Mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi ku mugabane wa Afurika mu itsinda rya mbere ikomeje kubera i Kigali (Groupe A, ICC Men’s T20 World Cup Sub-Regional Africa Qualifiers), u Rwanda rwiyongereye amahirwe yo kwerekeza mu cyiciro gukurikira nyuma yo gutsinda Malawi.
Umuhanzi Nasibu Abdul Juma Issack, uzwi ku izina rya ‘Diamond Platnumz’ ategerejwe i Kigali mu gitaramo cyizinjiza abantu mu minsi mikuru cyiswe ‘One People Concert’.
Imvura idasanzwe yaguye kuva mu mugoroba tariki ya 21 igakomeza kugeza tariki ya 22 Ugushyingo yafunze umuhanda wo mu Majyepfo Kaduha-Gitwe-Kirengeri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), tariki ya 20 Ugushyingo 2022 rwafunze umugabo w’imyaka 32 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana cumi n’umwe (11), harimo abana b’abahungu icumi (10) n’umukobwa umwe (1).
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Manchester United yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu Cristiano Ronaldo ku bwumvikane bw’impande zombi.
Umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 watoye umuyobozi mushya hamwe na komite nyobozi bazafatanya kuyobora uyu muryango. Aya matora yabaye tariki ya 20 Ugushyingo 2022, hatorwa Perezida mushya wa IBUKA, Dr. Gakwenzire Philbert, akaba yungirijwe na Visi Perezida Momfort Mujyambere, na (…)
Mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru hari abahinzi b’icyayi bavuga ko uko bagenda bongera ubuso gihinzeho ari na ko bagenda babura abasoromyi babigize umwuga. Augustin Rwagasana, ni umwe muri bo. Amaze imyaka ibiri agiteye, kandi cyatangiye kumuha umusaruro kuko hegitari imwe na are 20 afite itamuburira ibihumbi (…)
Ikipe y’igihugu ya Tunisia kuri uyu wa kabiri yanganyije na Denmark ubusa ku busa mu mukino wa mbere w’igikombe cy’Isi mu itsinda rya kane.
Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), tariki ya 21 Ugushyingo 2022 basuye ahaherutse kurasirwa umusirikare wa DRC winjiye mu Rwanda arasa, basobanurirwa uko byagenze.
Abatuye mu gice cy’amakoro mu Karere ka Musanze, bavuga ko bakomeje kugorwa no kutagira ubwiherero bwujuje ibisabwa, bitewe n’uko mu gihe bayicukura, bahura n’amabuye manini ashashe mu butaka, agatuma babura uko bageza mu bujyakuzimu burebure.
Mu gihugu cya Indonesia habaye umutingo ukomeye uhirika amazu nayo agwa ku bantu, maze abagera ku 162 bahasiga ubuzima, mu gihe abandi 700 bakomeretse nk’uko bitangazwa n’ikigo gishinzwe ibiza muri iki gihugu.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri muri kaminuza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG), batangije urubuga rugamije gushaka icyakorwa ngo haboneke umuryango utekanye.
Nyuma yo gutsindwa na Arabie Saoudite ibitego 2-1 bamwe mu bagize ikipe ya Argentine bavuze ko bazize amakosa yabo, Messi n’umutoza bavuga ko nta gucika integer kuko bagifite indi mikino.
Mu mukino wa mbere mu itsinda rya gatatu ry’igikombe cy’isi 2022 wabaye kuri uyu wa kabiri, ikipe y’igihugu ya Arabie Saoudite yatunguranye itsinda Argentine ihabwa amahirwe yo gutwara igikombe ibitego 2-1.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Beijing bwategetse ko za parikingi, inzu z’ubucuruzi ndetse n’inzu ndangamurage bifungwa guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ugushyingo 2022 kubera ubwiyongere bwa Covid-19.
Perezida Paul Kagame yavuze ko kwigisha umuntu kuva akiri umwana bizatuma abantu babasha gusobanukirwa ubuzima babayemo. Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho tariki 21 Ugushyingo 2022 ubwo yitabiraga ifungurwa ry’ikibuga cyahariwe kumenyekanisha intego z’Iterambere rirambye (SDGs Pavillion) muri Qatar.
Kuri uyu wa mbere hakinwe imikino y’umunsi wa kabiri w’igikombe cy’Isi 2022 aho u Bwongereza bwanyagiye Iran ibitego 6-2 naho u Buholandi bigoranye butsinda Senegal 2-0.
Kuri iki cyumweru mu nyubako y’imikino izwi nka BK ARENA, hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo gushimira abasora aho ikipe y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG VC na APR y’abagore ari zo zegukanye ibikombe.
Imibare igaragara ku rubuga rwa Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) yerekana ko mu Rwanda ingo zifite amashanyarazi ziyongereye, ndetse n’izituye kure y’imiyoboro ubu zikaba zifite amashanyarazi zibikesha ahanini ibikoresho bitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba. Ubu mu Rwanda ingo zifite amashanyarazi (…)
Polisi y’u Rwanda yatanze umuburo ku batwara ibinyabiziga, bagendera ku ruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rutari urwabo. Ni nyuma y’uko abantu babiri batwara abagenzi kuri moto bazwi nk’abamotari, batawe muri yombi mu bikorwa bitandukanye byakorewe mu Mujyi wa Kigali, bafite uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwanditse mu (…)
Perezida wa Kenya Dr. William Ruto yagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu rwego rw’ibiganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’iki Gihugu.
Louise Mushikiwabo ni Umunyamabanga Mukuru wa kane w’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF), umwanya yatorewe bwa mbere muri 2018 (Yerevan, Armenia), yongera kugirirwa icyizere cyo kuyobora indi myaka ine mu nama ya 18 ya OIF (Djerba, Tunisia) kuwa 19 Ukwakira 2022.
Mu gihugu cya Australia, abanyeshuli 11 bakomeretse ubwo bari mu igerageza rya siyansi. Amakuru dukesha BBC aravuga ko abanyeshuri babiri muri abo 11 bakomeretse, ari bo bahiye bikabije, bahita bajyanwa kwa muganga, naho abandi icyenda (9) bo byavugwaga ko bahiye byoroheje.
Mu gace kazwi nko muri Buranga mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, habereye mpanuka yahitanye ubuzima bw’abantu babiri, ikomerekeramo abantu 20 barimo babiri bakomeretse bikomeye.
Sr Uwamaliya Immaculée, ukunze gutanga inama zitandukanye zigamije kubaka umuryango mwiza, ni umwe mu bari bitabiriye gahunda yateguwe n’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barangije Kaminuza ‘GAERG’, mu rwego rwo kurebera hamwe uruhare rw’umuryango mu kwita ku buzima bwo mu mutwe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buravuga ko gutoza umwana isuku, byatuma n’abakuru baboneraho kuko usanga umuco wo kugira isuku ku bakuze utitabwaho kubera uko bakuze bisanga mu muryango nyarwanda.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, avuga ko ntawanyeganyeza u Rwanda mu gihe rufite ururimi n’umuco umwe, ahubwo ko umwanzi Igihugu gifite rukumbi ari ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri.
Ikipe ya Gicumbi Handball Team na Kiziguro SS ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Coupe du Rwanda” ryabaye mu mpera z’iki cyumweru mu mukino wa Handball
Habiyaremye Jean Pierre Celestin wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko yatangaje ko yeguye ku mirimo ye none tariki ya 21 Ugushyingo 2022 ku mpamvu ze bwite. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Depite Habiyaremye yavuze ko impamvu yeguye yabitewe n’uko mu cyumweru gishize aherutse kwitaba Polisi abazwa ku makosa (…)
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 20 Ugushyingo, i Doha bitabiriye ibirori byo kwakira abashyitsi bitabiriye ibirori byo kwakira abayobozi bitabiriye ifungurwa ry’Igikombe cy’Isi. Ni ibirori byateguwe n’Umuyobozi w’Ikirenga (Emir) wa Qatar, HH Sheikh Tamim Bin Hamad.
Kuri iki cyumweru mu gihugu cya Qatar hatangiye imikino y’Igikombe cy’Isi 2022 cyatangiye Qatar yakiriye itsindwa na Ecuador ibitego 2-0 mu mukino ufungura wo mu itsinda rya mbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bufatanyije n’Umuryango Mpuzamahanga uteza imbere imikurire iboneye y’umwana na serivisi zidaheza (Humanity& Inclusion), bagiye kwita ku basaga ibihumbi 18 mu buryo budaheza mu mashuri mu gihe cy’imyaka itanu.
Urwego rw’Umuvunyi mu minsi ishize rwakoreye mu Karere ka Ngororero rwakira ibibazo hafi 300, bigizwe n’ibyiciro bitatu, harimo ibibazo bisaga 170 bitari byarabonewe ibisubizo.
Kuva ku wa Mbere tariki 21 Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda iregereza serivisi zo gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga abatuye n’abakorera mu Karere ka Rubavu mu rwego rwo kubafasha kubona iyi serivisi mu buryo buboroheye.
Mu Turere dutandukanye tugize Intara y’Iburasirazuba, mu mpera z’icyumweru hakozwe umuganda udasanzwe w’urubyiruko wibanze ku bikorwa byo kubakira abatishoboye, gutera ibiti ndetse no gusibura imirwanyasuri.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 20 Ugushyingo 2022, yageze i Doha muri Qatar aho yitabiriye itangizwa ry’imikino y’Igikome cy’Isi cya 2022.
Kuri iki cyumweru ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mukura VS 2-2 mu mukino w’umunsi wa cumi wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali, Rayon Sports itakaza amanota mu mikino ibiri yikurikiranya.
Mu muganda ngarukakwezi wahariwe Urubyiruko mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022, ab’i Kigali bateye ibiti bigera ku 5000 bizakumira isuri ku musozi wa Ryamakomari mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yashimiye abasora ariko anabasaba gusezera ku mvugo ya ‘Ese urashaka EBM cyangwa ntayo ushaka?’ bagaharanira gukomeza gukoresha inyemezabwishyu ya EBM (Electronic Billing Machine), badategereje kuyisabwa n’umuguzi, ahubwo bikaba umuco ubaranga.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema, ntabwo azakina Igikombe cy’Isi 2022 gitangira kuri iki Cyumweru muri Qatar. Ibi ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yabyemeje mu ijoro ryakeye, ivuga ko kubera imvune uyu mugabo w’imyaka 34 atazagaragara muri iri rushanwa riruta ayandi mu mupira w’amaguru ku isi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali busaba abantu kwirinda kujya ahantu hatera imyuzure mu gihe cy’imvura, cyane cyane mu bice byegereye ruhurura muri Kimisagara, Rwandex, mu Kanogo n’ahitwa ku Mukindo mu Gakiriro ka Gisozi.
Ubuyobozi bw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo bwasabye ko umurambo w’umusirikare wabo warasiwe mu Rwanda uzanwa muri Congo. Umuyobozi w’igisirikare cya Congo mu Karere ka 34 Maj Gen Mpezo Mbele Bruno yandikiye ishami rya EJVM asaba ko babafasha mu gikorwa cyo gucyura umurambo w’umusirikare wabo (…)
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidari y’ishimwe na ONU. Uyu muhango wabaye tariki 19 Ugushyingo 2022 mu mujyi wa Juba, ahari icyicaro cy’ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt1).
Kompanyi ikora mu bijyanye n’ikoranabuhanga yitwa NETIS RWANDA Ltd yateguye umunsi bise NETIS Technology Day, kugira ngo ihuze abakiriya bayo n’abantu bafasha mu kwigisha abakozi bayo, n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, kugira ngo basobanurirwe icyerekezo NETIS ifite muri rusange.
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR Inkotanyi mu Karere ka Gasabo rwiyemeje guteza imbere ubushobozi bw’umugore mu kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo mu nteko rusange y’abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu (…)
Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), umwanya yari asanzweho, akaba yari arangije manda ya mbere y’imyaka ine.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu yatsinze Sudan igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri stade ya Kigali, ibona intsinzi nyuma y’amezi icumi atazi gutsinda uko bimera.