Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, Akagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano, tariki 17/05/2012, yatemye se umubyara witwa Shumbusho Ezechias ufite imyaka 50 bapfa kwanika imyumbati hejuru y’inzu.
Ushinzwe umutekano (local defence) yatoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa RPG Anti-Tank mu mudugudu wa Mubuga, akagari ka Ruronde, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro, kuwa kane tariki 17/05/2012 mu masaha y’igicamunsi.
Umushumba w’imyaka 25 y’amavuko waragiraga inka z’uwitwa Nzayisenga Obed utuye mu murenge wa Kintobo mu karere ka Nyabihu yatoraguwe mu mugezi wa Kinoni hagati y’akarere ka Nyabihu na Musanze yapfuye kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012.
Ndacyayisenga Gratien wo mu mudugudu wa Gikomero, akagari ka Mubumbano, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatemye Nsengimana Gaspard w’imyaka 18 amuziza ko yahira imigozi y’ibijumba mu murima we.
Simbarikure Francois w’imyaka 26 y’amavuko yagiye kwiba inka mu mudugudu wa Bwangacumu mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 16/05/2012 abaturage bamuta muri yombi baramukubita bamutera icyuma mu nda amara arasohoka.
Abaturage bo mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera batewe n’imvubu yatorotse pariki mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/5/2012 ariko abashinzwe umutekano babatabara ntawe iragirira nabi.
Imbogo zigera ku ijana zo muri parike y’Akagera, kuri uyu wakabiri tariki 15/05/2012, zatorotse parike zangiza imyaka myinshi y’abaturage, ndetse zinakomeretsa umuntu umwe; nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi, Murekezi Claude yabitangaje.
Munyentwari Jean wari umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi i Busasamana mu karere ka Nyanza akekwaho gushaka kwicisha umugore we bashakanye.
Kalisa ukomoka mu murenge wa Gashanda mu karere ka Ngoma yagonzwe n’ikamyo nini ikururana ubwo yageragezaga kuyurira ashaka kwiba imifuka y’amakara yari ihetse hejuru yayo maze arahanuka agwa mu ipine ihita imunyura hejuru mu ijoro rya tariki 12/05/0212 ahagana saa sita z’ijoro.
Nyirankiranuye Serafine w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti cy’ipapayi cyari mu rugo iwabo ubwo imvura yagwaga ahita yitaba Imana ako kanya kuri uyu wa kabiri tariki 15/05/2012.
Abaturage, ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza hamwe n’inzego zishinzwe umutekano bafatanyirije hamwe gutwika no kumena ku mugaragaro litiro 231 za kanyanga, imifuka 15 y’inzoga zo mu bwoko bwa Vodka, ibiro 14 by’urumogi hamwe n’imifuka ibiri ya Chief Waragi.
Nsengiyumva Emmanuel utuye mu mudugudu wa Rugarama,akagari ka Cyendajuru mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye afungiye kuri sitasiyo ya poilisi ya Kirehe kubera kugurisha inka yahawe muri gahunda ya Girinka.
Polisi yo mu karere ka Gasabo yataye muri yombi umusore witwa Mbarushimana Janvier w’imyaka 24, tariki 13/05/2012, akurikiranyweho gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Imodoka itwara abagenzi yo bwoko bwa Hiace yagonze umukecuru witwa Nyirazigama ahagana saa tanu n’igice zo ku cyumweru tariki 13/5/2012 nayo ihita igwa mu mukingo. Uwo mukecuru n’umugenzi umwe mubo yari itwaye bakomeretse bikabije.
Umwana w’imyaka itanu y’amavuko witwa Dieudonne Mugiraneza yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana tariki 11/05/2012 mu masaha y’igicamunsi mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke.
Ndungutse Valens wo mu kagari ka Tabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza yatewe gerenade n’abantu bataramenyekana mu ijoro rya tariki 12/05/2012 yitaba Imana.
Twahirwa Alikaab na Gasana Omar barwaniye mu mudugudu wa Akirabo mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 11/05/2012 bapfa umugore w’umupfakazi binjiye bombi.
Umugabo witwa Athnase Nangwanuwe ukomoka mu karere ka Musanze, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iherereye mu karere ka Burera, kubera gufatanwa ijerekani ya litoro 20 yuzuye Kanyanga.
Polisi y’igihugu yafashe ibiyobyabwenge bigizwe n’imisongo igera ku 2.300 y’urumogi na litiro 1.280 z’inzoga z’inkorano, mu mukwabo yakoze mu turere dutandukanye muri iki cyumweru dusoza.
Amazi y’imvura yinjira mu butaka yangije umuhanda wa kaburimbo, amazu 6 ndetse n’imyaka y’abaturage mu murenge wa Bushoki akarere ka Rulindo, mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.
Abagore babiri n’abana babiri bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo kuwa 09/05/2012 igeza mu masaha ya mu gitondo cyo kuwa 10/05/2012 mu murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu.
Inyeshyamba za FDLR n’abarwanyi ba Mai-Mai bafashe ku ngufu abagore bane bo mu duce twa Lubero na Walikale mu majyepfo y’iburasizuba bwa Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 08/05/2012.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Hiace yabuze feri igonga igipangu cy’Ibitaro bikuru bya Gisenyi, abantu babiri bahita bitaba Imana abandi babiri barakomereka bikomeye mu gitondo cya tariki 10/05/2012.
Gatete Fabien w’imyaka 30 afungiye kuri poste ya Polisi ya Nyamugari mu murenge wa Nyamugari, karere ka Kirehe azira kubura gitansi yakiyeho amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Kayijamahe utuye mu murenge wa Gitoki, akagari ka Cyabusheshe mu karere ka Gatsibo yashatse kwicisha umwana we isuka bapfuye iseri ry’imineke ariko Imana ikinga ukuboko aramukomeretsa gusa.
Umurambo w’umwana w’umwaka umwe n’amezi arindwi watoraguwe ku mugezi wa Giseke uri hagati y’akagari ka Zivu n’aka Cyamukuza umurenge wa Save mu karere ka Gisagara tariki 05/05/2012.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Mercedes Actros yafunze umuhanda imodoka nini zinanirwa gutambuka kuva saa cyenda z’igicamunsi tariki 08/05/2012 kugeza nojoro. Iyo kamyo yaranyereye inanirwa kuzamuka ahitwa mu Kamiranzovu.
Umunyeshuri witwa Niyigaba Eric w’imyaka 8 wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri cya Kigina yagonzwe n’imodoka tariki 07/05/2012, mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba ubwo yavaga ku ishuri ajyanwa ku bitaro bya Kirehe yitaba Imana bakihamugeza.
Umwana w’imyaka 12 n’undi w’imyaka 10 bo mu karere ka Ngororero, umurenge wa Sovu mu kagali ka Rutovu bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura yarituye umusozi ugakubita igikuta cy’inzu bari baryamyemo mu rukerera rwa tariki 08/05/2012. Mushiki wabo bari kumwe we yarakomeretse akaba arimo kuvurwa.
Umugabo witwa Gatera yatorotse umurenge wa Ngoma yari atuyemo kuko ashakishwa n’inzego z’umutekano, nyuma y’uko umukobwa w’imyaka 15, wiga mu mashuri abanza avuze ko yamufashe ku ngufu.