Mu cyanya cy’inganda cya Kigali giherereye i Masoro ’Kigali Special Economic Zone’ hafashwe n’inkongi mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kanama 2024.
Umutoza w’ikipe ya APR FC Darko Nović avuga ko nubwo batsinzwe na Simba SC ibitego 2-0 mu mukino w’ibirori by’umunsi wa Simba (Simba Day) byabaye ku wa 3 Kanama 2024 ariko hari ibyo kwishimira ku ikipe ye.
Polisi y’u Rwanda yamaze kurohora imodoka iherutse kugonga igiti ita umuhanda igwa mu kiyaga cya Burera, aho babiri bari muri iyo modoka barokotse iyo mpanuka yari ikomeye.
Ishuri rya Karate Zanshin Karate Academy ku nshuro ya Kabiri ryateguye irushanwa ryiswe, ‘Zanshin Karate Championship’ rizabera mu Karere ka Huye mu byiciro bibiri muri uku kwezi kwa Kanama 2024, rizanagaragaramo icyiciro cy’abakiri bato.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, bavuga ko biteguye kongera imbaraga zose zishoboka, mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri Manifesto y’uyu Muryango, muri iyi manda y’imyaka itanu iri imbere Perezida Paul Kagame aherutse gutorerwa kongera kuyobora Igihugu.
Abanyeshuri 54 bo mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi, ku Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, barangije amasomo yabo y’icyiciro cya Master’s bari bamaze umwaka biga muri Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) yigisha ibijyanye n’ubuvuzi.
Isiganwa Ironman 70.3 ryakinwaga ku nshuro ya gatatu mu Rwanda, ryegukanywe n’Umwongereza Raoul Metcalfe ndetse n’Umuholandikazi Barber Kramer
Umuhanzi w’Umunyamerika akaba n’icyamamare mu njyana ya pop, Justin Randall Timberlake, imbere y’umucamanza wategetse ko uruhushya rwe rwo gutwara ibinyabiziga ruhagarikwa muri leta ya New York, yahakanye icyaha cyo gutwara imodoka yasinze.
Muri Israel, umubare w’ababyeyi benshi bafite abana b’abahungu baguye mu ntambara, cyane cyane baguye ku rugamba ari abasirikare, bakomeje gusaba ko imirambo yabo yakurwamo intanga ngabo zikabikwa mu bikoresho bikonjesha byabugenewe, kugira ngo bazashobore kubona abazukuru bakomoka ku bana babo nubwo batakiriho.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe kuri Kigali Pelé na Azam FC igitego 1-0 nyuma y’ibirori biryoheye ijisho by’umunsi w’igikundiro iyi kipe yagaragarijemo abakinnyi izakoresha muri shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino 2024-2025.
Muri Somalia, abantu 37 nibo bamaze gupfa, naho abandi barenga 60 barakomereka harimo abakomeretse bikomeye cyane nyuma y’igisasu cyaturikijwe n’umwiyahuzi.
Imwe mu mishinga y’abagore mu Rwanda ishobora guhomba biturutse ku ngaruka z’imihindagurikire y’ikirere, mu gihe hatagize igikorwa, nk’uko bamwe babigaragaza.
Imodoka yo mu bwoko bwa Howo yavaga Gitikinyoni yerekeza Nyabugogo ubwo yari igeze muri ‘Feux rouge’ zo ku kiraro cyerekea mu Gatsata, kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024 yagonze igare ryavaga mu Gatsata rijya Nyabugogo umugenzi ahita ahasiga ubuzima.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, tariki 01 Kanama 2024 wamuritse ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe bugamije kureba isano iri hagati y’umubare uri hejuru w’abana batwita cyangwa se babyara batararenza imyaka (…)
Aborozi b’amatungo bo mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kugorwa no kubona ibiryo by’amatungo, kubera ko nta nganda zihagije zihaba zibitunganya.
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka, Expo 2024, ryajemo udushya dutandukanye aho ririmo umunyabugeni uri kumurika ibihangano avana mu bisigazwa by’ibiti.
Umushumba w’Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda, hamwe n’uwari umwungirije ariko umaze umwaka ahagaritswe ku mirimo, basobanuye iby’amacakubiri no kutubahiriza gahunda za Leta byashingiweho n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB) mu gufunga iryo torero.
Umunsi w’umuganura wizihijwe mu Rwanda hose, ku rwego rw’Akarere ka Bugesera wizihirijwe mu Murenge wa Nyarugenge, ariko no mu yindi Mirenge yose igize ako Karere bakoze ibirori byo kwizihiza uwo munsi wizihizwa kuwa Gatanu wa Mbere w’ukwezi kwa Kanama buri mwaka, maze basangira byinshi mu byo bejeje abayobozi mu nzego (…)
Itsinda ‘Tag Team’ ryatumiwe mu gitaramo ‘Kigali Auto Show’ kigiye kuberà i Nyamata rigiye kwifatanya n’abatwazi kabuhariwe b’imodoka na moto kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yasabye ko igihe abantu baganura bajya bazirikana n’ibyo abana babo bazakenera kurya ku ishuri.
Ibirori by’Umunsi Mukuru w’Umuganura mu Kagari ka Nunga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro byizihirijwe ku Biro by’Ako Kagari kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kanama 2024.
Impuguke mu by’ubukungu, umuco, ubuhinzi n’ubworozi n’imibereho ya Muntu, zisanga umuganura ukwiye kwereka ababyiruka uko Abanyarwanda bari abahanga.
Mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, kuwa Kane tariki 01 Kanama 2024, hatangijwe ikigo kidasanzwe kije gufasha abana kuvuga no kumva nyuma y’uko bavukanye ubwo bumuga bwo kutumva no kutavuga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yasabye Abanyarwanda aho bari hose kugira intego yo gukora cyane kugira ngo bigire kuko akimuhana kaza imvura ihise.
Imiryango 48 yo mu Karere ka Musanze ifite abana bafite ubumuga bukomatanyije, igiye kujya yunganirwa mu bikorwa bituma imibereho y’abo bana igendera ku muvuduko uri ku rwego rumwe n’urwo abandi bariho.
Abatuye Akagari ka Kilibata mu Murenge wa Rugengabari mu Karere ka Burera, barishimira ko bizihije ibirori by’umuganura bataha ku mugaragaro inyubako y’Akagari biyujurije ibatwaye miliyoni 32 FRW.
Abaturage barishimira ko kwizihiza umunsi w’umuganura, kikaba igikorwa ngarukamwaka byabagaruriye Ubunyarwanda, kubera ko wari warirengagijwe imyaka myinshi bigatuma umuco usa nk’ugenda wibagiranwa.
Olive Namahoro ni umugore wo mu Kagari ka Murehe, Umurenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, ufite umugabo wakoraga akazi k’ubufundi katinjirizaga ikintu kigaragara uyu muryango bigatuma uhora mu bukene, ariko amahugurwa yahawe mu buhinzi yaje kumuhindurira ubuzima bituma n’umugabo we amugarukira, kuko mbere yabonaga ntacyo (…)
Rutahizamu ukomoka muri Ghana, Sumaila Moro wari umaze umwaka akinira Police FC yasubiye muri Etincelles FC yahozemo.
Mu Kagari ka Mumena, Umurenge wa Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, hari ababyeyi b’abana bafite ubumuga bukomatanyije n’ubundi butandukanye, bavuga ko bishimira kuba barahurijwe mu itsinda rimwe, kuko bibafasha koroherwa n’ibibazo bahura nabyo bituruka ku kuba barabyaye abana bafite ubwo bumuga.
Umusozi wa Huro uherereye mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Huro, Umurenge wa Muhondo, Akarere ka Gakenke, Intara y’Amajyaruguru. Ni mu karere kera kahoze ari u Bumbogo.
Myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso Ishimwe Jean Rene umaze iminsi icyenda asinyiye Mukura VS, yasubijwe muri Marine FC nyuma yo kubwirwa ko agikenewe na Intare FC agifitiye amasezerano byahujwe no kuba yari kwerekeza muri APR FC.
Abacururiza mu isoko rishya rya Rutonde mu Murenge wa Kirehe Akarere ka Kirehe barishimira ko imbuto n’imboga bacuruza zitazongera kwangirika kubera kubakirwa isoko n’icyumba kizikonjesha.
Mu bice bimwe na bimwe byo muri Nigeria, havugwa umuco wo kugorora cyangwa se gutera ipasi amabere y’umwana w’umwangavu, bigakorwa batsindagira ikintu gishyushye cyane ku mabere mu gihe cyo kumera kugira ngo asubireyo kandi ngo ni ibintu bibabaza cyane ndetse bifatwa nko guhohotera abana kuko bibagiraho ingaruka z’igihe (…)
Muri Tanzaniya igihunyira n’inkende byabaye intandaro yakerereje urugendo rwa gariyamoshi amasaha abiri yose kubera ikibazo cy’amashanyarazi cyatewe n’izo nyamaswa hagati ya sitasiyo ya Kilosa na Kidete mu Ntara ya Morogoro.
Nyuma y’uko u Rwanda na Congo bemeranyijwe ko imirwano igomba guhagarara hagati y’impande zishyamiranye mu burazirazuba bwa Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, M23 yasohoye itangazo rishimira abifuza ko amahoro yaboneka, ariko bibutsa ko imyanzuro batagizemo uruhare itabareba.
Mu rwego rw’ubukangurambaga ku mutekano wo mu muhanda bwiswe ‘Gerayo Amahoro’, Polisi y’u Rwanda yaganiriye n’abamotori bakorera mu Karere ka Bugesera, bashimirwa uruhare rukomeye n’ubufatanye bagirana na yo mu kubungabunga umutekano wo mu muhanda, ariko bibutswa ko bakwiye guhindura imyumvire n’imikorere no kurwanya (…)
Muri Vietnnam, umugore w’imyaka 49 avuga ko amaze imyaka 30 yikurikiranya ataryama ngo asinziriye kubera akazi akora, kuko katamwemerera kuryama bitewe n’uko mu gihe yaryama agasinzira katatungana uko bikwiye.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), yatangaje ko kuwa Gatanu tariki 2 Kanama 2024 ari umunsi w’ikiruhuko ku bakozi bo mu nzego za Leta n’iz’abikorera mu rwego rwo kwizihiza Umuganura.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’ukwezi kwa Kanama 2024, rigaragaza ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Kanama 2024, hateganyijwe ibihe by’izuba risanzwe ry’impeshyi naho mu bindi bice, imvura nke iteganyijwe hamwe na hamwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango n’abafite ibigo bitanga akazi ku baturage, birimo n’iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza uburyo bafashagamo abaturiye ibyo bikorwa mu kwikura mu bukene.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hari abantu 8 imaze gufatira mu makosa yo gukura utugabanyamuvuduko ‘Speed Governor’ mu modoka zitwara abagenzi.
Abaturage bo mu Karere ka Burera, bavuga ko bagenda barushaho kwitabira ubworozi bw’amatungo magufi no kwibanda ku kurya amafunguro arimo ibiyakomokaho nk’amagi, indagara, inyama n’ibindi, mu rwego rwo guhashya imirire mibi n’igwingira byari byugarije imiryango yabo.
Nubwo bivugwa ko urubyiruko arirwo mbaraga z’Igihugu kandi zubaka vuba, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko abarenga 46% ntacyo bazi ku itegurwa n’inshyirwa mu bikorwa ry’igenamigambi n’ingengo y’imari ya Leta.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yasobanuye ko insengero zose hirya no hino mu Gihugu zigomba gucungirwa umutekano w’abazisengeramo igihe cyose.
Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza, kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhanishije igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, rumuhanaguraho cyo guhohotera umutangabuhamya.
Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Yoav Gallant abinyujije ku rubuga rwa X, yishimiye igikorwa cyakozwe n’Ingabo z’iki Gihugu (IDF), zikica umuyobozi mukuru mu bya gisirikare w’umutwe wa Hezbollah, witwa Fouad Shokr ‘Sayyid’ Muhsan, aguye i Beirut muri Liban.
Insengero 185 mu zirenga 300 zibarizwa mu Karere ka Musanze zamaze gufungwa, kubera kutuzuza ibisabwa bizemerera gukomeza kwakira abayoboke bazo.
Urukiko rw’Ubujurire rwa Kigali kuri uyu wa Gatatu 31 Nyakanga rwategetse ko Wenceslas Twagirayezu ahanishwa igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, yari yaragizweho umwere n’Urukiko Rukuru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyikirijwe ubukarabiro bwubatswe n’umuryango wa IOM (International Organization for Migration) ibikorwa wafatanyije n’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku nkunga y’igihugu cy’u Budage.