Umunyarwanda ugeze mu Bubuligi cyangwa ubayo, ashobora gusura inzu ndangamurage ya Africa Museum, agasobanukirwa na byinshi mu byaranze amateka y’urwanda byo mu myaka ya kera biri muri iyo nzu.
Abantu 20 bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa ibicuruzwa bya magendu n’ibyarengeje igihe, bakemeza ko babonye isomo ryo kutongera kugwa muri ayo makosa.
kipe ya REG BBC nyuma yo kwihuza n’Ubumwe Basketball Club yiyemeje kuba ikipe ihatanira ibikombe mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye akazi Ingabo na Polisi b’u Rwanda bakoze mu kubohoza uduce twari twarigaruriwe n’ibyihebe muri Mozambique, ariko ababwira ko akazi ari bwo kagitangira kuko bafite inshingano zo kurinda abaturage no kubungabunga umutekano muri ibyo bice.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, kuva ku wa Gatatu tariki ya 22 Nzeri kugeza tariki ya 23 Nzeri ryatanze amahugurwa ku bakozi bo mu ruganda rwa Bralirwa ishami rya Gisenyi mu Karere ka Rubavu. Ni amahugurwa yari agamije guhugura abakozi b’uru ruganda uko bakwirinda inkongi n’uko (...)
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakurikiranyweho kwiyitirira polisi bagatanga impushya zo gutwara ibinyabiziga ku bantu batandukanye babasabye amafaranga.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rusororo mu Mujyi wa Kigali buratangaza ko nibura abakobwa 15 bahohoterewe mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro n’aho babumbira amatafari, bakaba ngo barasambanyijwe bataruzuza imyaka y’ubukure.
Kuri uyu wa 24 Nzeri 2021, u Rwanda rurita amazina abana b’ingagi 24 baheruka kuvuka baba muri Pariki y’igihugu y’Ibirunga, umuhango ugiye kuba ku nshuro ya 17, ukaba uteganyijwe gutangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ukaza kuba hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19, nk’uko byagenze (...)
Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), yasabye Ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA) gukurikirana bakarebam ikihishe inyuma y’ibikorwa binyuranyije n’amategeko byadutse mu turere tumwe na tumwe, aho batira amasezerano mu gihe bagiye gutanga (...)
Mu myenda ya gisirikare, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Mozambique Filipe Nyusi baganiriye n’Ingabo na Polisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo guhashya imitwe yitwaje intwaro muri Mozambique bafatanyije n’Ingabo z’icyo gihugu.
Ku wa Gatatu tariki ya 22 Nzeri 2021, ku bufatanye n’abaturage bo mu Karere ka Nyagatare, Polisi yafashe Maniriho Samuel w’imyaka 19 nyuma yo kwambura abacuruzi amafaranga ababwira ko ari umukozi w’Akarere ushinzwe imisoro, yafatiwe mu Murenge wa Mukama, Akagari ka Kagina, Umudugudu wa Nyakagarama.
Mu gihe Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), gikomeje gukora ubushakashatsi mu kongera imbuto nshya z’ibirayi, icyo kigo kirimo no guhugurira abahinzi gutubura imbuto, kugira ngo haboneke imbuto nziza kandi zihagije.
Perezida Kagame yageze muri Mozambique mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, akaba yageze muri icyo gihugu kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021. Mu ruzinduko rwe biteganyijwe ko aganira na mugenzi we Filipe Nyusi, hanyuma agasura Ingabo na Polisi b’u Rwanda bari muri icyo gihugu mu bikorwa byo kugarura umutekano.
Nyuma y’uko abanyeshuri 27 biga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR-Huye) bagiye mu bitaro, biturutse ku biryo bihumanye bariye muri Resitora Umucyo iherereye ahitwa kwa Wariraye, iyo resitora yabaye ifunzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bufatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), burakangurira abahinzi kwihutisha ibikorwa byo gutera imbuto ku ma site atandukanye ahujweho ubutaka, ku buryo nibura impera z’icyumweru gitaha, bazaba barangije iyo mirimo, kugira ngo babone uko bakurikizaho (...)
Umuryango witwa Centre Marembo watangiye umushinga wo kwigisha mu gihe gito imyuga y’ubwubatsi no gutwara moto, abakobwa bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina barimo ababyariye iwabo n’abahoze ari abana bo ku muhanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 23 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 314, bakaba babonetse mu bipimo 11,168. Abitabye Imana ni barindwi (7), akaba ari abagore bane (4) n’abagabo batatu (3).
Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) gashinzwe kurwanya icyorezo cya Covid-19, kashyize u Rwanda mu bihugu bigomba gukurirwaho amabwiriza yo gukumirwa, abuza abaturage b’ahandi kwinjira kuri uwo mugabane ku bwo kwirinda Covid-19.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, araburira abacuruza utubari kutarenga ku mabwiriza yashyizweho, kugira ngo umuntu yemererwe gufungura kuko uzabirengaho kazafungwa ku buryo bizamugora kongera kugafungura.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), bashyizeho amabwiriza agenga ifungurwa ry’utubari, nyuma y’igihe kirekire dufunze kubera kubahiriza amabwiriza yo kurwanya Covid-19. Ayo mabwiriza asohotse hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa (...)
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Musanze, rwahanduye amavunja umusore wo mu Kagari ka Cyogo mu Murenge wa Muko, wari umaze igihe yugarijwe n’indwara y’amavunja kugeza ubwo yari atakibasha kugenda neza.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nzeli 2021 mu masaha y’amanywa, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda icyenda bari bafungiye mu gihugu cya Uganda.
Uruganda rwa SKOL rukora inzoga za SKOL na Virunga ndetse n’amazi, rwasinye amasezerano y’imyaka itatu yo gufasha umuryango utari uwa Leta witwa ‘Gira Impuhwe’, usanzwe ukora ibikorwa byo gufasha imiryango itishoboye ifite ibibazo bitandukanye.
Umugabo n’umugore we batawe muri yombi nyuma yo gufatirwa mu cyuho mu rugo rwabo ruherereye mu Murenge wa Nkotsi, ku wa Gatatu tariki 22 Nzeri 2021, barimo bahabagira inka yari yibwe umukecuru witwa Bosenibo Zerda wo mu Murenge wa Rwaza, bahita batabwa muri yombi.
Kiliziya Gatolika mu Rwanda yasoje iperereza ryerekeye ishyirwa mu bahire n’abatagatifu kuri Sipiriyani na Daforoza Rugamba n’abana bapfanye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, aratangaza ko gufungura utubari mu byiciro bishingira ku byo inama z’umutekano zitaguye mu turere ziza kwemeranywaho nk’amabwiriza mashya yo gufungura utubari.
Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 21 Nzeri 2021 yemeje ko utubari tugiye gufungura nyuma y’igihe kirekire twari tumaze dufunze, hari abishimiye ko bagiye kujya banywa inzoga nta nkomyi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi ryatoranyije u Rwanda nk’igihugu kizakira shampiyona y’amagare ku isi, aho rwari rubihanganiye na Maroc
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille n’inzego z’Umutekano muri iyo Ntara, bakomeje gahunda yo kwegera abaturage, hagamijwe kubakangurira kurwanya ibyaha, akarengane na ruswa no kwakira bimwe mu bibazo bafite binashakirwa umuti.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yo gutegura umwaka w’imikino wa 2021/2022, ifite abakinnyi bakomeje gukoramo igeragezwa harimo n’aba batoza abamaze gushima
Abaturage bo mu turere 15 mu tugize igihugu, bagiye gufashwa kwihaza mu biribwa no kuzahura ubukungu, binyuze mu mushinga wo kuboroza amatungo magufi.
Umuyobozi w’ihuriro nyarwanda ryita ku mibereho myiza y’abafite ubumuga bw’uruhu rwera, Uwimana Fikili Jadyn, avuga ko abafite ubwo bumuga mu Karere ka Kirehe bagiye kubumbirwa mu matsinda y’imishinga mito, izatuma babasha kwiteza imbere bityo ntibakomeze kwiha akato kuko akenshi bagaterwa n’ubukene.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 22 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 256, bakaba babonetse mu bipimo 9,431. Abitabye Imana ni batanu (5), akaba ari abagore bane (4) n’umugabo umwe (1). Abahawe doze ya mbere y’urukingo ni 1,968,873, na ho abahawe iya kabiri ni 23,803
Inzego z’Umuryango w’Abibumbye zatangaje ko haje imfashanyo z’ubutabazi mu Mujyi wa Palma mu majyaruguru ya Mozambique ku nshuro ya mbere, kuva igitero kinini cyagabwa kuri uwo mujyi muri Werurwe uyu mwaka, bikozwe n’abarwanyi b’umutwe wa Kiyisilamu bitwaje intwaro.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko wo mu Kagari ka Rugarama mu Murenge wa Mukama yitabye Imana agwiriwe n’urukuta rw’inzu, amazu 38 avaho ibisenge andi 14 akaba na yo yangiritse bikomeye ku buryo ashobora kugwa kuko yinjiyemo amazi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, iraburira abishora mu bikorwa bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, ndetse n’ubucuruzi bw’ibintu bitemewe kubireka hakiri kare, mu kwirinda kugongana n’amategeko ahana mu gihe hagize ufatiwe mu byaha nk’ibyo.
Karasira Jean Jacques ni umwe mu bari bagize Orchestre Pakita yamamaye cyane ahagana muri za 80, mu ndirimbo nka Kanyota, Kariya gacaca, Leoncia, Icyampa umuranga, Mutima ukeye n’izindi.
Abanyamategeko baganiriye na Kigali Today bavuga ko bitaramenyekana neza ahazava indishyi Rusesabagina n’abandi bo muri MRCD-FLN, bagomba kwishyura ababuriye ababo n’ibyabo mu bitero byagabwe i Nyaruguru na Nyamagabe mu myaka ya 2018-2019.
Abantu 20 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bafunzwe bakurikiranyweho gucuruza ibicuruzwa bya magendu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Nzeri 2021 yakiriye indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutabera, Dr. Emmanuel Ugirashebuja.
Umushoferi w’imbangukiragutabara akurikiranyweho kwiyitirira urwego rwa polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), akambura abashoferi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB), kiratangaza ko gukoresha ibizamini mu buryo bw’ikoranabuhanga bigamije guca burundu ikimenyane, ruswa n’akarengane byagaragaraga mu ishyirwa mu myanya ry’abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyakabanda I, Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, bahangayikishijwe n’abana bato bari mu kigero cy’imyaka irindwi (7), biba ibiribwa ku modoka zibigemura birimo ibirayi, ibitoki n’ibindi, abo bana bakaba baturuka muri uwo murenge, rimwe na rimwe n’abaturuka ahandi.
Banki ya Kigali yifatanyije n’Umuryango utari uwa Leta witwa ‘Umuhuza’, muri gahunda yo gufasha abaturage kwiyongera ubumenyi, batashye amasomero atatu y’ibitabo mu Murenge wa Rutunga w’Akarere ka Gasabo, ku wa Kabiri tariki 21 Nzeri 2021.
Ku itariki 21 Nzeri 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yagabiye imiryango yo mu Turere twa Rutsiro na Rubavu inka 18 n’intama 40.
Ababyeyi bo mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubukene atari impamvu nyamukuru ituma abana baba inzererezi, kuko abakene ataribo bonyine bafite abana b’inzererezi.
Ibyuma by’amashanyarazi byashyizwe ku muhanda munini Muhanga-Ngororero-Rubavu bituma Camera zishinzwe umutekano mu muhanda zifotora ibinyabiziga byarengeje umuvuduko, byibiwe mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Muhororo n’abantu batahise bamenyekana.
Inzego zitandukanye za Leta zashyizweho mu gihe na nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 zakuweho, inshingano zazo zijya mu maboko ya Minisiteri nshya iherutse gushyirwaho mu Rwanda ari yo MINUBUMWE (Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu).
Umushakashashatsi mu nzu ndangamurage ya Africa Museum mu Bubiligi, aho asanzwe akora ubushakashatsi ku bumenyi bwo mu nda y’isi ku gace u Rwanda ruherereyemo, avuga ko ibara ry’umugezi wa Nyabarongo ry’ikigina rishobora guhinduka, uwo mugezi ukaba urubogobogo.