Mu gihe impunzi z’Abarundi zisaga ibihumbi 30 zimaze guhungira mu Rwanda ndetse abasaga ibihumbi 26 na 600 bakaba bari mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, harimo izindi zahisemo kwibera mu miryango y’Abanyarwanda cyangwa izifite amikoro zigahitamo kwikodeshereza inzu zo kubamo hirya no hino mu turere tw’igihugu, ariko (...)
Kuri uyu wa 01 Nyakanga, mu mukino wahuje ikipe ya Bugesera na Nyagatare,mu mukino Bugesera yatsinze Nyagatare 1-0, uyu umukino wabayemo imvururu abafana bashaka gukubita abasifuzi maze Polisi y’u Rwanda irahagoboka.
Abarundi baba mu mujyi wa Butare bavuga ko batagiye kuba mu nkambi nk’abandi Barundi bose bahunze kuko babonaga abana babo batashobora ubuzima bwo mu nkambi. Na none ariko, bifuza guhabwa ibyangombwa by’ubuhunzi, bakabasha kwivuza ndetse n’abana babo bakabasha kwiga.
Nyuma y’uko umuhanzi w’Umubiligi ufite inkomoko mu Rwanda Paul Van Haver uzwi ku izina rya Stromae ahagarikiye ibitaramo yari asigaje gukorera muri Afurika harimo n’u Rwanda ndetse n’ibyo yari afite ku yindi migabane y’isi kubera uburwayi, kuri ubu hari amakuru ari kuvugwa ko yaba yamaze koroherwa ndetse akaba yaranavuye (...)
Mu gikorwa cyo kwakira ku mugaragaro intare zirindwi muri Parike y’Akagera, zikuwe mu gihugu cy’Afurikay’Epfo, uhagarariye African Parks, yavuze ko ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kwita kuri za parike.
Imibare igaragaza ko kuva mu 1998 umusaruro w’icyayi mu ruganda rw’Icyayi rwa Rubaya ruherereye mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero wagiye uzamuka ku buryo ubu bageze kuri 20,048,057 kg ku mwaka igihe mu 1980 hasaruwe 157,000kg gusa.
Amakipe y’abakobwa mu mukino wa Volley ball ane yabaye aya mbere ari mu cyiciro cya mbere, kuri uyu 01/07/2015, yahuriye mu karere ka Ruhango guhatanira igikombe,mu mikino izwi ku izina rya playoffs.
Abanyeshuli barangiza amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2014/2015 bo mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, bavuga ko ibikorwa bakoze mu mezi atanu ashize by’urugerero bibarirwa asaga miliyoni 4.5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri n’abarezi bo ku Rwunge rw’Amashuri rwa Gatizo, ruherereye mu Murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko inyigisho bakura mu mahuriro y’abanyeshuri “Clubs scolaires”, zibafasha kumenya icyerecyezo cy’igihugu kandi na bo bagafasha mu kukigeraho.
Abahanzi bagize itsinda rya Good Lyfe ryo muri Uganda ari bo Radio na Weasel biteganyijwe ko bagera mu Rwanda kuri uyu 2 Nyakanga 2015 mu ma saa kumi n’igice baje mu bitaromo byo kwibohora aho icya mbere kizaba ku wa 4 Nyakanga 2015 muri Serena Hotel naho ikindi kikaba ku wa 5 Nyakanga 2015 kuri Sitade y’Akarere ka Musanze.
Umuyobozi w’ikigo cyo kubitsa no kuguriza “Sacco Mareba” Munyantore Gratien n’umucungamutungo wacyo Mbarubukeye Joseph, barafunze nyuma yo kugaragara ko hari amafaranga yagiye asohoka batagaragariza ibimenyetso.
Miliyoni zisaga gato 320frw ni zo zitakoreshejwe mu mwaka ushize w’ingengo y’imari kubera ikibazo cy’abafatanyabikorwa batayataze, bigatuma akarere katabasha gukoresha ingengo y’imari yose yari iteganyijwe.
Ikipe ya Police Fc yasezereye ikipe ya APR fc muri 1/2 cy’imikino y’igikombe cy’amahoro,nyuma yo kunganya ubusa ku busa byahaye amahirwe ya Police yo kuzakina na Rayon Sports ku mukino wa nyuma kuri uyu wa gatandatu.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite n’uw’abasenateri, basuye urwibutso rwa Murambi rwo mu Karere ka Nyamagabe, banashimira umubyeyi witwa Goretti Nyiraneza wahishe abana barindwi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ingabo z’u Rwanda zubakiye amashuri abanyeshuri bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi baruhuka urugendo rwa km 12 bakoraga bajya kwiga. Bije bikurikira icyumweru barimo muri aka karere cyahariwe ingabo, aho bari gutanga ubuvuzi butandukaye ku buntu.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari imwe mu miryango y’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe icumbagira nyuma y’aho abaterankunga bayo bahagaze, Pro-Femme Twese Hamwe irasaba imiryango bakorana kwishakamo ubushobozi ntibashingire ku baterankunga gusa kuko iyo bahagaze isenyuka.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kirehe bavuga ko nubwo bavutse Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye bamaze gusobanukira ububi bwayo ngo bakaba biteguye kuyikumira.
Mu rwego rwo guha agaciro imirimo bakoraga bitangira kubaka igihugu ariko Leta yariho icyo gihe ikagira uruhare mu kubica, abakozi b’Akarere ka Kamonyi bibutse abakoreraga amakomini yavuyemo Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwahagurukiye ababyeyi batita ku isuku y’abana babo, buvuga ko bazajya bafatira ibihano umubyeyi wese utazirikana isuku y’umwana we haba ku mubiri no ku myambarire.
Mukezangabo Augustin Umuyobozi wa La Palisse Hotel ikorera Nyandungu na Golden Tulip ikorera Nyamata mu Karere ka Bugesera, yatangaje ko abahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ari inkozi z’ibibi.
Umushinga Pertners in Health (Inshuti mu buzima) wizihije isabukuru y’imyaka 10 umaze ukorera mu Karere ka Kirehe, abaturage bahamya ko wabafashije mu mibereho yabo mu gihe bamwe bari baratakaje icyizere cyo kubaho.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Gisirikare (Army Week) ingabo z’ u Rwanda ziri mu karere ka Gicumbi kuvura abaturage indwara zitandukanye ku buntu, aho ibikorwa by’ubuvuzi byakomereje ku kigo nderabuzima cya Rubaya kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.
Abasenateri n’abadepite baratavuga ko batazazuyaza kurwanya no kwamagana ikibi aho kizava hose ngo ntibazanatinya kuhara ubuzima bwabo kugira ngo kiranduke, nyuma yo kwibonera n’amaso amateka abitse mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama.
Abasenateri n’abadepite n’abakozi bakora mu inteko inshingamategeko, basuye uributso rwa Murambi, mu rwego rwo gukomeza kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
U Rwanda rwakiriye inkunga y’igihugu cy’u Bubiligi ingana na miliyoni 35.5 z’amayero(Euro), ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 28.5 Rwf, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015; yo gukomeza guteza imbere gahunda zo kwegereza ubuvuzi abaturage no gushoboza inzego z’ibanze kubaha serivisi.
Ikipe ya Rayon Sports yanyagiye ikipe y’Isonga ibitego bine ku busa mu mukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro,biyiha itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uteganijwe kuri uyu wa gatandatu taliki ya 04/07/2015
Mu gihe akenshi wasanga mu gihe cy’impeshyi umukamo w’amata ugabanuka ku buryo hari amakusanyirizo yahagararaga gukora, ubu ngo iki kibazo cyarakemutse kuko aborozi bamenye korora inka nke zitanga umukamo ndetse biga no guhunika ubwatsi.
Umukuru w’igihugu Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu karere ka Rusizi mu ntara y’Uburengerazuba, mu kiganiro n’Abanyarusizi yababwiye ko ubukungu bwa mbere ari abantu kuko ubundi bukungu bwose ari kuri bo bwubakiye.
Perezida Wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba abaturage b’Akarere ka Rusizi kubana neza b’abaturage b’ibihugu by’Uburundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bihana imbibe n’ako karere, akavuga ko Abanyarwanda bafite inshingano yo kubanira neza abaturanyi kabone n’ubwo bo [abo baturanyi] batabikora.
Kuva ku wa 28 Kemana 2015 kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Kamena 2015, abanyeshuri 4 b’abakobwa bo mu Ishuri Ryisumbuye Hillside Matimba, ryo mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, bari bari mu Bitaro bya Nyagatare bagaragaza ibimenyetso by’ihungabana, abaganga bakeka ko ari indwara yitwa “Mass Hysteria”.
Inzu y’imyidagaduro yakubise yuzuye, umuhanzi w’umunya-Uganda, Moses Ssali uzwi cyane ku mazina ya Bebe Cool yakuriye ingofero Bruce Melody avuga ko impano mu muri muzika ariko amugira inama yo kudadohoka.
Mu biganiro yagiranye n’abavuga rikukumvikana (opinion leaders) bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri aho bita mu Gisakura, Perezida Paul Kagame, yasabye ko igiciro cy’ingendo z’indenge ku baturage bakoresha ikibuga cy’indege cya Kamembe cyagabanuka ku Banyarwanda kugira ngo barusheho gukorana no (...)
Perezidaa Paul kagame yemereye abaturage batuye mu kirwa cya Nkombo ikindi cyombo kisumbuye ku cyo yari yarabahaye, kugira ngo bakomeze guhahirana n’abandi baturage batuye mu bindi bice.
Kuri uyu wa kabiri ,kuri Stade ya Kicukiro harabera umukino wa 1/2 cy’irangiza mu riushanwa ry’igikombe cy’Amahoro,aho ikipe y’Isonga Fc iza kuba yakiriye ikipe ya Rayon Sports yari yayitsinze ibitego 2-1 mu mukino ubanza.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama, mu Rwanda harateganywa irushanwa ry’umupira w’amaguru w’ abana bato, rizitirirwa shampiyona y’umupira w’amaguru yo mu gihugu cy’Ubudage, izwi ku izina rya Bundesliga.
Nyuma yuko umuryango wa Compassion International ufasha abana bo mu miryango itishoboye mu bijyanye n’imyigire no mubindi bibazo bijyanye n’imibereho myiza utangiriye kubathitamo hifashishijwe ibyiciro by’ubudehe ngo byagabanyije amakosa yakunze kuvugwa ko hari abana bafashwaga n’uyu muryango batabikwiriye.
Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka bibumbiye mu muryango COSOPAX uharanira amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari basanga kuba barihurije hamwe bizatuma baba umuyoboro w’amahoro muri aka karere aho bavuga ko bazasakaza amahoro bahereye mu miryango yabo ndetse bakayakwiza no mubaturanyi.
Parezida Kagame arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kujya zikemura ibibazo by’abaturage ku gihe kuko ngo ntawe ushoboye kujya yicara imyaka ategereje kuzakemurirwa ikibazo kandi abayobozi bahari.
Mu rwego rwo kugabanya ibicanwa biva ku biti, bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe bihangiye umurimo wo gukora imbabura zicanishwa amabuye ya radiyo hifashishijwe ikara rimwe cyangwa zigacanwa hakoreshejwe amashanyarazi afite ingufu nkeya.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutwakwasuku, arasaba abaturage bakosoza ibyiciro byabo by’ubudehe kubikorana ubunyangamugayo, kuko hashyizweho ikoranabuhanga ritahura abafite uburiganya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Kagari ka Gisari na Kibanda mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayitse cyane kuko bashobora kwimurirwa mu midugudu bagasiga imibiri y’ababo mu matongo.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kuba aka karere ariho urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiriye, babifata nk’umurage wo gusigasiga ubumwe bw’Abanyarwanda no kurinda icyintu cyose cyakongera guhungabanya umutekano wabo.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Rusizi no munkengero zawo, baravuga ko nyuma yaho inzego z’umutekano zagiye zifata bamwe mu bakunze guhungabanya umutekano wabo biganjemo abajura, indaya n’inzererezi mu mujyi hamaze kongera kuboneka agahenge.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015 abibumbiye mu Muryango w’Abasilamu mu Rwanda wo mu Karere ka Rutsiro AMUR/RUTSIRO bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi banenga bagenzi babo bayigizemo uruhare ndetse baniyemeza kwirinda icyatuma yongera kuba.
Umukinnyi Adrien Niyonshuti nyuma yo kutabasha kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare,aratangaza ko bishobora kumugira ho ingaruka mu mikino ateganya kwitabira harimo n’irushanwa rikomeye rya la Vuelta ribera mu gihugu cya Espagne
Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame aratangaza ko adashimishijwe n’uburyo ubuyobozi bubishinzwe bwananiwe kugeza umuyoboro wa Radio y’igihugu ku baturage bo mu karere ka Nyamasheke, bigatuma bahitamo kwiyumvira izo mu bihugu by’abaturanyi.
Perezida Kagame uru wagendereya abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Kamena 2015 yabawiye ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse ku buryo ntawe ukibasha kubashuka kuko ubu ngo usigaye ubabwira bakakubaza impamvu y’ibyo ubabwira.