Abakozi b’Abanyarwanda bakorera Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Liberia bakoze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi wa IPRC Kigali, Eng. Murindahabi Diogene, yasabye abanyeshuri biga muri iki kigo ndetse n’abakizemo, guharanira kwigira, birinda gutegereza ak’imuhana.
Umujyi wa Rwamagana ugenda usigara inyuma mu bucuruzi kandi ari umwe mu mijyi ya mbere yatangirijwemo ubucuruzi mu Rwanda, nk’uko byemezwa n’ababizi.
Umuyobozi w’Ishuri Ryisumbuye rya Ruhanga mu karere Ka Gasabo, Rubaduka Eugène, avuga ko ibikorwa abana bagizemo uruhare barushaho kubirinda icyabyangiza.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yashimiye abagore n’abakobwa bahatanira igihembo gihabwa Miss Geek, asaba benshi kubyaza ibisubizo ikoranabuhanga.
Ikipe ya Rayon Sports yihereranye Police Fc iyitsinda ibitego bitatu kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatandatu
Nyuma yo kumara imikino irindwi ya Shampiona idatsinda, AS Kigali yongeye kubona amanota atatu itsinze Muhanga ibitego 2-1
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko amarushanwa y’umurenge Kagame Cup ari mu bintu bituma barushaho kwishimisha no gusabana.
Abagore bakina umupira w’amaguru barashimira Perezida Paul Kagame washyizeho amarushanwa yo gukinira igikombe cy’“Umurenge Kagame Cup”, kuko atuma bagaragaza impano bafite.
Abatuye mu Karere ka Kayonza batangaza ko bishimiye gukorana umuganda na Perezida Kagame, kuko byabagaragarije ko aba abitayeho.
Umurenge wa Munini mu karereka Nyaruguru niwo wihariye ibikombe mu marushanwa ya Umurenge Kagame Cup, ku makipe y’abagabo n’abagore.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko kimwe mu bibazo basigaranye kibadindiza ari icyo kutamenya indi z’amahanga.
Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyahembye abajyanama mu by’ubuhinzi bakorera mu Murenge wa Kabaya muri Ngororero telefoni zo kwifashisha mu kazi.
Ambasade ya Afurika y’Epfo mu Rwanda yizihije isabukuru y’imyaka 22 icyo gihugu kimaze kivuye mu ivangura ryiswe Apartheid.
Ku cyambu cya Rushonga giherereye muri Kirehe hibukiwe Abatutsi bajugunywe mu ruzi rw’Akagera muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Umugabo wo mu Kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima w’Akarere ka Bugesera yatawe muri yombi afite amafaranga y’amahimbano ibihumbi 20Frw.
Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga y’Abalayiki b’Abadivantisiti (UNILAK), Dr Ngamije Jean, asaba abanyeshuri gukoresha ubumenyi bafite bagatanga ubutumwa bwo kurwanya Jenoside.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bwasabiye igifungo cy’imyaka icyenda umugabo Buturano Ananias w’imyaka 69, kubera icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bumukurikiranyeho.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare bari bazindukiye i Matimba kwakira Perezida Kagame bavuga ko babajwe n’uko imvura yababereye imbogamizi yo kumubona.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo barasaba Leta kujya yubahiriza amasezerano ikabishyura mu gihe na yo yaba itubahirije ibikubiye muri ayo masezerano.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yababajwe n’urubyiruko rwahawe akazi mu Murenge wa Nasho rukanga kugakora ngo ni mu cyaro.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko kwibuka ari intwaro ikomeye yifashishwa mu rugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abikorera bo mu Burasirazuba basabye imbabazi kuko batitabiriye gushora imari muri Epic Hotel yubakwa i Nyagatare, nk’uko bari barabyiyemeje.
Perezida wa Repubulika Perezida Paul Kagame arasaba abagabo bose guhaguruka bagashyigikira iterambere ry’umugore, kuko iterabere rihamye ritagerwaho umugore agihezwa.
Ikipe ya Rwanda Revenue Authority yatsinze Shams yo mu Misiri maze ihita ibona itike yo gukina 1/2 mu gikombe cy’Afurika kiri kubera muri Tunisa
Abaturage bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barifuza ko Ladislas Ntaganzwa yazanwa kuburanira aho yakoreye ibyaha.
Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda kubumbatira umutekano nk’inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye mu nzego zose.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arasaba Abanyarwanda gushyigikira iterambere ry’abagore kuko nta terambere rishoboka umugore atarigizemo uruhare.
Perezida Kagame yemereye abaturage bo mu Karere ka Ngoma ibikorwa remezo birimo imihanda, amashanyarazi n’umuyoboro wa Interineti wihuta.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.
Perezida Paul Kagame amaze kugera mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, aho yari ategerejwe n’ibihumbi by’abaturage, bari bakereye uruzinduko agirira muri aka karere.
Bamwe mu bagore hirya no hino mu gihugu bamaze kumenya ko kwitinyuka bashaka umurimo ubafasha kugira uruhare mu iterambere ry’imiryango yabo.
Justus Kangwagye na Hassan Bahame, bahoze ari abayobozi b’uturere, bagaruwe muri Leta n’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kane tariki 27 Mata 2016.
Ikipe ya AS Muhanga yatsinzwe n’ikipe ya Marine FC ibitego bibiri ku busa isubira ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Kuri uyu wa kane nibwo imikino ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika y’abagore ikomeza, aho Rwanda Revenue ihura na Elshams yo mu Misiri ku i Saa Kumi n’imwe
Abana bagera kuri 200 bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Rusizi bari barataye amashuri, kubera impamvu zitandukanye bajyanywe kwiga imyuga.
Abanyasudani y’Amajyepfo bari mu ruzinduko mu Rwanda basuye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge bashima imikorere yacyo kuko ngo irimo ubuhanga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe barinubira ko ubuyobozi bubasaba amafaranga kugira ngo bashyirwe ku rutonde rw’ababazahabwa inka muri gahunda ya “Gira inka.”
Mukura Vs ku kibuga cyayo ntiyabashije kwikura imbere ya Rayon Sports yayihatsidiye igitego kimwe ku busa, cyatsinzwe na Davis Kasirye ku munota wa 65
Abagore bakorana na Women’s Opportunity Center (WOC) cy’i Kayonza ngo batangiye kwizera iterambere nyuma yo kubona ko ibyo bakora bigurwa.
Inama nkuru y’itangazamakuru igaragaza ko kudatera imbere biterwa no kutagira igenamigambi rihamye, aho hari ba nyir’ibitangazamakuru badashyiraho umurongo uhamye w’imivungire yabyo.
Mu muco Nyarwanda, Abanyarwanda bagiraga imigenzo ikomeye yo “kwirabura no kwera” yabafashaga kwakira urupfu rw’uwabo, ikanabafasha kudaheranwa n’agahinda.
Bamwe mu baturage bari bafite amazu ahubatswe Isoko rya Nyagatare barashinja akarere kutubahiriza amasezerano ku mwenda kabamazemo imyaka ine.
Mbumbabanga Berkmas w’imyaka 57 wo mu Kagari ka Saruhembe mu Murenge wa Mahama muri Kirehe basanze yapfuye bakeka ko yishwe n’umuvu.
Umuhango w’ihererekanyabubasha ry’Ibitaro bya Polisi wabaye kuri uyu wa 26 Mata 2016 aho Polisi y’u Rwanda yabishyikirije Minisiteri y’Ubuzima nk’Ibitaro by’Akarere bya Kacyiru.
Abagabo batatu harimo n’umukuru w’umudugudu biyemerera gufasha FDLR mu bitero yagabye i Bugeshi muri Rubavu beretswe abaturage.