Ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu bwasabye abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe baturiye umupaka, kwirinda kunyura mu nzira zitemewe zambukiranya umupaka, cyane cyane mu masaha y’ijoro kugira ngo batazitiranywa n’umwanzi.
Munyankindi François w’imyaka 44 y’amavuko, utuye mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Ndego, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Nyamugari, yatawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku itariki ya 12 Mata 2021, akurikiranyweho guhoza ku nkeke umugore we.
Ku itariki ya 12/04/2021, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Nsabimana Ephron w’imyaka 29 afunzwe, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha umugore ufite ubumuga bwo mu mutwe imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Nyuma y’igihe kirekire bataka kutagira aho kuba, nta n’ubushobozi bwo kwiyubakira bafite, imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 b’i Kigoma, ubu irishimira ko na yo yabonye aho kuba.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko guhemba abakozi amafaranga menshi buri kwezi bidindiza iterambere ry’ibitaro, icyifuzo kikaba ari uko abakozi bagengwa n’amasezerano bujuje ibisabwa bashyirwa mu myanya y’akazi bagahembwa na Leta.
Umunyarwenya ukomoka mu gihugu cya Uganda ukundwa na benshi, Anne Kansiime, abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, amaze gutangaza ibyishimo afite kuko yasamye.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Mugire Joseph wahoze ari umuyobozi muri Koperative UMWALIMU SACCO na Nyirarukundo Liliane wari umukozi wa koperative Umwalimu Sacco.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rumaze kubona ibyaha 83 by’ingengabitekerezo ya Jenoside byakozwe mu cyumweru cy’icyunamo (tariki 07-13 Mata 2021), ababikurikiranyweho 66 bakaba bamaze gufatwa.
Umufaransa Jean-Claude Hérault wayoboye Tour du Rwanda mu gihe cy’imyaka umunani yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’ikipe ya REG Volleyball Club buratangaza ko bwihaye intego yo kuza mu makipe ane ya mbere ku mugabane wa Afurika mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship 2021) izabera muri Tuniziya.
Umuyobozi Mukuru wa Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame, yasabye abakuru gusigira ababakomokaho umurage w’amateka y’ukuri ku Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe burashimira abatuye Umurenge wa Nyarubuye kuba ku mwanya wa mbere muri gahunda yo kwimakaza Ubumwe n’ubwiyunge, bigahesha ako karere kuza ku isonga muri gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge hagendewe kuri raporo y’umwaka ushize.
Fred Mufulukye uherutse gusimburwa ku buyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba na Emmanuel Gasana, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Mata 2021 yamugize Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), uyu mwanya akaba awusimbuyeho Bosenibamwe Aimé witabye Imana muri Gicurasi 2020.
Twambajimana Frodouard wo mu mudugudu wa Kinoga, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare avuga ko gahunda ya Girinka na we yamugezeho ikaba yaratumye acika ku kwatisha imirima kuko yiguriye iye.
Abarokotse Jenoside batuye ahitwa i Nyakagezi mu Mudugudu wa Shuni mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko babona n’abakobwa barokotse Jenoside batigeze bashaka abagabo, na bo bari bakwiye kwitabwaho, mbese nk’uko abapfakazi bitabwaho.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 14 Mata 2021 yemeje DCG Juvenal Marizamunda wari Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe Ubutegetsi n’abakozi kuba Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’imfungwa n’abagororwa (RCS), asimbura George Rwigamba wari uri kuri uwo mwanya kuva mu 2016.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 14 Mata 2021, mu Rwanda umuntu umwe yishwe na Covid-19. Abayikize ni 199 bituma umubare w’abamaze gukira bose hamwe baba 21,594. Abanduye bashya ni 69, abakirwaye bose hamwe ari 1,761.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 14 Mata 2021 yayoboye Inama y’Abaminirisitiri, ikaba yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa Filime, Rukundo Frank, wamenyekanye ku mazina ya Frankie Joe yabajije abavuga rikijyana bazwi nka ‘influencers’ aho bagiye mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mata 2021 ayoboye Inama y’Abaminirisitiri, irimo kwiga ku buryo bwo gukemura ibibazo bitandukanye by’Igihugu.
Uwari Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Sekamana Jean Damascène, yatangaje ko yeguye kuri uyu mwanya.
Ku wa 13 Mata 2021 nibwo Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje mu Karere ka Rusizi hafungiye abantu 12 bakekwaho kwiyitirira inzego z’umutekano, kwica babigambiriye no gukoresha intwaro n’imyenda ya gisirikare.
Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda ya Basketball, APR BBC, yasuye urwibutso rwa Nyanza mu Karere ka Kicukiro mu rwego rwo kunamira abahashyinguwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ibitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mata 2021 ku nshuro ya mbere, byatangiye kwakira abarwayi bahivuriza.
Ignacienne Bucyeye, umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bafite ababo bishwe muri Jenoside bari abakozi b’icyari peregitura ya Kibungo, avuga ko ihungabana rigenda rifata indi ntera uko imyaka ishira.
Abakinnyi umunani muri 15 bari batoranyijwe mu mwiherero wa mbere nib o biyambajwe mu myitozo ya kabiri izavamo batanu bazahagararira Team Rwanda
Ibyo Umukuru w’Igihugu yabivuze ku wa Kabiri tariki 13 Mata 2021, ubwo yitabiraga inama ngarukamwaka (The Head of State made ‘Raisina Dialogue conference’) itegurwa na Minisitiri w’u Buhinde ushinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga ku bufatanye n’Ikigo kitwa ‘Observer Research Foundation’ (ORF).
Tariki 01 Gicurasi 2021 ni bwo hatangira shampiyona bundi bushya, aho amakipe 16 akina icyiciro cya mbere yamaze kugabanywa mu matsinda ane y’amakipe ane buri tsinda.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) irasaba Abanyarwanda gushyira hamwe mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ubu amakipe yose yemerewe ibyumweru bibiri byo kongeramo abakinnyi
Umurenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro wahurije hamwe abakoze Jenoside bawutuyemo, bakaba barimo gufatanya n’urubyiruko gusana inzu z’abarokotse, mu muganda ugamije ubumwe n’ubwiyunge.
Urwibutso rwa Kinigi mu Karere ka Musanze rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 166, rufite amateka adasanzwe kuko imibiri irushyinguyemo ari iy’Abatutsi bishwe mbere ya 1994.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Mushishiro, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere w’iki cyumweru, ku bufatanye n’izindi nzego bafatiye mu kabari ka Gashirabake Christophe w’imyaka 44 abantu 22 barimo banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bikaba byakozwe mu rwego rwo gukomeza kugenzura (…)
Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu bihe bitandukanye, Polisi y’u Rwanda yafashe bamwe mu bacyekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buvugwa mu Mirenge ya Shyogwe na Nyamabuye yo mu Karere ka Muhanga.
Urubanza ku rupfu rwa Thomas Sankara ufatwa nk’uwaharaniye iterambere rya Afurika, rwoherejwe mu rukiko rwa gisirikare rwa Ouagadougou tariki ya 13 Mata 2021.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu Karere ka Rusizi hafungiye abantu 12 bakekwaho kwiyitirira inzego z’umutekano, kwica babigambiriye no gukoresha intwaro n’imyenda ya gisirikare.
Padiri Uwimana Chrisostome ku itariki ya 13/04/1994 yarimo asomera Misa Abatutsi bari bahungiye mu Kigo cya Mutagatifu Andereya (Saint Andre) bari kumwe n’abari mu Kiliziya ya Karoli Lwanga iherereye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali. Iyi Misa ntiyasojwe kuko barashweho igisasu bakwira imishwaro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 13 Mata 2021, mu Rwanda abantu 123 bakize Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyikira bose hamwe wa 21,395. Abanduye icyo cyorezo kuri uwo munsi ni 68, abakirimo kuvurwa ni 1,892.
Ku gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki 13 Mata 2021 mu Kiyaga cya Ruhondo giherereye mu Karere ka Musanze, hagaragaye Isata, abayibonye bwa mbere bibabera amayobera.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, avuga ko kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ari uko ibihugu byombi bihuje amateka ya Jenoside.
Umunyeshuli witwa Ziada Masumbuko w’imyaka 15 wigaga mu mwaka wa gatanu mu ishuli ribanza rya Shibutwa - Mbogwe mu Ntara ya Geita, yishwe na musaza we amukubise ikintu mu mutwe, nyuma yo gutsindwa ikizamini akazana amanota mabi.
Agasozi ka Gitwa mu Karere ka Rutsiro kahinduwe umusozi wa Nyamagumba kubera kuhicira Abatutsi muri Mata 1994. Umusozi wa Nyamagumba uzwi nk’umusozi mu Rwanda wari wegereye gereza ya Ruhengeri, imwe mu zafungiwemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Habyarimana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko hari abantu 12 bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba. Abo bantu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye harimo gutunga intwaro no kuzinjiza mu gihugu, kwiba hakoreshejwe intwaro, gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no (…)
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyatangaje ko kigiye kongerera u Rwanda igihe cyo kwishyura umwenda w’Amadolari miliyoni 42 mu gihe cya mbere kingana n’amezi atandatu.
Polisi y’ahitwa Minnesota muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yarashe umusore w’umwirabura witwa Daunte Wright arapfa, ariko Polisi ivuga ko uwo musore yarashwe ku bw’impanuka.
U Rwanda n’u Budage basinyanye amasazerano y’inkunga y’Amayero Miliyoni 78, ni ukuvuga Miliyari 90 z’Amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu kwegereza serivisi abaturage, imiyoborere myiza, kongera ibyoherezwa mu mahanga, guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (TVET) n’ibindi.
Mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, i Nyakagezi mu Murenge wa Huye hari abayirokotse bafite umubababaro wo kuba barabuze ababo n’uwo kuba bagiye kuzagwirwa n’inzu batuyemo.
Abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abandi bakozi ba Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Intebe muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC) Jean Michel Sama Lukonde yagaragaje abagize Guverinoma nshya igiye kumufasha nyuma y’igihe kinini itegerejwe kuva tariki ya 15 Gashyantare 2021, ikaba ari Guverinoma igizwe n’Abaminisitiri 32 n’ababungirije (Visi Minisitiri) 11.
Mfitimfura Emmanuel umwe mu barokokeye muri Kiliziya ya Karubamba avuga ko ababazwa n’uko abari ku isonga muri Jenoside yakorewe mu cyahoze ari komini Rukara batahanwe kuko batorotse ubutabera.