Abantu basaga 400 barimo abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga ikorera muri Senegal, abayobozi mu nzego zinyuranye muri Senegal, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal, bitabiriye ibirori byo kwizihiza Isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rubohowe.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, Perezida Kagame akaba na Chairman wa FPR Inkotanyi na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye abantu bari mu ngeri zitandukanye bagize uruhare mu migendekere myiza y’ibikorwa byo kwiyamamaza byabereye hirya no hino mu gihugu.
Kuva tariki 19 kugeza 28 Nyakanga 2024, mu Rwanda hari kubera irushanwa hagati y’amakipe akina umukino wa Tennis ibintu bibayeho ku nshuro ya mbere.
Abaturage bakoresha umuhanda wa Nyange-Ndaro-Gatumba mu Karere ka Ngororero, bavuga ko ukwiye gukorwa vuba ukabafasha koroshya ubuhahirane bw’Imirenge no kugera byihuse kuri serivise bajya gusaba ku Karere ndetse ukabakemurira ikibazo cy’umutekano muke uterwa n’abajura bakunze kuwubamburiramo.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yavuye mu bikorwa byo kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yatsinzwe na Red Arrows yo muri Zambia penaliti 10-9 ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA Dar Port Kagame Cup 2024, ryaberaga muri Tanzania, APR FC ibura amahirwe yo gukuraho agahigo gafitwe na Rayon Sports na ATRACO FC.
Abafite uburwayi bwo mu mutwe bagaragaza ko bakorerwa akato mu kazi aho rimwe na rimwe bahagarikwa ndetse bakirukanwa nta mperekeza mu gihe bagaragaje ubwo burwayi cyangwa ibimenyetso bwabyo.
Mu busanzwe, ingohe zisanzwe za karemano ziba ku maso, zigira akamaro ko kurinda umuyaga wakwinjira mu maso kuko wakwangiza imboni y’ijisho.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ibice bitanukanye byo hirya no hino mu Gihugu, kuri iyi nshuro yabakusanyirije amateka y’ahitwa Ku Mugina w’Imvuzo.
Umuryango w’abantu bafite ubumuga bwo mu mutwe, NOUSPR Ubumuntu, wateguye ibiganiro n’inzego za Leta hagamijwe kongera kwerekana ihohoterwa bakorerwa, kugira ngo hashakwe ibisubizo birambye kuko kuba umuntu yagira ikimenyetso kimwe cyerekana ko afite uburwayi bwo mu mutwe bidasobanuye ko ejo atakira cyangwa ngo yoroherwe (…)
Ikipe ya Rayon Sports igiye gusinyisha Umunya-Ghana James Akaminko w’imyaka 28 y’amavuko.
Ntirivamunda Epimaque w’imyaka 46 wo mu Mudugudu wa Rwintare, Akagari ka Gasharu, Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, aratabariza umwana we w’umuhungu uhorana uburibwe budasanzwe, nyuma y’uko avutse afite umwenge ku mutima.
Mu mirenge itandukanye y’igice cy’Umujyi wa Musanze, hari gutunganywa site zishyirwamo imihanda mishya y’ibitaka, mu rwego rwo kunoza imiturire, kandi uretse n’ibi, abafite ubutaka hafi y’aho ziri gutunganywa, bishimira ko ubutaka bwabo bugiye kurushaho kugira agaciro, ndetse imigenderanire hagati yabo ikarushaho kunoga.
Bamwe mu baturage b’Imirenge ya Musheri na Rwempasha, barashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba babonye ikiraro kibahuza kuko ubundi ngo ubuhahirane bwabo bwari bugoranye rimwe na rimwe hakabamo n’impfu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gorilla FC igitego 1-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ukitabirwa n’abafana benshi.
Abahanga mu by’uburere bavuga ko hari ibyo abana bakora abantu bakuru bakababuza babyita ko bakubagana cyangwa bata igihe nyamara akenshi biba bihatse impano bifitemo.
Si rimwe, si kabiri ahubwo ni ubugira gatatu Biniam Girmay yereka amahanga ko ari igihangange mu kunyonga igare, akegukana agace k’iri siganwa ryo mu rwego rwo hejuru, ndetse akaba ari nawe munyafurika w’umwirabura wa mbere wegukanye agace ka Tour de France.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwisanze rufite ubukungu bwasenyutse ku buryo kongera kubwubaka byasaga no guhera ku busa kuko nta mushoramari wigenga washoboraga kubona u Rwanda nk’ahantu ho gushora imari.
Ibikorwa by’ubucuruzi na serivisi zitandukanye zo ku rwego rw’isi byatangiye kuzanzamuka buhoro buhoro nyuma y’uko umugera (virusi) ya karahabutaka yinjiye muri za mudasobwa amasaha menshi hagati yo kuwa Kane no kuwa Gatanu.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024 yashyizeho Guverinoma nshya irimo Abaminisitiri 11 barimo batandatu abahoze muri Guverinoma yari aherutse gusesa.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana yakiriye umuyobozi mushya w’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, USAID, mu Rwanda, Keisha Effiom.
Ikipe ya Musanze FC na Ikirenga Art and Culture Promotion, kuwa 19 Nyakanga 2024, basinyanye amasezerano y’imyaka itanu yo kuzamura impano muri siporo afite agaciro ka miliyoni 300 z’amafranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Nduhungirehe Olivier, yihanganishije umuryango wa Misfer bin Faisal Mubarak Al-Ajab Al-Shahwani wari Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, witabye Imana.
Banki umunani zikorera mu Rwanda zigiye guhurira mu irushanwa rigiye gukinwa mu nshuro ya Gatanu, rizaba hagati ya tariki 27 Nyakanga na 31 Kanama 2024.
Mu gihe usanga hari ababyeyi baterwa ipfunwe nuko abana babo barwaye indwara ya autisme ituma bagira imyitwarire itandukanye n’iy’abandi, hari n’abamaze gusobanukirwa neza iby’iyi ndwara bahamya ko icyo aba bana bakeneye ari ukwitabwaho bagahabwa urukundo kuko nabo bashoboye nk’abandi.
Rumwe mu rubyiruko rwabyaye imburagihe ruvuga ko kugira imishinga irwinjiriza bizarurinda ingeso mbi ndetse no kubasha kurera abana babyaye.
Ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, u Rwanda rwagobotse Igihugu cya Zambiya, rukigenera inkunga ingana na toni 1000 z’ibigori, nyuma yuko cyugarijwe n’amapfa.
Raporo y’Ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda (NFPO) yemeje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite yabaye hagati ya tariki 14-16 Nyakanga yagenze neza.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko yagenzuye imyiteguro y’amatora, ibikorwa byo kwiyamamaza n’amatora nyirizina ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024, yemeza ko muri rusange amatora yagenze neza.
Abanyarwanda nubwo bamaze kwihitiramo uzabayobora muri manda y’imyaka itanu iri imbere ku Mukuru w’Igihugu gusa ariko hari bamwe bashobora kuba batazi ibikorwa bikurikira itorwa rya Perezida na nyuma yo kurahirira inshingano nshya.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yasezereye Al Hilal yo muri Sudani muri 1/2 cy’imikino ya Dar Port CECAFA Kagame Cup 2024 iri kubera muri Tanzania nyuma yo kuyitsinda kuri penaliti 5-4.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora mu Rwanda (NEC), yasobanuye impamvu amashyaka ya Politiki arimo PDI na DGPR ashobora kuzagaragara mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Abanyamisiri baba mu Rwanda bizihije umunsi w’Ubwigenge bw’Igihugu cyabo, igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuwa 18 Nyakanga 2024.
Bokota Labama wahoze ari rutahizamu mu makipe atandukanye mu Rwanda ndetse no mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yongewe mu itsinda tekinike ry’abatoza ba Musanze FC asimbuye Mugiraneza Jean Baptiste Miggy uheruka gutandukana n’iyi kipe.
Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, bahabwa inshingano zitandukanye, hakaba n’umwanya wo kubahindurira inshingano, mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoranire izamura iterambere ry’Igihugu n’abagituye.
Mu Bushinwa, umugabo yakurikiranye umugore we yakekaga ko amuca inyuma akurikije imyitwarire idasanzwe yamubonanaga, maze aza kumufata yifashishije ‘drone’ ikoreshwa na ‘remote’ yamufashaga kumugenzura kandi ari kure ye.
Nyuma y’uko tariki 12 Nyakanga 2024 Urukiko rukuru rw’i Nyanza ruburanisha ku rwego rw’ ubujurire imanza z’inshinjabyaha rwarekuye na babiri bari bagikurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwaviriyemo batandatu gupfa, i Kinazi mu Karere ka Huye, ababuze ababo baribaza uzabishyura impozamarira.
Ihuriro ry’amakipe akina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ryasabye ko umubare w’abakinnyi bakomoka hanze y’u Rwanda wava ku bakinnyi batandatu ukagera kuri 12 kuva mu mwaka w’imikino 2024-2025.
Umusore witwa Nahimana Eric yapfuye nyuma yo kumara icupa ry’inzoga y’urwagwa mugenzi we yari yamutegeye, ubwo bari mu kabari bishyira abaturage mu rujijo.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko Paul Kagame ari we ukomeje kuza imbere mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 99.18%, mu gihe Frank Habineza afite 0.50% naho Philippe Mpayimana akagira 0.32%.
Mu mujyi wa Kigali ahazwi nko kuri Payage hepfo y’ahakorera Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024 habereye impanuka y’imodoka.
Abatuye Akarere ka Musanze, baracyari mu byishimo nyuma yo kumva ko Paul Kagame abenshi bari bashyigikiye mu matora atsinze ku kigero gishimishije (99,15%), gusa bakibaza aho ibice byaburiye ngo Musanze itore 100% nk’uko bari babigize intego mbere y’amatora.
Ku gicamunsi cyo ku wa 17 Nyakanga 2024, umukuru w’Umudugudu wa Kinyata, Akagari ka Kabatwa, Umurenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, yakubise umusore w’imyaka 18 aramunegekaza.
Mu mukino w’abakeba wa Basketball hagati y’ikipe ya REG na APR z’abagore, ikipe ya REG yihimuye kuri APR iyitsinda amanota 73 kuri 58 ihita inafata umwanya wa mbere.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden w’imyaka 81 y’amavuko, yagaragaje ibimenyetso bya Covid-19, bituma ashyirwa mu kato kugira ngo abanze yitabweho nk’uko byatangajwe n’ibiro bye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yakiriye intumwa z’ishyaka riri ku butegetsi muri Santrafurika, Mouvement Coeurs-Unis (CMU) bagirana ibiganiro ku mikoranire ndetse bashyira umukono ku masezerano y’ubufatanye.
Mu Buhinde, umugabo witwa Ravindran Nair yaheze mu cyuma gifasha abantu kuzamuka no kumanuka mu nyubako z’imiturirwa (ascenseur) ku Bitaro yari agiye kwivurizamo, atabarwa nyuma y’amasaha 42, nta mazi yo kunywa cyangwa se ibyo kurya afite, ndetse ngo ntiyari akimenya gutandukanye ijoro n’amanywa.
Indorerezi Mpuzamahanga zari zitabiriye ibikorwa by’amatora ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite 53 mu Rwanda yabaye guhera tariki 15-16 Nyakanga 2024 ku bari imbere mu Gihugu zemeje ko yabaye mu mucyo.
Mu Murenge wa Kigabiro, mu Kagari ka Sibagire, mu gasantere kazwi nko kwa Shyaka kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024, inkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuturage yangiza ibintu by’agaciro k’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 12 n’ibihumbi 700.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buratangaza ko bakiriye neza ibyavuye mu matora y’Abadepite 53 bazahagararira amashyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, kuko kuri bo ari nko gukabya inzozi.