Bwa mbere nyuma y’imyaka 17, Ikipe ya Tottenham Hotspur yongeye gutwara igikombe icyo aricyo cyose, nyuma yo gutsindira Manchester United ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025 wabereye i Bilbao muri Espagne igitego 1-0.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangije inyigisho ku bagororwa b’abagore bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari gafi gusoza igihano bahawe n’inkiko.
Matata Ponyo Augustin wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), hagati y’umwaka wa 2012-2016 mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joseph Kabila, yakatiwe n’urukiko igihano cyo kumara imyaka 10 akora imirimo y’agahato, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa.
Ikipe ya Bugesera FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yuzuza amanota 34 ayiha amahirwe yo kutamanuka.
Kuva ku wa gatandatu w’icyumweru gishize kugera kuri uyu wa 20 Gicurasi, Abanyarwanda barenga igihumbi bamaze kwakirwa mu rwababyaye, aho igihugu kibereka ko umuturage ari ku isonga.
Antoine Cardinal Kambanda, Arikiyepiskopi wa Kigali, arashimira Imana yahaye Kiliziya Papa Leo XIV, yemeza ko Kiliziya ibonye umuyobozi ukenewe muri iki gihe Isi yerekezamo, nk’umuyobozi ufite ukwemera guhamye.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025, kuri Stade ya Nuevo San Mamés Barria muri Espagne hategerejwe ibirori by’umukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025, aho Manchester United yisobanura na Tottenham Hotspur ufatwa nk’uwo gupfa no gukira kuri buri ruhande.
Nyuma y’uko ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Goma tariki 27 Mutarama 2025, Abanyarwanda ingeri zitandukanye bakomeje gutaha mu Rwanda.
Ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL), itsinzwe na Alahli yo muri Libya itakaza umwanya wa mbere.
Ababyeyi barishimira ko ‘Komera Business’ yabafashije kubonera amashuri abana babo mu mahanga nta kiguzi, ku buryo harimo n’abahawe buruse yo kwiga 100% bishyurirwa.
Perezida w’Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore bo mu Muryango wa Commonwealth (CWP) mu Karere ka Afurika, Depite Ndangiza Madina, yatangaje ko biteguye gusangiza abitabiriye inama baturutse mu Nteko zishinga Amategeko zo mu bihugu bya Afurika, uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bigakurikirwa (…)
Bamwe mu baturage mu Mirenge ya Nyagatare na Karangazi, bavuga ko bacitse ku kurya inyama zokerejwe mu tubari zizwi nka burusheti (Brochettes), kubera gutinya ko bashobora guhabwa iz’imbwa.
Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Umujyi muto wa Carmel-by-the-Sea, ubu waramamaye kubera ko abawugendamo bose bagomba kubanza gusaba icyemezo gitangwa n’ubuyobozi mu buryo bwemewe n’amategeko, mbere yo kwambara inkweto ndende zirengeje santimetero eshanu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwagaye uwatanze inzu ye igatwikirwamo abana n’abagore 104, ahitwa i Mbuye mu Murenge wa Ngoma, bagashya kugeza bose bapfuye.
Mu gikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro imibiri 260 yimuriwe mu rwibutso rwa Rusiga mu Karere ka Rulindo, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasabye abaturage gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka, kugira ngo (…)
Bimwe mu byagaragarijwe Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere n’Imari, kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gicurasi 2025, mu biganiro no kungurana ibitekerezo na BNR, RDB, RBA, AMIR, na ADECOR ku ngamba zo gukumira kutishyura neza inguzanyo zitangwa n’ibigo by’imari, ni imikoranire itanoze hagati y’ibigo by’imari n’abakiriya babyo.
Ikipe ya Rayon Sports izakina imikino ibiri isigaye ya shampiyona nta bafana bari kuri Stade, kubera imvururu zabereye mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona yakiriwe na Bugesera FC ku wa 17 Gicurasi 2025.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko kwica abagore n’abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umugambi wo kurimbura burundu Abatutsi, ngo hatazagira uwongera kubabyara, cyangwa hatazagira umwana w’Umututsi ukura akabaho akazororka.
Irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball ryo kwibuka Alphonse Rutsindura, wabaye umwarimu mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis (Memorial Rutsindura) rirarimbanyije, aho ibyiciro bimwe byamaze kugera ku mikino ya nyuma.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko ibibazo by’umutekano wa Afurika bidashobora gukemurwa n’ibisubizo bitanzwe n’abo hanze yayo.
Mu cyumweru gishize, ikipe imwe yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda, yandikiye ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA iyigaragariza impungenge yari ifite ku misifurire y’umupira wari uteganyijwe muri weekend n’indi isigaye ngo uwatsinze aterure igikombe.
Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuje Bugesera FC na Rayon Sports ku wa 17 Gicurasi 2025 ugasubikwa utarangiye kubera imvururu uzasubukurirwa ku munota wa 57 wari ugezeho ku wa 21 Gicurasi 2025.
Nyuma yo gutwara shampiyona ya Sitting Volleyball 2024-2025 mu bagabo, umutoza Musanze SVB Ngabonziza Mandela Steven avuga ko ubu ahanze amaso kwagura imbibi akajya gutoza no hanze y’u Rwanda.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Uwamariya Valentine, avuga ko mu rwego rwo gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi mu yahoze ari Komini Tambwe, ubu ni mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, ubuyobozi bwafashe Umututsi bumwicira ku ibendera rya Komini kugira ngo butinyure abicanyi.
Amakipe ya APR HC na Police HC yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka izagena izegukana shampiyona Handball asezereye ADEGI na Musanze HC.
Abanyarwanda 796 bari barafashwe bugwate na FDLR mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batashye mu gihugu cyabo.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri w’imikino y’itsinda rya Nile Conference ririmo kubera i Kigali mu Rwanda, ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino, yatsinze Made By Ball Basketball yo muri Afurika y’Epfo amanota 103 kuri 81 yuzuza imikino 2 idatsindwa.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, cyabereye kuri Collège APACOPE ku wa Gatandatu 17 Gicurasi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo RWEGO NGARAMBE Emmanuel, yavuze ko kuba umuryango APACOPE waraharaniye uburezi kuri bose kuva mu gihe abawushinze batotezwaga bazizwa (…)
Ibi ni ibyasabwe n’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bo mu Rwanda, aho bagaragaza ko Minisiteri y’Ubutabera, ikwiye kugira icyo ikora ku busabe bwabo bwo guhindura iteka rigena ingano y’ibihembo bahabwa.
Guverineri Wungirije wa Bank Nkuru y’u Rwanda (BNR) Dr. Justin Nsengiyumva avuga ko hakenewe gukorwa ubushakashatsi mu bukungu kugira ngo gahunda yo guhererekanya amafaranga no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga ikomeze kugenda neza mu gihugu.
Senateri Evode Uwizeyimana yasabye ko mu ngengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026, hakongerwamo igenewe Abasenateri kugira ngo bajye barushaho gutsura umubano hagati y’u Rwanda n’ibindi bihugu.
Murebwayire Josephine warokokeye mu Iseminari nto y’i Ndera yaragijwe Mutagatifu Visenti (PSSV), yasobanuye uburyo uruyuzi rwamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’uko Padiri wahayoboraga, ubu akaba ari Musenyeri uri mu kiruhuko cy’izabukuru, na we aharasiwe kubera kwanga gutandukanya Abahutu n’Abatutsi.
Abana babarirwa mu bihumbi 22 ni bo babaruwe mu Ntara y’Amajyaruguru bataye ishuri, muri uyu mwaka w’amashuri wa 2024-2025. Ni ikibazo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yagaragaje ko buri muntu wese akwiye kugira icyo agikoraho, umubare munini w’abo bana ukagabanuka basubizwa mu ishuri.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, avuga ko kwibuka bikwiye kubera Abanyarwanda umwanya wo gusuzuma uko umutima wabo witandukanya n’ibibi bigiye kuri Jenoside.
Ikipe ya APR BBC yatsinze NCT yo muri Kenya amanota 92-63 mu mukino warebwe na Perezida Kagame, ku munsi wa mbere w’imikino yo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 mu gace ka Nile yatangiye mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu.
Ifatwa ry’umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibyaro biwukikije biracyaduhishiye ibiteye amatsiko (surprises) byinshi.
Ikipe ya APR FC yongeye kuyobora urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda nyuma yo gutsinda Gorilla FC.
Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuzaga Bugesera FC na Rayon Sports wasubitswe kubera umutekano mucye watewe n’ibyemezo by’abasifuzi bitanyuze Aba-Rayons.
Kuri uyu wa 17 Gicurasi, Abanyarwanda bagera kuri 360 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bakirwa mu rwababyaye banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Kongo mu Karere ka Rubavu.
Minisiteri y’Ubutabera MINIJUST iratangaza ko hari raporo zijya zikorwa n’imwe mu miryango mpuzamahanga yitwa ko iharanira Uburenganzira bwa Muntu, igaragaza ko u Rwanda hari aho runyuranya n’ibiteganywa n’amasezerano mpuzamahanga, nyamara izo Raporo zikagoreka ukuri kw’ibiriho.
Raporo ya UNICEF yagaragaje uko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa n’imirire mibi cyakomeje kwiyongera mu myaka 6 yikurikiranya, ku buryo abagera kuri Miliyoni 295 bafite ikibazo cy’inzara ikabije.
U Burusiya na Ukraine byemeranyijwe guhererekanya imfungwa z’intambara 1000 kuri buri ruhande, ariko byananiwe kwemeranya ku bijyanye no guhagarika intambara.
Banki nyafurika yitwa NCBA hamwe n’Ikigo gishinzwe imicungire y’icyanya cy’imikino ya Golf, Rwanda Ultimate Golf Course Ltd, byagiranye amasezerano afite agaciro ka Miliyoni imwe y’Amadolari ya Amerika (arenga Miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaranga y’u Rwanda), hagamijwe kwinjiza abakiri bato mu mukino wa Golf no gutera (…)
Abayobozi n’abakozi b’uruganda rw’isukari rwa Kabuye (Kabuye Sugar Factory), bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yandikiye FERWAFA ibaruwa ndende iyisaba kwitonda mu gushyiraho abazasifura umukino uzayihuza na Bugesera FC kuri uyu wa Gatandatu, iri shyirahamwe ryayisabye gutuza kuko ibihe shampiyona igezemo ribizi.
Inteko Rusange ya Sena isanga inkunga z’amahanga zahagaritswe ntacyo zizatwara u Rwanda, kuko imishinga minini igihugu cyimirije imbere izafasha kuziba icyuho.