Mu rugo rwa Murekeyimana Sylvain utuye mu mudugudu wa Munini akagari ka Munini umurerenge wa Ruhango, mu karere ka Ruhango hatoraguwe intwaro ebyiri zo mu bwoko bwa Gerenade tariki 08/06/2012.
Umushinwa umwe yakomeretse ubwo imodoka yabo yaterwaga ibuye n’umwana uri mu kigero cy’imyaka 9 ubwo yari avuye kwiga ku kigo cy’amashuli abanza cya Mukingo mu karere ka Nyanza ahagana saa sita z’amanywa tariki 08/06/2012.
Nyuma yo gutangiza club irwanya ibiyobyabwenge ku kigo cy’amashuri cya Gatore, umunyeshuri wo kuri icyo kigo witwa Ndayishimiye Hamis wigeze kunywa urumogi arakangurira urundi rubyiruko kureka kunywa ibiyobyabwenge kuko ari bibi ku buzima.
Utubari tune twahagaritswe burundu naho utundi dutanu ba nyiratwo bahabwa igihe ntarengwa cyo kuba batuvuguruye muri gahunda ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe yo guhagarika utubari dukorera mu mujyi wa Nyamagabe tutujuje ibyangombwa.
Havugimana Ferdinand w’imyaka 27 na Nsengimana Damascene w’imyaka 22 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 06/06/2012 bazira kwiba moto yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 mu karere ka Karongi.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Nyandura, tariki 05/06/2012, batwitse imidugudu mu duce twa Upamando ya mbere n’iya kabiri mu birometero 80 mu majyepfo ya Minova mu karere ka Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Gacamumakuba w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu kagali ka Taba, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva kuwa mbere tariki 04/06/2012 akurikiranweho gucuruza kanyanga.
Abagore babiri: Yankurije Eugenie na Nyiransabimaba Rachel, tariki 02/06/2012, bafatanywe udupfunyika 3900 tw’urumogi mu modoka ya KBS bava i Gisenyi berekeza mu mujyi wa Kigali.
Uwimbabazi Jeanne ukomoka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, acumbikiwe kuri Station ya Police ya Mukamira akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’umukobwa yari amaze kubyara tariki 03/06/2012.
Abantu batatu bakomoka mu murenge wa Kabaya, mu karere ka Ngororero n’undi umwe wo mu murenge wa Rugerero, akarere ka Rubavu bafunzwe nyuma yo kubeshywa akazi n’umusore w’inshuti yabo ukora mu karere ka Musanze bakabuze bahinduka inzererezi.
Nzaramba Eric utuye mu kagari ka Muganza, umurenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ari mu maboko ya polisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/06/2012 azira umurima w’urumogi uri iwe mu rugo.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi mu karere ka Rubavu kuva tariki 03/06/2012 nyuma yo gutabwa muri yombi bazira kwinjiza urumogi mu Rwanda barukuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Cyusa Eric, umusore uvuga ko ari umunyeshuri mu ishami ry’amategeko muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gasaka azira kwiyita umupolisi ufite inyenyeri eshatu (Chief Inspector of Police).
Umubyeyi witwa Jeanne Yandereye wo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yahetse umwana we mu gitondo cya tariki 03/06/2012 amwururukije asanga yashizemo umwuka.
Ndahimana Claude w’imyaka 24 afungiye kuri station ya police ya Nyamagana guhera tariki 02/06/2012 azira kuba yaribye ihene agakomeratsa ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kanyete akagari ka Kayenzi umurenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango.
Byishimo Daniel na Gatete Abdoulikarim bakorera Horizon Express barwaniye aho iyi sosiyete ikorera mu mujyi wa Nyanza ku mugoroba wa tariki 03/06/2012 umwe arakomereka ajyanwa mu bitaro undi arafungwa.
Akimana Jean Claude wo mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi akekwaho gufasha umukobwa w’umunyeshuri wo mu ishuri ryisumbuye gukuramo inda. Akimana avuga ko atamukuyemo inda ngo ahubwo yamuvuraga indwara yo kuva amaraso.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kibungo kuva kuwa gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho kwiba ipikipiki y’uwitwa Bonaventure Karuranga.
Abantu barindwi batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Kicukiro bakekweho kwiba imodoka yo mu bwoko bwa FUSO y’umugabo witwa Edouard Rutayisire ucururiza muri karitsiye (quartier) ya Matheus mu mujyi wa Kigali.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Alain utuye ahitwa ku Rwesero mu karere ka Nyanza tariki 31/05/2012 saa saba z’ijoro yarohamye mu bwogero rusange ( piscine) bwa Dayenu Hotel yasinze ariko ku bw’amahirwe arohorwa akiri muzima.
André Munyakaragwe w’imyaka 52 wo mu karere ka Rulindo arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba kuva tariki 28/05/2012 kubera inkoni yakubiswe n’umusore yatesheje agiye kwambura umusaza wari wasinze.
Iryivuze Damien w’imyaka 26 utuye mu kagari ka Tambwe umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango yarashwe n’abagize banabi mu ijoro rishyira tariki 31/05/2012 bashaka gutwara moto ye ariko ku bw’amahirwe ntiyapfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yagoze umumotari witwa Joseph Turahimana nimugoroba tariki 29/05/2012 mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke maze imodoka ihita yigendera.
Hakizimana Emmanuel, umugabo w’imyaka 32 utuyemu kagari ka Akabuga, umurenge wa Mbazi mu karere ka Huye, yishe uwitwa Nkundwanabake Gaspard amutemye mu mutwe akoresheje umupanga tariki 30/05/2012 ahita yishyira polisi.
Polisi y’u Rwanda irahamagarira buri Munyarwanda waba utunze intwaro mu buryo bunyuranye n’amategeko kuyishyikiriza abashinzwe inzego z’umutekano cyangwa abayobozi b’inzego z’ibanze.
Umuntu umwe muri batatu bari bari muri FUSO yakomeretse byoroheje ubwo bakoraga impanuka mu karere ka Nyagatare munsi gato y’uruganda rw’amakaro ahitwa Rutaraka tariki 30/05/2012.
Nsanzimana w’imyaka 14 wo mu mudugudu wa Mutukura, akagari ka Kibare, umurenge wa Mutendeli, yaguye mu mazi y’umwuzure ubwo yari yagiye kuvoma, tariki 26/05/2012, ahita yitaba Imana.
Abajura bafatiwe mu karere ka Rwamagana bemera ko bakorana n’itsinda rinini rifatanya kumenya ahari ibyakwibwa bifite agaciro mu ngo z’abaturage ndetse bakanafatanya kubigeraho bacukuye amazu y’abaturage.
Ndihokubwimana Hassan ukunze kwiyita Taribani utuye mu mudugudu wa Nyakarambi ya mbere, akagari ka Ruhanga, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, mu ijoro rishyira tariki 30/05/2012, yakubiswe n’abantu bataramenyekana bamuhindura intere azira kujya kwiba.
Habumugisha Jean Baptist w’imyaka 28 afungiye kuri stasiyo ya polisi ya Nyamagana azira gutema Karambizi Faustin w’imyaka 35 baturanye mu mudugudu wa Nyirarubaye akagari ka Rutabo mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango.