Abagize Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo mu Karere ka Musanze, bibukijwe ko amahirwe y’ishoramari bafite ubu atari ayo gushora mu bikorwa bisenya Igihugu n’ibindi bidafite umumaro, ahubwo ko bakwiye kuyakoresha mu gusigasira ibyagezweho.
Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph mu Kiganiro yagiranye n’inzego zitandukanye kuri uyu wa gatanu tariki 13 Kamena yavuze ko Leta iteganya kongera umubare w’abana bajyanwa mu mashuri y’incuke ukava kuri 45% ukagera kuri 65% umwaka w’amashuri uzatangira mu kwezi kwa Cyenda.
Abahinga mu gishanga cya Mwogo giherereye mu Murenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe bahangayikishijwe no kuba barahinze ibigori kuri hegitari 28 bimwe bikuma ibindi bikabora, bigiheka.
Minisiteri Y’Uburezi yatumiye abanyarwanda n’abafatanyabikorwa b’Uburezi mu kiganiro gitegerejwemo kuzana impinduka zikomeye mu guteza imbere ireme ry’Uburezi,
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026, yavuze ko amafaranga azagenda ku mirimo yo kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kirimo kubakwa mu Bugesera mu ngengo y’Imari ya 2025-26, angana na Miliyari 853,6Frw.
Abantu bakomeje kujya impaka ku mpanuka y’indege ya Air India yarimo abantu 242, yari ihagurutse ku Kibuga cya Ahmedabad, igahitana abayirimo, hakarokoka gusa umugenzi umwe.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko mu rwego rwo gufasha abaturage guhaha no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, hari impinduka zabaye ku misoro yari iteganyijwe kuzamurwa mu mwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026.
Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubushakashatsi mu kigo cy’Ubushakashatsi ku Iterambere ry’Inganda (NIRDA), Telesphore Mugwiza, avuga ko umwaka utaha wa 2026 uzarangira ku isoko ry’imiti ivura abantu harimo n’iyakorewe muri iki kigo.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien arasaba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Musanze (JADF), kongera imbaraga mu bikorwa bizamura iterambere n’imibereho myiza y’umuturage, abibutsa ko uko umujyi wa Musanze uzamuka bikwiye kujyana n’imizamukire y’umuturage.
Abiga imyuga n’ubumenyi ngiro muri Diyosezi ya EAR Shyogwe, bamaze kuvumbura uburyo bwo gukora amasabune bifashishije ibishishwa by’imyumbati, bakamuramo amavuta asimbura amamesa n’andi mavuta bakoreshaga.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango JADF, baratangaza ko biteguye kugira uruhare mu kuziba icyuho cy’inkunga z’amahanga zahagaritswe, kugira ngo umuturage wafashwaga atahahungabanira.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko mu mwaka w’amashuri 2024/2025, abana 1,286 bataye ishuri mu cyiciro cy’amashuri asanzwe, kuko mu ncuke nta wagejeje imyaka yo kwiga atari ku ishuri.
Umuhanzikazi Uwayezu Ariel wamamaye mu muziki w’u Rwanda nka Ariel Wayz yabaye Umunyarwanda wa mbere usinyishijwe na Universal Music Group (UMG), kimwe mu bigo bikomeye ku Isi mu bijyanye n’imyidagaduro.
Abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), by’umwihariko abo mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bayifata nk’akabando k’iminsi bitewe n’uburyo yabafashije kwagura ibikorwa byabo ikabavana ku rwego rumwe ikabageza ku rundi rwisumbuyeho.
Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango Iharanira kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe(Rwanda Climate Change and Development Network - RCCDN) ryateguye ibiganiro ku rwego rw’Igihugu byahuje imiryango n’abafatanyabikorwa batandukanye, barebera hamwe uko u Rwanda rwarushaho guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (…)
Ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ushinzwe Imari ya Leta, Kabera Godfrey, yagezaga ku Mutwe w’Abadepite umushinga w’itegeko ryerekeye imyishyurire y’indishyi zikomoka ku mpanuka, yavuze ko uyu mushinga w’itegeko ureba gusa abakoze impanuka biturutse ku binyabiziga bikoreshwa na moteri.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2025 Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, irageza ku Nteko ishinga amategeko imitwe yombi, itegeko rishyiraho Ingengo y’Imari izakoreshwa umwaka wa 2025-2026.f
Urugendo rwa APR BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) rurangiriye muri ½, nyuma yo gutsindwa na Al Ahli Tripoli yo muri Libya amanota 84 kuri 71.
Abahinzi b’imboga n’imbuto biganjemo abo mu Ntara y’Amajyaruguru, bagiye kubakirwa isoko rihuriweho, bazajya bagurishirizaho umusaruro w’ibyo bihingwa, ryitezweho koroshya uruhererekane nyongeragaciro rw’imboga n’imbuto, kongera ubuziranenge no gukemura ibibazo by’igihombo baterwaga n’umusaruro wangirikaga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye imiryango Aegis Trust, Interpeace na Never Again ubufatanye mu kwamagana Abanyamakuru n’Abanyapolitiki "bica bakoresheje ikaramu (kwandika) hamwe n’ibiganiro bakora."
U Rwanda rwaba rugeze kure ibiganiro byo kwagura imikoranire ishingiye kuri siporo n’Igihugu cya Portugal, kuko hari ibimenyetso bica amarenga aho ikipe ya Portugal na yo yaba igiye kujya yambara umwenda wanditseho Visit Rwanda.
Komite Ngenzuzi ya Rayon Sports yasabye ko hatumizwa inama y’Inteko rusange kugira ngo igezweho raporo y’ubugenzuzi, inafate ibyemezo hirindwa ibibazo byashyira Umuryango mu kaga.
Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’Abarimu mu kigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze, Leon Mugenzi, avuga ko amahirwe yahawe abarimu mu kigo cy’imari cyo kubitsa no kugurizanya, Umwalimu SACCO, ari menshi, ku buryo umwarimu utabitsa muri iki kigo akwiye kwegerwa kuko afite ikibazo.
Ikipe ya Drums yegukanye irushanwa rya Rwanda Cue Kings Championship ryahuzaga amakipe atandukanye akina biyari mu Rwanda ryasojwe ku wa 8 Kamena 2025.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aratangaza ko umutekano w’amafaranga imbere n’inyuma y’Igihugu cy’u Rwanda uhagaze neza, kubera ubwirinzi bwa BNR, n’imikoranire y’inzego ku mutekano w’amafaranga.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Adel Amrouche hari ibyo atumva kimwe n’abakinnyi be nyuma yo gutsindwa umukino wa kabiri wa gicuti yatsinzwemo na Algeria ya kabiri.
Abakristu ba ADEPR Masizi mu Karere ka Nyamagabe bamaze iminsi bambuka Mwogo, baciye ku Rutare rw’Imbaragasa, bakajya gusengera I Rwankuba ya Kabagari mu karere ka Ruhango, kuko urusengero rwabo rufunze.
Muri Brazil, umugore yamaze imyaka ibiri (2) ahora yitabira ibikorwa byo gushyingura abapfuye, ariko akabikora agamije kugira ngo azahakure umugabo, kuko hari uwo yari yarahabonye uhagarariye iryo rimbi, aramukunda, yigira inama yo kuzajya ahaza kenshi kugira ngo arebe ko yazamukunda na we, birangira bakundanye ndetse bakora (…)
Mu gikorwa cyo Kwibuka Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Gikondo cyabaye ku mugoroba tariki 9 Kamena 2025, Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko Abanyarwanda birengagije isano bafitanye n’ibibahuza, bahitamo kwica abo bavuga ururimi rumwe ndetse bahuje n’Ubunyarwanda.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinzwe n’ikipe ya kabiri ya Algeria ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wa kabiri bakiniraga muri iki gihugu.
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore ari kumwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, Umuyobozi muri Ambasade ya Amerika mu Rwanda, John Armiger na Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra basuye ahazubakwa urugomero rwa Rusizi III ruhuriweho n’u (…)
Ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateguye urugendo rugamije kwigisha urubyiruko amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Mu mukino wa 1/4 utagoranye, ikipe ya APR Basketball Club itsinze Rivers Hoopers yo muri Nigeria, igera muri 1/2 ku nshuro yayo ya mbere muri iri rushanwa rihuza ibihangange.
Ababyeyi by’umwihariko abarerera mu mashuri y’incuke, bahamya ko kwigisha abana binyuze mu mikino ari ingenzi, kuko bibafungura cyane mu bwenge bikabafasha kugira ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru, babagereranyije n’abataragize ayo mahirwe.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya Police FC yashimiye Mashami Vincent wari umutoza wayo mukuru nabo bakoranaga ndetse n’abakinnyi bane barimo Bigirimana Abedi.
Nk’uko bisanzwe abaturiye Pariki z’Igihugu bagira icyo bagenerwa ku mafaranga yinjizwa n’izo Pariki biciye mu bukerarugendo (Tourism Revenue Sharing), bikabafasha kubona ibikorwa remezo batari bafite, ndetse bagakora imishinga itandukanye igahabwa inkunga.
Engie Energy Access Rwanda yongeye korohereza Abakiriya bayo n’Abanyarwanda muri rusange kubona telefoni zigezweho, kandi badahenzwe.
Umuganga ufite inkomoko muri Iran amaze imyaka 20 akorera mu rwego rw’ubuzima rw’u Bwongereza (UK’s national healthcare system), akoresheje impamyabumenyi z’impimbano, akaba amaze iyo myaka yose avura abafite indwara zo mu mutwe.
Bosco Nshuti yageze muri Finland nyuma yo kwerekwa urukundo muri Suwede, aho aheruka gutaramira mu ruhererekane rw’ibitaramo yise Europe Tour 2025, anamurikira ababyitabiriye album ye ya kane yise ’Ndahiriwe’. Ni igitaramo yahakoreye ku wa 31 Gicurasi ndetse na tariki 01 Kamena 2025, akaba ategerejwe i Kigali mu gitaramo (…)
Ku wa Gatandatu tariki 07 Kamena 2025, ku kigo cy’urubyiruko cya Musanze habereye siporo idasanzwe, aho Ambasaderi w’u Buhinde mu Rwanda n’itsinda ryari rimuherekeje bari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, bisanze mu busabane n’abaturage mu gihe cy’amasaha abiri hifashishijwe siporo yitwa YOGA.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Aquatic Academy Kampala yo muri Uganda yegukanye irushanwa ryo koga rya Mako Sharks Summer Invitational Championship ryabere muri Green Hills Academy.
Umunyezamu w’Umunya-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila usoje amasezerano muri APR FC, ashobora gukomereza urugendo mu ikipe ya KMC yo muri Tanzania bageze kure ibiganiro.
Kaminuza y’u Rwanda n’andi mashuri makuru ya Leta yatangiye ivugurura rigamije kunononsora imikorere, imiyoborere, guhanga udushya, ndetse no guha umukozi umwanya wo gukoresha ubushobozi bwe, ku nyungu z’akazi n’iz’iterambere rye bwite
Mu mikino ya kamaramapaka (Playoffs) yakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 7 Kamena 2025, mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo, ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL (Basketball Africa League), itsinze Petro de Luanda yo muri Angola imenya iyo bazahura muri 1/4.
Kuri uyu wa Gatandatu , Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umurundi Musore Prince Michel nk’umukinnyi wayo mushya.
Umujyi wa Kigali wagaragarije Abadepite ko mu nzu zigera ku 1,400 zubatswe nta byangombwa, izigera kuri 222 zigomba gusenywa zikavanwaho burundu.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabonye intsinzi ya Kane itsinze Nigeria , mu Irushanwa ryo Kwibuka ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri kubera mu Rwanda kuva tariki 3 Kamena 2025.
Mu gihe shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo mu mukino wa Handball igana ku musozo, ikipe ya APR Handball Club yatangiye kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino utaha, aho yamaze gusinyisha abakinnyi bane