Umukandida w’Umuryango wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yavuze ko nk’Abanyarwanda, urebye mu mateka banyuzemo n’aho bageze, ntawashidikanya kuvuga ko hari impinduka zakozwe zigaragaza, kandi ko ntawe ukwiye guterwa ubwoba n’abasebya u Rwanda ndetse n’abagambirira kurugirira nabi.
Impunzi zituye mu Nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara zivuga ko zishimiye uko zifashwe n’Igihugu cy’u Rwanda kandi uko iminsi igenda yicuma zigenda zishakamo ibisubizo nk’abandi Baturarwanda babifashijwemo cyane cyane n’amahugurwa bagenda bahabwa yo ‘Kwigira’.
Nyuma y’uko Nkunduwimye Emmanuel wamenyekanye nka Bomboko, ahamijwe ibyaha bya Jenoside, ibyibasiye inyokomuntu ndetse no gufata ku ngufu maze agahanishwa gufungwa imyaka 25, abarokotse Jenoside mu murenge wa Gitega aho yakoreye ibyaha, batangaje ko bishimiye umwanzuro w’urukiko.
Mu gihe kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kamena 2024 hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida babyemerewe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage kurangwa n’umutuzo ndetse no kubahana.
Hirya no hino mu bice by’umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo hamwe no mu bice by’icyaro, mu masaha y’urukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kamena 2024, abaturage benshi bari bamaze gusesekara mu mihanda, babukereye na morale nyinshi, barimo berekeza ku kibuga kinini kiri I Busogo, aho umukandinda w’Umuryango RPF (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda riturutse mu kigo Miller Center for Social Entrepreneurship, bagirana ibiganiro byibanze ku ngingo zitandukanye mu kwiteza imbere.
Mu gihe kitageze ku kwezi, Abanyarwanda bazaba babukereye kwihitiramo Umukuru w’Igihugu uzayobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye Umunyamabanga Wungirije akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga (UNOPS), Bwana Jorge Moreira Da Silva.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, yatangaje ko iri muri gahunda yo kongera no kuzana ibikoresho bishya byifashishwa kwa muganga, birimo imashini zipima indwara zinyuranye zo mu mubiri, bikaba byitezweho kuruhura bamwe mu bajyaga kwivuriza mu mahanga.
Nyuma y’amarushanwa yateguwe na Polisi n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCD), hagamijwe kwimakaza isuku n’umutekano no kurwanya igwingira mu bana, Umurenge wa Gasaka wabaye uwa mbere mu mirenge 101 igize Intara y’Amajyepfo, wegukana utyo imodoka.
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru France 24 cyo mu gihugu cy’Ubufaransa tariki 20 Kamena 2024 abajijwe niba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iramutse ishoje intambara ku Rwanda habaho kurwana hagati y’Ibihugu byombi yasubije ko uretse na Congo, u Rwanda rwiteguye kurwanya uwo ari we wese (…)
Bamwe mu babyeyi barerera mu ishuri ribanza rya Migeshi mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, barashinja Ubuyobozi bw’iryo shuri kubuza abana gukora ibizamini, aho bwishyuza ababyeyi amafaranga 1000 y’impapuro z’ibizamini.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa bane barimo ab’Imirenge n’ab’Utugari batungwa agatoki kutuzuza inshingano no gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko ibiri mu nyungu zabo bwite, birukanywe ku mirimo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa, yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, bagirana ikiganiro.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024 yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru cy’aho imyiteguro igeze yo kwamamaza abakandida bawo n’impamvu hahujwe Uturere tumwe na tumwe. Yasobanuye ko ari mu rwego rwo kugira ngo umukandida wabo azabone n’umwanya wo gukora (…)
Ku ya 8 Mata 1993, Intumwa idasanzwe ya LONI, Bacre Waly Ndiaye, yageze mu Rwanda kugira ngo akore iperereza ku bihe byari bikomeje kuba bibi mu by’umutekano, politiki, n’imibereho y’abaturage. Icyo gihe yasuye inkambi nyinshi z’abari barakuwe mu byabo (IDPs) mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko imaze igihe kigera ku myaka ibiri inoza ikoranabuhanga rizifashishwa mu matora kandi ko ryatangiye gukoreshwa muri imwe mu mirimo iyabanziriza.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Rwanbatt-2 ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zambitswe imidali yishimwe kubera ibikorwa by’indashyikirwa bijyanye no kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Raporo yiswe FinScope yakozwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) muri 2024, ivuga ko Abanyarwanda bangana na miliyoni 7 n’ibihumbi 800 bahwanye na 96%, bacitse ku muco wo kubika amafaranga mu ngo, kuko bitabiriye gukoresha serivisi z’imari.
Perezida Paul Kagame, uri i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, aho baganiriye ku ruzinduko Perezida Faye ateganya kugirira mu Rwanda mu gukomeza gusangizanya ubunararibonye mu nzego zitandukanye zirimo imiyoborere n’ubufatanye (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko mu matora y’umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite ateganyijwe kuba tariki 14 Nyakanga ku Banyarwanda bari mu mahanga, bateganya ko bazatorera mu bihugu 70.
Mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Muhondo, Akagari ka Bwenda, Umudugudu wa Nketsi, abagizi ba nabi bataramenyekana, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 20 Kamena 2024, binjiye mu rugo rw’umuturage biba moto ya Birege Malachie, Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Muhondo barangije baranayitwika irakongoka irashira.
Binyuze mu Mushinga Give Directly, ufatanya na Leta y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Gira Wigire’ igamije kuvana abaturage mu bukene, ingo zisaga ibihumbi 23 zimaze guhabwa amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 28, yo kuzifasha kwivana mu bukene.
Mu cyumweru gishize ni bwo Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo basoje umwiherero w’iminsi ibiri waberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC Odda Gasinzigwa mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kigaruka ku myiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite yagarutse ku bikorwa bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza.
Kuwa gatatu tariki 19 Kamena 2024, mu gihugu hose nibwo habaye igikorwa cyo kumurika imishinga n’inkunga byegerejwe abaturage mu rwego rwo kubafasha mu iterambere ryabo, binyuze mu kwezi kwahariwe ibikorwa by’Ingabo na Polisi.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagatare n’ab’Umurenge wa Rukomo barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere kizabafasha guhahirana no kujya mu mirima yabo bitabagoye.
Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) bwatangaje ko abakandida bose bemerewe kwiyamamaza ku myanya basabye, bamaze kwerekana aho baziyamamariza, ariko kandi ko nubwo kwiyamamaza ari uburenganzira bwa buri mukandida hari abashobora gusigarira muri urwo rugendo.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko icyorezo cya Covid-19 cyerekanye ubusumbane bukomeye hagati y’ibihugu byateye imbere n’ibiri mu nzira y’amajyambere by’umwihariko mu kubona inkingo n’ubundi buryo bw’ubwirinzi.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 30 abari abakozi ba Minisiteri y’Urubyiruko n’amashyirahamwe bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yagaragaje uburyo hari abana b’abatutsi bicishijwe umuti wica udukoko.
Mu muhanda Musanze - Kigali, imodoka itwara abagenzi ya BUS YUTONG RAH276D, yavaga i Musanze yerekeza i Kigali, yakoze impanuka, igonga igiti kiri ku nkengero z’umuhanda.
U Rwanda rurakataje mu myiteguro y’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko ateganyijwe muri Nyakanga na Nzeri uyu mwaka wa 2024. Muri ibi bihe bidasanzwe, Kigali Today yabateguriye ibyegeranyo bigaragaza aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze mu myaka 30 ishize ruzutse, ugereranyije n’imyaka 30 (…)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kamena 2024, Minisiteri y’ y’Ibidukikije (MINEMA), ku bufatanye n’Ikigo cyita ku Bidukikije (GGGI-Rwanda) ndetse n’Umujyi wa Kigali, batashye ibikorwa remezo by’icyitegererezo, byubatswe hagamijwe kubyaza umusaruro imyanda ku Kimoteri cya Nduba.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi barimo Fitina Omborenga na Ishimwe Christian yongerera amasezerano Niyigena Clement na Nshimiyimana Yunusu.
Komisiyo y’u Rwanda yitwa CNRU, ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ivuga ko irimo gutegura inzego zitandukanye kuzagaragaza uruhare rwazo mu kubungabunga umutungo kamere wo hejuru ku butaka no mu nda y’isi.
Muri Tanzania, uwayoboraga Intara ya Samiyu yatawe muri yombi na Polisi akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu umunyeshuri. Uwatawe muri yombi ni uwitwa Dr Yahya Nawanda w’imyaka 46 y’amavuko, akaba akurikiranyweho kuba yarafashe ku ngufu umunyeshuri wiga muri Kaminuza yo mu Mujyi wa Mwanza.
Bamwe mu bageze mu zabukuru bagorwa n’ubuzima cyane cyane iyo badafite abana babitaho, bakabaho bakora imirimo ivunanye ngo babone ikibatunga. Akenshi usanga iyo mirimo bakora bayihemberwa amafaranga y’intica ntikize ugasanga barahemberwa ibitajyanye n’imbaraga batanga ku murimo, ugasanga barakora ako kazi kubera amaburakindi.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINICOFIN) yatangaje ko umusaruro mbumbe w’Igihugu wageze kuri miliyari 4,486 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2024, avuye kuri miliyari 3,904 wariho muri 2023.
Muri Tchad, inkongi yibasiye ububiko bw’intwaro bw’Ingabo z’igihugu, iteza iturika rikomeye ryatangiye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rigeza ku wa Gatatu tariki 19 Kamena 2024. Byateje urupfu rw’abantu icyenda, abandi 46 barakomereka mu Mujyi wa N’Djamena, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Pasiteri Kayumba Fraterne umenyerewe mu bikorwa by’ivugabutumwa no mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana uzwi nka ‘Gospel’ yashyize hanze indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 19 Kamena 2024, ahitwa mu Kivuruga mu Karere ka Gakenke mu muhanda Musanze-Kigali, ikamyo igonganye n’imodoka itwara abagenzi, 16 muri 29 yari itwaye barakomereka.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yakiriye intumwa za Minisiteri ishinzwe iterambere ry’umugore n’uburenganzira bwa muntu ziturutse muri Repubulika ya Somalia ziri mu ruzinduko mu Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Akarere ka Burera, bashyikirijwe moto nshya, bavuga ko zije kuba igisubizo cy’imbogamizi bagiraga zo kudacyemura ibibazo by’abaturage ku gihe, bitewe n’ingendo ndende zivunanye bakoraga badafite uburyo babageraho.
Umuyobozi w’Inama Njyanama w’Agateganyo mu Karere ka Muhanga Nshimiyimana Gilbert, avuga ko kwibuka abari abakozi ba Leta n’ibigo byayo, bikwiye kujyana no kunenga abari abayobozi muri izo nzego, kuko hari abakozi bishe abayobozi babo, cyangwa abakoresha bakica abo bakoreshaga.
Leta ya Luxembourg yahaye u Rwanda inkunga y’amayero miliyoni 12, ahwanye na miliyari 16 na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba ari ayo gushyigikira gahunda yo kongera amashyamba mu Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Padiri Nkomejegusaba Alexandre, ushinzwe Umutungo ndetse na Padiri Mbonigaba Jean Bosco ushinzwe Imyitwarire y’abanyeshuri, muri Seminari Nto ya Zaza n’abanyeshuri barimo Tuyizere Egide w’imyaka 20 na Murenzi Armel w’imyaka 18, kubera urupfu rw’umunyeshuri witwa (…)
Abarokotse Jenoside b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bahawe ubutabera kuko abagize uruhare muri Jenoside babihaniwe, na none ariko ngo bumva ubutabera bazabugeraho byuzuye umunsi abayoboye ubwicanyi na bo bafashwe bagahanwa kuko kugeza ubu batarafatwa.
Mu Buhinde impanuka ikomeye ya gariyamoshi ebyiri zagonganye yahitanye abantu 8 abandi bagera kuri 50 barakomereka.