Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 yaraye igarutse mu Rwanda aho ivuye muri Libya mu gukina umukino ubanza wo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika U-23
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19 akaba yabonetse mu bipimo 1,713. Umuntu umwe wanduye yabonetse i Kigali. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ari abantu 1,466.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ikomeje imyitozo mu gihugu cya Maroc, irakina umukino wa kabiri wa gicuti kuri uyu wa Kabiri aho ihura na St Eloi Lupopo yo muri Congo
Nk’uko bisanzwe mu Rwanda, ku wa Gatandatu usoza buri kwezi abayobozi bifatanya n’abaturage mu muganda rusange, mu rwego rwo kubaka no gutunganya ibikorwa remezo mu mirenge inyuranye.
Umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri 2022, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku bikorwa byo gukumira ibiza, ahacukuwe imirwanyasuri izibira amazi kujya mu mirima ndetse abaturage basabwa kuzirika ibisenge by’inzu zabo no gufata amazi azivaho, kwita ku mibereho y’abageze mu zabukuru no kujyana ku ishuri abana bose bagejeje igihe (…)
Amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye(Tronc Commun) aratangazwa kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nzeri 2022.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda(Traffic Police), rivuga ko ryafashe ibinyabiziga 2,753 mu byumweru bibiri bishize, isanga bidafite uruhushya rugaragaza ko bifite ubuziranenge mu bya tekinike (Contole Technique).
Ikiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, binyuze mu nsanganyamatsiko zitandukanye.
Abana biga ku bigo bitandukanye byo muri Kigali, tariki 24 Nzeri 2022 bahuriye ku cyicaro cy’umuryango witwa Prime Biodiversity Conservation, giherereye mu Karere ka Kicukiro, berekwa filimi, bahabwa n’ibiganiro byose bigamije kubatoza kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije bakiri bato mu rwego rwo gutegura Isi yabo (…)
Nyuma y’uko tariki 24 Nzeri 2022 imbogo ebyiri zitorotse Pariki zigatera abaturiye Pariki y’Ibirunga, by’umwihariko abo mu Murenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, Semivumbi Felicien w’imyaka 70 zakomerekeje, yitabye Imana nyuma yo kugezwa mu bitaro bya CHUK.
Umuryango w’Urubyiruko ‘Our Past Initiative’ ku bufatanye na Banki ya Kigali (BK) batangije igikorwa cyo kubaka icyumba cy’abakobwa ku ishuri ribanza rya Ngeruka. Ni igikorwa cyatangijwe n’abakozi ba BK hamwe n’abagize umuryango Our Past Initiative bafatanyije n’abatuye mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera, mu (…)
Abafana b’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’abanyenyanza muri rusange, bishimiye gusabana n’iyi kipe bakunda ku wa 24 Nzeri 2022. Bahuriye muri gahunda yiswe ‘Gikundiro ku ivuko’ yabimburiwe n’umuganda wo gutunganya umuhanda uturuka ahitwa Kwa Hadji ukanyura mu Mudugudu wa Kavumu ukomokamo abakinnyi benshi batangije iyi kipe, (…)
Umukino ngarukamwaka w’intoranywa (All Star Game) w’uyu mwaka wegukanywe n’ikipe ya Axel Mpoyo itsinze ikipe ya Hagumintwari Steve amanota 126 kuri 116. Ni umukino wabaye ku mugoroba mu nyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK ARENA, aho wahuje abakinnyi batoranyijwe na Hagumintwari Steve ndetse na Axel Mpoyo.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 25 Nzeri 2022, habaye igitaramo muri BK ARENA (RBL All Star Game 2022). Ni igitaramo cyatumiwemo itsinda rya Sauti Sol ryo muri Kenya, Ish Kevin, Christopher, n’abandi.
Akarere ka Gasabo n’Ikigo gikora ubwikorezi mu mahanga cyitwa Multilines International batangije ibikorwa byo gukumira isuri baca amaterasi ku musozi wa Bumbogo utembaho isuri ikica abaturage.
Icyorezo cya Covid-19, ibibazo bya politiki n’umutekano hagati y’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere, biri mu by’ibanze byabangamiye ubucuruzi bwambukiranya imipaka, ariko nk’uko byemezwa na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Ngabitsinze Jean-Chrysostome, ibintu bitangiye gusubira mu buryo.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cya Uganda rivuga ko abantu 11 bamaze kwicwa n’icyorezo cya Ebola mu Majyaruguru ya Uganda mu Karere ka Mubende. Abantu 25 bari gukurikiranwa n’inzego z’ubuzima aho 6 muri bo byemejwe ko banduye iyi ndwara mu gihe 19 muri bo bikekwa ko baba baranduye iki (…)
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 17 ntabwo izitabira imikino ya CECAFA izabera mu gihugu cya Ethiopia kuva tariki 30 Nzeri 2022, imikino izatanga itike y’Igikombe cya Afurika mu batarengeje iyo myaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratanganza ko u Rwanda rurimo gukurikiranira hafi icyorezo cya Ebola giheruka kugaragara mu gihugu cya Uganda. MINISANTE ivuga ko n’ubwo Ebola atari ubwa mbere bayumvise kuko n’ubushobozi bwakoreshejwe mu bihe byo guhangana na Covid-19 ari ubwari bwarubatswe mu gihe hirindwaga Ebola, yari (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 23 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu babiri banduye Covid-19, mu bipimo 1,870 byafashwe.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, byibanze ku musanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro.
Ku wa Kane tariki 22 Nzeri 2020 urubyiruko rusaga ibihumbi 50 rwo mu Mujyi wa Kigali, rwasoje amahugurwa azwi nka Gahunda y’Intore mu biruhuko na ’Active holiday’, igikorwa cyabereye kuri ‘Maison de Jeunes’ Kimisagara.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "AMAVUBI" yanganyije na Guinea mu mukino wa gicuti, umukino wagaragayemo abakinnyi babiri bakiniraga u Rwanda ku nshuro ya mbere
Abahinzi bo mu Karere ka Muhanga by’umwihariko abo mu gice cya Ndiza mu Murenge wa Rongi, barifuza guhabwa ifumbire y’imborera kuko bahinze ubuso bugari ugereranyije n’ubwo bahingagaho.
Abanyamategeko batandukanye bavuze ku gihano Edouard Bamporiki wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ashobora guhabwa kikaba gishobora kuba gufungwa imyaka 7 n’ihazabu ya Miliyoni 50 ku byaha akurikiranyweho byo kwaka indonke no gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko.
Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yavuze ko agiye gukoresha uburyo bwose bw’intwaro afite mu gihe Amerika n’u Burayi bakomeza gusagarira igihugu cye cyangwa ibice bya Ukraine birimo komekwa ku Burusiya.
Umugabo witwa Joey Lykins w’imyaka 35 y’amavuko, yatangajwe no kumenya ko iherena yabuze ubwo yari aryamye nijoro mu myaka itanu ishize, ryabonetse muri kimwe mu bihaha bye.
Ubuyobozi bw’ikigega gitera inkunga imishinga y’iterambere (BDF) bwatangaje ko bugiye guhagarika ishoramari nterankunga ku mishinga mito n’iciriritse (SMEs) nyuma yo gusanga ubwo buryo butarimo gutanga umusaruro neza.
Abahagarariye ibihugu bigize umuryango wa COMESA, barasaba abantu bafite imishinga ijyanye n’ibikorwa rememezo by’umwihariko iy’amashanyazi, kwegera ubuyobozi bw’uwo muryango kugira ngo ubafashe kubona inguzanyo mu buryo bworoshye.
Ibi MINALOC ibitangaje mu rwego rwo korohereza abanyeshuri kujya gutangira igihembwe cya mbere cy’Umwaka w’Amashuri 2022/2023.
Banki ya Kigali (BK Plc) yamaze ababyeyi impungenge z’aho bakura ibikoresho n’amafaranga y’ishuri ibashishikariza kugana ishami ryayo riberegeye bagahabwa avansi ku mushahara cyangwa ku mafaranga abitswa kuri konti zabo buri gihe.
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko mu minsi mike azagirira uruzinduko mu Rwanda, akaba ateganya ko azungukiramo ubumenyi mu bijyanye n’ubworozi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022, Perezida w’Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Egide Nkuranga, avuga ko IBUKA izakomeza kwamagana icyemezo cy’urukiko rwa rubanda rwa Paris gifungura Laurent Bucyibaruta.
Ababyeyi bakunze kugaragaza impungenge iyo bigeze mu gihe cyo kwishyura amafaranga y’ishuri y’umwana kuko bitwara iminsi no kugaragaza icyifuzo cyo gukurikirana imibereho yabo ku mashuri.
Guhera ku itariki ya 1 kugeza ku ya 5 Ugushyingo uyu mwaka, mu Rwanda hazongera kubera irushanwa mpuzamahanga ry’amagare yo mu misozi ‘Rwandan Epic 2022’, rizaba rigizwe n’uduce dutanu.
Abahanga mu by’imiti hamwe n’abaganga bose mu Gihugu bahawe amabwiriza ababuza gucuruza no gukoresha umuti wa Broncalène, bitewe n’uko umuntu wawuhawe iyo atewe ikinya ngo ashobora kubyimba imiyoboro itwara amaraso mu mubiri bikaba byamuviramo urupfu.
Ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi wa RDC hamwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, byabaye tariki 21 Nzeri mu mujyi wa New York muri Amerika aho aba bayobozi bitabiriye inama ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.
Bamwe bamwita ‘Umukecuru wa Mukura’, abandi bakamwita ‘Mama Mukura’ kubera ko ari umufana uzwi w’iyi kipe y’umupira w’amaguru yo mu Karere ka Huye. Ariko ubundi yitwa Madeleine Mukanemeye.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 22 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID), Samantha Power.
Umuhanzi Alyn Sano yashyize hanze indirimbo nshya mu buryo bw’amajwi n’amashusho yise ‘Radiyo’ avuga ko ari indirimbo y’urukundo hagati y’umuhungu n’umukobwa.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri ya Leta bigaburira abana ku ishuri, barasaba Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) kubifasha kubona amafaranga akoreshwa mu kubona ifunguro ry’abanyeshuri, kuko kugeza ubu ataraboneka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 22 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19, mu bipimo 1,757 byafashwe. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,466 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Mu cyanya cyahariwe inganda mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, hashize amezi atatu hatangijwe uruganda rukora ifu ya kawunga, ariko kubera kutagira imashini yumisha umusaruro, ntirukora buri munsi.
Iyo havuzwe abasirikare b’umubiri cyangwa ubudahangarwa bivuze insoro zera (globules blancs/white blood cells), arizo zifasha umubiri guhangana n’indwara zinyuranye cyane cyane iziterwa na mikorobe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasohoye itangazo ihumuriza Abaturarwanda bose ko nta cyorezo cya Ebola kiragaragara mu Rwanda. MINISANTE ishishikariza buri wese kutirara no gukaza ingamba zo kwirinda no gukumira iki cyorezo kugira ngo kitagera mu Gihugu.