Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko mu 2028, hazashyirwaho Pariki y’Ibirwa, abayisura bakazajya bahasanga inyoni, aho gukorera siporo, imikino ya Golf, ibyanya bijyanye n’imiti gakondo n’ibindi.
Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’Amavubi, Fitina Omborenga wari umaze umwaka umwe muri Rayon Sports yakoze ikizamini cy’ubuzima mbere yo gusubira muri APR FC yari yavuyemo mu 2024.
Kuri uyu wa Kabiri, Police FC yatangaje ko yongereye amasezerano abakinnyi batatu barimo Mugisha Didier wagiranye ibiganiro na Rayon Sports.
Kuri uyu wa Kabiri, Abanyamuryango ba Musanze FC batumiwe mu Nteko Rusange izaberamo amatora ya Komite Nyobozi nshya izayobora nyuma y’uko Perezida na Visi Perezida beguye.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatangaje ko Umunya-Maroc Abderrahim Taleb w’imyaka 61 y’amavuko ariwe mutoza wayo mushya mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa.
Gahunda ya ’tunywe gacye’ iracyahari, ndetse n’imisoro ku byotsi n’inzoga iherutse kongerwa, byose bigamije gushakira abanyarwanda ubuzima bwiza, ariko abasanzwe banywa ibinyobwa bisindisha baravuga ko inzoga zizakomeza kunyobwa nk’ibisanzwe, dore ko ubu noneho utubari turushaho kubasanga mu muharuro wabo.
Muri Amerika, umugabo w’imyaka 35 ukomoka muri Leta ya Florida yahamijwe n’urukiko icyaha cy’uburiganya, nyuma yo gutabwa muri yombi amaze gukora ingendo 120 z’indege atishyura amatike, kuko yabaga yiyise umukozi wo mu ndege abeshya.
Mu ngengabihe y’umwaka w’imikino mu mupira w’amaguru wa 2025/2026, APR FC iratangira icakirana na Rayon Sports mu mukino w’igikombe kiruta ibindi "Super Cup"
Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena, basabye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’Ibidukikije ndetse n’izindi nzego za Leta zibifite mu nshingano kwita byihariye ku mibereho y’abatuye mu birwa batagerwaho n’iterambere.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatanu 2025 nibwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko akazi ko gukora isuku ku mihanda no kubungabunga ubusitani buri kuri iyo mihanda katazongera guhabwa ibigo byigenga, ahubwo ko kagiye guhabwa amakoperative y’urubyiruko.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Tump, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social, yavuze ko "buri muntu agomba kwihutira guhita ava mu Mujyi wa Tehran (Iran)".
Zanshin Sport Solutions, yongeye gutegura amarushanwa ya Zanshin Karate Championships asanzwe agira umwihariko wo kugaragaramo icyiciro cy’abakiri bato.
Ikipe igizwe n’abakinnyi barimo Haruna Niyonzima, Muhadjili Hakizimana yatangiranye intsinzi mu Irushanwa rya Esperance Football Tournament ryateguwe n’umusifuzi mpuzamahanga Ishimwe Claude "Cucuri".
Abahoze bakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" ndetse n’abakanyujijeho ba "Uganda Cranes" bagiye kongera guhurira mu mukino wa gicuti
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko hagiye kongera gukorwa ubukanguramba ku mikoreshereze y’umuhanda ku banyeshuri biga mu bigo byo mu mujyi wa Nyagatare, ariko n’amashuri na yo agashyiraho urubyiruko rw’abakorerabushake bafasha abana kwambuka, abarimu (…)
Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Constant Mutamba, yabujijwe kurenga umurwa mukuru Kinshasa mu gihe hagitegerejwe ko atangira gukurikiranwa mu nkiko.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ba Ofisiye Bakuru basoje amasomo mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence Force Command and Staff College), gushora ubumenyi bacyuye mu bizamura iterambere ry’umutekano w’ibihugu byabo, bakayoborwa n’ubwo bumenyi barangwa n’ubunyamwuga mu kazi.
Ikipe ya Police HC nyuma yo kwegukana igikombe cya 10 cya shampiyona, abakinnyi, abayobozi n’abatoza bagiye kubyinira intsinzi mu karere ka Rubavu
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yagejeje kuri Komisiyo ya Sena y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu uko Politiki, amategeko n’amabwiriza bigenga imikoreshereze y’ubutaka byubahirizwa mu birwa.
Ikipe ya APR FC yasinyishije Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda wakiniraga Villa SC y’iwabo, mu kibuga hagati yugarira.
Diane Mutimucyeye wiga mu ishuri rya Science rya Nyamagabe (Ecole des Science Nyamagabe), amaze guserukira u Rwanda kabiri abikesha kuba azi imibare, ari na yo mpamvu kuri ubu avuga ko abandi batinya imibare nyamara we akaba yarayigiriyemo umugisha.
Nyiranshimiyimana Donatille wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze, arashima gahunda yo gutanga amaraso, nyuma yo gutabarwa na yo ubwo yari yagize ikibazo cyo kuva amaraso menshi amaze kubyara, nyamara we yari yaranze kwitabira gahunda yo kuyatanga.
Ku Cyumweru tariki 15 Kamena 2025, mu Karere ka Rubavu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hasorejwe irushanwa rya volleyball yo ku mucanga igice cya gatatu (Beach Volleyball National Tour III), aho abakinnyi ba APR VC bongeye kwitwara neza.
Tariki ya 14 Kamena buri mwaka u Rwanda rwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe gutanga amaraso hakanashimirwa abagiraneza biyemeje kuyatanga.
Ikipe y’Igihugu ya Tanzania yegukanye Irushanwa Mpuzamahanga ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryaberaga mu Rwanda kuva tariki 3 Kamena 2025.
Amarushanwa Umurenge Kagame Cup yari amaze iminsi abera mu Rwanda yasorejwe mu karere ka Musanze kuri iki cyumweru
Muri iki gihe ubuzima bukomeza kugenda buhenda, ari na ko abantu bakomeza kuvumbura amayeri yo gushaka ifaranga, biragoye kwemeza niba ikiribwa, ikinyobwa cyangwa igikoresho runaka uguze ari icy’umwimerere keretse iyo cyakorewe ubugenzuzi n’ababifitiye ububasha n’ubumenyi.
Umushinga wa Leta ugamije kongera umusaruro w’Ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa (Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project/SAIP) hamwe n’uturere wakoreyemo tw’Iburasirazuba, bavuga ko imirima y’abahinzi bashoboye gutanga umusaruro igiye kuba amashuri yigishirizwamo guhangana (…)
Hari amatsinda ya WhatsApp menshi mbarizwamo y’abo twiganye, twaturanye, twasenganye, cyangwa twagendanye hano na hariya, ibyo ni ibisanzwe.
Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas (Tom Close), yibukije abantu bagifite impungenge zo gutanga amaraso, ko gutanga amaraso bitagendera ku byiciro by’imibereho y’abantu, ahubwo ko bireba buri wese ufite ubuzima buzira umuze.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Police HC yegukanye shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsinda APR HC imikino 3-0 muri kamarampaka.
Mu mwaka w’ibihumbi bibiri na rimwe ntawari uziko umuntu ashobora gukorera mu rugo kandi akazi kagakorwa neza.
Ababyeyi barashimira Leta y’u Rwanda yabashyiriyeho gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECD), irimo gufasha abana kugira imikurire myiza, n’ababyeyi bakabona uwo basigira abana n’abuzukuru bakajya mu mirimo ibateza imbere.
Prince Salomon, umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, yasohoye indirimbo nshya yise God Thank You (Ndagushimira Mana), ifite ubutumwa bwo gushimira Imana ku byo yamukoreye byose, yaba mu bihe byiza ndetse no mu bihe bikomeye yanyuzemo.
Abahanga, ndetse n’inararibonye mu burezi, bavuga ko kubaka uburezi budahereye ku mashuri y’inshuke, ntaho bitaniye no kubaka inzu idafite umusingi uhamye.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Huye, Gervais Butera Bagabe, avuga ko umucuruzi wagize uruhare muri Jenoside atumvaga umurimo we.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), kiratangaza ko hari kwigwa uburyo amanota abana babona mu masuzuma atandukanye bakora ku ishuri, kuva mu mwaka wa kane w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, azatuma abana badakomeza gusibira cyangwa guta amashuri.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yasobanuye impamvu umwarimu ahabwa imyaka itatu kugira ngo abe yasaba kwimurirwa ku kindi kigo cy’ishuri, aho yemeza ko guhitamo iyo myaka itatu basanze ari bumwe mu buryo bwo kwirinda akavuyo ku mashuri bikaba byaba mu bidindiza ireme ry’uburezi.
Kuri uyu wa Gatanu, amakipe ya Tanzania na Zimbabwe yageze ku mukino wa nyuma w’Irushanwa ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Cricket asezereye u Rwanda na Uganda muri 1/2.
Abasoje amahugurwa ya ‘Urumuri Program’, bitezweho kuzana impinduka nziza mu kurengera ibidukikije bahangana n’imihindagurikire y’ikirere, binyuze mu mishinga yabo.
Abashinzwe uburezi mu bagaragaza ko ubucucike mu mashuri, ubumenyi bw’umwarimu mu kwigisha, biri mu bituma umunyeshuri atsindwa agasibira, cyane ku banyeshuri b’abanyantege nke nk’uko bigaragara mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, aho mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri abana basibira biyongereye.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwijeje abakiriya bayo by’umwihariko abatuye mu Karere ka Gatsibo, ko bagiye kurushaho kwihutisha no kunoza serivisi kuko igihe ari amafaranga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze REB nticyemeranya n’abavuga ko amashuri y’inshuke ashishikazwa no kwigisha indimi gusa, ariko ntiyite ku kumenya neza ibitekerezo by’umwana.
Amafi cyangwa se amasamaki ni amafunguro akundwa n’abantu benshi, cyane cyane abaturiye amazi aho amafi aboneka mu buryo bworoshye kandi kenshi, gusa hari n’abayakunda nubwo byaba bibasaba kujya kuyagura ku isoko kure, kubera gusa ko bayafata nk’inyama nziza ku mubiri wabo, kuko avugwaho kuba agira amavuta macyeya (…)
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yabeshyuje amakuru amaze iminsi avugwa ko Leta yaba igiye kongera amafaranga y’ishuri mu mashuri ya Leta, ndetse no kongera uruhare rw’ababyeyi mu ifunguro ry’umwana ryo ku ishuri(Schoolfeeding).
Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’amashuri y’ibanze muri REB Dr. Flora Mutezigaju, arasaba abarimu n’ababyeyi bita ku bana biga mu mashuri y’inshuke, birinda kubasibiza kuko binyuranyije na gahunda ya Leta yo kwiga no kwigisha mu mashuri y’inshuke.
Abagize Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo mu Karere ka Musanze, bibukijwe ko amahirwe y’ishoramari bafite ubu atari ayo gushora mu bikorwa bisenya Igihugu n’ibindi bidafite umumaro, ahubwo ko bakwiye kuyakoresha mu gusigasira ibyagezweho.
Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph mu Kiganiro yagiranye n’inzego zitandukanye kuri uyu wa gatanu tariki 13 Kamena yavuze ko Leta iteganya kongera umubare w’abana bajyanwa mu mashuri y’incuke ukava kuri 45% ukagera kuri 65% umwaka w’amashuri uzatangira mu kwezi kwa Cyenda.