Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
CIMERWA yateguye isiganwa ku maguru rigamije gukangurira abantu imikoreshereze myiza y’umuhanda hagamijwe kurwanya impanuka zo mu mihanda rizaba taliki ya 07 Gicurasi 2016.
Ikipe ya Atletico Madrid n’ikipe ya Real Madrid nizo zizakina umukino wa nyuma mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo I Burayi “champions league”.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ishami rya Karama mu Bugesera, kimaze imyaka isaga itatu gikora ubushakashatsi ku bworozi bw’ingamiya.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Abarimu bigisha muri Ecole Secondare de Kigoma, baravuga ko umunsi w’umurimo ubabera umwanya mwiza wo kwisuzuma bareba niba intego bihaye barazigezeho.
Brig Gen Mujyambere Leopord uzwi nka Ashile yafatiwe Goma n’inzego z’umutekano ajyanwa Kinshasa.
Ikaragiro ry’amata rya Burera rikunze kubura amata, ntirikore uko bikwiye kubera ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata kiri muri ako karere.
Umuyobozi wa Hamburg Marines services company, Peter Kramer, aratangaza ko yiteguye kongera inkunga atera u Rwanda mu bikorwa by’uburezi.
Kigali Fashion Week na Kabana Club bateguye igitaramo cyo kwibuka umuririmbyi Whitney Houston kizaba ku wa 13 Gicurasi 2016.
Ikirombe kiri mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro cyagwiriye abasore babiri bagicukuragamo Koruta bahita bapfa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashimiye abaturage b’Umurenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza ku bufatanye bagaragaje bwatumye umuntu washakaga guhungabanya umutekano akoresheje imbunda ahasiga ubuzima.
Umugore wo mu Karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho kwica umugabo we akamujugunya mu musarane, bikamenyekana hashize imyaka itanu.
Atletico Madrid yo muri Espagne yabonye itike y’umukino wa nyuma isezereye Bayern Munich ku kibuga cyayo ku bitego 2-2 mu mikino yombi
Ikipe ya AS Muhanga iratangaza ko nta kibazo ifitanye na Bokota Labama, kandi ko ari gutanga umusaruro mwiza.
Mutimura Dieudonné w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma yaguye mu kizenga cy’amazi mu gishanga kigabanya Akarere ka Ngoma na Kirehe basanga yapfuye.
Abasirikare, abapolice n’abasivire 25 baturuka mu bihugu bitandatu by’Afurika barimo guhugurwa ku mategeko y’intambara muri Rwanda Peace Academy.
Umugabo witwa Munzuyarwo Réverien w’imyaka 69 utuye w’i Nyanza yatwikiwe na buji ibikoresho byo mu nzu n’imyenda birakongoka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yibukije arahamagarira urubyiruko kudapfusha ubusa amahirwe rwahawe yo kwiga ahubwo akarufasha mu iterambere.
Abatuye Akarere ka Nyabihu bavuga ko bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibiti bivangwa n’imyaka mu kurwanya isuri no gutanga ifumbire.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, avuga ko hari politiki iri gutegurwa izorohereza inganda z’imyenda zo mu Rwanda kugira ngo zigabanye ibiciro.
Mu mukino wa Shampiona wabereye kuri Stade Amahoro, Rayon Sports inyagiye APR ibitego 4-0
Abana babiri mu murenge wa Rugerero bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye kuwa 1 Gicurasi, Sekuru abimenye arimanika.
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR - Inkotanyi mu Karere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yijeje abanyamuryango ko agomba guhangana n’ibibazo byugarije akarere birimo gusubiza abana mu ishuri no kurwanya ikibazo cy’imirire mibi.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa 02 Gicurasi 2016 mu mirenge ya Rwankuba na Twumba y’Akarere ka Karongi yahitanye bane barimo n’umukuru w’umudugudu.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi ku isi rigiye gukora ivugabutumwa mu turere 30 tw’u Rwanda rigamije gukangurira abaturage kugarukira Imana, bumvira amategeko yayo n’ay’igihugu.
Abakozi ba Banki y’Ubucuruzi ya Kenya (KCB) bahinduye imyambaro bari basanganwe, bambara nk’abakiriya batandukanye babagana kugira ngo bashimangire agaciro babaha.
Abaganaga bakora ku bitaro bya Nemba mu Karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa imishahara y’amezi abiri bamaze badahebwa.
Ahagana saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Gicurasi 2016, Umunyegare wo mu Karere ka Karongi wari wisunze ikamyo ngo imwongerere imbaraga, yapfuye agonzwe n’amapine yayo y’inyuma.
Kuri uyu wa kabiri kuri Stade Amahoro harabera umukino uza guhuza APR na Rayon Sports, umukino utanga isura y’ikipe izegukana Shampiona ya 2015/2016.
Bwa mbere mu mateka, ikipe ya Leicester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza “English Premier League.”
Abatuye mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bamaze imyaka ine bishyuza akarere ibyabo byangijwe ahanyujijwe ibikorwa remezo.
Rwabuhihi Pascal, Uumunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza ni we wahize abandi mu bakozi basaga 250 b’Akarere ka Kirehe ahabwa ishimwe.
Abanyamuryango ba FPR/INKOTANYI bo mu Karere ka Rutsiro binenze kubera ko batabashije gutanga imisanzu bari bariyemeje.
Abatutsi bishwe n’abarundi mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994, bakomeje gushyingurwa n’ababo mu cyubahiro.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko gukora igenamigambi abo rireba bose batabigizemo uruhare bigorana kurishyira mu bikorwa.
Abagize Itorero ndangamuco ISHEJA ryo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, bizihije isabukuru y’imyaka 20 iri torero rivutse, baniyemeza gusigasira umwimerere w’IKINYEMERA.
Mu kwizihiza umunsi mukuru w’umurimo tariki 01 Gicurasi 2016,mu karere ka Kirehe uwo munsi waranzwe n’imikino inyuranye mu gufasha abakozi kongera umusaruro mu kazi bakora.
Hategekimana Jean Pierre wo mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke afunzwe akurikiranweho ibiti 82 by’urumogi yahinze mu isambu ye.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Munyeshyaka Vincent, yaabye abatuye Gisagara kwitabira umurimo kuko aribwo buryo bwonyine bwabageza ku iterambere.
Umuhanzi The Son afatanyije na Nyampinga w’Akarere ka Rusizi batangiye kubakira umupfakazi wacitse ku icumu rya Jenoside.
Perezida wa Ibuka ku rwego rw’igihugu arasaba kiliziya Gatolika koza abapadiri batatiye igihango bagiranye n’Imana bagatererana intama bahawe muri Jenoside.
Bamwe mu baranguza inyongeramusaruro muri Ngororero bavuga ko abacuruzi bazo ari bo bahenda abaturage, kuko amafaranga babagabanyirizaho batayubahiriza ngo nabo bayagabanyirize abaturage.
Mu muganda abayobozi b’akarere bahuriyemo n’abaturage b’Akagari ka Ruyenzi tariki 30 Mata 2016, bagejejweho ikibazo cy’imihanda yo mu Murenge wa Runda ikeneye gukorwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.