Umugabo witwa Nyabyenda Alphonse ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akekwaho icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge. Uyu mugabo w’imyaka 30 y’amavuko, yafatiwe mu mujyi wa Musanze mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021, yahishe udupfunyika 2,650 tw’urumogi muri bafure za Radio.
Mu Kagari ka Nyarutembe Umurenge wa Rugera muri Nyabihu, haravugwa amakuru y’ibendera ry’igihugu ryafatiwe k’ushinzwe umutekano mu mudugudu, hakekwa ko ryajyanyweyo n’umuturage bagiranye amakimbirane.
Abavandimwe babiri, Janvière Niyonshuti na murumuna we Evelyn Mukeshimana, barangije amasomo muri kaminuza bibuka impano yo guhanga imideri bafite kuva bakiri batoya, maze bashinga ateliye ikora imyenda, ku buryo batigeze baba abashomeri.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rwatangije amashuri atanu yigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET), yubatswe mu magereza atanu yo mu gihugu kugira ngo abagororwa bahabwe ubumenyi buzazamura imibereho yabo nyuma yo kurangiza igihano.
None ku wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, Urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya mipaka, rwemeje ko Paul Rusesabagina akomeza kuburana afunze.
Robert Kyagulanyi wamenyekanye ku mazina rya Bobi Wine, mu nama idasanzwe yagiranye n’abarwanashyaka be ndetse n’abanyamakuru, yongeye guhamya ko ari we watsinze amatora yabaye muri Mutarama 2021, aho ngo yagize amajwi 54% naho Museveni watangajwe ko ari we watsinze, yari yabonye 38%.
Mu ijoro ryakeye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, abagizi ba nabi biraye mu isambu ya Ntamezayino Jean Bosco iri ku buso bwa ari 40 batemagura ibitoki birimo, ibigiye kwera n’ibindi bigiye kwana, hakaba hamaze kubarurwa ibigera kuri 51 byatemwe.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021 u Rwanda rwatangije gahunda yo gukingira impunzi n’abasaba ubuhunzi baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika bakuwe muri Libya bacumbikiwe mu nkambi y’agateganyo ya Gashora mu Karere ka Bugesera.
Ikipe ya FC Zürich ikina mu cyiciro cya mbere mu Busuwisi, yandikiye ikipe ya APR FC ibasaba ko bayiha Byiringiro Lague akayisura mu gihe cy’iminsi 10
Umunsi Mpuzamahanga wahariwe umugore wizihijwe tariki 08 Werurwe 2021, usize abenshi mu batuye Akarere ka Rulindo bamwenyura, aho mu muhango wo kuwizihiza, imiryango inyuranye yatahanye inka, intama n’ibiryamirwa.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatoye itegeko rishyiraho ikigo gishinzwe ibijyanye n’isanzure (Rwanda Space Agency ‘RSA’), ikemeza ko nigitangira gukora kizazanira inyungu igihugu biciye mu bigo bitandukanye.
Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryasohotse mu igazeti ya Leta nimero idasanzwe yo ku wa 27/09/2018, rifite ingingo 335. Ni byiza ko umenya neza ibirimo kugira ngo usobanukirwe ibyo ushobora gukora bikaguteza ibibazo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 09 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu babiri (2) bishwe na COVID-19. Abayikize ni 122, bituma abamaze kuyikira bose baba 18,033 naho abanduye bashya baba 120, nk’uko imibare ibigaragaza.
Rayvanny, umwe mu nkingi za mwamba mu nzu itunganya umuziki Wasafi ya Diamond Platinums wo muri Tanzania, yafunguye inzu ye bwite ifasha abahanzi mu muziki.
Bwanyahinga François w’imyaka 109 wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi, arirahira Perezida wa Repubulika amushimira ko nyuma yo kumugezaho ibikorwa remezo binyuranye ngo amuhaye n’urukingo rwa COVID-19.
Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Senegal yatawe muri yombi tariki 03 Werurwe 2021 akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu, biba intangiriro y’imyigaragambyo y’abamushyigikiye biganjemo urubyiruko, ikaba imaze kugwamo abagera ku munani.
Imfungwa n’Abagororwa bo muri Gereza ya Mageragere bashimiye Leta yabatekerejeho ikabakingira Covid19 mu ba mbere mu Rwanda, bakavuga ko yaberetse ko nubwo bagonzwe n’itegeko ariko batari ibicibwa.
Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo mu Mujyi wa Kigali rwategetse ko Idamange Iryamugwiza Yvonne afungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera impamvu zikomeye zishingiye ku byaha aregwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano bwatwitse bunamena ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe, bikaba bifite agaciro ka miliyoni 200 n’ibihumbi 100 y’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu ma saa tatu z’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Werurwe 2021, umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka itatu y’amavuko, yakuwe mu kidendezi cy’amazi basanga yamaze gushiramo umwuka.
Umuhanzi John Ntawuhanundi wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Inyanja’, yitabye Imana ku cyumweru tariki 7 Werurwe 2021, aguye mu bitaro bya CHUK, akaba asize indirmbo nyinshi yiteguraga gusohora.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Maraba mu Karere ka Nyaruguru, Rose Nyiraneza, ari mu maboko ya RIB kuva tariki 8/3/2021 akurikiranyweho amafaranga asaga miliyoni umunani yanyerejwe.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwiyemeje gutanga Miliyoni 30 z’Amadolari ya Amerika yo gufasha abagezweho n’ingaruka z’ibyaha byahamye Umunyekongo Bosco Ntaganda. Abagizweho ingaruka n’ibyaha byahamye uwo Ntaganda wahoze ayobora inyeshyamba, harimo abana bashyizwe mu gisirikare (child soldiers), abafashwe ku ngufu (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Werurwe 2021, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) hamwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima (RBC), bazindukiye mu gikorwa cyo gukingira Covid-19 abari muri gereza ya Nyarugenge (i Mageragere).
Djihad Bizimana ukinira Waasland Beveren yo mu Bubligi ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, yambitse impeta umukunzi we Dalida Simbi
Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku ya 7 Werurwe 2021 bafashe abantu 6 bakekwaho gukwirakwiza urumogi mu baturage, bafatiwe mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi n’uwa Rubavu, bakaba barafatanywe udupfunyika 2,610 tw’urumogi.
Batangiriye ku gukusanya amafaranga 50 buri wese, bitabira umwuga wo kuboha ibiseke, uko yiyongeraga na bo bagura ibikorwa ku buryo ubu barenze ku kubigurishiriza ku masoko yo hafi yabo, bakaba babigemura no mu tundi turere tw’igihugu no hanze yacyo, ku buryo bageze ku mitungo y’asaga miliyoni 30Frw.
Nyuma y’imyaka itatu ishize abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare begukanye imidali irindwi muri shampiyona Nyafurika, ubu ni bwo bagiye guhabwa agahimbazamusyi bagombaga guhabwa
Bamwe mu bagore bahoze bakora umurimo wo kubunza ibicuruzwa mu mujyi wa Huye (ubuzunguzayi), bakabivamo ku bw’inkunga batewe n’inama y’igihugu y’abagore, barishimira ko ubucuruzi bakora bubabeshejeho neza ugereranyije n’igihe babunzaga ibicuruzwa.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wabaye ku ya 08 Werurwe 2021, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, yagaragaje ko umugore ariwe shingiro ry’iterambere n’umutekano by’umuryango.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 08 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 71 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 108, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1480. Mu bari barwaye nta muntu icyo cyorezo cyishe, abarembye ni 20, nk’uko imibare ibigaragaza.
Banki ya Kigali(BK) yatanze umusanzu w’ubwinshingizi bw’ubuvuzi(Mutuelle) hamwe n’ibiribwa ku miryango 100 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaba baragezweho n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.
Dusabemariya Febronie washyizwe mu barinzi b’igihango nyuma y’ubwitange yagize bwo gufasha abana babayeho mu buzima bubi, ibyiza byamuranze bikomeje kuzirikanwa na benshi.
Ikipe ya Young Africans (Yanga) yo muri Tanzania yirukanye umutoza ukomoka mu Burundi Kaze Cedrick n’abungiriza be bose nyuma yo kugira umusaruro mubi mu mikino yo kwishyura muri Shampiyona ya Tanzania.
Umukozi w’Akarere ka Rwamagana uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi n’umutungo kamere Niyitanga Jean de Dieu avuga nta ndwara y’icyorezo mu nka ihari, ahubwo ko ari indwara isanzwe kandi ivurwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije umunsi mwiza abagore. Ni mu gihe isi yose yizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abagore.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamuritse igitabo kiri mu Kinyarwanda, Icyongereza n’Igifaransa. Icyo gitabo kigiye ahagaragara mu gihe u Rwanda rwitegura kunamira ku nshuro ya 27 abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene yavuze ko (…)
Perezida wa Guinée Equatoriale,Teodoro Obiang Nguema, yatangaje ko iyo mpanuka yaba yatewe n’uburangare bw’abashinzwe gucunga ibisasu biturika (explosifs) mu kigo cya Gisirikare cya Bata.
Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yakiriye ikipe y’igihugu y’Umukino w’amagare ‘Team Rwanda’, yegukanye imidari 14 muri Shampiyona Nyafurika y’Umukino w’amagare yabereye mu Misiri.
Ni umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, akaba yabaga mu Kagari ka Nyamata-Ville, Umudugudu wa Gasenga II. Birakekwa ko yishwe ahagana mu rukerera rwo kuri uyu wa 8 Werurwe 2021, abamwishe bakaba baje kumumanika aho yasanzwe kugira ngo bigaragare ko yiyahuye.
Saa mbiri z’ijoro ku Cyumweru tariki ya 07 Werurwe 2021, nibwo ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe abanyarwanda batanu bari bafungiye muri Uganda, bakavuga ko bakorerwaga iyicarubozo aho bari bafungiye muri CMI.
Abagore bahinga kawa bo mu Mirenge ya Ruli na Coko mu Karere ka Gakenke, barashimwa na benshi uburyo bakomeje kwita kuri kawa yabo ikarushaho kugira uburyohe, ndetse ikaba ikomeje gushakishwa ku masoko mpuzamahanga.
Madame Jeannette Kagame witabiriye inama ya gatanu ku Ihame ry’uburinganire n’imiyoborere yateguwe n’ikigo cya ‘Motsepe Foundation’, yavuze ko abagore bo mu Rwanda bagaragaje ko bashoboye, cyane cyane nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko ngo nk’uko bigaragara mu makuru abikwa muri za mudasobwa, abagore (…)
Mu mukwabu wo kurwanya ubujura bw’amashanyarazi ukorwa buri gihe na Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ifatanyije n’Inzego z’umutekano ndetse n’abaturage, mu cyumweru gishize abantu bane batawe muri yombi bakekwaho ubwo bujura bw’amashanyarazi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo kuri uyu wa Mbere kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu gutegura umukino wa Cameroun n’uwa Mozambique
Tariki 08 Werurwe mu Rwanda no ku isi hose hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’umugore ku nshuro ya 110, hazirikanwa insanganyamatsiko igira iti "Abagore mu buyobozi: Kugera kuri ejo hazaza hazira ubusumbane mu isi yugarijwe na Covid-19".
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwamenyesheje abakunzi bayo ko bazasinya amasezerano mashya n’uruganda rwa Skol kuri uyu wa Kane
Umunsi wa 27 wa Shampiyona mu Bwongereza wasize Manchester United itsinze umuturanyi wayo Manchester City ibitego bibiri ku busa (2-0), inahagarika umuvuduko wayo wo kuzuza umukino wa 23 itaratsindwa, naho kipe ya Liverpool yongeye gutsikira aho yatsinzwe na Fulham igitego kimwe ku busa (1-0).
Nubwo hari abantu batinya kuba babyara impanga, bakavuga ko ngo kuzitaho bivuna cyane, hari abandi bo baba biteguye gukora icyo ari cyo cyose byaba bisaba kugira ngo babone umunezero wikubye kenshi wo kubyara impanga. Byagaragaye ko hari ibiribwa runaka byakongera amahirwe yo gutwita impanga.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki ya 6 Werurwe 2021 ahagana saa cyenda z’amanywa nibwo abapolisi bakorera mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro(RPU) ndetse n’abapolisi basanzwe bakorera mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Giheke bafashe imodoka ebyiri zipakiye insinga za magendu n’amavuta atemewe (…)