwerekana urukundo, (…)
Mu karere ka Nyanza ibirori byo kwizihiza umunsi w’umuganura ybyabereye kuri stade y’akarere, hamuritswe umusaruro bejeje basangiza abana umutsima w’amasaka bawusomeza amata nk’imwe mu mico yarangaga ubusabane mu Rwanda rwo hambere.
Bamwe mu basenyewe n’umutingito uherutse kwibasira igice cyo mu biyaga bigali u Rwanda ruherereyemo, batangaza ko amazu yabo yasenywe n’iki kiza bakaba basaba ubufasha bwo kubona aho kuba kuko ntaho gucumbika bafite.
Guhera taliki ya 10 Kanama kugeza taliki ya 15 Kanama 2015,kuri Hotel Novotel Umubano harabera amarushanwa yateguwe n’iyo Hotel,amarushanwa yiswe "Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",azahuza abakinnyi bakina umukino wa Tennis ndetse no koga
Impuguke mu by’imirire za Ministeri y’ubuzima MINISANTE() zivuga ko leta igiye gukangurira ababyeyi konsa neza abana no kwitabira imirire iboneye, kuko ihangayishijwe n’ibibazo biterwa n’imirire mibi no kudatamika umwana ibere mu buryo bwiza; biteza umwana kudakura neza ndetse na kanseri y’amabere ku mubyeyi.
Umutingito wumvikanye mu Rwanda ku isaha ya saa cyenda n’iminota 25 ugakurikirwa n’undi wumvikanye nyuma y’imota itatu wa mbere ubaye, wagize ingaruka kubantu batuye mu ntara y’Uuburengerazuba harimo amazu yangiritse.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Gisagara baratangaza ko bamaze kumva akamaro ko kwihangira umurimo no gukora bakiteza imbere byatangiye kubaha umusaruro, ariko bakanavuga ko hakiri urugendo kuko hari abagishaka kurya batakoze.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kiryi, Akagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza bavuga ko gahunda ya Girinka nta muturage irageraho mu mudugudu wabo kandi mu yindi midugudu abaturage barabonye inka muri gahunda ya Girinka bagasaba ko na bo ibageraho.
Ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba bwizeje ko buzakomeza kuba ikigega cy’igihugu mu buhinzi n’ubworozi, nk’uko bwabitangarije mu nkera y’imihigo ibanziriza umunsi w’umuganura yabereye mu mudugudu w’Akayange akagari ka Ndama umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 6 Kanama 2015.
Inzego z’umutekano zirasaba abaturage bo mu kagari ka Kabura ko mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza gukorana na zo mu rwego rwo guhashya Kanyanga yakunze kuvugwaho kuba intandaro y’umutekano muke muri ako kagari.
Abunzi b’imirenge ya Rukoma, Ngamba na Karama barahiriye uyu murimo tariki 6 Kanama 2015, batangaza ko kubongerera inshingano bizabafasha gukemurira ibibazo abaturage benshi batagombye kujya mu nkiko.
Mu gihe urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rwisanga mo impano y’umukino wa Acrobatie, akarere karasanga kagomba gushyira ingufu muri uwo mu kino hagambiriwe no gutanga ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge.
Intumwa yihariye ya Loni muri Afurika yo Hagati, Abdoulaye Bathily, aratangaza ko ikibazo cy’u Burundi kireba buri wese, akaba ahamagarira amahanga kugira icyo akora ngo gikemuke.
Umugabo witwa Uwamahoro Alfred w’imyaka 40 utuye mu Kagari ka Rugeyo mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro aracyashakishwa n’inzego z’ubuyobozi nyuma yo gukubita umwana we bikamuviramo urupfu.
Mu gihe abamotari bo mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro bari barashyiriweho parikingi nshya yo gukoreramo hagamijwe kwirinda impanuka za hato na hato muri Santere ya Congo-Nil bakayanga, noneho bemeye gukorera muri iyo parikingi.
Kuri uyu wa 4 Kanama 2015, mu Rwanda hatangijwe urubuga rwa interineti rwitwa www.practice4ne.com, ruzajya rufasha abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye gusubiramo amasomo baba bigiye mu ishuri.
Ishyirahamwe ry’abacunda bagemuraga amata kuri koperative z’aborozi zo mu mirenge ya Murundi na Gahini mu Karere ka Kayonza zirabambura, none ubu izo koperative zirashinja abo bacunda gushaka kuzisenya kuko batakizigemuraho amata.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 06 Kanama 2015 mu Mudugudu wa Muyaga mu Kagari ka Gikombe ho mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke hafi y’Umugezi wa Nyabarongo hatoraguwe umurambo w’umugore w’imyaka 39 witwa Mutuyimana Thephilka bigaragara ko yatemagujwe imihoro myinshi mu mutwe ndetse no ku ijosi.