Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga, NCPD, mu Ntara y’Amajyepfo, irasaba ko serivisi z’ubuvuzi bakoresheje ubwishingizi bwa Mituweli zarushaho kunozwa, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima iherutse kubyemeza.
Nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025, impunzi z’Abanyekongo zambutse umupaka wa Kamanyola mu Karere ka Rusizi, zihunga imirwano ikomeye irimo kubera muri ibyo bice ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kugeza ubu urujya n’uruza rwahagaze ku ruhande rw’umupaka uhuza u Rwanda (…)
Biteganyijwe ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uyu munsi yakira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida wa Republika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, mu biro bye (White House), mu muhango wo gusinyana amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu by’ubukungu.
Kuri uyu 4 Ukuboza 2025, i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hategerejwe umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, hakinwe agace ka gatatu k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025, kegukanwe na Daniel Gathof na Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro yongereye amahirwe yo gutwara iri siganwa rizasozwa ku wa Gatanu.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yatsinze umukino wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda 2025-2026, itsinda Gasogi United ibitego 2-0.
Perezida Paul Kagame yageze i Washington muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho biteganyijwe ko azahura na Perezida Donald Trump, ndetse akanashyira umukono ku masezerano ya nyuma aherekeza amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, burasaba abayobozi bawo mu nzego z’ibanze kuba intangarugero, kugira ngo abaturage babarebereho ibyiza, kuko iyo abayobozi badatanga urugero rwiza n’abayoborwa bitwara nabi.
Polisi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko abapolisi 74 barimo ba Komiseri babiri, bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.
Ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda baba muri Diaspora n’inshuti z’u Rwanda, wabereye i Paris mu Bufaransa mu mpera z’icyumweru gishize (Rwandan Diaspora Retreat 2025), Banki ya Kigali (BK), yabagaragarije amahirwe ahari yo gushora imari mu rugendo rw’iterambere u Rwanda rukomeje.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya SURF Pro igizwe n’Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens yegukanye agace ka kabiri k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025 kari kagizwe n’intera y’ibilometero 76,1 mu bagore ikipe ya BeMC-Ndabaga irimo Ntakirutimana Martha yongera kwigaragaza.
Inzego zishinzwe umutekano zigizwe n’abasirikare ba RDF, Diviziyo ya 2, abapolisi ndetse n’abakozi ba RIB bakorera mu Ntara y’Amajyaruguru, bakoze igikorwa cyo gutera ibiti mu Mudugudu wa Kagano, Akagari ka Kagano, Umurenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye, yagaragaje ko ikibazo cy’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka itanu kidakwiye kureberwa gusa mu mirire mibi, ahubwo no kumenya ko abo bana bafite ibyo barya bihagije, asaba abafite aho bahuriye n’icyo kibazo kureka kujya babiganirira mu nama gusa, ahubwo bakajya (…)
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, ari inkingi ikomeye ifatiye runini Igihugu n’abagituye.
Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo mu Rwanda n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda “FERWAHAND” mu mpera z’icyumweru gishize, mu karere ka Nyamasheke habereye irushanwa rihuza ibigo by’amashuri biri muri gahunda ya Isonga Program muri uyu mukino ahatoranyijwe abana 28 bagiye kwitegura amarushanwa mpuzamahanga.
Kuva mu myaka mirongo itatu ishize na mbere yaho, abagenzi muri Kigali bararize barihanagura, ababishoboye bakajya baka amadeni ngo bagure imodoka zabo bwite maze banki zirabahenda, zikabafatanya n’ibiciro bya lisansi bidahwema kuzamuka.
U Rwanda rwashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na Turukiya mu gukora ibikoresho bya gisirikare. Iyi ni intambwe ikomeye u Rwanda rwateye mu rugendo rwo kubaka inganda z’Igihugu zishobora kwihaza mu bikoresho by’ingabo.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, Perezida Paul Kagame, yagize Dr. Telesphore Ndabemeye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi asimbuye Dr. Mark Cyubahiro Bagabe.
Abafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA (HIV/VIH), basanga ikwiye gukundwa, kubahwa no gufatwa neza, kuko ari kimwe mu bibafasha kubaho neza no kumara igihe kirekire.
Kuri uyu wa Mbere, hatangiye isiganwa ry’amagare yo mu misozi ikipe ya TCLA1 igizwe n’Umunyarwanda Bukhari Banzi n’Umuholandi Louis van Zeeland yegukana agace ka mbere mu bagabo.
RIB yasubije telefone 431 z’ubwoko butandukanye zifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda angana na 94,500,000, zari zaribwe ba nyirazo zifatirwa mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, mu mpera z’icyumweru gishize yarakomeje hakinwa umunsi wa cyenda, APR FC inganya na AS Kigali, na Rayon Sports ibikora gutyo inganya na Gicumbi FC, Police FC inganya na Musanze.
Abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16 barimo Abanyarwanda 18 nibo bazitabira irushanwa ry’amagare yo mu misozi "Rwandan Epic ’ 2025, riteganyijwe gutangira kuri uyu wa Mbere kugeza ku wa Gatanu tariki 5 Ukuboza 2025.
Umuhanzi Alexis Dusabe agiye gukora igitaramo yise ‘Umuyoboro 25 Years Concert’, kigamije kwifatanya n’abakunzi be mu kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ari na cyo azamurikiramo alubumu ye ya kane.
Muri Indonesia, imibare iheruka y’abamaze gupfa bazira inyuzure n’inkangu ku kirwa cya Sumatra bageze kuri 417, nk’uko abayobozi muri iki gihugu babitangaje.
Perezida wa Repubulika ya Santrafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yayoboye umuhango wo kwinjiza ku mugaragaro mu Ngabo za Repubulika ya Centrafrique (FACA), abasirikare bashya 545 barangije amahugurwa y’ibanze ya gisirikare bahawe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi Amb. Gasamagera Wellars, yasabye Abanyamuryango ba FPR batuye ku mugabane w’i Burayi gukomeza kunga ubumwe.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports bigoranye yanganyije na Gicumbi FC 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona, AS Muhanga na Gasogi United zibonera intsinzi hanze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abaturage mu byiciro byose, abikorera, abatuye mu mujyi n’abatuye mu cyaro, gukurikiza amabwiriza y’isuku kuko byagaragaye ko indwara nyinshi mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo, higanje indwara ziterwa n’umwanda.
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yashimye byimazeyo uruhare rukomeye rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, mu kugarura amahoro n’ituze muri iyo Ntara, ashimangira ko nta terambere ryagerwaho nta mahoro ahari.
Mu muganda rusange usoza ukwezi wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Hon. Gertrude Kazarwa, wifatanyije n’abatuye mu Karere ka Rulindo muri icyo gikorwa, yibukije urubyiruko kugira isuku, bakayitoza na barumuna babo.
Dr. Donald Kaberuka, wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), ahamya ko Afurika itashobora kwikura mu bibazo byo guhora yaka inguzanyo ndetse inahabwa inkunga n’amahanga, hatabayeho uburyo buhamye byo kuzigama.
U Rwanda rugiye gutangiza ubuvuzi bushya bushingiye ku ikoreshwa ry’ibinyabutabire hakoreshejwe ingufu za nikeleyeri (nuclear medicine), mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo gusuzuma no kuvura indwara zikomeye zirimo iza Kanseri, umutima, impyiko n’izindi.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa karindwi yakomeza kuri uyu wa gatanu, APR itsinda POLICE naho Kepler yongera gusubira RRA.
Guhera mu kwezi gutaha (Ukuboza), mu Mujyi wa Kigali haratangizwa gahunda nshya yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma imodoka zikoreshwa nk’uburyo bwizewe kandi bwita ku bidukikije.
Abajyanama mu bya gisirikare muri Ambasade (Defense attaches) zitandukanye zikorera mu Rwanda, beretswe bamwe mu bahoze ari abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR wiganjemo abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, ubu bakaba baratashye.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), igiye gukuraho inoti z’Amafaranga y’u Rwanda zishaje, zimaze imyaka irenga 10 zikoreshwa.
Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yongerewe manda nyuma y’aho iya mbere y’imyaka itanu yari irangiye, kuko yagiye kuri uyu mwanya ku itariki 11 Ugushyingo 2020, ukaba ari umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Ugushyingo 2025, yayobowe na Perezida Paul Kagame.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Kuba urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi ari rumwe mu nkingi zikomeye zifatiye runini Igihugu, byatumye Banki ya Kigali (BK), ifata iya mbere mu guteza imbere urwo rwego ishoramo imari.
Ni kenshi imiryango n’amahuriro atandukanye y’abantu bafite ubumuga, bagaragaza ko abantu bafite ubumuga bahezwa cyangwa se ntibahabwe amahirwe agana n’ay’abandi batabufite mu gupiganirwa no guhabwa akazi, bakifuza ko bashyirirwaho imibare yihariye.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo yakiriye itsinda ry’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi mu nzego zitandukanye baturutse mu Rwanda, abashimira umuhate wabo mu gushaka kwiga byinshi n’amahirwe mu ishoramari n’ubucuruzi biri muri icyo Gihugu.
Bigirimana Abedi ukina hagati muri Rayon Sports agiye kumara ibyumweru bitatu adakina kubera imvune.
Perezida Umaro Sissoco Embalo uherutse guhirikwa ku butegetsi n’igisirikare cy’igihugu cye, yahungiye mu gihugu cya Senegal, aho yatwawe n’indege yateguwe n’umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba, CEDEAO, mu ijoro ryakeye ryo ku wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, nk’uko byasohotse mu itangazo rya Minisiteri (…)