Imiryango mpuzamahanga itandukanye ikorera mu gihugu cya Sudani, ivuga ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa gishobora kwiyongera ku buryo butigeze bubaho, bikaba byatuma habaho izindi ntambara n’abaturage bahunga, ibyo bikaba byakemurwa n’uko Sudani yahabwa inkunga y’ibiribwa.
Ubuyobozi bw’abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashyizeho amasaha mashya yo gufunga umupaka, nyuma y’uko umusirikare wa FARDC ufite ipeti rya Lieutenant arasiwe mu Rwanda amaze gukomeretsa abapolisi babiri bari kuvurirwa mu bitaro bya Gisenyi.
Ingabo, abapolisi n’abasivili baturutse mu bihugu 6 ari byo u Rwanda, u Burundi, Kenya, Sudani y’Epfo, Tanzaniya na Uganda, byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), tariki 3 Kamena 2022 batangiye imyitozo ya 12 yiswe ‘Ushirikiano Imara 2022’, iyi myitozo ikaba irimo kubera i Jinja muri Uganda.
Mu gihe u Burusiya buvuga ko buzakomeza intambara burwanamo na Ukraine, Perezida w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Macky Sall, yagiye gusaba Putin kurekura ibiribwa n’ifumbire, kugira ngo uyu mugabane udakomeza kuhazaharira.
Imvura nyinshi yabaye intandaro y’urupfu rw’abagera kuri 79 mu Mujyaruguru y’igihugu cya Brésil. Ni imvura yatangiye kugwa ku wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo gihugu.
Intambara ikomeje guhuza abarwanyi ba M23 n’ingabo za FARDC, mu rukerera tariki 24 Gicurasi yabereye muri groupement ya Buhumba, abasirikare ba FARDC bata ibirindiro byabo barahunga.
Guverinoma ya Libya iyobowe na Fathi Bachagha, yashyizweho n’Inteko Ishinga Amategeko ishyigikiwe kandi na maréchal Haftar yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022 yahunze Tripoli, nyuma y’amasaha make yari imaze yinjiye muri uyu murwa mukuru.
Abimukira hafi 44 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye mu mazi ku nkengero z’amazi muri Sahara y’Iburengerazuba.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zifatanyije n’abaturage batuye muri Lokiliri Payam mu muganda.
Imfungwa yo muri Amerika yitwa Casey White yatorotse gereza hamwe n’umucungagereza ucyekwaho kuyifasha biravugwa ko bari bafitanye umubano wihariye. Polisi yo muri Leta ya Alabama yavuze ko ibyo byemejwe n’izindi mfungwa zari zifunganywe na Casey White, ucyekwaho ubwicanyi.
Ubuyobozi bw’umutwe w’inyeshyamba za M23 buherutse kugaragaza abasirikare batatu buvuga ko bafatiwe mu mirwano iheruka yabahuje n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yahakanye ibirego by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru buyobowe n’igisirikare cya RDC butangaza ko bwafatiye abasirikare ba RDF babiri mu mirwano yashyamiranyije ingabo za FARDC n’abarwayi ba M23 (…)
Perezida Kagame, ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, ubwo yari yitabiriye inama ya gahunda ya Aqaba kuri Afurika y’Iburasirazuba yayobowe n’umwami Abdullah II wa Jordanie. Aho yibanze ku mbogamizi z’umutekano mu gushakira hamwe ibisubizo bishya.
Indege ya kompanyi yo mu Bushinwa yitwa China Eastern Airlines yari itwaye abagenzi 132 yahanutse igwa mu gace k’imisozi miremire mu ntara ya Guangxi, nk’uko abashinzwe iby’indege babitangaje.
Abasirikare 50 b’aba ofisiye n’abafite andi mapeti bo mu ngabo z’u Rwanda hamwe n’abandi 800 baturutse mu bihugu birenga 20 birimo ibyo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse no hanze yako bashoje imyitozo ya gisirikare yiswe ‘Justified Accord 22’ yatangiye kuva ku ya 28 Gashyantare kugeza ku ya 17 Werurwe 2022, muri Kenya.
Nyuma y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umugabane w’u Burayi yateraniye i Versailles mu Bufaransa tariki 11 Werurwe 2022, Perezida w’icyo gihugu Emmanuel Macron yabwiye Itangazamakuru ko abatuye imigabane y’u Burayi na Afurika bakwitegura ibura ry’ibiribwa kubera intambara ibera muri Ukraine.
Perezida wa Ukraine yahamagaje abasirikare, abapolisi n’ibikoresho bari baratanze mu bikorwa byo kugarura amahoro mu bindi bihugu kugira ngo batahe bafashe igihugu cyabo cyugarijwe n’intambara kirwanamo n’u Burusiya.
Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yatangaje ko asezeye mu gisirikare yari amazemo imyaka 28.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky aratangaza ko n’ubwo yemeye ko habaho ibiganiro byo guhagarika intambara yatangijwe n’u Burusiya ku gihugu ayobora, nta cyizere gifatika cy’uko ibyo biganiro bizatanga umusaruro.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu biro by’Umunyamabanga mukuru wa Loni, Ambasaderi Jean-Pierre Lacroix, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA)ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko intambara yatangijwe n’u Burusiya kuri Ukraine izamara igihe kinini, avuga ko abantu bakwiye kubyitegura.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yatangaje ko ibitero by’indege, ibyo ku butaka na za Misile ziremereye by’Abarusiya byahitanye abasirikare n’abasivile basaga 130 nyuma y’umunsi umwe u Burusiya butangije intambara yeruye kuri Ukaraine.
Nyuma yo gufatirwa ibihano, Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin yatangaje ko Leta ye igikinguriye amarembo ibiganiro bya dipolomasi hagati y’u Burusiya na OTAN kugira ngo ikibazo cy’intambara muri Ukraine gikemuke, ariko ko inyungu n’umutekano by’Abarusiya atari ibyo asaba (non négociables).
Mu minsi ibiri ishize ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, bagabye ibitero mu duce twa Pundanhar na Nhica do Ruvuma mu Burengerazuba bw’Akarere ka Palma muri Mozambique, hagamijwe kwirukanamo inyeshyamba zari zikigaragara muri utwo duce.
Umuntu umwe ushinjwa kwica umwana ufite ubumuga bw’uruhu rwera w’imyaka ine hamwe n’abamotari batatu batawe muri yombi muri komine Kigamba mu Ntara ya Cankuzo.
Inzego z’umutekano muri leata Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko umugore wiyahuye asimbutse igorofa yabagamo zasanze ari Cheslie Kryst, wabaye nyampinga wa USA.
Igitero cy’igisasu cyibasiye imodoka itwara abagenzi mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Kenya. Abanyamakuru bari yo bavuze ko abantu batari munsi y’icyenda bapfuye, naho abandi benshi barakomereka.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, yavuze ko Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda bagomba gushishoza no kwigengesera kuko kuba umupaka wa Gatuna wafunguwe bidakuraho ibibazo byari bisanzwe.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuze ko bishoboka cyane ko u Burusiya bwatera Ukraine mu kwezi gutaha kwa Gashyantare 2022. U Burusiya ku ruhande rwabwo, buvuga ko ikibazo kitakemuka mu gihe Leta zunze Ubumwe za Amerika zanze kwemera iby’ingenzi u Burusiya busaba.
Ku wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, ku mupaka wa Kagitumba uhuza Uganda n’u Rwanda ku ruhande rw’Akarere ka Nyagatare, hagejejwe Abanyarwanda 58 n’Umurundi umwe bari bafungiye muri Uganda bashinjwa kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kuba ba maneko b’u Rwanda.