Abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’ingwa bari kwandikisha zibatera uburwayi.
Umuririmbyi w’Umunyekongo wamamaye cyane, Papa Wemba w’imyaka 66 y’amavuko, yitabye Imana kuri iki Cyumweru, tariki 24 Mata 2016 aguye ku rubyiniro i Abidjan muri Côte d’Ivoire.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba inzego z’ubutabera ko abantu bagaragaweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho bagikoreye.
Mu nama ya 13 y’Ishyirwa mu bikorwa ry’Imishinga y’Umuhora wa Ruguru yateraniye i Kampala muri Uganda, kuri uyu wa 23 Mata 2016, abakuru b’ibihugu bigize uyu muhora biyemeje kwihutisha imishinga yawo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 isezerewe n’iya Uganda nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wabereye Namboole Stadium muri Uganda
Bamwe mu rubyiruko batangaza ko kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bituma bakosora amakosa ya rugenzi rwarwo rwayigizemo uruhare.
Abahanzi batandukanye bemeza ko bizeye ko federasiyo y’abahanzi mu Rwanda bishyiriyeho izabafasha gukemura ibibazo by’umuziki mu Rwanda byari byaranze gukemuka.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gukurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe busanga guhindura ibara ku Kivu bidateye ikibazo.
Abahanga mu buvuzi bwibanda kuri malariya bavuga ko igihugu gishobora kuyirwanya ariko ibihugu bituranyi bitabikoze ngo nta cyo biba bimaze.
Sgt Ntantoro Apollinaire wakoze mu itumanaho rya Etat Majoro yo ku bwa Habyarimana, byatumye amenya amabanga y’uburyo Jenoside yategurwanye ibanga n’ubuhanga bikomeye.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabuga mu Murenge wa Ngamba muri Kamonyi barinubira gukoresha amazi kubera imicungire mibi y’amariba y’amazi meza bafite.
Abaturage bo mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi barifuza ko amateka y’ahatabarijwe (ahashyinguwe) abami yasigasirwa kugira ngo atazasibangana burundu.
Nyuma y’uko amakipe azakina igikombe cy’Afurika cya Volleyball mu bagore ashyiriwe mu matsinda,ikipe ya Rwanda Revenue irakina umukino wa mbere kuri uyu wa gatandatu
Umwalimu wo mu Karere ka Nyamagabe yafashije gusubira mu ishuri abana umunani bari barataye ishuri bakajya kuba mayibobo mu isentere y’ubucuruzi ya Mushubi.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yabwiye abamotari bo muri Rusizi ko agiye kubafasha gukemura ikibazo kiri mu nyubako yabo.
Umugabo witwa Twagirayezu Nepo wo mu Karere ka Rulindo yashyikirijwe polisi ashinjwa gusambanya inka y’umuturanyi yahawe muri “Gira inka.”
Abanyarwanda barashishikarizwa kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, bafatira urugero kubayirwanyije mu bihe bikomeye bya Kenoside yakorewe Abatutsi bakagira abo barokora.
Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta, Uwizeye Judith araburira abakoresha abana batarageza imyaka y’ubukure kuko ngo binyuranyije n’amategeko.
Zimwe mu mbuga za internet z’amakipe y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ziracyagaragaramo amakosa no kudatangira amakuru ku gihe.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abanyamadini n’amatorero gufata iya mbere mu kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze munyigisho batanga.
Mu Karere ka Nyanza, m Murenge wa Busoro imvura imaze iminsi igwa muri iyi Mata 2016 imaze gusenyera imiryango 49.
Inzu 51 mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare zasenywe n’imvura ivanze n’umuyaga, 25 muzi zo zivaho ibisenge burundu, umwana umwe akomereka byoroheje.
Urwego rushinzwe kwigenzura kw’Itangazamakuru (RMC) na Polisi y’Igihugu, baravuga ko amahugurwa yahuje izo mpamde zombi azafasha kunoza imikoranire.
Abanyamuryango bagera ku 1000 b’ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi (AVEGA Agahozo), bagiye kuvurwa indwara y’amaso.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 20 Mata 2016, umuryango w’Abaramba bo mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye nib wo wabashije gushyingura bwa mbere mu cyubahiro ababo bazize Jenoside.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu yakomye mu nkokora abagabo batanu bivugwa ko bari mu mugambi wo kwiba umwe ahasiga ubuzima.
Abantu 6 bo mu Karere ka Nyabihu bamaze guhitanwa n’ibiza, amazu asaga 30 yarasenyutse mu gihe arenga 100 yugarijwe n’amazi, muri uku kwezi kwa Mata 2016.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira ubutabera bw ‘u Rwanda ku gihano bwahaye Leon Mugesera.
Sena y’u Rwanda irasaba abafite amahoteli y’ubukerarugendo mu Karere ka Burera korohereza Abanyarwanda, babagabanyiriza ibiciro mu rwego rwo kubakundisha iby’iwabo.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe buranyomoza amakuru amaze iminsi avugwa ko umuhanda uca muri iryo shyamba ushobora kuzafungwa.
Hetegekimana Michel uzungura Ngirira Matayo, yashyikirijwe ubutaka yari amaze imyaka 16 aburana, ashimira Perezida Kagame wamufashije gukemura iki kibazo.
Abagize Sena y’u Rwanda basabye abayobozi b’Akaree ka Nyamasheke ko bashyiraho igishushanyo mbonera cy’ubukerarugendo mu gihe cya vuba.
Imyaka Abanyarwanda bamaze bigishwa urwango ngo ni myinshi ku buryo uwaba acyigisha abana ubugome iki gihe yaba afite ikibazo.
Umushinjacyaha w’Urwego (MICT) rushinzwe imanza zasizwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Arusha, Serge Bremmertz, yijeje gufatanya n’u Rwanda kurangiza ibibazo bya Jenoside.
Ku mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru wahuzaga ikipe ya Mukura Victory Sport na APR FC, Mukura itsindiwe kuri sitade Huye ibitego 2 kuri 1, ntibyayibuza kugumana umwanya wa gatatu
Kuri uyu wa 20 Mata 2016 mu Karere ka Karongi, Umuryango Imbuto Foundation watangije ubukangurambaga bukangurira urubyiruko kwirinda inda z’imburagihe n’icyorezo cya Sida.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abanyamyuga bagikorera hirya no hino gusanga abandi mu Gakiriro ka Gahanga bitarenze tariki 22 Mata 2016.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, avuga ko isoko mpuzamipaka rya Karongi riri kubakwa ari amahirwe abatuye ako karere babonye yo kwinjiza amafaranga.
Ikipe ya Rayon Sports kuri Stade ya Kigali inganyije na AS Kigali,maze APR yatsinze Mukura 2-1 ihita isubira ku mwanya wa mbere
Mu muco wa Nyarwanda, kuvuza ingoma ni kimwe mu bikorwa byafatwaga nk’ikizira ku bagore, ariko ubu hari benshi mu bagore bitunze n’imiryango yabo.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kinyinya muri Gasabo, rugorobereza hafi y’amazu y’abantu afite internet, rusaba gushyirirwaho iy’ubuntu mu duce batuyemo kubera ubukene.
Abantu batandatu bo mu mirenge ibiri y’Akarere ka Nyaruguru bari mu maboko ya polisi bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abaturage baturiye ingomero z’amashanyarazi za Rukarara ya mbere n’iya kabiri bababazwa n’uko amashanyarazi zitanga atabageraho bakaba mu bwigunge kandi yagakwiye kubaheraho.
Urugaga rw’Abagore mu muryago wa ICGLR rurasaba ko abagore bagira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kandi bagahabwa umwanya utuma binjiza amafaranga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye ababo mu rwibutso rwa Kabuye mu Karere ka Gisagara, barasaba ko rwakubakwa neza kugira ngo ababo batarashyingurwa neza, bashyingurwe mu cyubahiro.
Abantu barindwi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rulindo bariwe n’imbwa zirabakomeretsa bibaviramo kujyanwa mu bitaro.
Abakozi bashinzwe imibereho myiza n’iterambere mu tugari tubiri tw’Umurenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero, bafunzwe bazira kwaka abaturage ruswa muri gahunda ya Girinka.
Nyuma y’aho Ombolenga Fitina atsindiye igitego ikipe ya Espoir mu mukino wabereye kuri uyu wa kabiri kuri Stade Mumena,Nyina umubyara yatangaje ko bamubagira ihene mu rwego rwo kumushimira