Bamwe mu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bagiye bihisha mu bihugu bitandukanye, hari bamwe bahinduza amazina kugira ngo bashobore guhisha ibimenyetso, abandi bahinduye amasura kugira ngo batazamenyekana.
Ku ya 21 Mata 1994 ni bwo Abatutsi basaga ibihumbi 50 biciwe mu kibaya cya Nyamukumba, hakoreshejwe kurasa n’imbunda z’abajandarume, interahamwe zigasonga abataranogoka zikoresheje imihoro n’izindi ntwaro gakondo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buravuga ko ubufatanye hagati y’abayobozi, abaturage n’abafatanyabikorwa ari bwo butuma imihigo yahizwe yeswa ku rugero rwifuzwa.
Ubushinjacyaha buvuga ko Paul Rusesabagina akwiye gukurikiranwaho ibyaha byakozwe n’umutwe wa MRCD-FLN nka gatozi, kuko ari we wari umuyobozi wawo akaba n’umuterankunga.
Perezida Kagame yagize Dr. Aimé Muyoboke Kalimunda Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, François Régis Rukundakuvuga, Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Clotilde Mukamurera Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.
Mu mikino Olempike iteganyijwe kubera i Tokyo mu Buyapani guhera muri Nyakanga uyu mwaka, Mukansanga Salima usifura umupira w’amaguru ni umwe mu bazayisifura
Muhayemungu Abel wari ufite imyaka 14 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu buhamya yatanze yagaragaje uburyo yarokokeye aho yihishaga mu rukuta rukozwe n’imirambo, aho yari yihebye azi ko adashobora kubaho.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko umuyobozi w’umudugudu bazasanga ucururizwamo ibiyobyabwenge atarabimenyesheje azajya yegura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 20 Mata 2021, mu Rwanda umuntu umwe yishwe na Covid-19. Abayikize ni 152 bituma umubare w’abamaze gukira bose hamwe baba 22,560. Abanduye bashya ni 71, abakirwaye bose hamwe ari 1,118.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamagabe mu Murenge wa Tare, ku wa mbere tariki ya 19 Mata yafashe abantu 4 bamaze kwiba ikizingo cy’insinga z’amashanyarazi zipima ibiro 40.
Umuhanzi Yvonne Mugemana uzwi ku mazina ya Queen Cha, abaye uwa gatatu usezeye inzu itunganya umuziki ya The Mane records nyuma ya Jay Polly na Safi Madiba.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Karongi, batujwe mu mazu bubakiwe kuva mu mwaka wa 2008, bavuga ko barimo guhura n’ingaruka nyinshi, ziterwa no kuba ayo mazu bayabamo ashaje andi akaba yarahirimye burundu.
Perezida wa Chad Idriss Déby yatabarutse aguye ku rugamba aho ingabo ze zakozanyijeho n’inyeshyamba mu majyaruguru y’igihugu mu mpera z’icyumweru gishize, nk’uko byatangajwe n’igisirikare kuri televiziyo y’igihugu, ari na cyo kigiye kuyobora inzibacyuho mu gihe cy’amezi 18.
Mu rwego rwo kugabanya ubucucike buri muri za gereza, Ubucamanza bw’u Rwanda bwamaze gutunganya amadosiye 917 ku byaha byakozwe n’abakiri bato, ndetse butanga n’amatariki bagomba kwitabira inkiko.
Ku wa Mbere tariki 19 Mata 2021 abana biga mu mashuri abanza kugera mu mwaka wa gatatu batangiye igihembwe cya kabiri cya 2021, mu gihe abiga guhera mu mwaka wa kane kuzamura bo batangiye igihembwe cya gatatu.
Perezida wa Tchad wari umaze imyaka 30 ku butegetsi, Maréchal Idriss Déby Itno, yitabye Imana kuri uyu wa 20 Mata 2021 azize ibikomere by’ibitero yagabweho.
Alexei Navalny utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Vladimir Putin yajyanywe mu bitaro by’imfungwa, nyuma y’aho abaganga be bavuze ko ubuzima bwe butameze neza, kandi ko igihe cyose umutima we ushobora guhagarara, Perezida Joe Biden wa Amerika akavuga ko Navalny aramutse apfuye u Burusiya bwahura n’ibibazo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola, aho ubu arimo kuganira na Perezida w’icyo gihugu, João Lourenço, mu gihe bitegura kwitabira inama ya kabiri ya ‘ICGLR Mini-Summit’, yiga kuri politiki n’uko umutekano uhagaze muri Repubulika ya Santrafurika.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gutangaza uko amakipe azahura mu mikino y’amatsinda, aho APR na Rayon Sports zizakira imikino ya mbere kuri Stade Amahoro
Itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda 80 bagize icyiciro cya Gatandatu basoje igikorwa cyo kujya gusimbura bagenzi babo bo mu cyiciro cya gatanu bamaze Umwaka muri Sudani y’Epfo, mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu bwiswe UNMISS.
Ku wa mbere tariki ya 19 Mata 2021, abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Murenge wa Rukomo bageneye ubufasha imiryango 25 y’abarokotse Jenoside batishoboye.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu minsi 100, Intara y’Amajyepfo iri mu zashegeshwe na Jenoside kuko ari yo Ntara ifite umubare munini w’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, INES-Ruhengeri, ryazamuye urwego rwaryo rwa Laboratoire aho rimaze kwakira imashini z’ubwoko icumi bunyuranye, zije kunganira Laboratoires 10 z’iyo kaminuza hagamijwe kuzamura ubushakashatsi, kuzamura ireme ry’uburezi no gufasha abaturage hirya no hino mu gihugu mu birebana n’amazi.
Rosalie Gicanda yari umugore w’umwami Mutara wa III Rudahigwa, akaba yarapfakaye mu 1959 ubwo umugabo we yicirwaga i Bujumbura.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko nyuma ya raporo zigaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ifatwa ry’abaregwa bari muri icyo gihugu rigiye koroha.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 19 Mata 2021, mu Rwanda umuntu umwe yishwe na Covid-19.
Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Imran Khan, yavuze ko Guverinoma z’ibihugu by’i Burayi zagombye gushyira mu gatebo kamwe abantu batuka Mohamed n’abapfobya Jenoside y’Abayahudi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze FC, bwemeza ko budatewe ubwoba no kuba bari mu itsinda rikomeye bise iry’urupfu, aho ngo biteguye kuzasoza amajonjora mu matsinda bayoboye iryo tsinda rigizwe na Police FC, As Kigali, Musanze na Etincelles.
Mujyanama Claude uzwi nka TMC wahoze muri Dream Boys, yasohoye indirimbo yise ‘Uwantwaye’ ivuga ku rukundo, ariko akemeza ko bitazamubuza gukora indirimbo zo guhimbaza Imana ndetse ko atasubiye mu byaha.
Ubundi kubira icyuya ni ibintu karemano bituma umubiri usohora imyanda, ariko umunuko w’ibyo byuya hari ubwo ubangama cyane ukaba wanatuma umuntu adakunda kujya mu bandi, iyo azi ko agira ibyuya binuka. Nyamara hari uburyo bw’umwimerere bwo kurwanya uwo munuko, bidasabye gukoresha imibavu ya kizungu yabugenewe (deodorants).
Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC) gitangaza ko mu Ntara y’Amajyepfo imibare y’abandura Covid-19 igize iminsi izamuka cyane, ku buryo iyo Ntara ubu yihariye 85% by’ubwandu bwose buri mu Rwanda.
Perezida wa Tanzania yasabye Abadepite mu Nteko shinga Amategeko kurekera aho guta umwanya bamugereranya na nyakwigendera John Pombe Magufuli yasimbuye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yayoboye Inama Idasanzwe y’Abaminisitiri kuri uyu wa Mbere tariki 19 Mata 2021, hasuzumwa raporo u Rwanda rwakorewe n’impuguke zitandukanye ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe ya Patriots BBC nticyitabiriye irushanwa ritegura shampiyona 9BK Preseason tournament 2020/2021, kubera ko izitabira imikino ya Basketball Africa League (BAL) izabera mu Rwanda muri Gicurasi 2021.
Uwamurera Aline w’imyaka 30 y’amavuko yitabye Imana, barumuna be babiri bari mu bitaro ku kigo nderabuzima cya Muhura bikekwa ko byaturutse ku gahinda batewe no kubura nyirakuru wabareze.
Abantu 11 bapfuye bazize impanuka ya gari ya moshi abandi bagera ku 100 barakomereka, iyo mpanuka ikaba yabaye ku Cyumweru tariki 18 Mata 2021, ibera mu Majyaruguru y’Umurwa mukuru wa Misiri ari wo Cairo, nk’uko bitangazwa n’abayobozi bo muri icyo gihugu.
Igice kimwe cy’ibyavuye mu matora by’agateganyo,mu matora yabaye tariki 11 Mata 2021, bigaragaraza ko Idriss Deby ashobora kuguma ku butegetsi amazeho imyaka 30, mu gihe ibihugu nka Leta zunze ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza byatangiye kuburira abakozi babyo ko hashobora kuba imvururu mu Murwa mukuru wa Chad, Ndjamena.
Abaturage batuye mu Murenge wa Niboye wo mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, barishimira ko nyuma yo gucengerwa n’ubumwe n’ubwiyunge, bakimika ibibahuza kuruta ibibatanya, bamaze gufatanya kugeza umurenge wabo ku bikorwa by’iterambere bifatika.
Polisi y’u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 16 Mata 2021 yafashe uwitwa Rwagasore Jean Paul w’imyaka 34 na bagenzi be aribo Uwihoreye Eric w’imyaka 32 na Nsanzabera Daniel w’imyaka 44. Bicyekwa ko aba babiri bafatanyaga na Rwagasore mu bikorwa by’ubujura, bafatiwe mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Umunyezamu Kwizera Olivier wa Rayon Sports, yatangiranye imyitozo na bagenzi be mu Nzove, aho iyi kipe imaze icyumweru ikorera imyitozo
Abantu 62 bavuye mu Karere ka Rubavu na Nyabihu bafatiwe mu Murenge wa Bigogwe basengera ku rutare mu bwihisho. Abafashwe bari bayobowe na Pasiteri Samvura Claude w’imyaka 34, uturuka mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu.
Ikipe ya Leicester City yanditse amateka nyuma y’imyaka 52 igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup, nyuma yo gutsinda ikipe ya Southampton mu mukino wa kimwe cya Kabiri aho izahura na Chelsea FC ku mukino wa nyuma.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 18 Mata 2021, mu Rwanda abantu batatu bishwe na Covid-19. Abayikize ni 159 bituma umubare w’abamaze gukira bose hamwe baba 22,241. Abanduye bashya ni 22, abakirwaye bose hamwe ari 1,322.
Ikipe ya REG VC yatsinzwe na Swehly yo muri Libya amaseti atatu kuri imwe mu gihe APR VC yatsinzwe na KPA yo muri Kenya amaseti atatu kuri abiri mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship) irimo kubera muri Tuniziya
Abenshi mu bamenye amateka yaranze icyahoze ari Komini Kinigi, bahafata nk’ahantu hadasanzwe mu kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside, aho bemeza ko ariho habereye igeragezwa rya Jenoside mu gihugu ndetse Umututsi wa mbere akicwa n’abagore ku itariki ya 26 Mutarama 1991, bamwicishije amabuye.