Jean de Dieu Ryashize ucururiza mu gasentere ka Kinoni mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke yibwe n’abajura bacukuye inzu akoreramo mu ijoro rishyira tariki 28/05/2012 maze ntibamusigira na mba.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Buyange, Paulin Mbonigaba arasaba ko igisasu cyavumbuwe muri ako kagali, umurenge wa Mataba mu karere ka Gakenke cyahakurwa ku buryo bwihuse.
Samuel Nsengiyumva na Samuel Rugaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo kuva tariki 28/05/2012 bazira kwiba mudasobwa ngendanwa (laptops).
Mugarura Emmanuel w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kinyana mu kagali ka Migina mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yivuganye umugabo mugenzi we witwa Nyamihirwa w’imyaka 60 y’amavuko amutemesheje umuhoro ahita apfa.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 28/05/2012, isuzuma uko umutekano uhagaze, yongeye kwikoma abacuruzi n’abanywi b’ibiyobyabwenge ko bakomeje kutava ku izima.
Abatuye santere ya Gitare iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera bavuga ko muri iyo santere hakorerwa uburaya bwinshi kandi bukorwa ahanini n’abana b’abakobwa bakiri bato.
Umugore utuye mu kagari ka Ruhanga, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yahengereye umugabo agiye gutangaza aho umuganda wa nyuma w’ukwezi uri bubere ahita atwara ibikoresho byo mu nzu afatanije na murumuna we baburirwa irengero.
Abarimu n’abanyeshuli b’ishuli ryisumbuye rya ESPANYA ryo mu karere ka Nyanza bakoze impanuka y’imodoka ku mugoroba wa tariki 25/05/2012 ubwo bavaga gufasha umunyeshuli wacitse ku icumu rya Jenoside kuri icyo kigo ariko ntawagize icyo aba.
Karimwabo w’imyaka 21 utuye mu mudugudu wa Murambi mu Kagali ka Nganzo mu murenge wa Gakenke afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva 22/05/2012 akekwaho kwangiza umwana w’umukobwa w’imyaka 14.
Muhoza w’imyaka 22 wo mu kagari ka Mbogo, umurenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo yishwe tariki 22/05/2012 mu masaha y’ijoro ateraguwe ibyuma, akurwamo amaso barangije bamutwikisha lisansi mu maso mu rwego rwo kugira ngo atamenyekana.
Indaya zo mu mujyi wa Nyanza zabyutse zigaragambya tariki 23/05/2012 zamagana mugenzi wazo witwa Dusabe Marie Ange ukora kuri Bar Idéal wanze kwita ku bana 7 yabyaye ku bagabo banyuranye.
Mugabo François, umukozi ushinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akurikiranyweho gushyingira ku nshuro ya kabiri umugore witwa Nyirantawuzuzakira Clémentine; nk’uko byemezwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo, Ndindayino Jean Claude.
Inyeshyamba za FDLR na Mai-Mai zishe abasivili barenga 100 mu cyumweru gishize mu duce twa Ufamandu ya mbere n’iya kabiri mu karere ka Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko wiga nijoro mu mwaka wa gatatu mu ishami ry’icungamutungo muri INILAK Nyanza Campus, ku mugoroba wa tariki 22/05/2012 yasabye lifuti maze aho kumujyana mu mujyi wa Nyanza imukomezanya mu karere ka Ruhango.
Bunani Jean Pierre w’imyaka 36, kuva tariki 21/05/2012, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo azira gufatanwa ibyangombwa by’ibihimbano n’ibindi bikoresho by’ibihimbano.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, Nshimiyimana Jean Damascene, aranyomoza amakuru avuga ko umusore witwa Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, akagari ka Mubumbano yatemye se umubyara agiye kumwanurira imyumbati yari yanitse hejuru y’inzu.
Jerome Ndahayo w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango nyuma yo gutabwa muri yombi azira kanyanga.
Abana babiri bo mu kagali ka Nyakina, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bakoze impanuka kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 bageze ahantu hitwa mu Kintama, mu Kagali ka Rusagara mu murenge wa Gakenke barakomereka.
Umugore w’imyaka 42 y’amavuko witwa Séraphine Nyiransabimana wo mu mudugudu wa Kabarima mu kagali ka Gasiho mu murenge wa Minazi yarohowe mu mugezi wa Nyarutovu tariki 20/05/2012 yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe abuze.
Mukandori Odette w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Burima, akagari ka Burima, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 20/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kubyara umwana akamuta mu myanda.
Igitero FDLR yateye mu gace ka Tchambutsha mu birometero 100 mu majyepfo ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira tariki 17/05/2012 cyahitanye abasivili bagera kuri 13 bo mu bwoko bwa Waloa Loanda.
Umucungamari (comptable) w’umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, Rwabagabo Olivier, yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Dyna tariki 15/05/2012 ahita apfa.
Umugore witwa Charitine Mukankuranga utuye mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’imyaka 2 witwa Uwase, amukubise igiti inshuro ebyiri mu mutwe.
Abunzi babiri bo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma batawe muri yombi na Polisi mu ntangiriro y’iki cyumweru bakekwaho kwaka ruswa y’amafaranga 10.000 umuturage bamwizeza kumuhesha isambu yaburanaga.
Umurambo w’umwana utazwi imyirondoro watoraguwe mu mugezi wa Mwogo uherereye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 19/05/2012.
Bazirasa w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Bukanka, akagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatwitse inzu ye tariki 18/05/2012 kubera ko umugore yanze kumuha amafaranga yo kunywera inzoga.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda iherereye mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Save, baratabaza ko umutekano wabo uhungabanywa n’abajujra babambura amatelefoni bagahohotera n’abakobwa.
Murekatete Jacqueline ukomoka mu mudugudu wa Nshuli, akagali ka Gitengure, amurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare afungiwe kiri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare ashinjwa kubyara umwana akamuta musarani mu ijoro rishyira tariki 18/05/2012.
Abavandimwe batatu bo mu kagari ka Ruhunga, umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyamagabe bakomerekejwe n’igisasu cya gerenade yo mu bwoko bwa ‘Stick’ bari batoraguye ku mugezi bavomaho.
Polisi yo mu karere ka Nyagatare yatwitse toni eshanu n’igice z’ibiyobyabwinge byaturutse mu mirenge inyuranye y’ako karere cyane cyane ihana imbibi na Uganda.