Abarokotse bo mu Karere ka Rulindo barasaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gutanga amakuru bafite y’ahashyinguwe imibiri y’abishwe.
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Bugesera na Rayon Sports wimuriwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu ku i Saa cyenda n’igice z’amanywa
Nyuma y’uko Nyabarongo yuzuye ikarenga umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza mu Majyepfo, abantu batari bake bazinduka bajya gukorera no kwiga i Kigali bacitse intege.
Mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bahashyinguye imibiri 79 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, iherutse kuboneka.
Abatuye Umurenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara bari bafite imitungo ahanyujijwe umuyoboro w’amashanyarazi, barasaba ingurane z’ibikorwa byangijwe, bakaba bamaze imyaka ibiri batarishyurwa.
Abaturage umunani bo mu mirenge ya Nyabinoni, Rongi na Mushishiro mu Karere ka Muhanga bahitanywe n’ibiza by’imvura.
Hon. Depite Innocent Kayitare asaba abahagarariye Ibuka gukurikiranira hafi iby’abafungiye icyaha cya Jenoside bandika basubirishamo imanza, ngo hato batazagirwa abere habuze ubashinja.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Gakenke, yateje inkangu zahitanye abantu 34 ndetse zisenya inzu zisaga 400 mu ijoro rishyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.
Abarezi bo mu Karere ka Gisagara baravuga ko biyemeje gusakaza umuco w’amahoro mu Banyarwanda bahereye mu banyeshuri bigisha.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba urubyiruko gukoresha ubushobozi rufite rukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo rwubake ahazaza h’u Rwanda hatarangwa amacakubiri.
Ikipe ya Nyagatare FC yatsinzwe kimwe ku busa na Pepiniere, umutoza wayo yikoma ubuyobozi budatanga inkunga.
Ku munsi wa 37 ari nawo ubanziriza uwa nyuma, Leicester City yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona cy’Ubwongereza umwaka wa 2015-2016.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Gakenke, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2016, yateje ugutenguka kw’inkangu zagushije amazu, abagera kuri 23 bakaba bamaze gupfa kandi hari impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.
Bamwe mu bana bafite ubumuga biga, baratangaza ko bashimishwa n’intambwe yatewe mu gushyigikira uburezi budaheza.
Umukinnyi Areruya Joseph ukinira Les Amis Sportifs y’i Rwamagana niwe wegukanye agace ka mbere ka Rwanda Cycling cup kuva Kigali kugera Nyagatare
Abahanzi bagize itsinda Trezzor bateguye igitaramo kimenyekanisha indirimbo yabo nshya bise “Mpore Mpore” kuri uyu wa 7 Gicurasi 2016 kuri The Mirror Hotel.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Nyagisozi mu Murenge wa Nyagisozi muri Nyaruguru barishimira ko babonye amazi meza, nyuma y’imyaka 22 bavoma ibiziba.
Umusaza witwa Gakezi Léodomir w’imyaka 86 wo mu Kagari ka Rugoma mu Murenge wa Nasho i Kirehe yiyahuye biteza urujijo umuryango we n’abaturanyi kuko batabona impamvu yabimuteye.
Mu cyumweru kimwe, imbwa zariye ihene 20 n’intama enye mu midugudu ibiri y’Akagari ka Kabagesera mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi.
Itorero ry’ADEPR ryasabye imbabazi Abanyarwanda kubera abari abashumba n’abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu kubahiriza amabwiriza y’igihugu ajyanye n’imicungire mishya y’amazi yo mu bishanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe na RAB basinyanye amasezerano n’abahagarariye abakoresha amazi mu buhinzi.
Abanyamuryango ba Koperative ZIGAMA CSS, basabye inama nkuru y’ubuyobozi y’iyi koperative ko bagabanyirizwa inyungu ku nguzanyo bahabwa n’iyi koperative.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabitekeri barasaba amazi meza kuko inganda zitunganya kawa zigabije amavomo yabo, zikayayobora mu ikawa batunganya.
Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro amahirwe u Rwanda rufite yo kuba mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe gahunda ya “Girinka “ mu Karere ka Kirehe, abituye b’abituwe barashimira Perezida Kagame wabateje imbere binyuze muri “Girinka Munyarwanda”.
Mu Rwanda hagiye kubera inama (TRTF) izibanda ku bucuruzi hagati y’u Rwanda na Tanzania kugira ngo baganire ku mbogamizi ziburimo, zishakirwe umuti.
Abikorera bo mu Karere ka Rusizi biyemeje gutanga miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda mu Kigega Agaciro Development Fund.
Muri Europa league ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza yasezereye Villareal yo muri Espagne naho Seville yo muri Espagne isezerera Shaktar Donestk yo muri Ukraine.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa gatanu hakinwa imikino ibiri y’umunsi wa 22
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gafunzo mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, baratabariza umubyeyi witwa Nyirabahire Venancie, kuko ubuzima bwe buri mu kaga.
Nyirakimonyo Gaudence w’imyaka 55, wo mu Kagari ka Kibatsi, mu Murenge wa Rukira Karere ka Ngoma yishwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari avuye kuzitura ihene.
Abaturage batuye mu midudgudu ya Ninzi na Rugabano mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke barasaba guhabwa ingurane nyuma yo kwangirizwa ibyabo hakorwa imihanda.
Munyabugingi Slyvestre w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe, bamusanze munsi y’imanga ku wa 04 Gicurasi 2015 yapfuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhanganye no gutazangera kuba akanyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza kuko 2015-2016 yarangiye gafite 69.4%.
Umuryango Uyisenga ni Imanzi usanga habayeho ubufatanye bw’ababyeyi, abarezi n’ubuyobozi, ibibazo bituma abana bata ishuri byakemuka.
Polisi yatanze imbabazi kuri moto zo mu Karere ka Ngoma zashakishwaga kubera guhunga abapolisi, bituma biyemeza gukika kuri iyo ngeso.
Itsinda ryavuye muri Sudani y’Epfo risuye u Rwanda rivuga ko igihugu cyabo cyiteguye gutanga umusanzu wabo mu kuzamura ubukungu bw’akarere.
Irushanwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling cup ya 2016 riratangira kuri uyu wa Gatandatu riva Kigali kugera Rwamagana
Kigali Today Ltd yongeye guhugura abanyamakuru n’abandi bifuza kuba abanyamwuga mu gufata amafoto, amahugurwa iteguye ku nshuro ya gatatu.
Umugabo wo mu Karere ka Muhanga yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica undi mugabo baturanye. Bikekwa ko yamujijije kumusambanyiriza umugore.
Abahinzi bo mu Rwanda bashyiriweho uburyo buzajya bubafasha kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo bibafashe gukoresha ubutaka birinda ibihombo.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko mu bana basaga 3780 mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari barataye ishuri, 2500 bamaze kurisubizwamo.
Polisi imaze gutangaza ko Kandabaze Richard wari ufite ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP) yarashwe nyuma agerageza guhangana n’abapolisi barinze sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze.