Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, General (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko ari we wubatse indake ya Gikoba yabagamo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari umuyobozi w’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Umuyobozi w’Umuryango Never Again Rwanda, Dr. Joseph Nkurunziza Ryarasa, yagaragaje ko impamvu zituma abantu bagwa mu bishuko byo kwemera kwicuruza, ahanini biterwa n’ibijyanye n’akazi kakiri gake ugereranyije n’umubare w’Abanyarwanda muri rusange.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024, bagiriye uruzinduko i Paris mu Bufaransa.
Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, rwatangije urubanza ruregwamo Corneille Nangaa, umuyobozi w’ihuriro rya politike rifite n’igisirikare Alliance Fleuve Congo (AFC), rirwanya Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Xinhua .
Mu bintu birimo gukurura ba mukerarugendo basura pariki ya Nyungwe harimo inzira zo mu kirere, ahubatswe ikiraro cy’ibyuma n’inshundura (Nyungwe Canopy Walk), ndetse hakaba hagiye no gushyirwaho uburyo bwo kugendera ku migozi ukambukiranya imisozi (Zipline Mountain).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasobanuye ko Hon. Mujawamariya Jeanne d’Arc n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, Karera Patrick, bari gukorwaho iperereza ku byaha bakekwaho bakoreye muri iyi Minisiteri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024 rweretse itangazamakuru abantu barindwi barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakurikiranyweho kwiba muri Banki Miliyoni ijana z’Amafaranga y’u Rwanda, baciye mu ishami ryayo rikorera hanze y’Igihugu.
Urwego rwunganira Uturere mu gucunga umutekano (DASSO) rwungutse Abadasso bashya 349 bamaze igihe kirenga amezi atatu bahabwa amahugurwa mu kigo cy’amahugurwa cya Polisi cya Gishari kiri mu Karere ka Rwamagana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ibyaha by’icuruzwa ry’abantu bigihari kandi hari Abanyarwanda batari bake babikorerwa kuko guhera mu 2019-2024 abagera 297 ari bo bakorewe icyo cyaha.
Umuryango Mpuzamahanga utari uwa Leta uteza imbere umuco wo gusoma ibitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga (NABU), wagiranye ubufatanye n’ikoranabuhanga rya GSM Systems, rizwiho gutanga uburyo bwifashishwa cyane cyane mu mikorere ya telefone. Iyi mikoranire yo guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda hifashishijwe ikoranabuhanga (…)
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yongeye gutangaza abandi ba Minisitiri icumi bagize Guverinoma ye barimo bane bari mu ruhande rw’abatavuga rumwe na we.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yirukanywe ku mirimo yari ashinzwe nka Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.
Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera (PSF), rwatangaje ko rubona abazitabira imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2024) bashobora kuba benshi, kubera iyo mpamvu bagasabwa kwigurira hakiri kare amatike bataragera ku irembo aho bayasabwa, mu rwego rwo kwirinda umubyigano no kuhatinda.
Mu rwego rwo kugeza amakuru ahagije kandi y’ukuri ku Banyarwanda, ku birebana n’ubuzima bw’imyororokere, Umuryango utegamiye kuri Leta wita ku buzima bw’imyororokere (HDI), urimo guhugura bamwe mu banyamakuru bo mu Rwanda ku buzima bw’imyororokere, kuko bizeweho kugeza ubutumwa ku mubare munini no kurushaho kubafasha (…)
Mu gihe abanyeshuri hirya no hino mu Gihugu batangiye ibizamini bisoza icyiciro rusange ndetse n’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, abafite ubumuga bukomatanyije bagaragaje imbogamizi mu bizamini bakora kubera ko ababitegura batita ku myigire yabo mu ndimi aho mu Kinyarwanda hashyirwamo amasaku n’ubutinde bitaba mu rurimi (…)
Mu karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Nyarurembo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, imodoka y’ivatiri (Voiture) yaritwawe n’umudamu yamanukaga umuhanda uva T2000 yerekeza kuri CHIC habereye impanuka y’imodoka yakomerekeyemo abantu batanu yangiza n’ibindi binyabiziga birimo (…)
Ikirombe cyaridukiye abantu umunani bagicukuragamo amabuye y’agaciro, kugeza ubu abagera kuri batatu biracyekwa ko bahise bagipfiramo, mu bo cyagwiriye hakaba hari n’abakirimo gushikishwa irengero ryabo kuko bitazwi niba bakiri bazima cyangwa bapfuye.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) irahamagarira ababishoboye kandi babishaka gutanga kandidatire zabo kuko hateganyijwe amatora y’abagize inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali ateganyijwe tariki 16 Kanama 2024.
Kuri uyu wa Gatatu, nibwo hashyizwe ahagaragara uko amakipe azakina muri shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu Rwanda umwaka wa 2024-2025 izatangira tariki 15 Kanama 2024, aho APR FC na Rayon Sports zizakina ku munsi wa Gatatu.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda(PSF) rurahamagarira Abaturarwanda kuza guhahira mu imurikagurisha mpuzamahanga(Expo) risanzwe ribera i Gikondo buri mwaka, rikaba ritangira kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga kugeza tariki 15 Kanama 2024.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yihanganishije Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abaturage b’icyo Gihugu, bibasiwe n’inkangu zabaye mu Karere ka Gofa mu Majyepfo ya Ethiopia, zitewe n’imvura idasanzwe yaguye muri ako gace.
Bamwe mu bahinzi bahinga mu bishanga biherereye mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko bamaze gusobanukirwa ingaruka zo guhinga bavangavanga imyaka, kuko bituma umusaruro utaboneka uko wari witezwe ndetse n’ubonetse kuwubonera isoko bikagora.
Nk’uko byemejwe muri gahunda ya Leta ijyanye no guteza imbere umugore no kugira uruhare mu nzego zifata ibyemezo, no mu matora y’Abadepite ya 2024, umubare w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, bigaragara ko wazamutseho 2%, nk’uko bigaragara muri Raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC).
I Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024 hafunguwe uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya litiro 650,000 z’amata ku munsi, zigakorwamo amata y’ifu angana na toni 41.7 ku munsi. Rwubatswe mu cyanya cyahariwe inganda cya Nyagatare giherereye mu Mudugudu wa Nkonji, Akagari ka Rutaraka, (…)
Mu Buhinde, inka ni ikintu cyubahwa cyane, igafatwa nk’umubyeyi wa bose kandi wuje urukundo (La mère universelle), kuko iha amata yayo ibindi biremwa bitari ibyo yabyaye gusa, ndetse muri Leta zimwe na zimwe z’u Buhinde bashyizeho amategeko abuza kwica inka ku butaka bwazo.
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Kamala Harris yegukanye ubwiganze bw’amajwi y’intumwa z’ishyaka ry’abademukarate (Democrats) bifuza ko ari we usimbura Perezida Joe Biden mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Umugabo wo mu Burusiya, yahoraga yumva ububabare no kumva atameze neza munsi y’imbavu ze, icyo kibazo akaba yari akimaranye imyaka icyenda (9), nyuma aza gutungurwa no kubwirwa ko ari ikimene cy’ikirahuri gifite uburebure bwa santimetero icyenda (9) cyamuheze mu mwijima atari asanzwe abizi.
Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, yashimiye Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu. Yabinyujije mu butumwa yatanze kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024, aho yashimiye Paul Kagame watorewe kuyobora u Rwanda, avuga ko bazakomeza gufatanya ku bw’inyungu z’umugabane.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi mu Rwanda (REB) Dr Mbarushimana Nelson yasabye abanyeshuri barimo gukora ibizami bya leta bisoza amasomo y’icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye kurangwa no gukunda Igihugu, kugira ubumwe, ubupfura, kwanga umugayo no gukunda umurimo kuko bizabafasha gutegura ejo hazaza heza no (…)
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari kwigishwa uko ishoramari bakora, baribyazamo imishinga igamije kurengera ibidukikije hagamijwe kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nk’ikibazo gikomeje guhangayikisha isi.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ko yiteze umusaruro ku cyiciro cya mbere cy’abanyeshuri barimo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubuforomo. Ni icyiciro kigizwe n’abanyeshuri 203 barimo ab’igitsina gore 89 hamwe n’ab’igitsina gabo 114 baturuka mu bigo by’amashuri birindwi byigisha porogaramu (…)
Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi n’abantu batandukanye bo hirya no hino ku Isi bamwifurije ishya n’ihirwe, nyuma yo gutorerwa kongera kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
Perezida Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye no kurwanya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu.
Mu Bushinwa, umugore witwa Pan Xiaoting, w’imyaka 24 y’amavuko wajyaga yerekana ibiganiro kuri interineti birimo kuba ako kanya (Livestream), akora ibyitwa ‘Mukbang’ (kurya byinshi cyane hagamijwe gushimisha abamukurikira kuri interineti), yapfuye mu gihe yarimo atambutsa icyo kiganiro cye azize kurya byinshi.
Mutumwinka Bertine ni umubyeyi w’abana batatu, ubu atwara imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa ‘Man’ itwara amavuta na lisansi abivana muri Tanzaniya abizana mu Rwanda.
Muri Senegal, imfungwa n’abagororwa bakomeje imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara mu rwego rwo kwamagana uburyo bubi bafatwamo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), yatangaje ko umusaruro w’ubuhinzi w’igihembwe cya 2024 A wiyongereyeho toni zigera hafi ku bihumbi 316.
Padiri Salvain Ndayizeye Habiyambere, wo muri Diyosezi Gatolika ya Byumba wari urwariye mu bitaro bya CHUK, yitabye Imana ku cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024.
Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro itatu izakoresha muri uyu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Umunya-Brazil Robertinho uheruka kuyitoza mu myaka itanu ishize ariwe mutoza wayo mushya.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko Paul Kagame ari we watorewe kuba Umukuru w’Igihugu n’amajwi 99.18%.
Umuyobozi w’Umuryango utari uwa Leta wita ku burenganzira bw’umukobwa n’umugore, Empower Rwanda, Kabatesi Olivia, asaba abayobozi b’amadini n’amatorero gushyira mu nyigisho zabo za buri munsi gukumira isambanywa ry’abana kuko aribo bantu bizerwa kuko mu gihe babihariye izindi nzego iki kibazo kitazakemuka.
Mbere y’itanga ry’Umwami Mutara wa III Rudahigwa, ihirikwa ry’ingoma ya murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, impinduramatwara yo mu 1959, n’ingirwa-bwigenge yo mu 1962, mu Rwanda hahoze amashyirahamwe yari agamije guharanira inyungu zitandukanye zirimo iz’uturere abayashinze bakomokagamo.
Abahinzi b’umuceri mu turere twa Huye na Gisagara baribaza igihe umuceri wabo uzagurirwa ukareka kwangirikira mu mahangari no ku gasozi ku batagira amahangari yo kuwanuriramo.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rukwiye kubaka ubushobozi bwisumbuyeho mu nzego z’ubuvuzi, ku buryo nta Banyarwanda bazongera kujya bajya kwivuza mu bihugu by’amahanga, ahubwo abaturage bo mu bihugu byo mu Karere bakajya baza gushaka serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda.
Abahesha b’Inkiko b’Umwuga, basabye Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ko yabemerera kuba ba noteri, kugira ngo bajye borohereza abaturage kubonera serivisi zose ahantu hamwe mu gihe cyo kurangiza inyandiko-mpesha.
Rutahizamu w’Umunya-Uganda Muhammad Shaban wakiniraga KCCA iwabo uvugwa muri Rayon Sports yavuze ko iyi kipe yamuvugishije akayibwira agaciro ke gusa ko bigoye kuba yaza gukina mu Rwanda kuko afite ahandi heza.
Mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge haraye habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi yavaga i Rubavu ijya i Kigali, abagenzi babiri barakomereka.