Nzibavuga Kaniziyo w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Nyabubare, akagari ka Kaburemera, umurenge wa Ngoma ho mu karere ka Huye, yishwe mu ijoro rishyira tariki 26/04/2012 atewe icyuma mu ijosi.
Sakindi Alphonse w’imyaka 37 y’amavuko na Nzabarantumwe Triphonie w’imyaka 34 y’amavuko bo mu kagali ka Mucaca, umurenge wa Nemba, akarere ka Gakenke bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 24/04/2012 bazira ruswa y’amafaranga ibihumbi bitanu.
Abiyemeje umwuga wo kwiba mu ngo bakomeje kwikinga imvura bakayogoza abaturage cyane cyane muri iyi minsi imvura irimo kugwa mu bice byinshi by’u Rwanda.
Niyonkuru Delphine, umukobwa w’imyaka 16 wo mu murenge wa Gasaka mu karereka Nyamagabe yafashwe, tariki 25/04/2012, yibye umwana w’umukobwa w’amezi 2 yari asanzwe arera nk’umukozi wo mu rugo.
Irekurwa rya Jean Damascene Biramahire w’imyaka 25 na Nkurunziza Vincent bo mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma ,bari bafunzwe bazira kwica inka bazikase amara ryateje umwuka mubi hagati yuwapfushije inka nabo bafunguwe.
Umurambo w’umwana w’umuhungu w’imyaka 17 wigaga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye watoraguwe mu mufuka, nyuma y’uko yari yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 24/04/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko ubugizi bwa nabi bwakorewe umukecuru witwa Uzabakiriho Speciose bufitanye isano no kwibasira uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Noheli Jean Baptiste w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Gabiro mu Kagali ka Buyange mu Murenge wa Mataba, akarere ka Gakenke yitabye imana nyuma yo kurohama mu mugezi wa Base ku gicamutsi cyo kuwa kabiri tariki 24/04/2012.
Imodoka y’ubwoko bwa Toyota Hilux yakoze impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 24/04/2012 mu gasentere ka Rwamenyo mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke maze umushoferi wari yitwaye arakomereka.
Uwabakurikiza Grace wo mu kagari ka Gakoma mu murenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mimuri akurikiranyweho gutema umugabo we Nkurunziza Leon Degarde akoresheje ishoka.
Gatsinzi Charles wo mu kagali ka Gakirage, umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare afunzwe azira gusahura urugo no kubuza umutekano Niyonsaba Béata, umugore we bafitanye abana batandatu.
Mu karere ka Gatsibo umurenge wa Kiramuruzi akagari Nyabisindu abantu batazwi bakomeje kwitwikira amajoro bagatema intoki z’abandi.
Polisi y’igihugu irihanangiriza abatwara ibinyabiziga barenga ku mategeko y’umuhanda, bitaba ibyo bakemera kwamburwa impushya zabo zo gutwara ibinyabiziga.
Mukaruziga Venerenda, umukecuru w’imyaka 63 wo mu kagari ka Mutunda ko mu murenge wa Mbazimu, akarere ka Huye yitabye Imana tariki 22/04/2012 azira gushaka gukiza abasore barwanaga barimo n’umwana we.
I Kigali hateraniye inama ihuje impuguke mu bya Gisirikare, ziga ku buryo hashyirwaho umutwe w’ingabo zihuriwemo n’ibihugu bihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba uzajya uhora witeguye gutabara ahavutse ibibazo muri aka karere.
Bimenyimana Xavier w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu karere ka Ruhango yatemye umugore babyaranye mu mutwe no ku kaboko ubwo yajyaga kumusaba indezo y’umwana tariki 22/04/2012.
Uzabakiriho Speciose w’imyaka 65 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kinyogoto mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yibwe ihene 2 izindi 3 bazica amajosi mu ijoro rishyira tariki 22 Mata 2012 .
Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 23/04/2012 imodoka zo mu bwoko bwa Fuso zagonganiye ahitwa mu Rutamba mu kagari ka Gafumba, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera zigonga abatigisiti babiri bari bahagaze ku muhanda bahita bapfa.
Ndagijimana Theogene w’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akurikiranyweho gukoresha no gukwirakwiza amafaranga y’amahimbano. Tariki 20/04/2012, Ndagijimana yafatanywe amafaranga ibihumbi 102 by’amahimbano.
Mbaga Etienne utwara imodoka z’abashinwa bakora umuhanda mu majyaruguru, yatonganye na mugenzi we bakorana maze amutema ikiganza mu ma saa mbili n’igice z’ijoro kuri uyu wa gatandatu tariki 21/04/2012.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bufatanyije na Police bwaburiye abatwara abagenzi kuri moto, ko ibihano bigiye gukazwa ku batubahiriza amategeko y’umuhanda n’abadaharanira isuku kuri bo ubwabo no kubagenzi batwara.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zikomeje gufasha abanya Darfur kuva mu bibazo bafite, birimo kwigira munsi y’ibiti nk’amwe mu mateka yarangiye mu Rwanda. Tariki 16 kugeza 18 uku kwezi, hatashywe ibyumba by’amashuri 17 byubatswe n’ingabo z’u Rwanda.
Umusore witwa Kwizera Jean Bosco utuye mu mudugudu wa Kimaranzara, arwariye mu kigo nderabuzima cya Rilima, aho atabasha kumva cyangwa anyeganyege nyuma yo gukubitwa na Local Defenses ebyiri zishinzwe kurinda umutekano.
Antoinette Uwamahoro wo mu kagari ka Ngange mu murenge wa Muko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutare mu karere ka Gicumbi, nyuma yo kubyara umwana agahita amuta mu mukoki.
Ndayambaje Jean Claude na Ndamage Job bari basanzwe ari abakozi b’ikigo gicunga umutekano cya Intersec Security, guhera tariki 18 mata 2012, bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare bakekwaho gushaka gusahura Banki y’Abaturage ya Nyagatare.
Mukamurera Beneconcilia wo mu kagali ka Muguramo, umurenge wa Rubaya, akarere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Mulindi kuva tariki 19/04/2012 akekwaho kwiba ifumbire mvaruganda ingana n’ibiro ibihumbi bibiri.
Abantu batanu barwariye mu bitaro bikuru bya Byumba nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ya Fuso ebyiri zagonganiye mu kagari ka Musenyi mu murenge wa Mutete mu karere ka Gicumbi 14h00 uyu munsi tariki 19/04/2012.
Umurambo w’uwitwa Mukandori Sesiliya uri mu kigero cy’imyaka 60 watoraguwe mu mudugudu wa Mirambi, akagari ka Kirehe mu murenge wa Kirehe tariki 18/04/2012 ahagana 16h00. Uyu murambo wari umaze icyumweru.
Umugabo witwa William Sano ari mu maboko ya polisi kuva tariki 11/04/2012 azira ubutekamutwe bwo kwiyita umupolisi ukora mu ishami rya polisi rishinzwe iperereza (CID) maze akiba Meddy Kitanywa amafaranga ibihumbi 120 amukangisha ko yamufunga.
Niyibizi Emmanuel, umugabo w’imyaka 40 wo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi ari mu maboko ya polisi azira gukorera mubyara we ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara imodoka.