Abayobozi batandukanye biganjemo abo ku mugabane wa Afurika barimo Perezida wa Kenya William Ruto, Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan n’abandi, bohereje ubutumwa bushimira Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Gisagara bifuza ko nk’uko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ibavuriza ku bitaro byo guhera ku rwego rw’Intara kuzamura, yabavuza no ku bitaro by’Akarere.
Abaturage bo mu Murenge wa Mulinga mu Karere ka Nyabihu, bamurikiwe ikiraro cy’abanyamaguru cyo mu kirere, bituma biruhutsa ingorane zo kutanoza imihahirane bitewe n’amazi cyane cyane yo mu gihe cy’imvura y’umuhindo cyangwa iyo mu gihe cy’itumba, yuzuraga ntibabone aho banyura, hakaba ubwo anabateje impanuka zo kuyaburiramo (…)
Mu gutegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yabaye muri uku kwezi kwa Nyakanga 2024 mu Rwanda, abafite ibibazo by’uburwayi n’ubumuga na bo ntibabihejwemo, ahubwo hagiye higwa uburyo bwo kubashakira ibikenewe kugira ngo na bo bazabashe kwitabira amatora.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ( NEC) yatangaje ko Umuryango FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki bafatanyije, ari yo PDC, PPC, PSR, PSP na UDPR, ari bo bagize amajwi menshi mu matora y’Abadepite 53, aho begukanye 62,67%.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, Minisitiri w’Ububanyi nAmahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yakiriye abayobozi batandukanye barimo n’itsinda ry’Indorerezi mpuzamahanga zitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite.
Mu Bushinwa, umugore ufite ibiro 25 gusa, yashyize amafoto ku mbuga nkoranyamabaga yereka abamukurikira uko ananutse ariko yemeza ko akomeje gahunda yo kurushaho kunanuka kugira ngo agaragare neza.
Polisi yo muri Kenya kuwa Mbere yataye muri yombi umugabo w’imyaka 33 y’amavuko, wiyemerera ko yari amaze kwica abagore 42, nyuma y’uko hatahuwe imirambo icyenda (9) yashinyaguriwe, yari yaratawe mu kimoteri cy’imyanda mu Mujyi wa Nairobi.
U Rwanda rwagaragaje ko amatora ya Perezida n’Abadepite yabaye ku wa 15 Nyakanga 2024, yabaye mu mutuzo n’ubwisanzure nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo itangaje ko yagenze nabi.
Umutoza w’Ikipe y’igihugu y’u Bwongereza Gareth Southgate yeguye ku mirimo ye nyuma y’iminsi ibiri ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza itsinzwe n’iya Espagne ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’u Burayi, nk’uko byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki Gihugu.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yashimiye Paul Kagame watorewe kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Abitabiriye igikorwa cyo gutora abagore 30% bagomba kuba Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko mu Karere ka Ruhango, barifuza ko abo bagiye kubahagararira, bazibanda ku mutekano w’umuryango kugira ngo hakumirwe ihohoterwa rikorerwa mu muryango.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima.
Nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) imaze gutangaza iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, Umukandida wigenga Mpayimana Philippe yatangaje ko icyo yifuzaga ari uko Abanyarwanda bagira uruhare mu gushyiraho ubuyobozi bwabo.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 15 Nyakanga 2024 Chairman akaba n’Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere ndetse n’abagize imitwe ya Politiki yemeye kumutangaho umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko iby’ibanze byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu (…)
Dr. Frank Habineza wiyamamarizaga umwanya wa Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yashimiye Paul Kagame watangajwe ko yatsinze amatora by’agateganyo.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko ibyibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika by’agateganyo umukandida Paul Kagame afite amajwi 99.15%.
Alphonsine Niyonsenga wo mu Mudugudu w’Akakanyamaza mu Kagari ka Rango B, Umurenge wa Tumba, yabyaye abazwe, ikinya kimushizemo yihutira kujya gutora.
Uwageze kuri site y’amatora ya Ecole Autonome iherereye mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, yagiye ahura n’abantu bambaye ibyangombwa bibaranga (badges) biriho amabara y’ibendera ry’u Rwanda.
Umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, hamwe n’umuryango we, kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024 bitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite.
Kimwe n’ahandi mu Gihugu, abaturage bo mu Karere ka Musanze bazindukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rwitabiriye amatora bwa mbere rwitorera Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ndetse n’Abadepite, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2024, rwishimiye kuba na rwo rwagize uruhare mu kugena abazayobora igihugu runifuza ko hatagira upfusha ijwi ubusa.
Mukeshimana Solange, wo mu Karere ka Nyagatare, avuga ko yakuze azi ko umucunguzi w’Isi ari Yesu Kristo ariko nyuma abona undi mucunguzi ari nawe yatoye kugira ngo azayobore u Rwanda kandi bishobotse yaruyobora ibihe byose.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, arashimira abaturage bakomeje kwitabira igikorwa cy’amatora, asaba ko buri wese akora ibimureba akarangiza inshingano ze mboneragihugu zo kwitorera abayobozi, mu ituze no mu mutekano.
Ababyeyi n’abarwaza ku bitaro bya Kabgayi bishimiye gutora banabyaye, kuko bituma bakomeza kugira icyizere cyo kubaho no kuramba.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green party of Rwanda), yatangaje ko agifite icyizere cyo gutsinda amatora.
Abanyarwanda basaga miliyoni icyenda kuri uyu wa mbere tariki 15 Nyakanga 2024, babyukiye mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite bazayobora Igihugu mu iterambere cyimirije imbere rya 2030.
Abanyarwanda batuye mu Karere ka Rubavu mu mujyi wa Gisenyi mbere yo gukomeza gahunda zabo za buri munsi z’ibikorwa byambukiranya umupaka uhuza Goma na Gisenyi, babanje kuzindukira mu bikorwa byo gutora Umukuru w’Igihugu n’Abadepite.
Mu myiteguro y’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo muri uyu mwaka wa 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kwireba no kwiyimurira aho umuntu azatorera akoresheje ikoranabuhanga kuri telefone (*169#) mu rwego rwo korohereza abantu bakoraga ingendo ndende bajya (…)
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mu rwuri rwe ruri i Kibugabuga bakiriye abahanzi batandukanye batuye mu Karumuna, mu Karere ka Bugesera barimo na Knowless waherukaga kubimusaba nawe akamwemerera ko azabatumira akanabagabira.
Kuri iki Cyumweru, mu Mujyi wa Berlin mu Budage hasojwe igikombe cy’u Burayi cyaberaga muri iki gihugu cyegukanwa na Espagne itsinze u Bwongereza ibitego 2-1.
Abantu umunani (8) bo mu turere twa Ngororero, Rutsiro na Musanze ni bo bahitanywe n’inkuba mu mvura yaguye ku mugoroba wa tariki 8 uku kwezi. Abahitanywe n’inkuba bose ni abagore, ikaba yarabakubitiye mu Mirenge itandukanye.
Mu gihe habura amasaha make ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite atangire ku Banyarwanda bari imbere mu Gihugu, abaturage bo mu Mudugudu wa Mwijuto, Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro bavuga ko bishimiye kuzatorera ahantu heza kandi hahesha agaciro abo bazatora kandi biteguye kuzindukira kuri site y’itora mu (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko kuwa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bazarara bamenye icyerekezo cy’ibyavuye mu matora, kubagaragariza aho kubarura bigeze ndetse n’uko amajwi azaba ahagaze ku bakandida Perezida.
Abantu bafite ubumuga mu byiciro bitandukanye, bavuga ko muri rusange hari impinduka zigararagara mu kubagezaho amakuru no kwitabwaho mu bikorwa bitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko.
Kuwa Gatatu w’icyumweru turimo gusoza nibwo Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yashyikirije ishimwe abakinnyi bagejeje ikipe y’igihugu muri 1/2 cy’Igikombe cy’Afurika.
Igikorwa cy’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, cyatangiriye mu mahanga kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Nyakanga 2024. Abanyarwanda baba mu mahanga basaga ibihumbi 70 ni bo bari biyandikishije kuri lisiti y’itora, aho bari butorere kuri site 160 mu bihugu 70.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko mu gihe abantu batora hari ibyo babujijwe kuri Site cyangwa se icyumba cy’itora, nk’uko bigenwa n’Itegeko Ngenga nº 001/2023.OL ryo ku wa 29/11/2023 rihindura Itegeko Ngenga n০001/2019.OL ryo ku wa 29/07/2019 rigenga amatora.
Perezida Paul Kagame, ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, asanga kimaze igihe kirekire bituma abura uburyo akivugamo kuko akibazwa inshuro nyinshi akakivugaho ariko bugacya akongera kukibazwa.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) bwatangaje ko muri manda y’imyaka itanu iri imbere bazaharanira ko umushinga wa gari ya moshi ushyirwa mu bikorwa.
Polisi y’igihugu yatangaje ko ahazatorerwa (Sites) ndetse n’ibikoresho byose bicungiwe umutekano neza mu gihe igikorwa cyo gutora nyirizina kizaba tariki 15 Nyakanga 2024.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ryashimiye abaturage b’uturere twose tw’u Rwanda, uburyo bakiriye abakandida baryo mu bikorwanbyo kwiyamamaza mu mayora ateganyijwe mu cyumweru gitaha.
Paul Kagame usanzwe uyobora u Rwanda akaba no mu bakandida Perezida bahatanira kuruyobora muri manda y’imyaka itanu iri imbere, yavuze ko abakijandika mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ntacyo bazapfa bagezeho aboneraho gusaba Abanyarwanda n’abato muri rusange kubarwanya.
Paul Kagame, yagaragaje ko atakekeranya ibizaba naramuka atakiyobora u Rwanda kuko igihe azaba adahari yizeye ko Abanyarwanda bazagira andi mahitamo y’umuyobozi uzabayobora kandi neza.
Major General Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka ari kumwe na mugenzi we, Maj Gen Alberto Diago Nampele w’Ingabo za Mozambique (FADM) basuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Mocimboa da Praia na Palma mu ntara ya Cabo Delgado.
Mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, kuri Site ya Gahanga, aho Umukandida wa RPF-Inkotanyi yasoreje gahunda ye yo kwiyamamaza yari amazemo ibyumweru bitatu, Perezida w’Umutwe wa Politiki wa PSD, Vincent Biruta yashimangiye ko imitwe ya Politiki irimo PSD,PL, PSR,UDPR,PDI,PDC, PPC na PSP yahisemo gushyigikira Umukandida (…)
Umukandida wa RPF-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubwo yiyamamarizaga kuri Site ya Gahanga mu karere ka Kicukiro kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024 yasabye abitabiriye iki gikorwa gukomeza guhitamo neza umuyobozi ubabereye kuko Abanyarwanda bagomba kubaho uko bashaka batagomba kubaho uko (…)
Kamanzi Sefu Zacharie, yashimiwe mu ruhame nk’umwe mu bantu babaye imbarutso yo gutangiza ishyaka rya PDI mu hahoze hitwa Ruhengeri ariyo Musanze y’ubu, nyuma yo gutinyuka gusubiza ikarita y’ishyaka ryari ku butegetsi (MRND), ayoboka PDI icyo cyemezo gikangura benshi.