Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH), Brig Gen Emmanuel Ndahiro, avuga ko kwibuka ari ingufu zo kurwanya ingengebitekerezo ya Jenoside.
Hagumakubana Jean Bosco w’imyaka 36 na Kwizera Jovens w’imyaka 20, batawe muri yombi bagerageza gukorera abandi ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bikorerwa i Musha muri Rwamagana ngo byatije umurindi abakoze Jenoside kuko abo bishe babajugunyaga mu birombe.
Umuvunyi Mukuru wa Kenya, akaba n’Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Abavunyi muri Afurika, Dr Otiende Amollo yaje mu Rwanda kureba ibijyanye n’itangwa ry’amakuru.
Ku munsi wa mbere w’imikino yo kwishyura,APR Fc yatsinzwe na Etincelles igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Uwayisaba Bernad wo mu Karere ka Burera yatsindiye amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri mu mukino wo gutega ku makipe y’umupira w’amaguru uzwi nka “Betting”.
Nyuma yo guhumuriza abafana ko P Square igiye gusubirana, Peter yagaragaye akora igitaramo cya wenyine i Dubai.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutse mu cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 22.
Inzego zitandukanye ziyobowe na Ministeri y’Ubutabera, MINIJUST, ziyemeje ko icyunamo cy’umwaka utaha kizagera zashyize iherezo ku kibazo cy’imanza za Gacaca zitarangijwe.
Muri tombola ya 1/2 cya Europa league na Champions league yabaye kuri uyu wa gatanu,amakipe yo mu Bwongereza yatomboranye n’ayo muri Espagne
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burahamagarira ibyiciro byose gutegura gahunda zo gukomeza kwibuka muri iyi minsi 100, kuko bizabafasha guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Murenge wa Rurenge, Akarere ka Ngoma bahawe ibiryamirwa mu gusoza icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri uwo murenge.
Uwitije Xavera warokokeye Jenoside mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, yagabiye ihene Gasana Charles wamuhishe akanamutangira amafaranga muri Jenoside akabasha kurokoka.
Uwacungaga umutekano kuri Sitasiyo Black Stars yo ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda yishwe n’umusore ucuruza amagi, bapfa amafaranga yari yanze kumwishyura.
Afaranga y’u Rwanda miliyoni 68 n’ibihumbi 25 na 948 yakusanyijwe muri iki cyunamo mu Karere ka Gicumbi ngo azizifashishwa mu gusana amazu y’abarokotse Jenoside.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket yerekeje muri Afurika y’epfo,yibukijwe n’umunyamabanga uhoraho muri Minispoc ko bahagarariye abanyarwanda bose
Imibiri y’abatutsi basaga 200 biciwe mu rusengero ruri ahitwa “kuri Midiho” muri Kayonza ikomeje kuburirwa irengero, nyuma y’imyaka 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye.
Umuryango w’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL, by’u Rwanda, u Burundi na Congo wakoze umushinga wo kubyaza umusaruro ikibaya cya Rusizi.
Miliyoni 170Frw zatanzwe n’Intara y’Amajyaruguru hatabariwemo ibindi bikorwa byakozwe mu gutera inkunga abacitse ku icumu bo muri Rulindo, zizabafasha mu bibazo bitandukanye.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi nka Lil G yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo yise ese ujya unkumbura agaragaza ibyamubayeho.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi na Ambasaderi mushya w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, biyemeje kuzana abashoramari b’Abaholandi gufasha amakoperative.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bo muri Gisagara, barasaba ko abarundi bari bahacumbitse bakoze Jenoside bashyikirizwa ubutabera na bo bagahanwa.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba yafashije Dusabimana wacitse ku icumu rya Jenoside mu Karere ka Rutsiro gusubirana imitungo ye irimo n’amafaranga.
Munyanshoza Dieudonné yemereye abatuye i Mukarange mu Karere ka Kayonza ko agiye kubahangira indirimbo yo kwibuka amateka ya Jenoside yahakorewe.
Nyuma yo gufunga Veterineri w’Akarere ka Rusizi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, na we yatawe muri yombi.
Mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Abanyaburera batanze inkunga ibarirwa muri miliyoni 44Frw yo kubafasha no kubaremera.
Abarokokeye i Musha muri Rwamagana bavuga ko mu Batutsi basaga 3000 bari bahungiye ku Kiriziya abazwi barokotse ari mbarwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko kuba FPR yarahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi ari amahirwe ku Banyarwanda bose, agasaba abaturage kuyabyaza umusaruro.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, avuga ko amategeko abuza zimwe mu manza kugera ku bushinjacyaha zikajyanwa mu bunzi agomba guhinduka.
U Rwanda rwashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) abantu babiri, Sikujua Anne Marie na Muhindo Papi, bakekwaho kuba baribye mu Mujyi wa Goma mu Ugushyingo 2015.
Umukozi ushinzwe ubworozi (Veterineri) mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi na Polisi akurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe kugura inka z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burizeza abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ko bugiye gukora ibishoboka byose, kugira ngo imibiri itarashyingurwa mu cybahiro ishyingurwe.
Abanyarwanda bagitsimbaraye ku ngengabitekerezo ya Jenoside, baributswa ko amategeko n’ibihano biyigenga bihari, mu gihe badashaka gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
Abantu batatu mu Karere ka Gakenke barimo n’Umukozi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Muzo barashinjwa ingengabitekerezo ya Jenoside.
Depite Semasaka Gabriel yasabye abaturage bo mu Karere ka Burera kutajenjeka mu kurwanywa ingengabitekerezo ya Jenoside ikiri mu mitima y’abaturage.
Abanyapolitiki bitabiriye gusoreza icyunamo ku Rwibutso i Rebero mu Mujyi wa Kigali, barakebura bagenzi babo ndetse basaba abaturage kuba maso.
Bamwe mu bari abakobwa bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagaterwa inda, ntibataragira ubutwari bwo kubwira abana babyaye amateka banyuzemo.
Senateri Mugesera Antoine avuga ko umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi wari gutsemba isano hagati y’abantu bityo kubica bikoroha.
Imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyamagabe, bafashe ingamba zo guhashya ingengabitekerezo ya Jenoside, bashishikariza imiryango n’inshuti zibasura kuyirinda.
Abagize inzego zitandukanye z’ubutabera mu Rwanda barasabwa guhangana n’icyaha cy’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’inshingano z’ubutabera.
Musenyeri Servilien Nzakamwita wa Diyoseze ya Byumba yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare guharanira agaciro baremanywe Yezu yabasubije bigoranye.
Urubyiruko rugize itorero “Uruhongore rw’Umuco” ry’Akarere ka Kirehe rwahagurukiye kwigisha abakuze kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu ndirimbo, imivugo n’ikinamico.
Umukecuru Mukagashugi Eliane w’imyaka 78 wari utuye mu Mudugudu wa Buhigiro, Akagari ka Saruheshyi mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Pasiteri Bucyeye Coleb yemeza ko uwigisha ijambo ry’Imana afite ingengabitekerezo ya Jenoside adakwiye kwakira amaturo y’abo yavanguye.
Kuva tariki ya 10 Mata 2016 amazi y’Ikiyaga cya Kivu yahinduye ibara asa n’icyatsi mu gihe yari asanzwe ari ubururu.
Nyuma y’umwaka yararagije inka yahawe muri gahunda ya “Gira inka’, ubuyobozi bwayimwatse bumushinja kuyigurisha, ariko we akavuga ko arenganye kuko yayiragije bubizi.
Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi ya Mukarange i Kayonza muri Jenoside ngo bari banesheje interahamwe iyo zidafashwa na Gatete na Senkware.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umukecuru w’imyaka 52 witwa Uwiduhaye Bertha yasanzwe mu nzu yapfuye yatemaguwe cyane mu mutwe.