Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buravuga ko icyumweru cyahariwe gahunda ya Girinka kizarangira, byibura abaturage bakabakaba 58 bamaze kugabirwa.
Abamotari bo mu Karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’ubujura bwa moto bwadutse, aho abajura babanza gusinziriza ba nyirazo.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Cricket Eric Dusingizimana yakoze amateka atarakorwa ku isi nyuma yo kumara amasaha 51 agarura udupira mu mukino wa Cricket, atararyama.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika ryafashe icyemezo cyo gusezerera Uganda kubera umukinnyi ufite ibyangombwa bidahura
Ikibazo cy’isuri yamunze ikiraro cya Mpanga cyari gisanzwe gihuza abaturage b’igice cy’Akarere ka Ruhango na Nyanza yateje ikibazo cy’imigenderanire.
Bamwe mu Banyarwanda 109 bavuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko babuzwaga gutahuka n’abasize bakoze Jonoside.
Kaminuza y’Abadivantisiti yo muri Afurika yo hagati (AUCA), igiye kubaka ishuri ry’ubuvuzi ku cyicaro cyayo giherereye i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Imwe mu ntare ziherutse kugezwa muri Pariki y’Akagera yabyaye ibibwana bitatu, bifatwa nk’amateka yaherukaga mu imyaka 20, kuko intare zari zaracitse mu Rwanda.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko baterwa inkeke n’iyo akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kagize ikibazo kuko bahagarika gucuruza, mu gihe RRA ivuga ko hari ubundi buryo bwakwiyambazwa.
Umukinnyi Ernest Sugira wakiniraga AS Kigali yaguzwe n’ikipe ya AS Vita Club yo muri Congo ibihumbi 130 by’ama dollars
Abakozi batanu b’ibitaro bya Kirehe bari mu maboko ya Polisi bakekwaho uruhare mu inyerezwa ry’umutungo w’ibi bitaro byavugwagamo imicungire y’imari idahwitse.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame atangaza ko iterambere nyaryo rishingira ku bushake bw’abaturage n’amahitamo bafite mu buzima bwa buri munsi.
Muri Nyakanga uyu mwaka, u Rwanda ruzakira inama ya mbere ikomeye ku mugabane w’Afurika y’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Umukozi w’Akagari ka Nyagatare mu Murenge wa Mahembe wari umaze amezi abiri yaraburiwe irengero, ashinjwa kunyereza inyongeramusaruro z’abaturage, yatawe muri yombi asubizwa mu Karere ka Nyamasheke.
Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) riteraniye i Kigali, riraganira kuri ejo hazaza ha Afurika rishingiye ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Abayobozi bane b’Ibitaro bya Kibogora barimo Umuyobozi Mukuru wabyo, batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda bakurikiranweho kunyereza umutungo w’ibitaro.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet bagiriye Abanyafurika inama yo gushingira impinduka ku mgamba bihaye ubwabo mu gushaka iterambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rukeneye abashoramazi bazi icyo gukora kuko aho igihugu kigeze, kizi ibifitiye abaturage akamaro.
Ikipe ya Rayon Sports yanyagiye ikipe ya Bugesera iyitsinze ibitego 4-0 harimo bitatu bya Ismaila Diarra, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatatu
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame arahamagarira urubyiruko rwa Afurika kutitinya ahubwo rugahaguruka rugahanga udushya twarufasha kwiteza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Fidèle Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kizaba kizagera kuri 95% mu mwaka wa 2017.
Akarere ka Nyamasheke kahaye ibigo nderabuzima byo mu bitaro bya Bushenge na Kibogora, ibikoresho byo kwa muganga by’agaciro karenga miliyoni 135 z’amafaranga y’u Rwanda.
Tony Blair wahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza yitabiriye igikorwa cyo gushyigikira Umunyarwanda Eric Dusingizimana wihaye intego yo gukora amateka mashya muri Cricket.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango ntibishimiye igihe gito cyahawe umupfakazi wa Jenoside cyo kuba yavuye mu isambu yatswe mu rubanza yatsinzwemo.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ruhashya muri Huye bemeye kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bwumvikanye.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Cricket Eric Dusingizimana agiye gukora amateka atarakorwa ku isi yo kumara amasaha 51 agarura udupira mu mukino wa Cricket
Ikipe ya Bugesera Fc ikeneye Milioni 78Frws ngo ibashe gusoza shampiona nta kibazo igize, iraza kwakirira Rayon Sports i Kigali
Nyuma y’amezi arenga atanu ashize indirimbo “Indoro” ikunzwe cyane, abahanzi Charly na Nina biteze byinshi ku ndirimbo ije iyikurikiye bise “Agatege.”
Bamwe mu bikorera bo mu gace ka Nyabugogo bavuga ko ifungwa ry’imihanda iza mu mujyi wa Kigali ryabateje igihombo kubera kubura abakiriya.
Abamugaye 79 bahawe amagare mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bagiye gukoresha ayo mahirwe mu kuyakoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Minisitiri w’Ubutabera Busingye Johnston abwira abagomba kwishyura ibyo bangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko kutagira ubushobozi bidakwiye kuba urwitwazo rwo kutishyura.
APR Fc yatsinze ikipe ya Gicumbi ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa kabiri, bituma ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiona
Uruganda rw’inzoga rwa Skol rwasohoye icupa rito rya Lager 33cl, mu rwego rwo guhiga izindi nganda zohereza inzoga ku isoko ry’u Rwanda.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali - Muhanga ufunguriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Gicurasi 2016, kugenda na byo byabaye ingorabahizi bitewe n’umubare w’abantu benshi bari baraye ku Ruyenzi na Kamuhanda mu Karere ka Kamonyi, bifuzaga kwambuka Nyabarongo ngo bagere i Kigali.
Uwitwa Minani Hussein ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yafatiwe i Remera mu Giporoso, aho yazaga aturutse muri Tanzania yabaga.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 117 angana na miliyari 157Frw yo kwagura ibikorwa by’ingufu z’amashanyarazi mu gihe cy’imyaka itanu.
Polisi y’Igihugu yafunguye umuhanda wa Kigali-Musanze nyuma yo gusiburamo icyondo cyari cyawuzuyemo ariko imodoka nto ni zo zemerewe gucamo kugeza ubu.
Abifuza n’abakeneye interineti yihuta ntibakagombye kuyibura cyangwa ngo bahendwe.
Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa imikino y’umunsi wa 23 wa Shampiona, aho abakinnyi bane bahagritswe kubera amakarita
Abahinzi b’unuceri mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bamaze imyaka itatu batabona umusaruro mwiza, bagasaba hashakwa ikibitera.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko mu bibazo yakira, 99% by’abana bacitse ku icumu mu gihugu bariganyijwe imitungo n’ababarera.
Inka zisaga 22.000 mu Karere ka Ruhango zatangiye gukingirwa indwara y’igifuruta n’ubutaka mu gikorwa kizamara ibyumweru bibiri.
Umugabo witwa Habyarimana Jean Bosco afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera ashinjwa gutekera umutwe abaturage akabarya utwabo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera n’umucungamari wa Sacco bavunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Ambasaderi w’igihugu cya Malawi mu Rwanda, Hawa Olga Ndilowe, yatangaje ko igihugu ahagarariye kizigira ku Rwanda gahunda yo kurwanya nyakatsi.
Ba Rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bakiri bato bashyiriweho uburyo bwo kumenyekanisha imishinga n’ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga binyuze mu guhura n’abashyitsi bazitabira inama mpuzamahanga ku bukungu “World Economic Forum on Africa”.