Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akimara kurahira ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, Guverinoma yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yahise iseswa(ivanwaho), ariko hakazashyirwaho indi bidatinze.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanam 2024 muri Village u Rwanda na Eswatini byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye. Aya masezerano yasinywe nyuma yo kwakirwa k’Umwami Mswati III n’Umwamikazi Inkhosikati LaMashwama na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Mu gice cya mbere cy’iyi nkuru ishingiye ku mateka turabagezaho incamake ku bagabo babiri bategetse u Rwanda guhera mu 1961 kugeza mu 1973 nyuma y’ubwigenge igihugu cyari kimaze guhabwa n’Abakoloni b’Ababiligi.
Imikino olempike ni yo mikino ya mbere ku isi yubashywe kandi ihuza ibihugu hafi ya byose byo kwisi mu mikino itandukanye aho umukinnyi cyangwa ikipe itsinze icyiciro iherereyemo/aherereyemo, ahembwa umudari kuva kuri Zahabu,Ifeza ndetse n’Umuringa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, arasaba ababyeyi bafite abana batsinzwe amasomo asoza umwaka w’amashuri 2023/2024, kubohereza ku ishuri kugira ngo badacikanwa na gahunda nzamurabushobozi bikazabaviramo kugira ipfunwe ryo gusibira bishobora no kubatera guta ishuri.
Abafite aho bahuriye n’iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, bakangurirwa gukumira ba rushimusi b’amafi no kubafasha mu bituma barushaho kuzamura imyumvire yo gukora uburobyi b’umwuga, kugira ngo bifashe mu kongera umusaruro w’amafi n’isambaza byo mu biyaga, imigezi n’ibyuzi.
Nubwo Nyabihu iboneka mu Turere dufite ubutaka bwera, hakaba hatava izuba ryinshi ahubwo hakarangwa ubuhehere, kandi hagafatwa nk’igicumbi cy’ubworozi ahaboneka amata ahagije, ni Akarere kadasiba ku rutonde rw’Uturere dufite imibare iri hejuru y’abana bafite igwingira, hakavugwa kandi n’ikibazo cy’abangavu benshi baterwa inda.
Musenyeri Ntagungira Jean Bosco watowe na Papa Francisco kuba umushumba wa Diyosezi ya Butare kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Kanama 2024, avuga ko ari inkuru yakiranye ibyishimo bivanze n’igihunga.
Itorero Angilikani ry’u Rwanda Diyoseze ya Byumba, irahamagarira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, inda zitateguwe n’izindi ngeso mbi, kugira ngo mu bihe biri imbere bazigirire akamaro ubwabo n’Igihugu muri rusange.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye anagirana ibiganiro mu biro bye n’abakuru b’Ibihugu barimo Sheikh Hassan Mohamud wa Somalia, Mamadi Doumbouya wa Guinea na Sassou N’Guesso wa Repubulika ya Congo.
Muri Colombia, umuganga yategetswe n’urukiko kuzafasha mu buryo bw’amikoro (amafaranga) umwana wavutse ababyeyi be batabishaka, kugeza uwo mwana agize nibura imyaka 18 y’amavuko, kuko umubyeyi we yateye inda bigakunda kandi uwo muganga yaramukoreye igikorwa cyo gufunga intanga ngabo kizwi nka ‘Vasectomy’.
Padiri Hagenimana Fabien umwe mu bapadiri barindwi ba Diyosezi ya Ruhengeri bahimbaza Yubile y’imyaka 25 y’Ubusaserudoti muri uyu mwaka wa 2024, yavuze uburyo yishimira umuhamagaro we wo kwiha Imana.
Abishora mu bikorwa byo gutunda, gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge mu Karere ka Burera, ubuyobozi n’inzego z’umutekano bubagaragaza nk’inzitizi ku iterambere ryihuse ry’imiryango, bukaburira abakibirimo ko hari ibyaha byinshi bihanwa n’amategeko bibishamikiraho bagasabwa kwitandukanya na byo, bakayoboka indi mirimo.
Muri Uganda, nyuma y’imvura yari imaze ibyumweru bikeya igwa yateye ibiza byatumye inkangu ziriduka mu gace kajugunywamo imyanda mu Mujyi wa Kampala, zihitana abantu bagera kuri 21 nk’uko byemejwe na Polisi yo muri icyo gihugu ndetse ibikorwa byo gushakisha abakorotse cyangwa se abapfuye bakiri munsi y’ibitaka n’ibyondo (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), gishima uruhare rw’ibigo bafatanya mu bushakashatsi kugira ngo ibyo gikora byose bibe bishingiye kuri bwo.
Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umwalimu SACCO, Uwambaje Laurence, avuga ko mu gihe cya vuba, iyi Koperative itangira gutanga inguzanyo z’Ubuhinzi n’Ubworozi nk’uko abanyamuryango benshi bagiye babisaba.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yagiranye ubufatanye n’Igihugu cya Misiri binyuze muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga buzateza imbere ibijyanye n’ubuzima.
Igishanga cy’Urugezi giherereye mu Karere ka Burera, ahahoze ari agace k’u Buberuka kari gakikijwe na Ndorwa, kagahana imbibi n’ u Rukiga ndetse n’u Bufumbira byombi ubu biherereye mu gihugu cya Uganda.
Abakemba wari umutwe w’Ingabo wari ushinzwe kunyaga cyangwa kugaruza inka, ukaba warayoborwaga na Semihari wari umugaba mukuru w’Abakemba, bakitwa Abakemba bo kwa Semihari.
Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana arishimira uburyo umwaka wa 2024 wabaye uw’uburumbuke bw’Abasaseridoti muri Diyosezi ya Ruhengeri.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC)ishami rya Musanze, Kayiru Desire, arizeza abatuye Akarere ka Musanze ko hari kwigwa uko ikibazo cy’amazi cyakemurwa mu buryo burambye, ahatangijwe umushinga wo kwagura uruganda rw’amazi rwa Mutobo.
Papa Fransisiko kuri uyu wa 12 Kanama 2024 yatoreye Padiri Ntagungira Jean Bosco kuba umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare.
Mu gihe abiga bakuze bigishwa gusoma, kwandika no kubara, hari abavuga ko baramutse bigishijwe n’andi masomo nk’ay’indimi z’amahanga na byo babyitabira kuko ngo byabafasha kurushaho kujijuka.
Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Kanama hateranye inama y’inteko rusange isanzwe mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball yemerejwemo ndetse inafatirwamo imyanzuro itandukanye.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Sitting Volleyball, Dr. Mosaad Elaiuty na kapiteni wayo Mukobwankawe Liliane bavuga ko bagiye mu Mikino Paralempike guhatana atari ugukina gusa n’ubwo bazahatana n’amakipe akomeye.
Bamwe mu rubyiruko rw’Abanyarwanda n’Abanyamahanga bitabiriye Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 27 ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko bashimira cyane Leta y’u Rwanda muri rusange ndetse n’Urugaga rw’Abikorera by’umwihariko, babahaye umwanya bakamurikira abaturarwanda ibyo bakora.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yamenyesheje abakoresha n’abakozi bo mu nzego za Leta ko kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kanama 2024 ari umunsi w’ikiruhuko rusange.
Mu gihe kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahiriye kongera kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda muri manda y’imyaka itanu, kongera gutorwa n’ibirori byo kurahira kwe, benshi babihuza n’ibimaze kugerwaho n’impinduka mu iterambere ry’impande zitandukanye z’Igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko manda nshya amaze kurahirira ari iyo gukora ibirenze kandi ko bizakorwa bitandukanye no kubirota.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere. Ni mu birori byabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, tariki 11 Kanama 2024, byitabirwa n’Abanyarwanda baturutse hirya no hino, inshuti z’u Rwanda, ndetse n’abanyacyubahiro baturutse mu bihugu byo mu mahanga.
Kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, ni umunsi udasanzwe w’ibirori ku Banyarwanda batari bake, ndetse benshi bari bategereje, aho Umukuru w’Igihugu baherutse kwitorera, Perezida Paul Kagame, arahirira kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Abayobozi b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro batandukanye bakomeje gusesekara i Kigali aho bitabiriye ibirori byo kurahira kwa Perezida Kagame uherutse gutsindira kuyobora u Rwanda muri Manda y’imyaka itanu.
Mu gihe abashyitsi bamwe bamaze kugera mu Rwanda aho bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame biba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, abaturage bakoresha umuhanda uva i Kanombe ku kibuga cy’indege kugera mu mujyi basabwe korohera abashyitsi kugira ngo badahura n’umuvundo w’ibinyabiziga byinshi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, ari i Kigali aho yitabiriye ibirori by’Irahira rya Perezida Paul Kagame.
Guverinoma ya Mali yategetse Ambasaderi wa Suwede kutarenza amasaha 72 akiri muri icyo gihugu nyuma y’uko Suwede itangaje ko igiye guhagarika inkunga yageneraga Mali.
Abitabiriye imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (Agrishow) ryabaga ku nshuro ya 17, barasaba ko bajya bagira igikorwa kiribanziriza (Mini Agrishow) bajya bamurikiramo ibikorwa byabo mu rwego rwo gutegura imurikabikorwa nyirizina rya Agrishow.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko yatangiye kugira umubare yifuza w’imbangukiragutabara(ambulance), ndetse ikaba irimo kuzegereza abaturage, ariko ngo haracyari ikibazo cyo gutinzwa mu nzira n’umubyigano w’ibindi binyabiziga.
Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (FERWAFA Super Cup 2024), nyuma yo gutsindira APR FC kuri Kigali Pelé Stadium kuri penaliti 6-5 mu mukino wahabereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024.
Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, ari mu bakuru b’ibihugu ndetse n’abandi banyacyubahiro ba mbere bageze i Kigali aho bitabiriye irahira rya Perezida Paul Kagame, riba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024.
Mu gihe Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arahirira kuyobora u Rwanda muri manda aherutse gutorerwa, hari urundi rugendo rukomereza ku byakozwe muri iyi myaka 30 ishize u Rwanda rumaze rubohowe.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 9 Kanama 2024, Kiyovu Sports yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino 2024-2025. Perezida w’iyi kipe, Nkurunziza David, yatangaje ko iyi ikipe ije muri shampiyona kuyitwara kuko umupira ukinirwa mu kibuga gusa.
Kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 ni umunsi w’amateka ku Rwanda n’Abanyarwanda kuko aribwo Perezida Paul Kagame arahirira kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu.
Ku nshuro yaryo ya mbere rikinwa mu Rwanda, irushanwa rya Rwanda Cup ryegukanywe n’ikipe ya APR BBC itsinze REG BBC amanota 110 kuri 92.
Banki ya Kigali (BK) yahembwe nk’umwe mu bafatanyabikorwa beza b’imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi (Agrishow) ryari rimaze iminsi 10 ribera mu Karere ka Gasabo ku nshuro yaryo ya 17.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu, tariki 9 Kanama 2024 yakiriye mu biro bye Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo z’u Bushinwa, Lt Gen Huang Xucong, ari kumwe n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, umuyobozi w’icyubahiro wa Kaminuza y’ubuvuzi ya Butaro, University of Global Health Equity (UGHE), Dr. Jim Yong Kim.
Indege ya kompanyi yitwa VoePass yo muri Brazil yari itwaye abantu 62 yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kanama 2024 ubwo yari igeze muri Leta ya Sao Paulo muri icyo gihugu.
Mu gihe ibitero by’Ingabo za Ukraine bikomeje kwibasira agace ko ku mupaka wa Koursk mu Burusiya, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, yavuze ko u Burusiya nabwo kuri iyi nshuro, bugomba kumva neza ingaruka z’intambara bwatangije muri Gashyantare 2022.
Minisiteri y’Uburezi irasaba abarimu kwita ku myigishirize y’ururimi rw’Ikinyarwanda, kuko hakigaragara abanyeshuri barangiza amashuri abanza batazi kucyandika neza, ibyo bikaba byagira ingaruka ku gutegura abarimu n’abakozi b’ejo hazaza.