Sibomana Stratton wari ushinzwe ubutegetsi n’umutungo mu bitaro bya Ruhango, afunzwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga y’ibi bitaro.
Perezida Kagame yavuze ko hari icyizere ko umushinga wa Kivu Watt mu mezi 10 uzaba utanga megawati 10 ziyongera kuri 26 uri gutanga ubu.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (CNDP) irizeza ubuvugizi bw’abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro bazwi izina ry’abapaneri bakora badahemberwe imibyizi yabo.
Ku myaka 14 y’amavuko Nirere Xaverine uvukana na Valens Ndayisenga yatangiye kwitabira amarushanwa mu mukino w’amagare ndetse anatangira yitwara neza
Aborozi bo mu Murenge wa Kigeyo muri Rutsiro, ikusanyirizo ry’amata ryuzuye ariko ntirikore rituma babura aho bagemura amata yabo akabapfana.
Mu Karere ka Ngoma hongeye kugaragara ubujura bwo gushikuza amatelefone n’amasakoshi ninjoro, nyuma yaho amatara ku mihanda apfiriye ntasanwe.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko igiye gushora imali mu bwishingizi ihereye ku rwunguko yagize umwaka ushize, abanyamigabane bayo bakomeze kunguka.
Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Iburengerazuba ko bagomba kwibuka ko iterambere rigomba guturuka mu musaruro w’ibyavuye mu maboko yabo.
PEARL ESTATE LTD ikigo kigiye kuzuza imyaka itatu gifasha Abanyarwanda kubona amazu baturamo ku giciro gito, ubu cyasize ku isoko inzu zigezweho zigera kuri esheshatu mu Mujyi wa Musanze.
Abasirikare bakuru, abarimu n’abashakashatsi bahuriye mu nama mu ishuru rikuru rya Gisirikare i Nyakinama biga ku mutekano muri Afurika.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, yasezeranyije Abanyehuye kubaka urwibutso rw’amateka ya Jenoside y’ahitwaga Perefegitura ya Butare.
Intumwa yihariye y’Ubuyapani mu Muryango w’abibumbye, Amb Seiichi Kondo, avuga ko Umuryango w’Abibumbye utakoze icyo wagombaga gukora mu Rwanda mu 1994.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arashishikariza Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo kwifatanya n’u Rwanda kongera ingufu zituruka kuri Gaz Methan yo mu Kivu.
Abatuye Umudugudu wa Rurembo mu Karere ka Rwamagana basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero, bagamije kumenya amateka yaranze abaharokokeye muri Jenoside.
Abakorera ubucuruzi mu Murenge wa Nyanza muri Gisagara, basaba ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro imvura iguye kiri kubicira akazi.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Kivu Watta, giherereye mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi.
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Muhanga rurizeza Abanyarwanda impinduka mu kurwanya no kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umutoza Masudi Djouma w’ikipe ya Rayon Sports yatangaje abakinnyi 11 abona ko ari bo bari kwitwara neza mu makipe yose ari gukina Shampiona y’u Rwanda
Imiryango yo mu Karere ka Rutsiro yibuka abayo yabuze baguye mu Kivu ikomeje gusaba ko ahashyinguye iyo mibiri hakubakwa urwibutso.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko mu bana 5.001, bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari barataye ishuri, 3.710 bamaze kurisubizwamo.
Uwitwa Ancilla Mukamparaye yatitirije umuturanyi we Monika Mukaminega amusaba imbabazi ku bw’ibyaha by’umugabo we yamukoreye muri Jenoside, atuza ari uko amubabariye.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yakebuye Abanyarwanda bafasha FDLR bizeye ko izatera u Rwanda igafata ubutegetsi kureka guta igihe.
Kuri uyu wa 14 Gicurasi, i Gicumbi, habereye igitaramo cya mbere cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6 (PGGSS6) cyaranzwe n’umubare munini w’abafana baturutse i Kigali.
Majoro Ntagisanimana wari ushinzwe guhuza FDLR n’abaturage, yitandukanyije na yo ataha mu Rwanda, FDLR yihorera irasa umugore we.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe yemeza ko gutsindwa kw’Inzirabwoba (EX-FAR) kwatewe n’ibikorwa by’ubwicanyi no kurenganya inzirakarengane mu gihe Inkotanyi zarimo kubakiza.
Umurenge wa Kamembe wo mu karere ka Rusizi watsinze umurenge wa Mahembe wo mu karere ka Nyamasheke muri Kagame cup,umukino utari woroshye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buranyomoza amakuru yakomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zivuga ko hari abakinnyi n’abayobozi b’akarere baraye mu buroko.
Abagize Urwego rwa DASSO mu Karere ka Rusizi bishimiye ibyo bamaze kugeraho mu gucunga umutekano, baremera imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage b’Akarere ka Nyaruguru baratangaza ko nyuma yo kwigishwa ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biyemeje gushyigikira uburinganire n’ubwuzuzanye.
Abarimu 23 mu karere ka Nyagatare bamaze amezi 5 badakora akazi bemerewe nyuma y’ipiganwa.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda kurenga iby’amoko, rukibonamo Ubunyarwanda kugira ngo rukomeze kubaka igihugu kitarangwamo amacakubiri.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo kuko ngo udahari n’iterambere ritashoboka.
Sosiyete yo mu Rwanda MobiCash yagiranye amasezerano y’imikoranire mu kugeza uburyo bw’ihererekanyaafanga kuri telefone muri Afurika y’Epfo, biturutse ku Nama ya World Economic Forum yateraniraga i Kigali.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (Centrafrique), zagaragaye zirinze umutekano w’abakuru b’ibihugu bya Santarafurika n’Ubufaransa.
Abasirikare, abapolisi n’abasivili bavuye mu ngabo ziteguye gutabara z’agace ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF), bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bibahaye uburyo bwo kubungabunga amahoro.
Karemera Ignace wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Ndama mu Murenge wa Karangazi muri Nyagatare, afunzwe akekwaho kunyereza ibiryo byagenewe abatishoboye.
Akarere ka Ngoma kagiye gutera ibiti by’ingazi ku nkengero z’ibiyaga bya Sake na Mugesera, kugira ngo birengere ibidukikije binabyare inyungu.
Mu isiganwa ry’amagare ryitiriwe Kwibuka,Byukusenge Patrick na Niyonsaba Clementine begukanye imyanya ya mbere kuva Bugesera kugera Kigali
Abaturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko ibishyimbo bise “Kiryumukwe” babyubaha cyane, kubera uburyo bibinjiriza amafaranga menshi kurusha ibisanzwe.
Imanza Intara y’Amajyaruguru yashoyemo Leta kubera abakozi bagiye birukanwa mu kazi, zahombeje Leta agera kuri miliyoni 40Frw yagiye atangwa nk’indishyi.
Abaturage b’Akarere ka Kamonyi bagaragarije Minisiteri y’Ubutabera ko ikibazo cy’ingutu bafite ku butabera ari ukutarangirizwa imanza ku birego baba batsindiye.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko bidasobanutse kuba mu muvuduko isi iri kugenderaho hari indwara zigihitana ubuzima bwa benshi zitaracibwa burundu.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho avuga ko u Rwanda nirutangira gukoresha drones (utudege duto), ubutabazi buzajya bugera ku babukeneye byihuse.
Kuri uyu wa Gatandatu,harakomeza isiganwa "Rwanda Cycling cup 2016", aho haza gukinwa isiganwa ryitiriwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko impuguke za Loni zishinja u Rwanda gufasha abarwanya guverinoma y’u Burundi zikwiye gukora ibyafasha icyo gihugu kuva mu kibazo aho gusubiza ibintu irudubi.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga iratangaza ko abakora bakanacuruza inzoga zidafite ubuziranenge zizwi ku izina ry’ibikwangari, bazakurikiranwa n’amategeko.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko nta mpamvu abona u Rwanda rwakumira Umuyobozi wa Sudan, Omar El Bashir mu nama ya Afurika yunze Ubumwe (AU) izabera mu Rwanda, mu gihe abayitegura baba bamutumiyemo.
Perezida Kagame atangaza ko Afurika ifite byinshi biyidindiza mu iterambere ariko bimwe ari Abanyafurika bagiramo uruhare, abishingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu bukiri bucye.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko imanza zijyanye n’ihohoterwa rikorerwa igitsina gore zicibwa ariko indishyi ngo ntizigera ku bahohotewe nk’uko byakagombye.
Kuri uyu wa gatanu b=nibwo Eric Dusingizimana yakuyeho agahigo kari gafitwe n’umuhinde Virag Mare