Abaturage bo mu Karere ka Musanze biganjemo abo mu Mirenge ikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bagiye borozwa amatungo magufi muri gahunda ya ‘Intama ya Mituweli’, bavuga ko bikomeje kubafasha gutangira ubwisungane mu kwivuza ku gihe, ku buryo ubu batakirembera mu ngo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), Emmanuel Ndayisaba, yabwiye abakandida biyamamaza ku mwanya w’uhagarariye abafite ubumuga mu Nteko Ishinga Amategeko ko imigabo n’imigambi bagaragaje yababereye umukoro.
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024, byabereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.
Umushumba mukuru wa Bethesda Holy Church Bishop Rugamba Albert yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB akurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye.
Umusaza Sezibera James wo mu Mudugudu wa Marongero Akagari ka Ryabega Umurenge wa Nyagatare, avuga ko abifitiye ubushobozi yasubiza mu buto Nyakubahwa, Paul Kagame, umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, kugira ngo akomeze ayobore u Rwanda.
Ni umuhanda uva ku Kabaya werekeza ahari uruganda rwa Rubaya, wangizwa n’imvura nyinshi bigatuma ubuhahirane bugorana mu baturage bakorera ubucuruzi mu isantere ya Kabaya.
Ibiro bya perezida wa Kenya byatangaje ko ‘byemeye ubwegure’ bw’uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome wabugejeje kuri Perezida Dr. William Samoei Ruto kuri uyu wa Gatanu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko ibikorwa byo kwamamaza ndetse kwiyamamaza bijyanye n’amatora ku bakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu hamwe n’Abadepite bitagomba kurenza kuwa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024.
Mu karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Muganza mu mudugudu wa Nyagacyamo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Howo imodoka irangirika cyane.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ryasezeranyije abaturage bo mu Turere twa Burera na Musanze ko nibaritora, rizaharanira ko buri mwana agira itungo rigufi (amatungo magufi) yorora, hagamijwe gutoza abana gukora bakiri bato.
Chairman w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame akaba n’umukandida wawo ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, ubwo yari mu bikorwa byo kumwamamaza byabereye i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, yagarutse ku nkuru y’uburyo yisanze atuye munzu yigeze kunyuraho Umujandarume agashaka kumugirira nabi ariko akamucika.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) yagaragarije indorerezi ibyo bakwiye kwitwararika mu gihe bazaba barimo kugenzura igikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite ateganyijwe guhera tariki 15 Nyakanga ku bari imbere mu gihugu.
Indorerezi z’amatora zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye gukurikirana ibikorwa by’amatora mu Rwanda, hagamijwe kugenzura niba azakorwa mu mucyo n’ubwisanzure nkuko bigenwa n’amategeko.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024 nibwo umukandida ku mwanya wa Perezida, Paul Kagame yiyamamarije mu murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo abasezeranya ko nibatora neza tariki 15 Nyakanga ku munsi nyirizina w’amatora umuhanda ujya Bumbogo uzashyirwamo kaburimbo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe yifatanyije na Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, abaturage b’iki Gihugu baba mu Rwanda n’abandi banyacyubahiro mu kwizihiza umunsi mukuru wahariwe u Bufaransa.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, barashimira Nyakubahwa Paul Kagame, wabegereje Imirenge SACCO, bakabasha kubona inguzanyo bifashisha mu buhinzi bakiteza imbere.
Dr. Ivan Butera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima na Irere Claudette, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi bombi bakuriye mu Karere ka Gasabo, ubwo bafataga umwanya wo kwamamaza no kuvuga ibigwi umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame bagaragaje uburyo ubuyobozi bwe bwateje imbere aka Karere.
Imfungwa zibarirwa muri 200 zatorotse gereza ya Koutoukalé zari zifungiyemo iri mu birometero bikeya uvuye mu Murwa mukuru wa Niger, Niamey, aho zari ziganjemo abafunzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubwihebe, ariko harimo n’abafunzwe nyuma guhamwa n’ibyaha birimo gukoresha no gucuruza ibiyobyebwenge n’ibindi byaha bitandukanye.
Reba mu nzu iwawe witegereze aho ubika ibiribwa birimo ibishyimbo, imyumbati ariko wite cyane cyane ku binyampeke birimo umuceri, ibigori, ubunyobwa ndetse n’ibibikomokaho birimo imigati, kawunga, ifu y’imyumbati n’ibindi.
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, byakomereje mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024.
Dr. Frank Habineza wiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yavuze ko bakurikije uko ibikorwa byo kwiyamamaza biri kugenda, bizeye kuzongera gutsinda amatora y’Abadepite, ndetse ko n’ay’Umukuru w’Igihugu (…)
Mu Rwanda hatashywe uruganda rwa mbere runini rukora ibiryo by’amatungo, arimo Inkoko, Inka hamwe n’Ingurube, rufite ubushobozi bwo gutunganya toni zirenga 200 ku munsi.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kuba igiciro cy’amata kiyongereye kikava ku mafaranga 300 kikagera kuri 400 bagiye kuvugurura ubworozi bwabo bagashaka inka zitanga umukamo.
Kuri uyu wa Kane, tariki 11 Kamena 2024, Abanyarwanda baba muri Zimbabwe ndetse n’inshuti z’u Rwanda bizihije umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30, mu birori byitabiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubucuruzi mpuzamahanga w’icyo Gihugu Frederick Shava ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda James Musoni n’abandi bayobozi (…)
Minisiteri y’Ibidukikije, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo ndetse n’umuryango ushinzwe kubungabunga ibidukikije, kuzamura iterambere ry’ubuhinzi bubungabunga ibidukikije ndetse no kurwanya ubukene uhereye ku muturage wo hasi (APEFA) baributsa Abanyarwanda ko nk’uko imihindagurikire y’ibihe igera ku bantu bose, (…)
Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Gakenke kuri uyu wa kane tariki 11 Nyakanga 2024 yasuhuje umwana w’umuhungu w’imyaka 4 wari uteruwe na nyina Mukandayisenga Donatille bikora benshi ku mutima.
Mu gikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame, umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Mureshyankwano Marie Rose yafashe umwanya wo kuvuga ibigwi bye yagaragaje ko ibikorwa bye by’indashyikirwa bitivugira mu Rwanda gusa ahubwo byamaze kugera ku rwego rw’Isi aho amaze kubihererwa ibihembo byinshi mpuzamahanga.
Perezida wa Kenya William Ruto yafashe icyemezo cyo kwirukana abagize Guverinoma nyuma y’igihe hari imyigaragambyo muri iki gihugu, yateguwe n’urubyiruko ruvuga ko ibyo yabasezeranije bitakozwe.
Paul Kagame Chairman wa FPR Inkotanyi, akaba n’umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, yemereye Abanyagakenke ko azabasura bagasangira ikigage cyenzwe neza cyo mu Karere ka Gakenke.
Kuri uyu wa Kane, amakipe ya APR FC na Police FC yamenye amakipe bazahura mu mikino ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup.
Mukamerika Marie Rose wo mu Murenge wa Kinihira Akarere ka Rulindo, arashimira Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, wakuye abaturage mu manegeka aho ngo imvura yagwaga bagahunga inzu bakayugama hanze.
Umukandida wa RPF Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, yiyamamarije kuri Site ya Nyarutovu mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Nemba.
Mu rwego rwo korohereza Abanyarwanda kwitabira ibikorwa by’amatora biteganyijwe ku itariki ya 15 na 16 Nyakanga 2024, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ikirihuko cy’iminsi ibiri mu gufasha Abanyarwanda kuzitabira amatora.
Abaturage bo mu Kagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange, ndetse n’abo mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera bari bamaze ibyumweru bibiri gusa baterewe imiti mu nzu, ariko bakomeza kubona umubu mu nzu kandi mbere umubu waramaraga igihe warashize.
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi, kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, byakomereje mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Nemba kuri Site ya Nyarutovu.
Mu kiganiro Dr Doris Uwicyeza Picard, (Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira) yagiranye na BBC News Africa ku munsi w’ejo, yatangaje byinshi ku cyo u Rwanda ruvuga ku cyemezo cya Leta y’ubwongereza cyo kutohereza abimukira mu Rwanda, (…)
Mbere y’uko turebera hamwe ibiribwa n’ibinyobwa ushobora kwifashisha kugira ngo ugabanye ibinure byo ku nda mu minsi itatu, tubanze tubabwire ko ibi tubikesha urubuga rutanga ubujyanama ku mibereho myiza ishingiye ku biribwa: www.worldofmedicalsaviours.com
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports yakiriye rutahizamu Prinsse Junior Elanga -Kanga ukomoka muri Congo Brazzaville wageze mu Rwanda aho aje kurangizanya nayo akayisinyira amasezerano.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko ingamba zo kubuza amagare kugenda nijoro byatumye impanuka zakorwaga n’abanyonzi ndetse n’abagenda ku magare zigabanuka kubera kubahiriza amategeko.
Abaturage biganjemo abo mu Mirenge ya Cyanika, Kagogo n’indi byegeranye yo mu Karere ka Burera ikora ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, basabwa kugira amakenga no kwirinda ababashora mu kunyura inzira zitemewe zizwi nka ‘Panya’ babizeza akazi n’ibindi bikorwa bibyara amafaranga yihuse, kuko ahanini bibakururira gushorwa mu (…)
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge, bavuga ko bazatora Chairman wa FPR, Paul Kagame kubera iterambere yabagejejeho mu gihe amaze ayoboye u Rwanda.
Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (Parti Démocrate Idéal - PDI), ryatuye Paul Kagame isengesho rimuha imbaraga zo gukomeza kuyobora Igihugu, nyuma y’uko azaba atorewe kuyobora manda y’imyaka itanu muri uku kwezi kwa Nyakanga 2024.
Raporo nshya bise ‘World Justice Report’ cyangwa se Raporo y’Ubutabera ku Isi, yerekanye ko u Rwanda rukomeje kuza ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bugendera ku mategeko.
Nyuma yo kuvugururwa igashyirwa ku rwego rugezweho rujyanye n’igihe Sitade nto y’i Remera (Petit Stade) igiye kwakira imikino yo kwibuhora mu mukino w’intoki wa Volleyball.
Uwamwezi Marcianna, wo mu Murenge wa Musheri, ashimira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba yarababonyemo ubushobozi akabakura mu bikari ubu bakaba ari ba rwiyemezamirimo.