Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi, avuga ko impamvu bateye inkunga amarushanwa ya Miss Rwanda ari uko bahuje icyerekezo cyo guteza imbere ubukungu biciye mu guhanga udushya, akaba yanashimye imishinga yabo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021 ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru i Burayi (UEFA) habereye umuhango wa Tombola ya 1/4 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021 yakiriye indahiro z’Abaminisitiri babiri bashya barahiye, abifuriza imirimo myiza mu nshingano nshya barahiriye, ariko ababwira ko bagomba gukora cyane kurusha uko bakoraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umushinga RDDP wo guteza imbere umukamo mu Rwanda batangije ibikorwa byo gutera ubwatsi bw’amatungo hagamijwe gukemura ikibazo cy’ibiryo byayo no kongera umukamo ndetse no kugabanya ibibazo hagati y’aborozi n’abahinzi.
Ikipe ya REG VC ikomeje kwitegura imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAVB Men’s Club Championship) izabera mu mujyi wa Sousse muri Tunisia kuva tariki ya 16 kugeza 28 Mata 2021.
Abatwara abagenzi bahagurikira muri gare ya Muhanga berekeza i Huye no mu bindi bice banyuze i Nyanza, baravuga ko bagiye kwitwararika ku mabwiriza yo kutahahagarara cyangwa gutwara umuntu werekezayo.
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe iterambere ry’uturere, Rugaju Alex, avuga ko kuba amasoko y’inka atagikora mu turere twa Kirehe na Ngoma byatewe no gutinya indwara y’uburenge, ariko ngo ashobora gufungurwa vuba kuko butigeze buhagera.
U Burusiya bwahamagaje Ambasaderi wabwo uri Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), mu biganiro byo kureba uko bafatirana umubano hagati y’ibihugu byombi utararushaho kuba mubi.
Umunyarwanda Cassa Mbungo André utoza ikipe ya Bandari FC yo muri Kenya, yahawe igihembo cy’umutoza w’ukwezi muri Shampiyona ya Kenya
Madamu Samia Suluhu Hassan, usanzwe ku mwanya wa Visi Perezida wa Tanzania, amaze kurahirira kuba Perezida wa Tanzania, mu muhango wabereye mu ngoro y’umukuru w’icyo gihugu.
Ikipe y’igihugu ya Cameroun yahamagaye abakinnyi bashya bagomba gusimbura abari bahamagawe ariko amakipe bakinamo akanga kubarekura
Ku mugoroba wo ku wa 17 Werurwe 2021 ahagana mu ma saa 18h07 uwitwa Kamaraba Salva, yatambukije ku rubuga rwa Twitter ubuhamya bw’Umukobwa mugenzi we bushinja Dr Kayumba Christopher wari umwarimu we muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Itangazamakuru n’itumanaho, gushaka kumusambanya ku gahato akabyanga.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Bwishyura ku bufatanye n’abandi barobyi, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, bafashe abantu babiri bari mu kiyaga cya Kivu baroba amafi bitemewe n’amategeko.
Abakobwa n’abagore bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaza gushakana n’abagabo babahishe, bavuga ko bahangayitse cyane igihe bari bihishe bakaza gusongwa n’urushako nyuma yo kurokoka bakisanga babana nk’abagore n’abagabo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 18 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 101 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 71, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1260. Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko yitabye Imana i Kigali, abarembye ni barindwi. Ku wa Kane kandi hakingiwe abantu 2,046 nk’uko imibare ibigaragaza.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Duwane mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batishimira kuba hari abakibita Abatwa kuko kuri bo umutwa ari umunyamwanda, kandi bo batakiwugira.
Bamwe mu baturage bari bafite ubutaka ahubatswe urugomero rw’amazi yifashishwa mu kuhira imyaka mu gishanga cya Rwangingo gihuriweho n’Akarere ka Gatsibo n’aka Nyagatare, bavuga ko babuze ingurane y’imitungo yabo Akarere ka Gatsibo kakavuga ko bazi ko abaturage bose bishyuwe.
Tanzania ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba bagize ibyago byo gupfusha umuyobozi nka Perezida Magufuli, wari umuyobozi mwiza nk’uko byagarutsweho n’abantu batandukanye batanze ubutumwa nyuma y’urupfu rwe.
Minisiteri ya Siporo imaze gutangaza ko shampiyona z’icyiciro cya mbere mu mikino itandukanye zemerewe gusubukura ndetse zikanatangira imyitozo igihe zaba zamaze kuzuza ibisabwa
Imiryango ibiri y’abantu 10 ituye mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ikomeje kunyagirirwa hanze nyuma yo gusohorwa mu nzu zayo, aho ngo bazira amasezerano y’ubugure basinyishijwe kubera kutamenya gusoma no kwandika.
Abantu batandukanye hirya no hino ku isi barimo ibyamamare bakomeye gutanga ubutumwa bugaragaza uko bakozwe ku mutima n’urupfu rwa Perezida Magufuli wa Tanzania, witabye Imana ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, bunihanganisha icyo gihugu.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 15 Werurwe 2021 yemeje gahunda yo kuvugurura ibibazo by’imari n’imicungire mu Murenge SACCO hagamijwe guteza imbere imikorere yayo no korohereza abayikoresha.
Benshi mu bakuriye i Kigali ndetse no mu Mujyi wa Huye bazi Venant Kabandana, umugabo wamamaye mu bucuruzi bwakorerwaga ahitwa “Chez Venant” hakaba n’abo wasangaga bavuga ko bagiye kwa . Uyu mugabo na we akaba yitabye Imana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli.
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yategetse ko habaho icyunamo cy’iminsi irindwi mu gihugu cya Kenya ndetse n’amabendera yose y’icyo gihugu n’aya EAC akururutswa kugera hagati kugeza Perezida Magufuli witabye Imana ejo tariki 17 Werurwe 2021 ashyinguwe.
Ambasaderi Emmanuel Hategeka yashyikirije Umwami Salman Bin Abdulaziz Al Saud, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu bwami bwa Arabia Saudite, nka Ambasaderi ufite icyicaro Abu Dhabi.
Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 17/03/2021 abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare batangiye umwiherero wa mbere wo gutegura Tour du Rwanda izaba muri Gicurasi 2021
Chelase na Bayern Munich zujuje umubare w’amakipe umunani yageze mu mikino ya 1/4 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi.
Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wifatanyije n’Abanyatanzaniya bagize ibyago byo kubura Perezida w’Igihugu cyabo, Dr John Pombe Magufuli, witabye Imana azize indwara y’umutima nk’uko ubuyobozi bw’icyo gihugu bwabitangaje. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 nibwo Visi Perezida wa (…)
Muri batandatu bageze kuri finale y’irushanwa rya The next pop star, Jasmine Kibatega niwe utahanye intsinzi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 Sena y’u Rwanda yemeje abayobozi bashya baherutse gushyirwaho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa mbere tariki 15 Werurwe 2021.
Umuhanzi Cécile Kayirebwa yishimiye kuba indirimbo ye, ‘None Twaza’ yashyizwe mu cyiciro gisoza mu irushanwa mpuzamahanga ry’indirimbo zanditse neza ‘International Songwriting Competition’ ritegurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 102 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 68, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1291. Umugore w’imyaka 87 yitabye Imana i Kigali, abarembye ni icyenda. Ku wa Gatatu kandi hakingiwe abantu 3,990 nk’uko imibare ibigaragaza.
Amakuru atangajwe na Televiziyo ya Leta muri Tanzania ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 aravuga ko Perezida wa Tanzania Dr John Pombe Magufuri yitabye Imana. Aya makuru kandi yemejwe na Visi Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu, wavuze ko Magufuli yazize indwara y’umutima, akaba yashizemo umwuka arimo (…)
Mu ngamba urubuga rwa Instagram rwafashe zo kurinda abarukoresha, rwongeyemo izifasha ingimbi n’abangavu kwirinda ubutumwa badashaka bohererezwa n’abantu bakuru.
Imibare y’Uturere uko ari dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, igaragaza ko muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2021B, ibishyimbo ari byo bizahingwa ku buso bunini buhuje ugeranyije n’ibindi bihingwa bizibandwaho muri iki gihembwe kiba kigizwe n’itumba ryinshi.
Amavuta y’inka ni meza mu gikoni kandi araryoha, kuyarya bifitiye akamaro kanini umubiri kuko afite intungamubiri nyinshi kandi agafasha mu igogora.
Mu isoko rya Nyamata riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ibiciro by’ibintu bitandukanye byamanutse cyane cyane amatungo nk’ihene n’inkoko bitewe n’uko abantu batemerewe kwambuka uruzi rw’Akagera bajya cyangwa bava mu Karere ka Bugesera binjira cyangwa bava mu Mujyi wa Kigali.
Abakandida bahatanira kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda batangaje imigabo n’imigambi y’imyaka ine mu gihe baba batowe.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, Umuryango Imbuto Foundation wateye inkunga Leta mu mugambi yihaye wo kurandura icyorezo cya Covid-19 gikomeje gushegesha igihugu guhera muri Werurwe 2020.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko akurikije umuvuduko Akarere ayoboye kariho mu kwihutisha kugeza ibikorwa remezo by’amashanyarazi kuri bose, yizera ko mu myaka mike buri muturage uri muri Huye azaba afite amashanyarazi.
Kugeza ubu mu nyamaswa zikiboneka ku isi, Twiga bakunze kwita musumbashyamba, ni yo ndende kurusha izindi, kubera ijosi ryayo rirerire ndetse n’amaguru maremare cyane. Ni inyamaswa ikurura abakerarugendo cyane kuko usanga iryoheye ijisho ikaba imwe mu nyamaswa zirimo kugenda zicika ku isi.
Abaturage bakoreshwa na Kampani yitwa Resilience mu mihanda mishya ya kaburumbo mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bari bamaze igihe barambuwe, bamaze guhembwa nyuma yo kwigira inama yo kujya kuryama ku karere ku itariki 15 Werurwe 2021, bishyuza amafaranga yabo.
Gereza Abanyarwanda bayizi mu buryo butandukanye baba abigeze kuyijyamo cyangwa abatarayijyamo, ndetse usanga benshi bagera aho bakayifata nk’icyita rusange kuri buri muntu wese.
Abantu barenganyijwe cyangwa abatarishimiye imikirize y’urubanza, amategeko abaha uburenganzira bwo gusaba kurenganurwa. Kujurira hari uburyo bigomba gukorwamo, igihe bikorerwamo n’aho bikorerwa.
Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima na Nirisarike Salomon bakoze imyitozo ya mbere mu ikipe y’igihugu yitegura umukino wa Mozambique n’uwa Cameroun
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Kayenzi, ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, ku wa Mbere tariki ya 15 Werurwe bafashe abantu bane bari bagiye kwambura umuturage bamushuka ko bagiye kumuha amadolari ya Amerika we akabaha amafaranga y’u Rwanda.
Amakipe ya Real Madrid yo muri Espagne na Manchester City yo mu Bwongereza ziyongereye ku yandi makipe yakatishije tike y’imikino ya 1/4.
Uko ari 20, abakobwa barimo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 basuwe na Banki ya Kigali (BK) ku wa 16 Werurwe 2021, baganira ku mikoreshereze y’amafaranga.
Imikino nyafurika y’amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship) yagombaga kubera mu mujyi wa Cairo mu Misiri yimuriwe mu mujyi wa Sousse muri Tuniziya.