Umuryango FPR-Inkotanyi ubabajwe cyane kandi wifatanyije n’umuryango wabuze uwabo bitewe n’umuvundo wabaye kuri site yabereyeho kwamamaza umukandida wa RPF Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu Karere ka Rubavu.
Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yashimiye abaturage biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bavuye i Muhanga, mu Ruhango na Kamonyi, bakitabira ibikorwa byo kumwamamaza, abizeza ko ibyiza byinshi biri imbere.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga barashimira Umuryango FPR Inkotanyi, uharanira inyungu za buri Munyarwanda wese.
Ubuyobozi bukuru bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) buratangaza ko kuvuga ibigwi Perezida Paul Kagame bitagoye na gato, kubera ko u Rwanda atashoboye kubamo kubera amateka y’urwango n’amacakubiri atigeze arwibagirwa.
Dr. Frank Habineza urimo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ku itike y’Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda – DGPR), yavuze ko naramuka atsinze amatora azakuraho burundu umusoro w’ubutaka.
Ku munsi wa Gatatu yiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, umukandida wa FPR Inkota, Paul Kagame kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2024 aho yari mu Karere ka Ngororero mu bikorwa byo kwiyamama yashimiye abaturage baje muri iki gikorwa n’abanyamuryango ba RPF Inkotanyi ndetse n’imitwe ya Politiki yemeye kwifatanya (…)
Mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ndetse n’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda - DGRP), ryavuze ko ari ishyaka ritabeshya abayoboke baryo, kuko ibyo ribasezeranyije bikorwa.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga bazindutse bajya mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi, bavuga ko bishimiye kuba bagihumeka, bakaba babashije kujya muri ibyo bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame.
Muri Kenya Perezida William Ruto yavuze ko yiteguye kugirana ibiganiro n’urubyiruko ruri mu myigaragambyo yo kwamagana itegeko rishya riteganya ibyo kongera imisoro kuko bavuga ko ryatuma ubuzima burushaho guhenda mu gihe n’ubu bavuga ko buhenze.
Dusabirema Dative utuye mu Murenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero yabwiye umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame ko iyo adashyiraho amashuri atari kubasha kwiga kubera ko avuka mu muryango w’abakene, ariko kwinjira mu ishuri byamubereye inzira y’iyerambere.
Kuri uyu wa mbere tariki 24, Umukandida w’umuryango RPF Inkotanyi ku mwanya wa perezida wa Repubulika arakomereza gahunda zo kwiyamamaza mu turere twa Ngororero na Muhanga. Saa tanu n’iminota 30 ni bwo umukandida Paul Kagame akaba na Chairman w’umuryango FPR Inkotanyi, yasesekaye kuri stade ya Ngororero, yakirwa (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahumuriza abaturage b’Imidugudu ikoresha amazi ya Valley dam (ikidendezi) ya Gihorobwa ko impeshyi izarangira hamaze kuboneka igisubizo cy’amazi yamaze kurenga umucungiro, bigatera abaturage impungenge ko rimwe buzacya basanga amazi yose yagiye.
Abahanga mu bijyanye n’imyitozo bavuga ko guhumeka neza ari uguhumekesha inda n’imbavu. Ni kimwe mu byo siporo ya Yoga yigisha, kuko ifasha umuntu mu guhumekesha igice cyo kunda n’icyo ku mbavu.
Ibihumbi by’abaturage bazindukiye kujya gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame bavuga ko bagiye kumugaragariza ibyishimo by’ibyo yabagejejeho harimo; umutekano, imihanda, amazi, amashanyarazi, amashuri na girinka yahinduye ubuzima bwabo.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda FDA, hamwe n’Ihuriro ry’Abatumiza imiti n’ibikoresho byo kwa muganga (AIGPHAR), bemeranyije ko imiti yose igomba kwandikwa, kugira ngo biheshe u Rwanda kwemerwa ku rwego mpuzamahanga.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC yihanganishije umuryango w’ababuze uwabo ubwo habaga umuvundo w’abantu ku muryango wasohokeragamo abitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza i Rubavu.
Mukarere ka Nyamagabe kuri iki cyumweru tariki 23 Kamena 2024 habereye impanuka y’imodoka y’Imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi irenga umuhanda umushoferi ahita apfa abandi 4 barakomereka.
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe mu minsi imbere Mpayimana Filippe, yavuze ko hakwiye gushyirwa ingengo y’imari ya siporo mu Mirenge ndetse n’izina ‘Amavubi’ ryitwa ikipe y’Igihugu rigahindurwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kiratangaza ko guhera mu mwaka utaha w’ingengo y’imari 2024-2025, hirya no hino mu Gihugu hazubakwa ibiraro (amateme) byinshi byo mu bwoko bwa ‘Stone Arch Bridges’, bizwiho kudasohora imyuka yangiza ikirere.
Mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru hari Koperative yitwa UKC (Uruhimbi Kageyo Cooperative) ihinga ikanatunganya ubwatsi bw’amatungo ikoresheje ikoranabuhanga ridakeneye gukoresha ubutaka, ibyo bita ‘Hydroponic Fodder Technology.’ Iyo koperative imaze imyaka hafi ine ikora, yatangijwe n’abiganjemo urubyiruko (…)
Amakipe yari ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ryo kumugabane mu mukino wa volleyball yo ku mucanga (FIVB Continental Cup) yaraye asezerewe yose yongera kubura itike yo gukina imikino olempike.
Ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundayion cyo kuri uyu wa 24 Kemena 2024, gitambuka kuri KT Radio n’imbuga nkoranyambaga za Kigali Today, kiragaruka ku buryo mu Rwanda hatezwa imbere ikoranabuhanga mu burezi binyuze mu mikino.
Mu bikorwa byo kwiyamamaza k’Umukandida wa RPF-Inkotanyi, byabereye mu Karere ka Rubavu n’abo mu twa Nyabihu na Rutsiro bihana imbibi Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Abdallah, yavuze ko ubwo baheruka kuza kwamamaza umukandida w’umuryango RPF mu 2017, Intore z’Akarere ka Rubavu zatanze impano (…)
Abaturage batuye mu Karere ka Rubavu bavuga ko bashimira umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, kubera uburyo yabatabaye ubwo Sebeya yari yabateye igasenyera abarenga igihumbi naho abandi ibihumbi bitanu bagashyirwa mu nkambi.
Mu ijambo umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yagejeje ku baturage bo mu Karere ka Rubavu, yababwiye ko yaje kubasuhuza no kugira ngo bafatanye mu rugendo basanzwemo.
Musafiri Ilidephonse utuye mu Murenge wa Bugeshi mu Kagari ka Bipfura mu Kagari ka Nsherima mu Karere ka Rubavu yabwiye Perezida Kagame wiyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itaha ko ntawatera u Rwanda ngo agere I Kigali aciye ku batuye umurenge wa Bugeshi uhana imbibi n’igihugu cya Repubulika Iharanira (…)
Perezida Paul Kagame yageze aho kwiyamamariza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu saa tanu n’iminota ine kuri iki Cyumweru tariki 23 Kamena 2024, asuhuza abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari baje kumwereka ko bamushyigikiye kandi biteguye kumutora.
Abakora ubuhinzi bifashishije inzira zitandukanye zo kuhira, bavuga ko bahura n’imbogamizi nyinshi zirimo n’igiciro kiri hejuru cy’umuriro w’amashanyarazi bagasaba ubufasha inzego bireba.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu yasohoye itangazo rivuga ko nta muganda rusange w’ukwezi kwa Kamena 2024 uzaba nkuko byari bisanzwe.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF yemeje ko igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu cya 2025 (CAN2025)kizakinirwa muri Maroc kizatangira tariki 21 Ukuboza 2025 gisozwe tariki 18 Mutarama 2026.
Ihuriro ry’abaganga b’igitsina gore bavura bifashishije kubaga ‘Women in Surgery Rwanda’ (WiSR), rirahamagarira abakobwa n’abagore biga ubuganga kwitabira ishami ryo kuvura hifashishijwe kubaga, kuko umubare w’abagore bari muri iri shami kugeza ubu ukiri muke ugereranyije na bagenzi babo b’abagabo.
Abaturage ibihumbi baraye bagenda bajya ahiyamamariza umukandida w’umuryango wa FPR Inkotanyi wiyamamariza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu tariki 23 Kamena 2024.
Ba rwiyemezamirimo bagizwe n’abari n’abategarugori 25, bafite imishinga itandukanye bagiye guherekezwa ku bufatanye bwa BK Foundation n’Inkomoko, aho baterwa inkunga irimo iy’amahugurwa, ubujyanama mu kunoza imishinga ndetse imishinga ihize indi igafashwa kubona igishoro.
Mukabunani Christine Umuyobozi w’Ishyaka PS Imberakuri akaba n’umukandida ku mwanya w’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yijeje abaturage ba Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza ndetse na Nasho mu Karere ka Kirehe ko ishyaka rye niriramuka ritowe rikagira ubwiganze azavugurura ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ubuhinzi.
Nyuma y’inama nyunguranabitekerezo yahuje Abanditsi bakuru, inzego zihagarariye itangazamakuru ndetse na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yabaye tariki 20 Kamena 2024, Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwasabye abanyamakuru bose ko bagomba gukora inkuru zabo bya kinyamwuga ndetse bakirinda kubogama.
Mu byifuzo by’abikorera bo mu Karere ka Huye, hakunze kuzamo icy’uko ibiro bya MAGERWA by’i Huye byakongera gufungura imiryango.
Ikigo cy’Igihugu cy’ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA) ku bufatanye n’Umuryango mpuzamahanga uteza imbere umutungo kamere (World Resource Institute-WRI) bararebera hamwe uko ikoranabuhanga ryarushaho gukoreshwa mu kubyaza umusaruro ibiribwa byangirika mu Rwanda.
Muri Kenya, abantu basaga 200 ni bo bamaze gukomereka abandi 100 batabwa muri yombi mu myigaragambyo yo kwamagana umushinga wa Guverinoma wo kuzamura imisoro ikiyongeraho Miliyoni 2.7 z’Amadolari, nk’uko bitangazwa n’ihuriro ry’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.
Abanyeshuri batsinze irushanwa ngarukamwaka ryiswe ‘Capital Market University Challenge (CMUC 2024), bahawe ibihembo nyuma yo kurusha abandi gusobanura no kwitabira gahunda z’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda.
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Filippe, avuga ko natorerwa kuyobora u Rwanda azateza imbere inganda nto no gushyiraho amategeko agenga ubukomisiyoneri.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba batangiye urugendo rwakira Umukandida w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame wiyamamaza kuyobora u Rwanda.
Nsengiyumva Eric umuturage witabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Musanze ku mukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Kamena 2024 yashimangiye ko imiyoborere myiza ye yatumye areka igicugutu yagendagaho ubu akaba asigaye agenda kuri Moto.
Ku munsi wa mbere w’ibikorwa byo kwiyamamaza, Ishyaka Riharanira Demukarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD), ryatangaje ko nirihagararirwa mu Nteko Ishinga Amategeko rizaharanira ko umusoro ku nyongeragaciro uva kuri 18% ukagera kuri 14%.