Mu minsi yashize, Umunyamakuru wa Kigali Today yagiriye uruzinduko rw’icyumweru mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakomeje gusubira mu byabo nyuma y’aho Inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique zitsinze imitwe y’iterabwoba.
Abaturage basaga ibihumbi 130 bo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique basubiye mu byabo nyuma y’uko Ingabo z’u Rwanda zigaruye umutekano muri aka gace.
Abaturage bo mu gace kitwa Olumbi muri Palma mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, barashima Ingabo na Polisi by’u Rwanda babafasha kugira ubuzima bwiza hejuru yo kubacungira umutekano.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bakoze imyigaragambyo bamagana ivugurura mu bukungu no mu mibereho myiza ryatangijwe na Perezida wa Colombia Gustavo Petro, avuga ko rizarwanya ubusumbane, ibyo akaba yabitangije nyuma y’iminsi 50 gusa agiye ku butegetsi.
Mocimboa da Praia ni kamwe mu turere tubiri tw’Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique turinzwe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, ari zo Ingabo na Polisi by’u Rwanda.
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yategetse Umugaba mukuru wungirije w’ingabo zirwanira mu kirere, Maj Gen Charles Okidi, gukora iperereza ku cyateye impanuka ya kajugujugu yaguyemo abantu 22.
Kigali Today iri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu rwego rwo kureba uburyo Ingabo na Polisi by’u Rwanda babayeho, n’umusanzu bakomeje gutanga mu kugarura umutekano muri iyi Ntara.
Abimukira 86 baguye mu mpanuka y’ubwato ubwo bari mu nkombe ya Syria berekeza i Burayi, abandi 20 batabawe bajyanwa kwitabwaho mu bitaro biherereye mu Mujyi wa Tartus muri Syria.
Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yavuze ko agiye gukoresha uburyo bwose bw’intwaro afite mu gihe Amerika n’u Burayi bakomeza gusagarira igihugu cye cyangwa ibice bya Ukraine birimo komekwa ku Burusiya.
Perezida wa Mozambique Filipe Jacinto Nyusi tariki 20 Nzeri 2022 yasuye ingabo z’u Rwanda ziri muri iki gihugu cya Mozambique mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Cabo Delgado, mu karere ka Mocimboa da Praia.
Ukraine yatangaje ko imva z’abantu basaga 400 zabonetse mu Mujyi wa Izyum nyuma y’iminsi mike wambuwe ingabo z’u Burusiya. Izo mva ziriho imisaraba ikoze mu mbaho; imyinshi muri yo iriho nimero ikaba yaratahuwe mu ishyamba riri inyuma y’uyu mujyi n’ingabo za Ukraine.
Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu ngabo z’u Rwanda (RDF), Major General Vincent Nyakarundi, ari mu ruzinduko rw’akazi muri Sudani y’Epfo aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri icyo gihugu.
Byamenyekanye ko abari mu ndege yaburiwe irengero bashizemo umwuka nyuma y’uko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, itangaje ko hari indege nto yaburiwe irengero irimo abantu 3 n’imizigo.
Umuryango w’ Ubumwe bw’u Burayi (EU) wavuze ko wiyemeje gufasha Mozambique kurwanya iterabwoba rigaragara muri iki Gihugu. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wemeye kuzatanga imfashanyo nshya ku gisirikare cy’igihugu, nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyabaye mu cyumweru gishize.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Mozambique, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Mozambique (IGP) Bernardino Rafael basuye ingabo z’u Rwanda ziri kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Col (rtd) Jeannot Ruhunga, bari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Singapore. Ku wa Gatatu tariki ya 24 Kanama 2022, basuye Ubuyobozi bw’ikigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa, banasura (…)
Inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’inzego zNibanze zirimo ubuyobozi bw’umujyi wa Mocímboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bafashije abaturage 437 bakomoka muri uwo mujyi gusubira mu byabo.
Abantu 12 ni bo baguye mu mpanuka y’imodoka ya bisi yataye umuhanda ikagwa muri ruhurura kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Kanama 2022. Abarokotse iyo mpanuka bose uko ari 32, bose bakomeretse, 19 muri bo bakaba bakomeretse ku buryo bukomeye cyane.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yagiriye uruzinduko muri Eswatini aho yitabiriye umuhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi wahariwe Polisi yo mu bwami bwa Eswatini. Ni umuhango wabereye mu ishuri rya Matsapha Police college riherereye mu mujyi wa Manzini.
Nyuma y’uruzinduko rw’Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu kirwa cya Taiwan, Leta y’u Bushinwa yabaye igifatiye ibihano by’ubukungu inategura kukigabaho ibitero.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abantu batanu(5) ari bo bari bamaze kumenyekana ku wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022 baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Ingabo za MONUSCO ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, mu gihe abandi benshi (…)
Abana batanu bo mu muryango umwe i Arusha muri Tanzania, bapfuye muri uku kwezi kumwe kwa Nyakanga 2022, bazira indwara itaramenyekana, ariko bo babaga bavuga ko bababara mu nda ndetse inda zabo zikabyimba.
Abapadiri babiri bo muri Kiliziya Gatolika mu gihugu cya Nigeria bashimuswe n’abagizi ba nabi bitwaje intwaro batahise bamenyekana. Umukuru w’ishyirahamwe ry’Amadini ya Gikirisitu muri Nigeria, Pasiteri John Joseph Hayab, yatangaje ko abashimuswe ari Padiri Donatus Cleopas na Padiri John Mark Cheitnum ubwo bari mu gace ka (…)
Abantu 8 baguye mu mpanuka y’indege yabereye mu Bugereki yari itwaye intwaro izijyanye muri Bangladesh. Televiziyo y’Igihugu cy’u Bugereki yatangaje ko iyi ndege yakoze impanuka igashya igakongoka n’abantu bari bayirimo bose bagahiramo.
Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Eswatini ku butumire bwa mugenzi we ushinzwe Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (HMCS), CG Phindle Dlamini.
Ku wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, muri Sri Lanka hashyizweho ibihe bidasanzwe (État d’urgence), mu gihe abigaragambya bari bakiri imbere y’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, inzego z’umutekano zigerageza kubasubiza inyuma zifashishije ibyuka biryana mu maso, ariko biranga biba iby’ubusa n’ubundi birangira babyinjiyemo.
Polisi ya Amerika yataye muri yombi umugabo witwa Robert E Crimo III ucyekwaho kurasa abantu 6 bagahita bapfa naho 24 bagakomereka ubwo bari mu birori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge hafi y’i Chicago.
Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Arkansas, ikomeje iperereza ku rupfu rw’umwana wa Bazivamo Christophe witwa Hirwa Nshuti Bruce witabye Imana mu ijoro ryo ku wa 28 Kamena 2022.
Umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo utangaza ko umaze kwakira imiryango 635 bahunga intambara ikomeje guca ibintu muri teritwari ya Rutshuru.
U Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushyiraho ingabo ziswe ‘East African Regional Force’ zizoherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kugarura amahoro nyuma y’intambara zatewe n’imitwe yitwaje intwaro cyane cyane mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda.