Ibikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame n’Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko byabereye mu Karere ka Muhanga kuri Site ya Buziranyoni, ahari hateraniye abanyamuryango benshi ba FPR. Ni ibirori byatangijwe n’akarasisi katangiriye mu Mujyi wa Muhanga.
Mu Murenge wa Ruhuha mu Kagari ka Kindama, ku kibuga cy’Urwunge rw’amashuri GS Munazi, hahuriye abaturage ibihumbi biganjemo abanyamuryango ba RPF Inkotanyi n’abo mu yindi mitwe ya politiki ifatanyije na RPF Inkotanyi baturutse mu bice bitandukanye by’Akarere ka Bugesera, baje kwamamaza umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nyakanga 2024, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sri Lanka, Gen Shavendra Silva, uri mu ruzinduko mu Rwanda n’itsinda ayoboye basuye Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, bakirwa na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, banagirana ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga.
Hamaze gutangazwa amabara azifashishwa mu matora ya Perezida n’abadepite azaba ku itariki 14 ku bari mu mahanga n’itariki 15 Nyakanga 2024 ku bari mu Rwanda.
Muri Tanzania, mu Ntara ya Geita, ku buryo butunguranye, mu rubanza rwo kwica abigambiriye, rwaregwagamo uwitwa Zephania Ndalawa, umutangabuhamya wa gatatu muri urwo rubanza yerekanye umucamanza witwa Graffin Mwakapeje, avuga ko ariwe wishe nyakwigendera Thomas Masumbuko.
Mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, Abanyarwanda bakomeje kugaragaza ko bashaka kongera kuyoborwa nawe, ndetse bamwe bakamufata nk’impano bahawe n’Imana.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ririzeza Abanyarwanda ko nibatora umukandida waryo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza, rizashyiraho nkunganire igamije kubafasha kugura Gaz badahenzwe.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango by’umwihariko abayoboke b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), banyuzwe n’uko ubuyobozi bwaryo bwafashe icyemezo cyo gushyigikira Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu biyemeza kuzaritora.
Abagore bo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, barashima Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, watumye bagaragaza imbaraga zabo, bagakora bakiteza imbere.
U Rwanda na Korea y’Epfo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nyakanga 2024 byasinyanye amasezerano ya Miliyari imwe y’Amadolari ya Amerika (asaga Miliyari 1,318 Frw) u Rwanda ruzahabwa na Korea y’Epfo akazakoreshwa mu gutera inkunga imishinga y’iterambere mu Rwanda.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare 25 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare igihano cyo kwicwa nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo ubujura no kuba barahunze urugamba mu gihe ingabo za Leta zari zihanganye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Inyanya ubusanzwe ni ikiribwa cy’ingirakamaro mu mubiri w’umuntu by’umwihariko kuko kiri mu cyiciro cy’ibirinda indwara, ibigabanya ibyago byo kurwara kanseri zitandukanye, zirimo ifata udusabo tw’intangagabo (prostate), diyabete n’umutima.
Ku wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024 ubwo mu Rwanda hizihizwaga umunsi wo Kwibohora, ibirori byabereye kuri Sitade Amahoro byabayemo n’akarasisi ka Gisirikare nyuma y’imyaka itanu yari ishize kataba.
Tariki ya 04 Nyakanga 1994, tariki ya 04 Nyakanga 2024, imyaka 30 irashize Igihugu kibohowe, Jenoside yakorerwaga Abatutsi irahagarikwa. Uyu munsi wari utandukanye ku bantu bitewe n’ibice by’Igihugu bari baherereyemo. Bamwe bari bihishe Interahamwe ahandi hari urujya n’uruza rw’impunzi zo muri 1959, 1962 n’indi myaka (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe habayeho iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi aho umusaruro w’ubuhinzi wavuye munsi ya toni imwe ku bigori n’umuceri ugera kuri toni eshanu kuri hegitari ndetse n’umukamo w’amata uva kuri litiro 2,000 ugera kuri litiro zirenga 100,000 (…)
Umuryango Paper Crown Rwanda ufatanyije na RWAMREC bateguye ibiganiro, bihuza abantu batandukanye biganjemo abagore n’abakobwa bahagarariye imiryango itari ya Leta, impirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore (feminists) n’abaharanira ihame rw’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugore n’umugabo (Gender practitioners) , bagamije (…)
Kuri uyu wa Kane, mu gihugu cya Afurika y’Epfo habereye tombola y’uko amakipe azahura mu matsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025, isiga Amavubi ari mu itsinda ahuriyemo n’amakipe nka Nigeria na Benin.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye urubyiruko gusigasira ibyagezweho mu myaka 30 ishize u Rwanda rubohowe, arwibutsa ko uko ruzabaho kose, rukwiye gushyigikira politike nziza y’igihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame avuga ko uyu munsi Abanyarwanda bakomeye kandi bameze neza kurusha uko byari bimeze mbere.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwandikiye ibaruwa Padiri Hildebrand Karangwa, rumumenyesha ko igitabo cye aherutse gushyira hanze cyitwa ‘Les Origines du Génocide des Batutsi d’Il ya 30 ans’ cyemerewe kwifashishwa mu kwigisha amateka mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Rwanda.
Ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 198 nibyo byangijwe n’inkongi yafashe inyubako Makuza Peace Plaza iherereye mu mujyi wa Kigali Akarere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu tariki 3 Nyakanga 2024.
Jean Baptiste Mugiraneza (Migi) wari umutoza wungirije wa Musanze FC, avuga ko gutandukana n’iyo kipe bitamuturutseho, dore ko nyuma yo gusoza amasezerano yari afitanye nayo, yategereje ko ubuyobozi bwamwegera abura ayo mahirwe.
Imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ibarirwa mu 140, yo mu Karere ka Musanze, irimo ituye mu nzu zamaze gusaza, indi na yo ikaba itagira aho ikinga umusaya, irimo abagaragaza ko bagikomwa mu nkokora mu rugendo barimo rwo kwiyubaka, bitewe n’icyo kibazo, bakifuza ko bafashwa kugikemura, na bo bakagendana (…)
Abenshi mu babonye amafoto y’Ingabo zari iza RPA ku rugamba rwo kubohora Igihugu, bakunze kwibaza ku mugore wagaragaye mu ifoto ari mu barinze Maj Gen Paul Kagame wari uyoboye urugamba mu 1990.
Umukecuru w’imyaka 90 wo mu Bushinwa yamaze imyaka 20 akoresha grenade mu mwanya w’inyundo ayihondesha ibintu bikomeye birimo n’ibyuma , kuko atari azi ko ari yo, agira amahirwe ntiyamuturikana muri icyo gihe cyose.
Mu bikorwa bisoza kwiyamamaza kw’Abakandida Depite b’Umuryango FPR-Inkotanyi n’amashyaka yiyemeje kwifatanya nawo, bavuze ko Kagame yahaye Abanyarwanda ‘Mituweli’ itaboneka ahandi ku isi, bityo ko biri mubyo bakwiye kwibuka bakamutora ijana ku ijana.
Bamwe mu banyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rwempasha, bavuga ko bashimira FPR kuba yaracyuye impunzi zari zaraheze mu mahanga ariko by’umwihariko ikunga Abanyarwanda bari barahemukiranye ndetse ikanatanga n’umutekano n’imibereho myiza ku Banyarwanda bose.
Mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi n’abakandida Depite bo mu Karere ka Bugesera, Intore zo mu Muryango wa FPR zaturutse mu Mirenge itandukanye y’ako Karere zahize ko zigomba kumutora mu rwego rwo kumukomeraho, mu rwego rwo kwigumira mu munyenga w’iterambere, ubumwe n’amajyambere.
Uwurukundo Marie Grace, umukandida Depite, witabiriye ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya mu Inteko Ishinga Amategeko mu Karere ka Karongi, yasabye andi mashyaka atarigeze ashyigikira Umuryango FPR-Inkotanyi, kuza bakifatanya nawo mu kurushaho kwesa imihigo.
Ubuyobozi bukuru bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buravuga ko Inteko Nshinga Amategeko y’u Rwanda idakorera mu mashyaka ya Politiki kuko umaze gutorwa agira ubwisanzure mu mitekerereze ye.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, barashimira Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame wabahaye nkunganire mu buhinzi, bakabasha kuzamura umusaruro wabo.
Umuvugizi wa Polisi ACP Boniface Rutikanga avuga ko amaduka 3 yakoreraga mu gice cyo hasi mu nyubako yo kwa Makuza, ari yo yibasiwe n’inkongi y’umuriro ibicuruzwa byarimo birangirika.
Hari ibintu bitandukanye bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, urugero nk’ibinyobwa, ibiribwa, ibikoresho by’isuku n’ibindi, bifite amazina mu zindi ndimi ariko ugasanga Ikinyarwanda cyarayafashe nk’amazina y’ihame no ku bindi bisa nabyo kabone n’iyo byaba bifite amazina yabyo bwite.
Hari siporo zitandukanye abantu bakora kugira ngo bakomeze kugira ubuzima buzira umuze, abandi bagakora iz’umwuga nk’akazi kababeshejeho, ariko hari indi siporo yoroshye kandi ifitiye akamaro kanini abayikora itanagombera ibikoresho runaka. Iyo nta yindi ni siporo yo KUGENDA.
Imva zishyinguyemo abantu zifatwa nk’ahantu ho kubunamira, kubibuka no gukomeza kuzirikana ibihe bagiranye n’ababo. Ariko se gushyira indabo ku mva cyangwa se hejuru y’isanduku irimo umurambo mu gihe cyo gushyingura byavuye he cyangwa bisobanura iki?
Mu Gahunga ni mu Karere ka Burera, Umurenge wa Gahunga, Akagari ka Kidakama, Umudugudu wa Mubuga, mu nkengero z’ikirunga cya Muhabura, Intara y’Amajyaruguru, ahahoze hitwa mu Murera.
Mu Bwongereza, umugabo yareze sosiyete ya Apple asaba indishyi ya Miliyoni eshanu z’Amapawundi (Arenga miliyari 10Frw), ayishinja kuba yaratumye umugore we amenya ubuzima bwe bw’ibanga, bitewe n’uko iyo sosiyete yahuje telefoni ye ya iPhone na mudasobwa ya iMac y’umuryango (Imashini ikoreshwa n’abo murugo).
Raporo iri ku rubuga rw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/HWO), ivuga ko abantu barenga 166.000 bishwe n’ubushyuhe bukabije hagati ya 1998 – 2017
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, REMA, hamwe n’Abafatanyabikorwa ba Leta, bari kwiga uko bamenya ingano y’imyuka itera Isi gushyuha bikabije, hamwe n’uburyo iyo myuka irimo uva mu matungo yuza, yagabanywa.
Rucagu Boniface inararibonye muri Politike y’u Rwanda, yavuze uko yatewe ubwoba nyuma y’uko Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, aherutse gusomera mu ruhame abari bitabiriye ibiganiro byimakaza ubudaheranwa bw’Abanyarwanda ibaruwa ye yanditse mu 1993 yari yaribagiwe.
Kuri uyu wa Gatatu, Mazimpaka André wahoze ari umunyezamu wa Rayon Sports yagizwe umutoza w’abanyezamu bayo.
Uburyo imbwa zizunguza umurizo bushobora kugira ibisobanuro bitandukanye. Mu gihe injangwe zigaragaza uko zimerewe zikoresheje uburyo bwo guhirita, imbwa zo zibanda cyane ku gukoresha umubiri wazo nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru Psychology Today.
Nyuma y’uko muri Mutarama 2020 Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yasabye ko buri muryango wagira nibura ibiti bitatu by’imbuto, hari abifuza ingemwe zo gutera ntibazibone, hakaba n’abirwanaho bagatera ibiti bitabanguriye, ariko ikibangamiye abamaze kubitera muri rusange ni uko birwara.
Umukobwa w’imyaka 33 utarifuje ko amazina n’amajwi bye bijya mu itangazamakuru wo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, mu mwaka wa 2018 ubwo yari afite imyaka 27, mugenzi we wari inshuti ye, yamuhamagaye kuri telefoni amubwira ko hari ahantu ashaka kumurangira akazi mu bihugu by’Abarabu, ndetse nyuma y’iminsi (…)
Urubuga Quora.com ruvuga ko kwitiranya ijambo avocat nk’urubuto na avocat nk’umunyamategeko bikomoka ku ikosa ryakozwe n’Icyongereza cyo ha mbere mu gihe cyo gutiririkanya amagambo.