Ndagijimana Martin wahoze ari Lokodifensi irinda aho ikipe ya Rayon Sport icumbitse mu karere ka Nyanza yafatiwe mu karere ka Rusizi nyuma yo gutoroka yibye kapiteni wa Rayon Sports amafaranga ibihumbi 600.
Dortoire y’abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya ESKI (Ecole Secondaire Kirambo) yibasiwe n’inkongi y’uburiro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 18/11/2012 irashya yose n’ibyari birimo byose bihinduka umuyonga.
Hagati mu cyumweru gishize imvura n’umuyaga byagushije igiti cya rutura ku gisenye cy’inzu ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Uburengerazuba bwakoreragamo mu karere ka Karongi hangirika ibikoresho byo mu biro.
Igiterane cy’abagorozi cyagombaga kuba tariki 17/11/2012 mu murenge wa Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza cyamaganiwe kure ndetse nabo barirukanwa bazira guhindura urugo rw’umwe muri bo urusengero.
Tengera Jennifer w’imyaka 39 utuye mu mudugudu wa Kayigiro, akagali ka Gitengure, umurenge wa Tabagwe ari mu maboko ya Polisi nyuma kubyara umwana ufite ubumuga kandi atagejeje igihe mu ijoro rya tariki 15/11/2012 akamuta mu musarane.
Karambizi Canisius utuye mu kagari ka Munini mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, yagonzwe n’imodoka itaramenyekanye nyuma yo kumuca amaguru ihita iburirwa irengero, tariki 15/11/ 2012 ahagana saa moya z’ijoro.
Umubare w’abanyeshuri babangamiwe mu bizami bya Leta ukomeje kwoyongera kubera impanuka, aho mu ntara y’Amajyepfo abagera kuri bane barwariye mu bitaro, kubera impanuka zitandukanye bagiye bakora.
Umugabo witwa Mussa Rwamuhizi yatawe muri yombi na Polisi mu Kagali ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge mu ntangiriro z’iki cyumweru imusanganye udupfunyika 390 tw’urumogi.
Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Joseph Birikano tariki 14/11/2012 akurikiranweho gukoresha cheque mpimbano ya INATEK ifite agaciro ka miliyoni 26.5.
Abantu babiri bakomerekeye mu mpanuka z’imodoka ebyiri z’Abashinwa zagonze amavatiri mu muhanda Buhinga-Rusizi hafi y’ahitwa mu Mwaaga ku gicamunsi cyo kuwa gatatu tariki 14/11/2012.
Celestin Vuningoma w’imyaka 32 na Alphonse Ndacyayisenga w’imyaka 23 bakomoka mu Karere ka Kamonyi bafatanwe ibiro bitanu by’urumogi ubwo bakoraga impanuka mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke tariki 11/11/2012.
Imashini ebyiri zikora umuhanda za kompanyi NPD/COTRACO yakoraga umuhanda mu karere ka Ngoma zafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 13/11/2012 mu mujyi wa Kibungo zirashya zirakongoka.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’ibanze na polisi mu murenge wa Buyoga mu karere ka Rulindo, tariki 13/11/2012, byagaragaye ko nta bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku bitsina bafite kuko bahagurukiye kubirwanya.
Habiyakare Jean Nepomscene, Niyoyita Emmanuel na Murenzi Francois, bafungiye kuri sitasiyo ya polisi i Kabarondo mu karere ka Kayonza bazira kwica imbogo muri Parike y’Akagera. Bateze umutego muri parike tariki 07/11/2012 ufata imbogo ku cyumweru tariki 18/11/2012.
Umusore witwa Nteziyaremye wo mu kagari ka Rusave mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo, akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu akoresheje ifuni.
Polisi yataye muri yombi abantu babatu bakomoka mu Karere ka Gakenke bakekwaho gukora amafaranga mpimbano y’amadolari bakanagerageza kuyakwirakwiza mu baturage.
Samuel Bugingo w’imyaka 24 yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu mu Karere ka Nyagatare tariki 11/11/2012 agerageza kwambuka ngo ajye mu gihugu cya Uganda nyuma yo kwiba shebuja amafaranga asaga miliyoni umunani.
Saa tanu z’amanywa tariki 12/11/2012 umumotari witwa Munyaneza Cyprien ukorera mu mujyi wa Nyanza yibwe moto ye ifite purake RAB 249 U iburirwa irengero ubwo yari iparitse ku irembo ry’urugo rw’ahantu yari agiye kubaramutsa n’uko agarutse asanga umujura yayirukankanye.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi 27 barakomereka mu mpanuka y’imodoka ya KBS yaguye mu mu ikorosi ryo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi mu ma saa yine zo kuri uyu wa kabiri tariki 12/11/2012.
Abasore batatu bakomoka mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro biyemerera ko mu cyumweru gishize bibye ibicuruzwa ndetse n’ibikoresho bitandukanye mu iduka no mu nzu itunganya umusatsi iherereye mu isanteri ya Gisiza.
Ikamyo yari itwaye ifu y’ibigori iyijyanye i Bukavu muri Kongo iturutse muri Tanzaniya yakoze impanuka mu gitondo cyo ku cyumweru tariki 11/11/2012 mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo abantu babiri barimo barakomereka byoroheje.
Komezusenge Emmanuel w’imyaka 30 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, akagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yatemye umusaza w’imyaka 62 witwa Shirubwiko Pianus akoresheje umupanga yari yambuye umwana wajyaga kwahira ubwatsi bw’amatungo tariki 11/11/2012.
Umugabo witwa Nyawera Céléstin w’imyaka 57 y’amavuko ari mu maboko ya police kuri station ya Karongi ashinjwa kwica umugore n’abana babili b’abahungu ba mukuru we.
Abasore batatu n’umugabo umwe bari bashinzwe gucunga umutekano kuri hoteli ya Top Tower hotel iri mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, batawe muri yombi bakekwaho kuba inyuma y’ubujura bwabaye muri iyi hoteli hakibwa miliyoni zirindwi kuri uyu wa Kane tariki 08/11/2012.
Umugabo witwa Munyembabazi Thadee ufite imyaka 36 yafashwe na Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi akurikiranyweho kugura ibicuruzwa akoresheje sheki z’impimbano.
Kuwa gatatu tariki 07/11/2012, imodoka ikurura izindi ifite Puraki zo mu gihugu cya Tanzaniya T441CBN na T963, yaguye ahitwa Kayumbu mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi, abaturage bahita bihutira gutabara umushoferi kuko yari yahezemo.
Protegene Alias Nyabunyoni wo mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi azira kwica imbwa n’urukwavu by’iwabo tariki 07/11/2012.
Karangwa Gerald w’imyaka 41 yagonganye na moto yari itwawe na Irikure Paul ku mugoroba wa tariki 05/11/2012, mu murenge wa Bweramana ajyanwa mu bitaro bya Gitwe nyuma yitaba Imana tariki 06/11/2012.
Umwana w’umukobwa witwa Scovio wari mu kigero cy’imyaka 14 yahitanwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu kagari ka Jaba, umurenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu tariki 06/11/2012 abandi bane barakomereka.
Umugore witwa Uwamariya Chantal w’imyaka 24 wari utwite inda y’amezi atatu anahetse undi mwana w’imyaka ibiri n’igice, bishwe n’umugezi wa Satintsyi tariki 04/11/2012 ubwo uwo mugore yageragezaga kuwambuka n’amaguru.