Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Mata 2016, mu Kagari ka Ruhinga, Umurenge wa Gitesi, Akarere ka Karongi umukecuru yasanzwe imbere y’inzu yapfuye.
Bamwe mu barokokeye i Mwulire ya Rwamagana bavugaga ko barokotse kubera ubutwari bw’uwitwaga Karenzi Guido.
Nyuma y’ubushakashatsi bwa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG) buvuga ko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside batakiri benshi, hanze y’igihugu ho ngo yahindutse "ikigugu".
Imvura yaguye mu Karere ka Burera yateje umwuzure uhitana umwana w’umuhungu, wuzura mu kigo nderabuzima cya Rugarama unangiza imyaka y’abaturage.
Kuri Stade Mumena Kiyovu yatsinze Espoir igitego 1-0,maze i Muhanga ikipe yaho itsinda Amagaju 4-1 ari nayo ntsinzi ya mbere muri Shampiona
Polisi y’igihug ikorera mu Karere ka Nyanza yasubije Kanyambo John miliyoni miliyoni 1,8Frw yari yibwe n’abakozi mu rugo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwahagurukiye kurangiza ikibazo cy’ubutaka bwa Ngirira buherereye mu murenge wa Mudende bumaze imyaka 20 bwaratujwemo abaturage.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly, kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 Mata 2016, yasuye abana b’incuke biga mu mashuri ya “Peace and Hope Initiative” i Kinyinya, abaha amata ndetse yiyemeza kubakamishiriza mu gihe cy’umwaka wose.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyahwituriye abanyamahoteri kunoza imikorere mu nzego zose kugira ngo bongere ubwiza bwa servisi batanga.
Umugore w’imyaka 25 n’umwana we w’imyaka ine bari batuye mu Mudugudu wa Ruganda, Akagari ka Gasura, Umurenge wa Bwishyura w’Akarere ka Karongi, bagwiriwe n’inzu mu ijoro rishyira kuri uyu wa 19 Mata, bahita bapfa.
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bifashijwe na Ministeri y’Ingabo hamwe n’iy’Ubuzima, byiteguye impuguke mpuzamahanga mu by’ubuzima kubera ikibazo cya Malaria.
Imvura yaguye mu ijoro ryo kuri uyu wa 18/Mata/ 016 i Musanze yateje umwuzure mu Murenge wa Gataraga inasenya amazu makumyabiri andi arangirika cyane.
Bamwe mu Banyarwanda barifuza ko hakomeza kunozwa bimwe mu bitagenda neza mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abaturage batuye hafi y’Isoko rya Nyamitaka bagombaga kwimurwa kubera ko begereye Ikivu, basaba kwemererwa gusana amazu yabo kuko hashize imyaka itatu batarahabwa ingurane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangaje ko bugiye guhagurukira ibibazo by’inka bivugwa ko zapfuye n’izagurishijwe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yasubukuye imyitozo aho yitegura gukina na Uganda,gusa ntirabona umukino wayifasha kuyitegura
Ngarambe Deogratias bakunze kwita Rukanika akaba nyir’ivuriro Lukai Health Center yatawe muri yombi ashinjwa gukuriramo umukobwa inda akitaba Imana.
Uruganda rwa Cimerwa rukora sima ruherereye mu Karere ka Rusizi rwahaye abana b’ipfubyi za Jenoside inzu ya miliyoni mirongo ine.
Shampiona y’abagore mu mukino wa Handball y’umwaka wa 2016 igiye gukinirwa mu mazone bitewe n’ibice by’igihugu amakipe aherereyemo
Ndagijimana Alphonse wari ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Mirama ya mbere mu Karere ka Nyagatare, yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ruswa.
Umushinga wa Clarisse Uwineza wo gutunganya imyanda ibora igakorwamo ifumbire y’imborera (Bio-organic Waste Feltilizer) urahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi yo kuza mu mishinga myiza mirongo itatu ku isi.
Ibihugu byibumbiye mu muryango Smart Africa byiyemeje kugabanya ibiciro by’itumanaho ku bantu bakorera ingendo muri ibyo bihugu, bityo ubuhahirane bworohe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yagaye abafite ubuhinzi mu nshingano mu Karere ka Karongi kudahana amakuru.
Bamwe mu banyeshuri bakerewe kugera kugera ku bigo by’amashuri babujijwe kubyinjiramo nyamara bo bavuga ko ari akarengane kuko bakerewe kubera impamvu ngo zifatika.
Uwitonze Beatrice w’imyaka 16 wo mu Karere ka Rutsiro yagaruriwe mu nzira agiye gukorera amafaranga amafaranga mu Karere ka Muhanga ataye ishuri.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kiyanzi mu Karere ka Kirehe, bavuga ko biteguye gutanga imbabazi ariko babuze uzibasaba.
Ubuyobozi bw’AKarere ka Ngororero bwasabye abahatuye kwirinda ikintu cyose kirimo n’umwanda gishobora kubakururira indwara, kandi bafite ubushobozi bwo kuzirinda.
Senateri Tito Rutaremara arahamagarira urubyiruko kwandika amakuru avuguruza ayo abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakwirakwiza.
Mbere y’uko ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 ingayije na Uganda mu mukino ubanza,umutoza wayo yongeye mo abakinnyi 2 mbere yo gukina umukino wo kwishyura uzabera Uganda kuri uyu wa gatandatu
Imirenge ya Sacco yo mu Karere ka Rusizi ishobora gufunga imiryango bitewe no kutagenzura no kudafata ibyemezo kw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge.
Abasenateri bagize komisiyo ikurikirana ibikorwa by’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), baravuga ko hagikenewe ubukangurambaga bwinshi ngo abaturage bamenye inyungu ziwurimo.
Nyuma y’uko umuryango utuye muri Kansi mu Karere ka Gisagara abyariye rimwe abana batatu b’impanga ugasaba ubufasha bwo kubarera, yahawe inka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutoza abana gusura inzibutso no kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bizagabanya ingengabitekerezo yayo.
Bamwe mu banyeshuri barangije ibiruhuko, bavuze ko baraye mu nzira kubera kubura imodoka zibageza ku bigo bigaho.
Kuri iki Cyumweru, tariki 17 Mata, ahagana saa moya za mugitondo, umugabo witwa Mbyariyehe Olivier wari ufungiye muri kasho ya sitasiyo ya polisi y’u Rwanda ya Kiyumba mu Karere ka Muhanga yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka, bimuviramo gupfa.
Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gutsinda ikipe ya Marines ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki cyumweru,yaje guhita ismbura APR Fc ku mwanya wa mbere
Umuryango Restore Rwanda Ministries (RRM) urasaba abaturage bo mu Karere ka Kirehe guhinga igiti cyitwa JATROPHA (Jaturofa) kibyara mazutu hagamijwe kubungabunga ibidukikije.
Abakozi ba I&M Bank baremeye umukecuru w’incike wo mu Karere ka Kamonyi mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri iki cyumweru Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza,aho Rayon Sports na Mukura zitsinze zaca kuri APR Fc iyoboye urutonde rw’agateganyo
Abakora isuku mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) barinubira ko bamaze amezi atatu n’igice badahembwa.
Abatuye Akarere ka Ngororero bavuga ko aka karere gafite umwihariko mu gutegura, kugerageza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo bagasaba ko amateka yaho yandikwa.
Abatuye Akagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore w’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kumenya amateka y’ukuri yaranze igihugu ari byo bizabafasa kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, yashimye ibikorwa bya COOPEK Inkunga mu kuzamura abatuye uturere twa Rutsiro na Karongi ikoreramo.
Ubwo abajyanama b’Akarere ka Nyamasheke bakoraga inama yabo ya mbere, bavuze ko bagiye guhindura imikorere bakajya bagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Polisi ikorera mu Murenge wa Bugeshi muri Rubavu, ahitwa Kabumba, yaraye itewe n’abantu bitweje intwaro bataramenyekana, barasana nayo ariko ishobora kubahashya.
Peresidente w’inteko Mukabarisa Donatilla, arasaba Abanyarwanda kwandika ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo atazibagirana, binabafashe guhangana n’abayihakana.